Umuyobozi wa Banki y’isi mu Rwanda Sameh Waaba, aratangaza ko mu mezi ane isoko ryo kubaka imihanda mu Mujyi wa Muhanga riraba ryatanzwe.
Leta y’u Rwanda yagiranye amasezerano n’abashoramari mu by’amabuye y’agaciro kuri uy wa 11 Ugushyingo 2015, kugira ngo bacukure menshi yo guhangana n’igabanuka ry’ibiciro.
Abagore ba rwiyemezamirimo bavuga ko umuco ukibabera imbogamizi, kuko gutanga ingwate ivuye mu ngo zabo bitaboroheye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buratangaza ko nta koperative y’icyitegererezo n’imwe igaragara muri buri murenge, bigatuma urubyiruko rwaho rutaka ubukene.
Ikgega cy’Iterambere mu Bucuruzi (BDF) na sosiyete ya MobiCash byafatanyije mu kugeza m gihugu hose uburyo bwo kwishyura serivisi wifashishije telefone.
Sosiyete sivile ivuga ko abahanga imirimo bakagombye guhabwa igihe cyo kudasora, kuko iyo bahise batangira gusora batarafatisha bituma badindira.
Ibikorwa byo kwagura umujyi wa Byumba mu Karere ka Gicumbi bizajyana no kwagura ubucuruzi butandukanye, kuko hubatswe amazu yo gucururizamo.
Abagize koperative y’abanyabukorikori mu Karere ka Ngoma babashije kwigurira inzu bazajya bakoreramo ngo abakenera ibihangano byabo bajye babasanga hamwe.
Abahinzi bo mu Murenge wa Mutendeli barinubira ko ibiciro by’ibishyimbo byazamutse cyane bikikuba kabiri ugereranije n’amafaranga bahaga umuhinzi igihe byari byeze.
Nyirajyambere Tereza, utuye mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, yatangiye yizigamira igiceri cy’amafaranga 50, kigatuma atura mu mudugudu.
Kuva utumashini dutanga inyemezabuguzi EBM twatangira gukoreshwa mu 2013, imisoro yakomeje kuzamuka kugeza yikubye hafi kabiri mu myaka itanu.
Ubuyobozi bwa Banki ya Ecobank, buravuga ko bwishimira intego bwihaye y’uko ari Banki igomba kuyoborwa ikanakorwamo n’Abanyafurika gusa.
Abanyabukorikori bo mu Karere ka Ngoma batangiye kubyaza imitumba y’insina impapuro zifashishwa mu mitako no mu bugeni.
Itsinda ry’abashoramari bo muri Turikiya kuva ku gicamunsi cya tariki 03/11/2015 bari gusura Akarere ka Kayonza berekwa aho bashora imari.
Ambasaderi wa Korea mu Rwanda, Park Yong Min, aratangaza ko abashoramari bo mu gihugu cye bifuza kongera ishoramari mu Rwanda.
Abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera bamaze kwiteza imbere aho biyubakiye inzu ikodeshwa banafite ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi.
Mugabo Elyse w’imyaka 22, yemeza ko gukorera muri Koperative y’abanyabukorikori byatumye abasha kumenyekana kugera yitabiriye amarushanwa y’abanyabukorikori muri EAC yegukana igihembo.
Komite ishinzwe kureba ubunyangamugayo bw’abakozi b’ibigo by’imisoro n’amahoro byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) isanga bugomba guhera ku bayobozi ubwabo.
Ubworozi bw’inzuki bwa kijyambere bwahaye amahirwe abavumvu bo mu karere ka Gicumbi kugurisha umusaruro w’ubuki bwabo ku isoko mpuzama mahanga.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Abadage giteza imbere umuco wo kuzigama, SBFIC, buravuga ko muri iyi myaka itanu mu Rwanda abana ibihumbi 70 bizigamiye.
Abikorera bo mu karere ka Burera bavuga ko hari bamwe muri bo bakorera mu bwihisho batinya imisoro ya Rwanda Revenue Authority.
Ubuyobozi bwa za SACCO buvuga ko abanyamuryango bakorana n’ibi bigo by’imari bakabyambura ari bo batuma bigabanya umuvuduko wo gutanga inguzanyo.
Abagore bo mu karere ka Ngororero bavuga ko umugore wo mu cyaro atagisuzugurwa kubera leta yabahaye agaciro nabo bakiteza imbere.
Urubyiruko rufite inyemezabumenyi za WDA ngo rufite amahirwe yo gufashwa na BDF ruhabwa inkunga ingana na ½ ku nguzanyo y’ibikoresho.
Abacungamutungo bo mu bigo by’amashuri yisumbuye bikorera mu karere ka Gatsibo barasabwa gukosora amakosa akigaragara mu micungire y’umutungo w’ibigo bakorera.
Abaturage bo muri Nyabihu basanga umuganda ubafitiye akamaro kuko hari byinshi bakora vuba kandi neza bahuje amaboko n’ibitekerezo biteza imbere.
Abikorera bo mu karere ka Burera barasabwa kwishyira hamwe bagakora imishinga minini bakabyaza umusaruro amahirwe ari mu karere kabo.
Amatsinda yo kuzigama no kugurizanya arahindura ubuzima bwa bamwe, kuko buri munyamuryango wayo asigaye yarateye intambwe mu kubyaza inyungu amafaranga.
Ikigo cy’Igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ingendo mu mujyi wa Kigali byazamutse.
Abavunjayi bo mu Mujyi wa Gisenyi bakora mu buryo bwemewe n’amategeko ngo babangamiwe n’akajagari baterwa n’abakora ako kazi rwihishwa bagatuma bahomba.