Inama za Perezida Kagame zatumye atinyuka ashinga hoteli

Inama ahora yumvana umukuru w’igihugu zatumye ashirika ubwoba atangiza hoteli igezweho mu Karere ka Ruhango n’ubwo hari benshi batarabitinyuka.

Gutangiza hoteli muri aka karere kuri benshi byasaga nk’inzozi cyangwa kwigerezaho, kuko nta y’indi nkayo yigeze ihashingwa.

ifite inyubako zigezweho.
ifite inyubako zigezweho.

Ariko umushoramari witwa Sam yari yariyemeje ko 2016 itangira muri aka karere hari hoteli yujuje ibyangombwa mu Rwanda none yabigezeho.

Avuga ko gutinyuka gushora imari ya hotel muri aka karere, yabitewe n’uko Perezida Kagame, ahora ashishikariza abantu gushora imari mi mijyi mito y’icyaro kugira ngo nayo itere imbere.

Agira ati “umukuru w’igihugu ahora adushishikariza gutinyuka gushora imari ahantu hose, kandi murabizi hano muri aka karere, hakunze kugaragara ikibazo cy’abantu baza mu isengesho, bakabura ahantu bacumbika, ibyo byose n’ibindi nibyo byadutinyuye gushora hano.”

Ahagenewe abanyacyubahiro.
Ahagenewe abanyacyubahiro.

Uyu mushoramari vuga ko atiteguye guhomba, kuko yiteguye imikoranire myiza n’ubuyobozi bw’akarere. Anahamagarira abandi bashoramari gitinyuka bagashora imari mu byaro.

Nsengumuremyi Enock, atuye mu mujyi wa Ruhango, avuga ko yishimiye, kuko yahoraga ababazwa n’uko mu karere hazaga abashyitsi bakomeye, baburaga aho barara cyangwa biyakirira, bigatuma amafaranga yigira mu tundi turere.

Twagirimana Epimaque umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari n’iterambere, avuga ko badafite uburyo bashimiramo uyu mushoramari, kuko abakuye ahakomeye abatuye aka karere bakaba bagiye kuva mu bwigunjye.

Imodoko zigenewe gutwara no kuzana abakiriya.
Imodoko zigenewe gutwara no kuzana abakiriya.

Gusa avuga ko bagikeneye abandi bashoramari, kuko iyi hotel imwe idahagije, ugereranyije n’abagana aka karere.
Iyi hotel yubatswe mu gihe cy’imyaka itatu, yuzura itwaye ka miliyoni zisaga 341Frw. Nyirayo akavuga ko bateganya kubaka ikindi kiciro kizatwara asaga miliyoni 560Frw.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nanjye ndashimira uwo mushoramari wakuye ako karere mubwigunge,nabandibabonereho,bateze abaturage imbere babaha nakazi.igihugu nacyo gitere imbere.

Rwambikana Nathan yanditse ku itariki ya: 7-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka