Abatuye umurenge wa Mukindo muri Gisagara baravuga ko kutagira amashanyarazi biri mu bidindiza iterambere ryabo bagasaba ko nabo bawegerezwa.
Abakiriya ba Banki ya Kigali muri Bugesera, baravuga ko kuba ubuyobozi bukuru bw’iyi Banki buza kubasura, bakaganira ku mikoranire, bibaha umurava.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gisanga guhemba abaka inyemezabuguzi muri tombola ya EBM bizafasha kongera umubare wabo.
Kuba imvura y’umuhindo yaratinze kugwa byatangiye gutera impungenge bamwe mu baturage muri Kigali batekereza ko bishobora ku intandaro yibura ry’ibiribwa.
Urugaga rw’Abacungamutungo b’Umwuga mu Rwanda, ICPAR, rugaragaza ko hari icyuho cy’abacungamutungo b’umwuga, bikaba impamvu ituma ibigo bihomba.
Abatuye mu masantere ya Remera aherereye ku bwinjiriro bw’umujyi wa Kibungo, barasaba amatara ku muhanda kugira ngo babashe gukora igihe kirekire nijoro.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro cyafunze ibikorwa by’abasora bagifitiye ibirarane by’imisoro, mu mukwabu wabaye kuri uyu wa mbere tariki 5 Nzeri 2015.
Abatuye muri Santere ya Rwanza, bavuga ko uruhu rw’ingurube ruzwi nk’igishabiro rubaryohera kandi rukabahendukira kuko no ku giceri cy’amafaranga 50 ruboneka.
Banki Afreximbank yo mu Misiri yagiranye amasezerano y’inguzanyo na BRD ya Miliyoni 10 z’amadolari yo guteza imbere ubucuruzi no kongerera agaciro umusaruro.
Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga iratangaza ko mu byumweru bibiri iba yacukumuye neza ibibazo byose bigaragara mu ibagiro rya Misizi.
Ihuriro ry’imiryango itegamiye kuri Leta (CCOAIB) rivuga ko abaturage bakwiye guhabwa urubuga mu bibakorerwa kugira ngo iterambere rirambye rishoboke.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA), kirakangurira abakozi b’amakoperative y’umurenge SACO muri Rutsiro, kwirinda amarangamutima yabo mu gutanga inguzanyo.
U Rwanda rwaje ku mwanya wa gatatu muri Afurika, mu bihugu byahize ibindi mu iterambere ry’ubukungu no mu bikorwa remezo.
Banki Nkuru y’igihugu iratangaza ko muri 2015, ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse kuri 7% mu gihe muri 2014 bwa kuri 6,1%.
Abakirisitu ba Paruwasi ya Musaza barishimira amateka bakoze yo kubakira abapadiri babo igorofa, rikaba ari na ryo rya kabiri mu Karere ka Kirehe kose.
Umuhanda Sashwara Kabatwa watumye abaturage b’Umurenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu babona ibicuruzwa bitabahenze kandi unongerera agaciro ibirayi bihera.
Abakuze batuye Umujyi wa Rwamagana baranenga ko usa n’usinziriye, bakavuga ko uheruka kugaragaza imbaraga z’iterambere ubwo wubakwaga n’Abarabu bakanahakorera ubucuruzi.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu murenge wa Ngera, mu karere ka Nyaruguru barataka ikibazo cy’imibereho mibi.
Uwayezu Gloriose w’imyaka 25 watinyutse akazi ko kubumba amatafari, avuga ko byamuteje imbere none ateganya kwirihira kaminuza mu mwaka utaha.
Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda (RSE) ryamaze kwakirwa nk’umunyamuryango mushya mu ihuriro ry’amasoko y’imari n’imigabane mu muryango w’Abibumbye (UN-SSE.)
Uburyo bwo kugenda bugezweho bwatumye abatuye umurenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe batakirara nzira bakabasha no guhahirana n’utundi turere.
Akineza Devotha w’imyaka 24 akora akazi ko gutanga serivisi zitandukanye akoresheje terefone mu Mujyi wa Musanze bikamwinjiriza amafaranga ibihumbi 300 ku kwezi.
Abacuruzi b’inyama bakorera mu Mujyi wa Muhanga baravuga ko bahagaritse kubaga kubera ko bazamuriwe imisoro mu buryo butunguranye.
Ministeri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje kuri uyu wa 23 Nzeri 2015, ko igihugu cyagize umusaruro(GDP) wa miliyari 1,414Rwf mu gihembwe cya kabiri 2015.
Abikorera barasabwa kugana isoko mpuzamahanga kuko mu gihugu hagaragara abanyamahanga bazana ibya bo, mu gihe Abanyarwanda bohereza ibicuruzwa hanze bakiri bake.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo yashyikirije abatuye i Masaka umuhanda wa kaburimbo yabubakiye, ibasaba kuwufata neza kuko ari bo uzagirira akamaro.
Ubuyobozi bwa banki ya COGEBANQUE, bwagaragarije abaroshoramari bayo uko mu mezi atandatu ashize bungutse miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.
Umunyemari Saadi Zaidi ukomoka mu gihugu cya Arabia Saudite aratangaza ko agiye kuvugurura agace ka Mugandamure mu karere ka Nyanza.
Sebahinzi Fulgence w’imyaka 32, yishimira ko ku mwero umwe ashobora kwinjiza miliyoni zirenga 2 azikuye mi buhinzi bwa tungurusumu.
Abayobozi b’akarere, ab’imirenge n’ab’utugari mu karere ka Huye, barasabwa gukwitura abirirwa bicaye badakora kugira ngo babashishikarize umurimo wabateza imbere.