Imiyoborere myiza yatumye bamwe basezera ubukene

Imiyoborere myiza yatumye bamwe mu baturage mu Karere ka Nyamagabe basezera ubukene, bigishwa guhinga no korora kijyambere, bagezwaho n’ibikorwaremo.

Abaturage batuye mu cyahoze ari Gikongoro, ubu ari Akarere ka Nyamagabe kakunze kurangwamo n’amapfa, bemeza ko batakiri abatebo nkuko babitaga, ahubwo ko biteje imbere bivuye ku buyobozi bwiza, bubegera bukabigisha gukora no kwivana mu bukene.

Akarere ka Nyamagabe kateye imbere kabasha no kugeramo ibikorwa remezo aho abaturage bavuye mu bukenene ku kigero cya 73% bagera kuri 41%.
Akarere ka Nyamagabe kateye imbere kabasha no kugeramo ibikorwa remezo aho abaturage bavuye mu bukenene ku kigero cya 73% bagera kuri 41%.

Dancille Mukandoli utuye mu murenge wa Gasaka, Akagari ka Nyabivumu, Umudugudu wa Gasharu atangaza ko yari umukene ubayeho nabi ariko yavuye mu bukene abikesha ubuhinzi n’ubworozi.

Agira ati “Ni ukuvuga ngo biturutse ku buyobozi bwiza bwegera abaturage, barampuguye numva ikiza cyo korora n’iterambere byangejejeho, byabaye ngombwa ko mba mwalimu, nanjye nigisha ku bworozi, inkaza zapfaga zarabyaye ubu nta nzara ikirangwa i Nyabivumu.”

Felicien Yankundiye nawe atangaza ko mbere batari bazi gukora, kuko ntawabegeraga ngo abigishe gukoresha amafumbire cyane ko ubutaka bwabo busharira.

Dancilla Mukandoli atangazako biteje imbere kubera guhugurwa n'ubuyobozi bwiza bubegera hasi mu cyaro.
Dancilla Mukandoli atangazako biteje imbere kubera guhugurwa n’ubuyobozi bwiza bubegera hasi mu cyaro.

Ati “Ubu turahinga turorora, nkubu ngubu rwose muri Nyamagabe dufite ibiryo bihagije ntabwo tukijya gusabiriza za Butare, za Kibungo, mbere nta baveterineri, nta ba goronome batwegeraga,ubu baratwegera bakatwereka uko duhinga, dufumbira, niyo mpamvu dusa neza.”

Dominique Nkurikiyinka nawe utuye muri uyu murenge wa Gasaka atangaza ko gahunda yo guhuza ubutaka yatumye bava mu bukene, akarere kabo ntikabe kagitewe ishyamba nkuko byari biteganijwe.

Ati “Twahuje ubutaka dukora umushinga w’ikawa, hari utugari nka dutatu twose duhinga igihingwa cy’ikawa ni cyo gituma twigeze kuba abambere, bari bagiye gutera Gikongoro yose ishyamba ariko ntibariteye kuko hasigaye hera.”

Akarere ka Nyamagabe ni kamwe mu turere dukennye, ariko mu myaka itanu ishize abari munsi y’umurongo w’ubukene 73% mu 2011 bagabanutseho 31%, naho abari mu bukene bukabije bava kuri 45% bagera kuri 13%.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka