Harigwa uburyo hashingwa uruganda rukora amata y’ifu mu Rwanda

Intumwa zo mu ruganda FONTERRA zituruka muri Clinton Health Access Initiative yo mu gihugu cya New Zealand zasuye akarere ka Gicumbi mu rwego rwo kureba ahantu bakubaka uruganda rukora amata y’ifu mu Rwanda.

Ushinzwe ubworozi mu karere ka Gicumbi, Gashirabake Isidore, atangaza ko izo ntumwa zanasuzumye uburyo amata akamwa mu rwuri n’uburyo avanwa yo bareba inzira acamo kugera ku makusanyrirzo y’amata.

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Mvuyekure Alexandre, yabagaragarije ko akarere ka Gicumbi gafite amata ahagije aho buri munsi kajyana ku isoko litiro ibihumbi 60 kandi ko ubukungu bw’aka karere ahanini kagizwe n’imisozi bugizwe n’ubuhinzi n’ubworozi.

Intumwa z'uruganda FONTERRA ziganira n'umuyobozi w'akarere ka Gicumbi.
Intumwa z’uruganda FONTERRA ziganira n’umuyobozi w’akarere ka Gicumbi.

Mu karere ka Gicumbi habarurwa inka 78140 hakaba amakusanyirizo y’amata icyenda mu mirenge itandukanye aya mata ubusanzwe akaba yajyanwaga ku ruganda rw’Inyange.

Aba baterankunga bayobowe na Dr Rachel Swift uhagarariye Clinton Health Access Initiative basuye aborozi ndetse n’amakusanyirizo y’amata mu murenge wa Kageyo na Rukomo, basuye Koperative yakira amata y’aborozi IAKIB ndetse n’ikusanyirizo ry’amata rya Rukomo, ndetse n’umworozi Mugiraneza Francois na Nshimiyimana Jean Bosco.

Uru rugendo bakoreye mu karere ka Gicumbi tariki 19/06/2013 barukomereje mu tundi turere mu rwego rwo kureba inzira amata anyuramo ava ku mworozi kugera ku ikusanyirizo ry’amata.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Buriya se ururuganda kweri rurakenewe muri ikigihe i wacu.

GAT yanditse ku itariki ya: 25-06-2013  →  Musubize

Abakunda ka African tea turashubijwe pee!!!

Alias yanditse ku itariki ya: 20-06-2013  →  Musubize

Uyu mushinga uramutse utangiye waba uryoshye cyane , mukomereze aho Imana ibijye imbere..go on Rwanda..

rwangombwa yanditse ku itariki ya: 20-06-2013  →  Musubize

Uwo mushinga ni sawa kabisa!

Ema yanditse ku itariki ya: 20-06-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka