Abaturage batandatu bo mu murenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu bahawe inka muri gahunda ya Girinka bituye bagenzi babo, naho abandi bagera kuri 25 nabo bagabirwa inka muri iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 8/11/2013.
Nyuma yo kwitabira inama mpuzamahanga y’ikoranabuhanga mu buhinzi, itsinda ry’abanyamahanga bakomeje gusura ibikorwa bitandukanye bifite aho bihuriye n’ubuhinzi. Ubwo basura BDC y’Akarere ka Gakenke kuri uyu wa Gatanu tariki 08/11/2013 bashimye uruhare igira mu guhugura abahinzi no kubafasha kumenya amakuru ajyanye (…)
Iyo ugeze muri parking y’akarere ka Ruhango uhasanga ibimashini bibiri binini by’ubuhinzi byari byaraguzwe kugirango byunganire ubuhinzi bw’aka karere ariko ntibirakoreshwa kuko hari ibyangombwa bitaraboneka kugirango bitangire akazi kabyo.
Bamwe mu bakoresha imashini zihinga bo mu karere ka Bugesera barinubira ko aba ari nke kandi abazishaka ari benshi bityo bigatuma ibikorwa byabo by’ubuhinzi bitihuta.
Nyuma yo gutangira guhinga umuceri, abaturiye igishanga kizwi ku izina ry’Ikirimburi ku ruhande rw’umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare batangiye no guhinga imboga nka kimwe mu bibunganira mu bikorwa bakorera imusozi.
Mu gihe uduce tumwe na tumwe tw’u Rwanda (mu marangara na nduga) twari tumaze igihe tuvamo izuba, abaturage bo muri Nyabihu bemeza ko ibihe ari byiza, ku buryo basanga bashobora kweza neza.
Abahinzi bo mu murenge wa Bugarama na Muganza mu karere ka Rusizi bafite imirima mu kibaya cya Bugarama ngo babangamiwe n’ikibazo cy’ibura ry’imvura imaze igihe itangwa bikaba bizagira ingaruka ku musaruro w’imyaka bari biteze.
Kuva mu kwezi k’Ukwakira 2013, mu karere ka Nyamasheke hamaze kugaragara indwara idasanzwe yibasira ibiti byo muri aka karere, by’umwihariko ibyo mu bwoko bw’inturusu.
Mu gihe abahinzi bari bamenyereye kwikopesha ifumbire mvaruganda bakazayishyura bamaze gusarura, kuri ubu bayihabwa ari uko babanje kwishyura. Ibi byagabanyije umubare w’abayikoresheje mu gihembwe cy’ihinga 2014A, kuko bageze ku kigereranyo cya 30%.
Abahinzi bo mu gishanga cya Rwabashyashya mu karere ka Huye batangiye gahunda yo kuvomerera imyaka, nka bumwe mu buryo bwo guhangana n’ibura y’imvura, kuri uyu wa Gatanu tariki 1/11/2013.
Nyirimanzi Jean Pierre umaze imyaka itandatu ashinzwe ubuhinzi mu karere ka Nyabihu avuga ko yakoze byinshi bijyanye no guteza imbere ubuhinzi muri ako karere ariko ngo hari ibikorwa bitatu bimushimisha kurisha ibindi.
Umwaka urashize Ikusanyirizo ry’Amata riri mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke ryuzuye ariko ntiriratangira gukora bitewe n’ibikoresho by’ibanze byari bitaraboneka ngo ritangire.
Abwira abaturage bo mu Murenge wa Maraba kuwa 26/10/2013, umuyobozi w’Akarere ka Huye, yavuze ko kubera imvura itagwa neza abahinzi bakwiye kujya guhinga mu bishanga no mu mibande, kandi ko utazahinga umurima ahafite uzahabwa abashoboye kuwuhinga.
Abaturage bo mu bice binyuranye by’akarere ka Kayonza ngo bahangayikishijwe n’imyaka bahinze ikaba yaranze kumera kubera kubura imvura. By’umwihariko ibigori abaturage bateye ngo byaheze mu butaka nk’uko bivugwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabarondo, Ngabonziza Bideri Vincent.
Leta y’u Buhindi na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yashyize umukono ku masezerano y’inkunga ya miliyoni 20 z’amadolari, azafasha u Rwanda mu kongera agaciro k’ibihingwa byoherezwa mu mahanga.
Aborozi b’inka zitanga amata bo mu karere ka Burera batangaza ko ikusanyirizo ry’amata begerejwe ryatumye barushaho kumenya agaciro k’inka kuko basigaye babona amafaranga aturutse ku mata bagurisha kuri iryo kusanyirizo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buzakomeza kongera umusaruro w’amafi mu biyaga bya Burera na Ruhondo ndetse no mu byuzi kuburyo ngo bateganya ko mu mwaka wa 2014 bazaba basarura toni 200 z’amafi.
Mu kagari ka Karambi ko mu murenge wa Murundi hari kubakwa urugomero ruzagomera amazi yo gukoresha mu gishanga cya Gacaca kizajya gihingwamo umuceri.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi bo mu karere ka Burera batangaza ko indwara yitwa “Junjama” ikunze kwibasira ibirayi byabo bihinze mu murima kuburyo bidakura kandi ntibigire umusaruro. Basaba ivuriro ry’ibihingwa ryafunguwe mu karere kabo kubashakira umuti w’iyo ndwara.
Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda rya Nyagatare ryahoze ryitwa “Umutara Polytechnic University” ngo ni igisubizo ku borozi bo mu Burasirazuba, kuko rifasha abo borozi mu buvuzi bw’amatungo ya bo rikanabigisha uburyo bayitaho kugira ngo ababyarire inyungu.
Abahinzi bo mu karere ka Burera bashyiriweho ivuriro bazajya bagana kugira ngo bagirwe inama bityo babashe kuvura ibihingwa byabo maze umusaruro wabo urusheho kwiyongera, bihaze kandi basagurire amasoko.
Abahinzi n’aborozi bafite uruhare rukomeye mu gushyira mu bikorwa ibikubiye muri gahunda y’Igihugu y’imbaturabukungu no kurwanya ubukene (EDPRS 2). Ibyo kugira ngo babigereho ni uko basobanukirwa n’ibyo bagomba gukora kandi bakishyira hamwe bagamije kongera umusaruro.
Kaminuza y’Umutara Polytechnic, ibinyujije mu kigo cy’ubushakashatsi kiyishamikiyeho (Centre for Livestock Research and Development-CLRD), yatangiye ubufatanye na Kaminuza ya HAS University yo mu Buholandi, mu guhindura no guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere.
Abahinzi ba kawa mu karere ka Rulindo bavuga ko bakora ibishoboka byose ngo bite kuri kawa nk’uko babisabwa n’akarere nyamara ngo ikibazo basigaranye ni uko iyo mirimo ibatwara imbaraga nyinshi ariko igiciro cya kawa ntikiyongere.
U Rwanda rurizera ko hari byinshi ruzungukira mu nama mpuzamahangwa rwakiriye igamije gusuzumira hamwe uburyo ubuhinzi butakomeza kuba ubwo gutunga abantu gusa, ahubwo bukaba ubwo kwinjiriza abanyagihugu amafaranga bikazamura ubukungu bw’igihugu.
Abaturage bo mu karere ka Kayonza barasabwa gutera imyaka ya bo hakiri kare, ku buryo nibura uwanyuma azaba yamaze gutera bitarenze tariki 15/10/2013 mu rwego rwo kujyana n’ibihe by’imvura.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, François Kanimba, atangaza ko inganda z’umuceri zagezwa no mu byaro, ahari abahinga umuceri, nk’uko yabitangarije abatuye akarere ka Huye ubwo yagendereraga bamwe mu bafite inganda zitonora umuceri zo mu Karere ka Huye, kuwa Kane tariki 03/10/2013.
Mu rwego rwo guteza imbere igihingwa cya kawa mu Karere ka Gakenke, mu ntangiriro ya 2014 biteganyijwe ko hazaterwa ingenwe z’ikawa zigera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 100 zizaterwa ku buso bwa hegitare 440.
Inama y’umutekano yaguye y’intara y’amajyaruguru yateranye tariki 03/10/2013 iyobowe n’umukuru w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimee, yavuze ku mutekano nkuko bisanzwe ariko igaruka cyane ku buhinzi muri iyo ntara.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi bo mu ntara y’Amajyaruguru, bahitamo gukura ibirayi byabo bitaruzuza igihe gisabwa ngo bibe byeze neza bitewe n’impamvu zirimo ubukene, gushaka amafaranga yihuse ndetse no gushaka guhinga kenshi mu mwaka umwe.