Umwe mu bantu mbarwa barokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Murambi mu karere ka Nyamagabe haguye imbaga y’Abatutsi bagera ku bihumbi 50, avuga ko yageze ubwo yihakana murumuna we kugira ngo batabicana bose dore ko we bari bamaze no kumutemagura ari hafi yo gupfa.
Semavenge Cyprien warokokeye Jenoside mu cyahoze ari komine Murama ubu ni mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango ubu hazwi cyane ku izina rya Gitwe, avuga ko yakijijwe no kwihisha muri parafu y’inzu umuryango we wari wihishemo mbere y’uko ujyanwa kwica.
Ubwo abakozi n’abayobozi b’ibitaro bya Gisenyi bibukaga abari abakozi, abarwayi n’abarwaza biciwe muri ibi bitaro bahiciwe muri Jenoside, hatanzwe ubuhamya bugaragaza ko muri icyo gihe hari haratezwe igisasu ngo kizahitane uzaza kubatabara.
Urwibutso rushyinguyemo abapasiteri b’Abadivantiste b’umunsi wa Karindwi n’imiryango basaga 80 biswe muri Jenoside i Gitwe mu karere ka Ruhango, rurimo gusanwa n’imiryango y’ababo bashoboye kurokoka kugirango tariki 25/04/2014 bazahibukire hameze neza.
Ubwo mu ishami ry’i Huye rya Kaminuza y’u Rwanda bibukaga Jenoside yakorewe Abatutsi, ku itariki ya 22/4/2014, ubutumwa bwagarutsweho n’abayobozi bafashe ijambo bwibanze ku gushishikariza abanyeshuri kuzirikana ibyiza abazize Jenoside bakoraga cyangwa bari baratangiye, maze bakabyubakiraho bubaka u Rwanda.
Imibiri 8007 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yari ishyinguye i Karubamba mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza yataburuwe ikaba izongera gushyingurwa mu cyubahiro tariki 25/05/2014.
Abaturage bo mu Murenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, barasabwa gukomeza kuba bugufi abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, bagakomeza kubafata mu mugongo.
Kuri uyu wa mbere tariki 21/04/2014, ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi mu karere ka Nyamagabe habereye umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hanashyingurwa mu cyubahiro imibiri 12 yabazize iyo Jenoside bari bashyinguye mu matongo yabo.
Kuri iki cyumweru tariki 20 Mata 2014, ku rwibutso rwa Gihombo mu karere ka Nyamasheke hashyinguwe imibiri 73 y’abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi . Muri iyi mibiri harimo 11 yagiye ikurwa ahantu hatandukanye aho bagiye bayijugunya, abandi bari baragiye bashyingurwa ahantu hatameze neza bituma bazanwa gushyingurwa (…)
Urwibutso rw’akarere ka Ruhango ruherereye mu murenge wa Kinazi rwashyinguwemo imibiri ibihumbi 60, ibwo iyi mibiri yashyingurwaga tariki 19/04/2014. Yari ihagarariwe n’amasanduko atatu ariko buri sanduku ikaba yari ifite icyo ishatse gusobanura.
Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi i Mugombwa ho mu karere ka Gisagara, hagarutswe ku kibazo cy’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi muri ako karere kuko abenshi bamaze kugera mu zabukuru, bakaba badafite n’ababitaho.
Umuryango mpuzamahanga wiyemeje kurwanya itsembatsemba no kwigisha ubumuntu, Aegis-Trust, ukaba wita ku rwibutso rwa Jenoside rwo ku Gisozi, wavuze ko abantu n’ibigo (muri rusange) basura cyangwa bibukira ku nzibutso za Jenoside, bagira uruhare rukomeye mu gufasha abarokotse ndetse no kwita ku nzibutso.
Hari hashije imyaka 20 imibiri y’Abatutsi ibihumbi 60 bishwe muri Jenoside itarashyingurwa mu cyubahiro, ikaba yabaga ahitwa ku Rutabo mu cyobo kirekire cyiswe CND cyari cyaracukuwe ubwo Jenoside yategurwaga.
Ubwo hibukwa ku nshro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Mujyi wa Kibuye hibukijwe ko Interahamwe zo mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ahasigaye ari mu Karere ka Karongi ngo mu gihe cya Jenoside zirirwaga ziririmba ko Imana y’Abatutsi yapfiriye i Rubengera ngo yagiye kubagurira ibijumba.
Ubwo abanyeshuri, abarimu n’abayobozi batandukanye b’Ishami rya Kaminuza UR-CAVM, kuri uyu wa Kane tariki 17/04/2014 bibukaga abari abakozi n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside 1994, urubyiruko rwasabye kurenga icyitwa amoko yazanye n’abakoloni bagashyira imibere ubunyarwanda ngo ni bwo buzatuma Jenoside itazongera ukundi.
Mu gihe hakomeza gushyirwa imbaraga mu gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu karere ka Kayonza hakomeje kugaragara ahantu hagiye jugunywa imibiri y’abazize iyo Jenoside, ku buryo bitashoboka kuyihavana ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Abaturage barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu kagari ka Nkungu mu murenge wa Munyaga mu karere ka Rwamagana batangaza ko nyuma y’imyaka 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, babashije kwiyubaka babikesha kubaka “Ubunyarwanda” no guharanira gusenyera umugozi umwe n’abandi Banyarwanda bose.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 20 Abatutsi bishwe muri jenoside bashyinguye mu rwibutso rwa Nyange mu karere ka Ngororero kuri uyu wa 16 Mata 2014, Minisitiri w’Umuco na Siporo Mitali Protais yamaganye byimazeyo abantu bagifite ubwicanyi mu bitekerezo byabo.
Ngarambe Vedaste wari umusirikare mu Nkotanyi mu gihe cya Jenoside akaba afite imiryango yaguye ku Rusengero rw’Abadiventisite b’umunsi wa karindwi ahitwa kuri Ngoma mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi, arasaba amatorero ya gikirisitu kwemera ko yatsinzwe kubera ko yatereranye abakirisitu bayo ndetse n’abandi Batutsi (…)
Nyuma y’imyaka 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye mu Rwanda, mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza hari ibyobo byacukurwagamo amabuye y’agaciro mbere ya Jenoside byajugunywemo imibiri y’Abatutsi bazize iyo Jenoside none ubu byananiranye kuyikuramo.
Senateri Tito Rutaremara avuga ko kwibuka Jenoside bikwiye kujyana no kubungabunga amateka ya Jenoside no gufata ingamba z’uko ntaho izongera kuba ku isi no mu Rwanda by’umwihariko.
Mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cy’icyunamo mu murenge wa Remera mu karere ka Ngoma, abacitse ku icumu bongeye gusaba bakomeje ko akarere kabashakira ikibanza cy’ahimurirwa urwibutso rwa Remera kuko rwagonzwe n’imbago z’umuhanda.
Abacitse ku icumu bo mu murenge wa Rusororo bibutse ababo bapfuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banashyingura mu cyubahiro indi mibiri igera kuri 287yabonetse mu cyobo nyuma y’imyaka 20.
Nyuma y’imyaka 20 Jenoside ibaye imibiri igera ku bihumbi 60 itari yagashyinguwe mu cyubahiro, izashyingurwa kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/04/2014 mu murenge wa Kinazi mu cyahoze ari komine Ntongwe benshi bazi ku izina ry’Amayaga.
Ubwo mu karere ka Rusizi hasozwaga icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, hatanzwe ubuhamya bw’ukuntu ahitwa mu Gatandara habereye ubunyamaswa bukabije kuko haranzwe no kurya bimwe mu bice by’imibiri y’Abatutsi bahicirwaga.
Umuryango wa Masengesho Sylvestre wari utuye mu mudugudu wa Ruvumbu, akagari ka Buvungira, mu murenge wa Bushekeri , akarere ka Nyamasheke, wiyubakiye urwibutso nyuma y’uko abaturage benshi bari batuye aho ngaho baroshywe mu cyobo cyari gihari.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Ntawukuriryayo Jean Damascene, arasaba abaturage bo mu karere ka Ngororero kurwanya bivuye inyuma ibikorwa bisesereza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ahubwo ko bagomba kurushaho kubaba hafi bakabakomeza.
Minisitiri w’Intebe w’igihugu cya Santarafurika, Andre Nzapayeke, hamwe n’abandi ba Minisitiri bifatanije n’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri icyo gihugu mu muhango wo gusoza icyunamo cyo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abanyeshuri n’abakozi ba Kaminuza y’Umuryango w’Abibumbye (United Nations-Mandated University for Peace-UPEACE) iri mu gihugu cya Costa Rica, bifatanyije n’amahanga mu kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu karere ka Rutsiro hashyinguwe imibiri 57 yabonetse hirya no hino mu mirenge ya Mushubati, Mukura na Gihango, iyo mibiri ikaba yashyinguwe ku cyumweru tariki 13/04/2014.