Abakora muri CHUB baremeye batatu mu bahaburiye ababo mu gihe cya Jenoside

Ubwo ku itariki 16/5/2014, abakozi bo mu bitaro bya kaminuza by’i Butare (CHUB) bibukaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, baremeye abantu batatu bahaburiye ababo.

Umwe muri abo baremewe ni umukecuru w’imyaka 54 utishoboye. Yahawe sheki y’amafaranga miriyoni ngo azifashisha mu mushinga wo gutera urutoki no korora ingurube bari bamusabye hanyuma akawubashyikiriza.

Mu bo baremeye kandi harimo umwana w’umukobwa urangije amashuri yisumbuye. Uyu mwana bamuhaye sheki y’amafaranga ibihumbi 500, kandi bamusezeranya kuzamufasha gukomeza amashuri ye kugeza arangije.

Uretse amafaranga ari muri iriya bahasha ashyikirijwe n'umuyobozi wa CHUB azifashisha mu bucuruzi, ngo abakozi b'ibi bitaro bazanamufasha mu wundi mushinga azakora.
Uretse amafaranga ari muri iriya bahasha ashyikirijwe n’umuyobozi wa CHUB azifashisha mu bucuruzi, ngo abakozi b’ibi bitaro bazanamufasha mu wundi mushinga azakora.

Uwa gatatu waremewe ni umukobwa urangije kaminuza. Na we yahawe sheki y’ibihumbi 500 yo kwifashisha mu bucuruzi yatangiye aho aba i Kigali. Bamusabye kandi kuzakora umushinga yumva wazamuteza imbere, hanyuma akazawubashyikiriza bakamufasha kuwutangira.

Aya mafaranga yafashishijwe aba bavandimwe b’abaguye kuri CHUB mu gihe cya Jenoside, ni ayegeranyijwe n’abakozi bo muri ibi bitaro.

uyu nawe uretse amafaranga bamufashishije ari muri iriya bahasha ashyikirijwe n'umuyobozi wa CHUB, ngo abakozi b'ibi bitaro bazanamurihira kaminuza.
uyu nawe uretse amafaranga bamufashishije ari muri iriya bahasha ashyikirijwe n’umuyobozi wa CHUB, ngo abakozi b’ibi bitaro bazanamurihira kaminuza.

Aya mafaranga kandi ngo si yo yonyine aba bakozi batanze, kuko hari n’andi yaguzwe inka 18 zizahabwa abacitse ku icumu batishoboye bo mu murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye. Izi nka ngo bazazibashyikiriza ku itariki ya 23/5/2014.

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka