Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Karere ka Huye, Gervais Butera Bagabe, avuga ko umucuruzi wagize uruhare muri Jenoside atumvaga umurimo we.
Abagize Urugaga rw’Abikorera (PSF) bo mu Karere ka Musanze, bibukijwe ko amahirwe y’ishoramari bafite ubu atari ayo gushora mu bikorwa bisenya Igihugu n’ibindi bidafite umumaro, ahubwo ko bakwiye kuyakoresha mu gusigasira ibyagezweho.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye imiryango Aegis Trust, Interpeace na Never Again ubufatanye mu kwamagana Abanyamakuru n’Abanyapolitiki "bica bakoresheje ikaramu (kwandika) hamwe n’ibiganiro bakora."
Mu gikorwa cyo Kwibuka Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Gikondo cyabaye ku mugoroba tariki 9 Kamena 2025, Antoine Cardinal Kambanda yavuze ko Abanyarwanda birengagije isano bafitanye n’ibibahuza, bahitamo kwica abo bavuga ururimi rumwe ndetse bahuje n’Ubunyarwanda.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Dr. Patrice Mugenzi, arasaba abarangije ibihano bakatiwe kubera ibyaha bya Jenoside basubiye mu miryango, kwitwararika bakabana neza n’abo basanga by’umwihariko imiryango biciye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga, barashimira bacye bagize uruhare mu kurokora Abatutsi, bakanagaya abakomeje guhisha amakuru y’ahajugunywe abishwe bazize Jenoside, kuko bikomeza gutera ibikomere abarokotse.
Abanyeshuri ba Wisdom Instruction yo mu Karere ka Rubavu, bababajwe cyane n’ubugome n’ubwicanyi bwakorewe abana muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeza guharanira ko bitazongera kubaho ukundi.
Senateri Mureshyankwano Marie Rose yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyaruguru, mu Murenge wa Mata kwibuka abari abakozi b’uruganda rw’icyayi ’Mata Tea Company Ltd’, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, avuga ko umuryango ari inkingi ihetse Abanyarwanda, bityo iyo umuryango umwe uzimye Igihugu kiba kibuze amaboko.
Jean Baptiste Niyitegeka, umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Nyanza, yabwiye abakozi b’umuryango Action Aid kimwe n’indimiryango mpuzamahanga, ko bakeneye kumva ijwi ryabo ryamagana abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.
Abaturage bo mu Murenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke, baremeye imiryango y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, amatungo magufi agizwe n’intama, banayiha ibiribwa hamwe n’ibikoresho by’isuku.
Umuyobozi w’agateganyo w’ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), Dr. Christian Ngarambe, avuga ko umubare w’Abatutsi baguye muri CHUB utazwi, ariko ko mu bahaguye harimo abagera ku 150 bishwe bambuwe Abaganga batagira umupaka (MSF), mu gihe cy’iminsi ibiri gusa.
Umuryango uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, mu Karere ka Muhanga, uragaya abikorera bo muri icyo gihe bashoye amafaranga n’ibikoresho mu kwica Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru bwagaye uwatanze inzu ye igatwikirwamo abana n’abagore 104, ahitwa i Mbuye mu Murenge wa Ngoma, bagashya kugeza bose bapfuye.
Mu gikorwa cyo gushyingura mu cyubahiro imibiri 260 yimuriwe mu rwibutso rwa Rusiga mu Karere ka Rulindo, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yasabye abaturage gutanga amakuru y’ahakiri imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itaraboneka, kugira ngo (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko kwica abagore n’abana muri Jenoside yakorewe Abatutsi, wari umugambi wo kurimbura burundu Abatutsi, ngo hatazagira uwongera kubabyara, cyangwa hatazagira umwana w’Umututsi ukura akabaho akazororka.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Uwamariya Valentine, avuga ko mu rwego rwo gushishikariza Abahutu kwica Abatutsi mu yahoze ari Komini Tambwe, ubu ni mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, ubuyobozi bwafashe Umututsi bumwicira ku ibendera rya Komini kugira ngo butinyure abicanyi.
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, cyabereye kuri Collège APACOPE ku wa Gatandatu 17 Gicurasi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo RWEGO NGARAMBE Emmanuel, yavuze ko kuba umuryango APACOPE waraharaniye uburezi kuri bose kuva mu gihe abawushinze batotezwaga bazizwa (…)
Murebwayire Josephine warokokeye mu Iseminari nto y’i Ndera yaragijwe Mutagatifu Visenti (PSSV), yasobanuye uburyo uruyuzi rwamuhishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma y’uko Padiri wahayoboraga, ubu akaba ari Musenyeri uri mu kiruhuko cy’izabukuru, na we aharasiwe kubera kwanga gutandukanya Abahutu n’Abatutsi.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, avuga ko kwibuka bikwiye kubera Abanyarwanda umwanya wo gusuzuma uko umutima wabo witandukanya n’ibibi bigiye kuri Jenoside.
Abayobozi n’abakozi b’uruganda rw’isukari rwa Kabuye (Kabuye Sugar Factory), bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko abiciwe ku musozi wa Kayumba wo muri Nyamata n’ahandi, Umuryango Abadahigwa Iwacu utegura icyo gikorwa wagaragaje ko muri ako gace hakenewe kongerwa ibikorwa by’iterambere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko inzibutso eshatu z’abazize Jenoside za Kamonyi, Bunyonga na Mugina, ari zo zizakomeza kwakira no kwimurirwamo imibiri y’abazize Jenoside yari ishyinguye mu mva zitandukanye, no kwakira izagenda iboneka mu rwego rwa gahunda ya Leta yo guhuza inzibutso ku rwego rw’Uturere.
Abanyeshuri n’abarimu bo muri Kaminuza Gatolika y’u Rwanda, bavuga ko basanze Nyange ari ikimenyetso cy’u Rwanda rushya n’urw’amateka mabi rwanyuzemo.
Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abagore mu Karere ka Gisagara, Françoise Uwizeyimana, avuga ko basanze byaba byiza hagiyeho ibiganiro byihariye ku barokotse Jenoside, by’umwihariko intwaza, kubera ko abo babana buri munsi batazi uko bakwiye kubyitwaramo bikwiye, bityo hakaba hakenewe ko abasobanukiwe iby’ubuzima bwo mu (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, avuga ko ingengabitekerezo ya Jenoside ntacyo yamariye Abanyarwanda, bityo ko ikintu kitabagiriye akamaro bakwiye kugisiga inyuma bagaharanira icyubaka Igihugu.
Mu gikorwa cyo kwibuka abihayimana n’abakristu b’Itorero Anglicane mu Rwanda (EAR) bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabereye ku cyicaro cy’Itorero Anglicane Diyoseze ya Shyogwe ku wa Gatatu tariki 7 Gicurasi 2025, abitabiriye icyo gikorwa banenze abapasiteri bagambaniye abakristu babahungiyeho aho kubarinda, (…)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango, barasaba ko inzego zibishinzwe zishaka ibisubizo by’ibibazo bafite, aho guhora bisubirwamo mu bihe byo kwibuka, kuko ari bwo abakeneye ubufasha barushaho kwitabwaho, na bo bakumva ko barokokeye kubaho neza.
Perezida wa Sena Dr. François Xavier Kalinda, yavuze ko Politiki mbi yazanywe n’abakoloni b’Ababiligi bafatanyije n’ubutegetsi bubi bwariho, bacengeje urwango mu Banyarwanda bumvisha Abahutu ko ntacyo bapfana n’Abatutsi, kugeza ubwo babitojwe bahabwa n’intwaro bica abo bafitanye isano.
Ambasaderi Jean Pierre Karabaranga, kimwe n’abandi batarabona imibiri y’ababo bishwe muri Jenoside, bifuza ko Leta yazashyiraho ubukangurambaga bushishikariza abazi ahajugunywe Abatutsi kuhagaragaza, kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.