Tariki 11 Mata buri mwaka nibwo mu Karere ka Gatsibo hibukwa inzirakarengane ziciwe i Kiziguro, abenshi muri bo bakaba bariciwe muri Kiliziya ya Kiziguro aho bari bahungiye bagatabwa mu rwobo runini rwari ruhacukuye.
Umuyobozi w’intara y’iburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko kuba hari abantu batavuga ahajugunywe imibili y’abazize Jenoside itarashyingurwa neza bituma abatarashyingura ababo bikomeza kubabera igikomere.
Abayobozi bakorera mu karere ka Kirehe hamwe n’abaturage baturiye umupaka wa Rusumo bifatanije n’abatuye mu gihugu cya Tanzaniya ahitwa Ngara mu gikorwa cyo kwibuka Abatutsi batawe mu mugezi w’Akagera bityo Abatanzaniya b’abagiraneza bagakuramo imirambo 917 ikaba ishyinguye ku rwibutso ruri mu gihugu cya Tanzaniya.
Abagabo hafi ya bose bakomoka mu cyahoze ari komini Kinigi na Mukingo bishwe mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 itangira, ngo ibi byakozwe mu rwego rwo kugerageza Jenoside nk’uko byagarutsweho mu buhamya bwatanzwe kuri uyu wa 13/04/2014 hasozwa icyunamo mu Murenge wa Kinigi, akarere ka Musanze.
Abanyarwanda baba muri Cote d’Ivoire, barimo abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro ONUCI boherejwemo n’Umuryango w’Abibumbye UN bahuriye hamwe n’inshuti zabo bibuka Jenoside n’abayiguyemo, banasabira abayirokotse kuri iki cyumweru tariki ya 13/04/2014.
Sebufiriri Deogratias, umunyeshuri wiga mu mwaka wa mbere wa kaminuza y’u Rwanda mu ishami rya Nyagatare yigomwe amafaranga y’inguzanyo ahabwa na Leta mu kwiga, aguramo itungo ry’ ibihumbi 22 aryoroza uwacitse ku icumu utishoboye mu rwego rwo kumufata mu mugongo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’abaturage baravuga ko kubungabunga ibimenyetso mu nzibutso zimwe na zimwe zo mu karere ka Ngororero ari kimwe mu bizafasha kugaragaza amateka no kwibuka abishwe bazirikana ku mateka ya Jenoside n’uburyo yateguwe agashyirwa mu bikorwa.
Hon Devota Uwamariya witabiriye ikiriyo cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke, ashimira abarokotse Jenoside ku bw’ubutwari bagize, anagaya abayobozi babi batumye habaho ivangura ryatumye Jenoside itizwa umurindi.
Abarokokeye i Mukarange mu karere ka Kayonza n’Abanyamukarange muri rusange tariki 12/04/2014 bibutse Jenoside yahakorewe banashyingura mu cyubahiro imibiri 30 yabonetse yari itarashyingurwa. Imibiri 26 muri yo yabonetse mu murenge wa Mukarange, ibiri iboneka mu murenge wa Nyamirama, indi ibiri iboneka mu murenge wa Rwinkwavu.
Mu buhamya bwatanzwe n’abacitse ku icumu bakomoka mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko hari amateka yaranze umusozi witwa Kidashira atazigera asibangana mu mateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu kwica abana n’abagore.
Benshi mu bantu bari kwitabira ibiganiro byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda bo mu karere ka Nyanza, biganjemo ahanini urubyiruko, baratangaza ko kutitabira ibi biganiro nta mpamvu bisa no kuyipfobya.
Inkunga igizwe n’imifariso 25 yo kuryamaho n’amabase 25, byakusanyijwe n’abagize Inama Njyanama y’akarere ka Rwamagana ku bufatanye na DEREVA Hotel yo muri aka karere, ku wa Gatanu, tariki ya 11/04/2014 byashyikirijwe imiryango 25 y’abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abagabo batatu harimo umusaza witwa Mahirane Laurent uri mukigero cy’imyaka 63 y’amavuko, Sindikubwabo Asumani w’imyaka 24 na Habamungu w’imyaka 27, bari kuri station ya Polisi ya Kibungo kubera kujugunya mu musarane ibitambaro biriho ubutumwa bujyanye no kwibuka Jenoside kunshuro ya 20.
Urubyiruko rwo mu karere ka Burera rurizeza ubuyobozi n’Abanyarwanda ko nta Jenoside izongera kubaho mu Rwanda, kuko rufite ubuyobozi bwiza buhora burbigisha gukunda igihugu kandi rukaba runafite imbara n’ubushake bwo guharanira icyiza gusa.
Nyuma y’imyaka 20 Jenoside irangiye abarokotse jenoside n’abayikoze batangaza ko ubumwe n’ubwiyunge byabagejeje ku iterambere, kuko batambutse ibyabatanyaga bakareba ibibahuza ubu bakaba bagabirana.
Niyonsenga Jea d’Amour, Perezida wa IBUKA mu karere ka Ngororero avuga ko ubuyobozi bw’akarere bwihutira gukemura ibibazo by’abarokotse, aho ashyira ahagaragara ibitarava mu nzira, Harimo icy’ amazu 300 agomba gusanwa imanza z’imitungo zitari zarangizwa, inzibutso zikeneye gusanwa n’imibiri igishyinguye mu ngo.
Imbaga y’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda muri Sudani bakoze umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenocide yakorewe Abatutsi bacana urumuri rw’icyizere. Igikorwa cyabereye muri Kaminuza Mpuzamahanga Nyafurika (International University of Africa-IUA), kuri uyu wa kane 10/4/2014.
Abaturage bo mu murenge wa Gikomero akarere ka Gasabo batangaza ko bafite icyizere cy’uko u Rwanda ruzagira igihe rukabaho nta makimbirane, bitewe n’uko abarokotse n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bongeye kujya basabana.
Bamwe mu barokotse bo mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke bavuga ko nyuma y’imyaka 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye mu Rwanda bamaze gutera intambwe mu ngeri zose mu kwiyubaka no kubaka igihugu cyababyaye.
Umurenge wa kiziguro ni umwe mu Mirenge 14 igize Akarere ka Gatsibo, ahahoze ari komini Murambi. Aka karere kazwiho kuba karabereyemo ubwicanyi bukaze mu gihe cya Jenoside, Abatutsi benshi batawe mu rwobo rwa Kizuguro, abenshi biciwe muri Kiliziya yaho.
Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni i Darfur muri Sudani (UNAMID) bifatanije n’inshuti z’u Rwanda n’abaturage ba Sudani kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ntirenganya Sylvestre warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu murenge wa Murambi, akarere ka Rulindo yanditse igitabo yise “Urumuri rw’amahoro” kiza gukundwa cyane kuko cyanaje gushyirwa mu nzu y’urwibutso ya Nyanza ya Kicukiro.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bahuriye mu muryango GAERG (Groupe des Anciens Etudiants Rescapés du Génocide), muri Famille IGIHOZO ibarizwa mu gihugu cy’Ubutaliyani, bakoze umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 20 abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, mu mwaka wa 1994.
Umushumba wa diyoseze EAR Gahini mu karere ka Kayonza, Bishop Alexis Bilindabagabo yanenze bikomeye abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko abo ku musozi wa Gahini kuko bamwe bakoresheje amazi y’ikiyaga cya Muhazi bambura ubuzima abahigwaga muri Jenoside, kandi ubusanzwe amazi ubwayo ari ubuzima.
Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bari kumwe na bagenzi babo bikorera indi mirimo baba mu gihugu cya Sudani y’Epfo bifatanije n’Umuryango mpuzamahanga n’inshuti z’u Rwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Depite Mujawamariya Berthe yibukije abatuye mu kagari ka Nasho, umurenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe ko bakwiye gushyigira gahunda ya Ndi Umunyarwanda kuko igamije guca amacakubiri yatumye habaho Jenoside.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’abibumbye mu gihugu cya Mali no mu gace ka Abyei muri Sudani, bunamiye inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 igahitanana abarenga miliyoni.
Abagihakana ko habaye Jenoside bakavuga ko habayeho intambara ngo bagomba kwigira ku mateka y’icyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu hatigeze haba imirwano y’amasasu hagati y’ingabo zari iza Leta muri 1994 n’iza FPR Inkotanyi ariko Abatutsi bari bahatuye bakicwa urwagashinyaguro.
Mu kiganiro yahaye abaturage bo mu Kagari ka Butare mu Murenge wa Ngoma, umukozi w’Akarere ka Huye uyobora serivisi y’ubuyobozi (administation) yabibukije ko nta rwitwazo rwo kuvuga ko abakoroni ni bo batumye Jenoside iba kuko n’ibindi bihugu byakoronijwe ariko ntihabaye Jenoside.
Gahonzire Alphonse bita Sasita warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, aratangaza ko abahutu bose atabafata nk’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko harimo bake beza batayijanditsemo ndetse bakagira n’uruhare mu kurokora bamwe mu bahigwaga, hakaba ndetse n’abahasize ubuzima kubera kubahisha.