Rayon Sports WFC yatwaye igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya gatatu yikurikiranya

‎Ikipe ya Rayon Sports WFC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagore,ku nshuro ya gatatu yikurikiranya n’amanota 57, irusha ikipe ya Police WFC ya kabiri amanota atatu.

‎Mu mukino w’umunsi wa nyuma wa Rwanda Women’s Super League 2025/2026 wabaye ku Cyumweru tariki ya 5 Mata 2026, Gikundiro yatsinze Muhazi United WFC igitego 1-0 cyatsinzwe na Gikundiro Scholastique ku munota wa 70, bishyira mu mwanya mwiza Rayon Sports.

‎Iyi kipe yambara ubururu n’umweru, nyuma yo gutsinda Police WFC 1-0 bari bahanganye byatumye yizera gutwara igikombe ari nabyo byatumye yinjira ku munsi wa nyuma isabwa kunganya gusa kugira ngo itware igikombe ariko birangira inatsinze umukino.

‎Rayon Sports yatwaye iki gikombe cya 2025-2026 iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 57 ndetse inazigamye ibitego 63, biba ku nshuro ya kabiri itwaye igikombe cya shampiyona ifite amanota 57 nk’uko byagenze mu mwaka wa 2024-2025, naho Police WFC yaje iyikurikiye ifite amanota 54 yo ikaba izigamye ibitego 46.

‎Rayon Sports WFC ibaye ikipe ya kabiri, itwaye ibikombe bitatu bya Shampiyona yikurikinya, nyuma yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere muri 2023, aho ikurikiye ikipe ya AS Kigali WFC yo yatwaye ibikombe 10 yikurikiranya kuva muri 2008 kugeza muri 2018.

‎Muri uyu mwaka w’imikino ibihembo muri shampiyona y’abagore byarazamuwe bityo Rayon Sports ya mbere yahembwe miliyoni 20 Frw, Police WFC ya kabiri ihabwa miliyoni 15 Frw, iya gatatu ihabwa miliyoni 10 Frw, iya kane ihabwa miliyoni 8 Frw, iya gatanu ihabwa miliyoni 6 Frw, mu gihe iya gatandatu yahawe miliyoni 4 Frw.

Perezida wa FERWAFA Shema Ngoga Fabrice ashyikiriza Rayon Sports WFC igikombe
Perezida wa FERWAFA Shema Ngoga Fabrice ashyikiriza Rayon Sports WFC igikombe

National Football League

Ibitekerezo   ( 1 )

Rayon sport
Abagabo tuzazatubura ibyishimo abagorebabiduhe rayon sport hejuru cyanee ndayifana.

Kavamahanga damour yanditse ku itariki ya: 10-04-2026  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka