Bamwe mu bahoze ari abarembetsi bo mu Karere ka Burera mu Mirenge yegereye umupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda, bavuga ko inkunga zinyuranye zirimo imirimo y’amaboko ndetse n’inkunga z’amafaranga yo kubafasha kwihangira imirimo y’amaboko bitabagezeho.
Umwijima ni rumwe mu ngingo z’ibanze z’umubiri w’umuntu, rukaba urw’ingenzi mu rwungano ngogozi, ndetse amakuru dukesha Wikipedia avuga ko ukora imirimo 300 mu mikorere y’umubiri.
Umunyamidelikazi akaba n’umwe mu bagore b’abaherwe, ufite inkomoko muri Uganda, Zari Hassan uzwi nka ‘The Boss Lady’, yakuyeho urujijo ku mashusho aherutse gusakara ku mbuga nkoranyambaga afatanye agatoki ku kandi n’uwahoze ari umugabo we, Diamond Platnumz, bigakekwa ko basubiranye.
Shampiyona ya volleyball mu Rwanda igeze ahakomeye mu gace kayo ka kane, aho amakipe ya Gisagara na APR VC yogeye kwigaragaza mu mpera z’icyumweru gishize.
Mu masaha y’umugoroba wo ku Cyumweru tariki 25 Gashyantare 2024 mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Kimisagara, Akagari ka Kimisagara, Umudugudu w’Akabeza ku nyubako y’Amashyirahamwe izwi nko mu Nkundamahoro iherereye mu bice bya Nyabugogo, Umugabo witwa Kayitare Maurice w’imyaka 55 yahanutse kuri iyo nyubako muri etaje ya (…)
Abarwayi b’impyiko mu Rwanda batangaza ko bishimiye impinduka zashyizweho n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwemeye ko abarwayi b’impyiko bashobora gufata imiti bakenera hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza buzwi nka Mituweli.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi mu Karere ka Rubavu baratangaza ko indwara y’ibirayi bahimbye ‘Sembeshyi’ yatumye batangira kureka guhinga ibirayi, babisimbuza ibijumba.
Abacuruzi b’inzoga mu Karere ka Muhanga baratangaza ko batunguwe no guhabwa ibihano birimo no gufungwa, kubera kuzicuruza mu masaha y’akazi, bakibaza igihe amasaha yabo y’akazi azajya atangira, dore ko batangiye guhanwa batanabanje kuganirizwa ngo bamenyeshwe ibijyanye n’ayo mabwiriza mashya.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye u Burusiya ibihano bishya birenga 500 kubera intambara bwashoje kuri Ukraine hamwe n’urupfu rw’umunyapolitiki utavuga rumwe na Perezida Vladimir Putin, Alexei Navalny uherutse kugwa muri gereza.
Kenza Johanna Ameloot w’imyaka 22 ufite umubyeyi (nyina) w’umunyarwandakazi yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Bubiligi (Miss Belgique) w’umwaka wa 2024. Uwo mubyeyi we yitwa Gakire Joselyne akaba ari umunyarwandakazi, Se akaba ari Umubiligi.
Kuri iki Cyumweru kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye, ikipe ya APR FC yahatsindiye Mukura VS ibitego 2-0 ikomeza kubarira ku ntoki iminsi yo gutwara igikombe cya gatanu cya shampiyona yikurikiranya.
Umuhanzikazi Simisola Bolatito Kosoko, akaba umwe mu bagore bakundirwa ijwi ryiza muri muzika ya Nigeria no ku rwego mpuzamahanga, yasobanuye uko Facebook yamuhuje n’umugabo n’uburyo atifuzaga gushakana n’umuhanzi.
Inzobere mu kuvura indwara z’amenyo zivuga ko gukura amenyo atari byiza kuko bigira ingaruka ku muntu zirimo no kutabasha kurya neza ndetse n’amenyo asigaye bigatuma ava mu mwanya wayo.
Umuhanzi Usher Raymond IV wamamaye mu muziki mpuzamahanga mu njyana ya R&B, nka Usher, yatangaje ko nyuma ya alubumu ye nshya yahurijeho abahanzi bo muri Nigeria, agiye gutangira gukora indirimbo mu njyana ya Afrobeats.
Banki ya Kigali yifatanyije n’umuryango mugari w’Abashinwa baba mu Rwanda mu gikorwa cyo kwizihiza umwaka mushya. Mbere y’uko abo mu Burengerazuba bw’Isi basakaza imico yabo n’ibyaho henshi ku Isi, ibihugu bimwe byagiraga uburyo bwabyo bibaho, aho mu mateka y’u Bushinwa ho bakurikizaga ingengabihe y’ukwezi (Lunar calendar) (…)
Ikipe ya APR Basketball Club iri mu gihugu cya Qatar aho ikomeje kwitegura imikino ya Basketball Africa League (BAL 2024) yaraye itsinze mu mukino wa gicuti AL Rayyan ibitse igikombe cya Shampiyona ya Qatar.
Umwongereza Joseph Blackmore ukinira ikipe ya Israel Premier Tech ni wegukanye Tour du Rwanda 2024 yakinwaga ku nshuro ya 16
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 24 Gashyantare 2024, Madamu Jeannette Kagame yongeye kwitabira ibirori by’iserukiramuco rya Kigali Triennial rimaze iminsi ribera i Kigali mu Rwanda.
Ku wa Gatandatu tariki 24 Gashyantare 2024, ikipe ya AS Kigali yatsinze Police FC mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, Kiyovu Sports inyagirirwa i Rubavu na Marine FC ibitego 3-0.
Umuganda usoza ukwezi kwa Gashyantare 2024, mu Ntara y’Iburasirazuba wibanze ku gutuganya imihanda yangiritse kubera imvura imaze igihe igwa, abaturage bashishikarizwa kugira isuku n’isukura ndetse no kwitegura amarushanwa ku isuku ariko by’umwihariko basabwa gufata neza umusaruro wabonetse mu gihembwe cy’ihinga gishize, (…)
Ku wa 23 Gashyantare 2024, ikipe ya Musanze FC yandikiye amateka mashya ku ikipe ya Rayon Sports ubwo yayitsindaga igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona wakiniwe kuri Kigali Pelé Stadium.
Nkubana Jean Bosco uri mu bakekwaho kugira uruhare mu kwica umusore witwa Nshimiyimana Daniel bakamuta mu bwiherero yatawe muri yombi. Nkubana Jean Bosco w’imyaka 37 y’amavuko, akaba akomoka mu Murenge wa Shyorongi, Akagari ka Bugaragara, Umudugudu wa Rwintare, yafatiwe mu Mudugudu wa Rukurazo, Akagari ka Kigarama mu (…)
Imvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Gashyantare 2024 yatumye umusozi utenguka wangiza umugezi wa Rusizi n’imyaka y’abaturage. Uwo musozi uherereye mu Murenge wa Nyakarenzo, Akagari ka Kabuye, Umudugudu wa Rugerero.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Ngirente Edouard, kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Gashyantare 2024 yageze muri Namibia ahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango wo gusezera mu cyubahiro no gushyingura uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Dr. Hage Gottfried Geingob.
Uko iminsi igenda itambuka ni nako umuziki nyarwanda ugenda urushaho gutera imbere mu buryo bugaragara ndetse bikagaragarira mu buryo abahanzi bakomeje kwigaragaza ku ruhando mpuzamahanga by’umwihariko mu Karere.
Amakipe y’umupira w’amaguru y’Umurenge wa Shyogwe mu bagore n’Umurenge wa Nyamabuye mu bagabo, yatwaye ibikombe byose by’amarushanwa Umurenge Kagame Cup ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo mu mupira w’amaguru, akaba azanahagararira iyo Ntara mu marushanwa ku rwego rw’Igihugu azabera i Kigali.
Abakorana n’ibigo by’imari biciriritse barishimira uburyo bw’ikoranabuhanga rigezweho mu kubafasha kubona serivisi byihuse, bikabarinda kumara umwanya munini ku murongo bategereje.
Itamar Einhorn ukinira Israel-Premier Tech ni we wegukanye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda kavuye mu Rukomo gasorezwa Kayonza
Nubwo hari Abarundi bari barahungiye mu Rwanda muri 2015 na nyuma yaho gato, bagenda bataha, ariko kandi hari n’abavuga ko igihe cyo gutaha kitaragera. Zimwe mu mpamvu Abarundi barenga ibihumbi 40 basigaye mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe, bashingiraho bavuga ko kuri bo igihe cyo gutaha kitaragera, ni uko (…)
Nyakwigendera Randeresi Landouard waririmbye ‘Karoli Nkunda’, indirimbo benshi bakunze kwita ‘Karoli nshuti yanjye y’amagara’, ni umwe mu bahanzi bo hambere bigiye gucuranga mu kigo cyitaga ku bafite ubumuga cya Gatagara, ahahoze ari muri Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu Karere ka Nyanza.
EdTech Monday ni ikiganiro ngarukakwezi gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho cyibanda ku nsanganyamatsiko zitandukanye, zigamije gutanga umusanzu mu burezi bw’u Rwanda kandi bufite ireme.
Umwuga wo kuvanga umuziki (Deejay) ntumenyerewe cyane mu bakobwa kuko kuva mbere wasangaga ukorwa n’ab’igitsina gabo gusa ariko uko imyaka yagiye izamuka, ni ko n’abakobwa bagenda barushaho kuwinjiramo ndetse bakanagaragaza ko bashoboye.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Gashyantare 2024, ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe na Musanze FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, amahirwe ku gikombe cya shampiyona akomeza kugabanuka, rutahizamu wayo Rudasingwa Prince agira ikibazo cyatumye ajyanwa kwa muganga igitaraganya.
Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’Ababaruramari mu Rwanda(ICPAR) cyahuguriye abagize inzego za Leta n’izigenga, ku buryo bakumira ihererekanywa ry’amafaranga yaturutse ahantu hatizewe, ritizwa umurindi n’ikoranabuhanga.
Beyoncé Giselle Knowles-Carter, umuhanzikazi ukomoka muri Amerika, yabaye umwiraburakazi wa mbere wakoze amateka, indirimbo ye aherutse gushyira hanze ikayobora urutonde rwa Billboard country chart’ rw’injyana za Country Music.
Mu rwego rwo kongerera ubushobozi Abajyanama b’Ubuzima muri serivisi z’ubuvuzi, bashyiriwe ikoranabuhanga muri telefone zigendanwa (smart phone), rizajya ribafasha gutanga amakuru arebana n’ubuzima bw’abaturage, bityo bakanoza serivisi batanga.
Abatuye Umurenge wa Jomba na Mulinga mu Karere ka Nyabihu, bahangayikishijwe n’ikiraro cya Gitebe gikomeje kwangirika, bakagira impungenge z’impanuka abanyeshuri bacyambuka bajya ku ishuri bashobora kuhagirira, dore ko cyegereye ikigo cy’ishuri, gusa ubuyobozi bwavuze ko kigiye gukorwa bidatinze.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, avuga ko mu iperereza rimaze igihe rikorwa ku kwiba no kugurisha ibizamini by’akazi, rimaze kugaragaza abakozi umunani mu nzego za Leta bakekwaho kugira uruhare mu byaha, bijyanye no kwiba no kugurisha ibizamini by’akazi.
Koperative Kopabinya ikorera mu Karere ka Nyamagabe, ku bufatanye n’umuryango ‘Hinga Wunguke’, yashyizeho abagoronome b’urubyiruko 11 bazakorera mu Mirenge itanu berekera abahinzi uko bahinga, bigatanga umusaruro ufatika.
Mu gihe mu Rwanda hitegurwa amatora, Umuryango FPR Inkotanyi ugiye gutangira igikorwa cyo guhitamo abazawuhagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite yose ateganyijwe muri uyu mwaka wa 2024.
Perezida wa Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Cristovão Artur Chume, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziherereye mu Karere ka Ancuabe, ashima uruhare zagize mu kugarura amahoro muri aka Karere.
Umwongereza Peter Joseph Blackmore ukinira ikipe ya Israel Premier Tech ni we wegukanye agace ka Musanze-Kigali ahita anambara Maillot Jaune
Ku wa Kane tariki 22 Gashyantare 2024, nibwo Umunyarwanda akaba n’umusifuzi mpuzamahanga, Mukundiyukuri Jean De Dieu, yamenyeshejwe ko yatoranyijwe mu basifuzi 16 mpuzamanga bazasifura imikino ya Olempike y’uyu mwaka, izabera mu gihugu cy’u Bufaransa.
Aurore Mutesi Kayibanda wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2012, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Jacques Gatera bari bamaze iminsi mu rukundo.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yatangaje ko ahisemo inzira y’amahoro kurusha gushoza intambara ku Rwanda, bitandukanye n’ibyo yari yatangaje yiyamamaza mu mpera z’umwaka ushize wa 2023.
Tariki 22 Gashyantare buri mwaka, ni umunsi umuryango w’aba Scout ku Isi hose uzirikana itariki y’amavuko ya Lt. Gen. Baden-Powell, watangije uyu muryango mu myaka isaga 148 ishize.
Umuvugizi w’urwego rw’amagereza mu Rwanda, SP Daniel Kabanguka Rafiki, avuga ko abagororwa bo mu Rwanda batemerewe imibonano mpuzabitsina n’abo bashakanye kubera ko batabyemererwa n’itegeko.