Umukinnyi w’icyamamare muri sinema ya Nigeria, Nollywood, John Okafor uzwi cyane ku izina rya Mr Ibu, yitabye Imana ku myaka 62, azize indwara y’umutima aguye mu bitaro bya Evercare Hospital aho yari arwariye.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Werurwe 2024, mu Karere ka Huye mu kigo cy’amashuri cya Groupe Scolaire Officiel de Butare, hatangiye irushanwa ngarukamwaka rya Volleyball (Memorial Kayumba 2024), aho amakipe yageze muri ½ yamaze kumenyekana.
Umugabo wo muri Argentine, yatunguwe cyane no kuza kwa muganga yandikiwe kubagwa agasabo k’indurwe kaba ku mwijima (Cholecystectomy), ariko aza kumenya ko abaganga bibeshye bamukorera ikitwa (vasectomy), ni ukuvuga bamubaga imiyoborantanga ku buryo atashobora kongera gutera inda.
Binyuje mu iserukiramuco ryiswe ‘Uburyohe bwa Kigali’ (Taste of Kigali), i Kigali hagiye kumurikirwa indyo gakondo zitandukanye zo ku migabanye yose, mu rwego rwo kwereka abasura uyu mujyi n’u Rwanda muri rusange, ko bashobora kuhabona amafunguro atandukanye yo mu bihugu bakomokamo byumwihariko, no kumenyekanisha indyo (…)
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), igaragaza ko mu bigo bya Leta, iby’abikorera ndetse n’imiryango itari iya Leta, hakigaragaramo icyuho mu kwimakaza ihame ry’uburinganire, kuko hari intambwe itaragerwaho.
Mu gihe habura amasaha make ngo ikipe ya Rayon Sports yakirwe na Sunrise FC, mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona, umutoza w’ikipe ya Sunrise FC, Umugande Jackson Mayanja, avuga ko n’ubwo ikipe ya Rayon Sports ari ubukombe ikwiriye kubahwa, gusa mu kibuga ngo nta cyubahiro bayigomba habe na busa.
Abahanzi bo mu Karere barimo Eddy Kenzo ukomoka muri Uganda na Big Fizzo wo mu Burundi, ni bamwe mu bateganyijwe kuzifatanya na Platini P mu gitaramo cyiswe ‘Baba Experience’, cyo kwishimira imyaka 14 amaze mu muziki.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera, bashima cyane ibikorwa by’Ingabo na Polisi by’u Rwanda, baturutse mu bitaro bya Gisirikare bya Kanombe bafatanyije n’ibitaro bikuru by’Akarere ka Bugesera, kuko serivisi z’ubuvuzi bifuzaga zabasanze hafi kandi zikaba zirimo gutangwa ku buntu.
Polisi ifatanyije n’Ingabo z’u Rwanda batangiye kubaka Ingo Mbonezamikurire z’abana bato mu Turere tumwe na tumwe tw’Igihugu, bituma abaturage bakomoza ku rugendo rw’iterambere ry’imibereho myiza bakesha izi nzego, kimwe n’izindi zishinzwe umutekano bifatanya muri iyi myaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye.
Josep Borrell Fontelles, Umuyobozi ushinzwe ububanyi n’amahanga mu muryango w’Ubumwe bw’Iburayi (EU) yagaragaje ibyakorwa mu kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo, aho asaba Leta ya Kinshasa guhagarika imvugo zihembera urwango, ahubwo bakayoboka ibiganiro.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba buvuga ko abagororwa barimo kwemera ibyaha by’uko bakoze Jenoside bakabisabira imbabazi imbere y’abo bahemukiye, ari bo bitezweho gutanga amakuru y’ahari imibiri y’Abatutsi bishwe.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze Police FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, iyi kipe ya Police FC yuzuza imikino umunani idatsinda, AS Kigali ikaba yatsinzwe na Etoile de l’Est igitego 1-0.
Umuryango witwa CHANCEN International ufasha abanyeshuri kwiga amashuri makuru na za kaminuza uratangaza ko ukomeje gahunda yawo yo gufasha abanyeshuri kwiga bakaminuza, kandi ko amakuru aherutse kuvugwa na bamwe ko bishyuzwa batarabona akazi atari yo, kuko uwishyura ari uwabonye akazi nyuma yo kwiga kandi yinjiza ku kwezi (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta yageze i Antalya muri Türkiye, aho yahagarariye Perezida Paul Kagame mu nama y’ihuriro rizwi nka Antalya Diplomacy Forum, yiga ku butwererane mpuzamahanga iri kuba ku nshuro ya Gatatu.
Abunganira abaregera indishyi, abunganira Munyemana ndetse n’ubushinjacyaha, bagiye kuburana ku kuba Dr Munyemana Sosthène yaburana ubujurire adafunze nk’uko yabisabye.
Mu Karere ka Kirehe huzuye umuyoboro w’amazi, uzayageza ku baturage 8,621 bo mu Murenge wa Gahara, mu Tugari twa Butezi na Nyagasenyi bavomaga amazi mabi, icyo gikorwa kikaba kigezweho ku bufatanye n’umuryango WaterAid.
Félicien Habagusenga, umusore wo mu Kagari ka Gitisi, Umurenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, yari yarasaritswe n’ibiyobyabwenge kugeza n’aho yajyanywe kugororerwa Iwawa, avuyeyo aza guhura n’umuryango ‘Rungano Ndota’ ukorera muri ako karere uramuganiriza, ahavana igitekerezo cyo korora ingurube, zikaba zimugejeje ku (…)
Brian Mulroney wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Canada, yitabye Imana, bikaba byatangajwe n’umukobwa we Caroline Mulroney, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.
Mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi, mu Kagari ka Mahoro mu Mudugudu wa Mahoro, ikamyo yavaga i Goma muri Repubulika Iharanira Demokari ya Congo (DRC) igiye muri Beni, yageze ahantu haterera mu Mujyi wa Rubavu isubira inyuma kubera uburemere bw’ibyo yari ipakiye, irabirinduka ihita igwa ifunga umuhanda.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Werurwe 2024, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye telefone 167 zari zaribwe, hamwe na bamwe mu bakekwaho kuziba, kuzikuramo kode no kuzihindurira ibirango.
Umujyi wa Boston, muri Massachusetts, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, watangaje ko iya 2 Werurwe ari umunsi wahariwe Umuhanzi Burna Boy ‘Burna Boy Day’, mu rwego rwo kumushimira ku bw’ibikorwa bye bya muzika n’ubuvugizi.
Inkuru y’uko Ali Hassan Mwinyi wahoze ari Perezida wa Tanzania yitabye Imana, yamenyekanye tariki 29 Gashyantare 2024, itangajwe na Perezida wa Tanzania Samiya Suluhu Hassan.
Buri mu mukinnyi w’ikipe ya Etincelles FC yahawe amafaranga 1277 mu gihe bitegura APR FC mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona uzabera kuri Kigali Pelé Stadium ejo Ku wa Gatandatu batari bamenya ko ikipe izagera ku kibuga.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batujwe mu Mudugudu wa Taba uherereye mu Kagari ka Bukomeye, mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bishimira kuba na bo barahawe aho kuba, ariko na none hari ibitarabanyuze.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambera (RDB) rufite umushinga wo kwagura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga iherereye mu Ntara y’Amajyaruguru , ikiyongeraho 23% by’ubuso bwayo busanzwe.
Umwongereza Andy Murray ukina umukino wa Tennis yatangaje ko imikino ya Olempike ya 2024 izabera i Paris izaba ari yo ya nyuma agahita asezera kuri uyu mukino.
Mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyamirambo, Akagari ka Kivugiza, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Werurwe 2024, imodoka yo mu bwoko bwa Suzuki Vitara, yahiye irakongoka.
Nyuma y’imyaka icyenda (9) Koperative y’abahinzi b’umuceri mu kibaya cy’umugezi w’Umuvumba, CODERVAM, ivuye mu ideni rya Miliyoni 309,864,415Frw yari ifitiye abacuruzi baguraga umusaruro wabo, ibirarane by’imishahara y’abakozi n’iby’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), ubu ni yo yahize andi makoperative mu kwesa (…)
Umutwe w’iterabwoba wagabye igitero mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Werurwe 2024, cyibasira ikigo cya Gisirikare giherere mu karere ka Koulikouro, nko mu bilometero 200 mu Majyaruguru ya Bamako, yerekeza ku mupaka wa Mauritania.
Imwe muri Sosiyete zamamaza mu Bushinwa, yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko ishinjwe n’abakozi bayo kuba yaravanye ibiro byayo mu Mujyi, ikabijyana ahantu kure mu misozi, igamije kugira ngo bacike intege biyirukane mu kazi kandi badasabye imperekeza, kuko ntawe uzaba abasezereye.
Mu mpera z’iki cyumweru, mu Karere ka Huye mu kigo cy’amashuri cya Groupe Scolaire Officiel de Butare, harakinirwa irushanwa ngarukamwaka ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel, wabaye Umuyobozi wa Groupe Scolaire Officiel de Butare (Indatwa n’Inkesha) witabye Imana.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego zabashishe gufatira abantu 2,273 mu bikorwa byo gucuruza no kwinjiza ibiyobyabwenge mu gihugu, mu gihe cy’amezi atandatu.
Umutwe wa Hamas wahamagariye Abanya-Palestine gukora urugendo rugana ku Musigiti wa Al Aqsa muri Yeruzalemu, mu rwego rw’intangiriro z’Ukwezi kw’igisibo kwa Ramadan, ibyo bigakorwa mu rwego rwo kugaragaza ko hakenewe agahenge muri Gaza, muri uko kwezi kw’igisibo.
Perezida Kagame yakiriye urubyiruko ruhagarariye abandi rwitabiriye gahunda yiswe ‘Young Leaders Program’ ibaye ku nshuro ya gatatu. rumugaragariza imwe mu mishinga rufite rwifuza guteza imbere.
Inyubako y’ikibuga cy’imikino y’intoki ya Petit Stade kugeza ubu iragana ku musozo, aho yavuguruwe.
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukina hagati mu kibuga, Mukunzi Yannick, avuga ko ari mu bababajwe n’urupfu rwa Uwimana Marriam wari uzwi nka Mama Hussein uheruka kwitaba Imana, umukunzi ukomeye wa Rayon Sports yagurije amafaranga yaguzwe uyu musore mu 2017, aza muri iyi kipe.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko iyi myaka irindwi ya gahunda ya Leta y’imbaturabukungu (NST1), isize umubare w’ibyumba by’amashuri wikubye kabiri, binatanga umusaruro ukomeye kuko umunyeshuri wagendaga ibirometero 10 ajya anava ku ishuri ubu akoresha ikilometero kimwe n’igice gusa ariko intego ikaba (…)
Abantu bavutse ku itariki 29 Gashyantare, ntibagira amahirwe yo kwizihiza umunsi w’amavuko buri mwaka nk’abandi kubera ko iyo tariki ibaho rimwe mu myaka ine, bigatuma umwaka bawita ‘Umwaka Utaruka’, ‘Umunsi Utaruka’, n’abavutse kuri uwo munsi bakabita ‘Abatarutsi’ biva ku nshinga Gutaruka.
Ingeri z’abantu batandukanye bavuga ko abantu bize bagaragaraho icyuho cyo kuvuga Ikinyarwanda neza, kuko bakivanga n’indimi z’amahanga.
Inzego z’umutekano muri Afurika y’Epfo, zatangaje ko zataye muri yombi abantu barindwi bakekwaho guhitana umuhanzi Kiernan Forbes, uzwi nka AKA, ndetse ko aba bantu amakuru agaragaza ko babyishyuriwe nubwo hataramenyekana impamvu.
Urwego rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda (RGB), rusaba Sosiyete Sivile (Imiryango itari iya Leta) kuba maso ikamenya niba amafaranga yahawe atakomotse ku bikorwa by’iterabwoba n’ubundi bugizi bwa nabi, bikaba byafatwa nk’ibyaha by’iyezandonke.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), bataganje ko umuntu uzajya amenyekanisha ko atahawe inyemezabuguzi ya EBM, azajya ahabwa ishimwe ringana na 50% by’ibihano biteganyijwe ku kutayitanga.
Abimukira bo mu bihugu bya Afurika bitandukanye bari mu bwato bwari buturutse muri Senegal, berekeza mu birwa bya Canary mu gihugu cya Espagne, barohamye mu Nyanja abasaga 20 bahasiga ubuzima.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika biravugwa ko yahagaritse burundu umusifuzi w’Umunya-Maroc Redouane Jiyed nyuma yo kwanga gusifura umukino w’umwanya wa gatatu mu gikombe cya Afurika 2023.
Umuyobozi w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga(NCPD) yatangaje ko ibarura ry’abantu bafite ubumuga rigiye gusubikwa muri uku kwa gatatu ritarangiye.
Nyuma y’uko umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Pop na RnB, Usher Raymond IV, yitwaye neza ku rubyiniro ndetse agakora n’amateka mu gitaramo cya Super Bowl half-time Show cy’uyu mwaka, abafana batangiye gusaba ko Jay Z ari we uzabataramira mu 2025.
Muri Poland, umusore w’imyaka 19 yibye ifarasi afatwa arimo ayuriza muri etaje ya gatatu y’inyubako ituwemo n’abantu, kugira ngo ajye kuyihishayo.
Muganga w’abagore, Dr Samuel Ndayishimiye uzwi cyane ku izina rya Sam, yabyaye ubwa mbere nyuma y’imyaka hafi cumi n’umwe (11) yari amaze ashatse, ariko bataragira amahirwe yo kubyara.
Mu gicuku gishyira igitondo cyo kuri uyu wa kane, nibwo uwahoze ari umukinnyi wa Tennis akaba n’ikirangirire mu muziki, Umufaransa Yannick Noah, nibwo yasesekaye mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa mpuzamahanga rya Tennis, ATP Challenger 50 Tour, ririmo kubera mu Rwanda.
Ingabo na Polisi by’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego, bateguye ibikorwa byo gufasha abaturage kugera ku iterambere n’imibereho myiza.