Mu gihe imibare y’inzego zikurikiranira hafi iterambere ry’ubuzima mu Rwanda igaragaza ko hari intambwe igenda iterwa mu kugabanuka kw’umubare w’abagore bapfa babyara, kuri ubu hagaragara ubwiyongere bw’umubare w’abagore bapfa bazize ingaruka zikomoka ku kubyara babazwe.
Ibarura ryakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda, rigaragaza ko Intara y’Amajyepfo ari yo ibarizwamo telefone nkeya ku kigero cya 71.9% mu gihe mu Mujyi wa Kigali abatunze telefone bangana na 92.4%.
Abahanzi nka Michael Jackson, Whitney Houston, umwami n’umwamikazi mu njyana ya Pop na RnB, ni bamwe mu bagiye bakora amateka bagaca uduhigo tutarakurwaho n’undi uwo ari we wese bakagurisha miliyoni za kopi za Alubumu ku bakunzi babo hirya no hino ku isi.
Abarundi batashye ku bushake barishimira uko bakiriwe n’uko bafashwe mu Rwanda, mu myaka umunani bari bamaze ku butaka bw’u Rwanda ari impunzi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Gashyantare 2024 kuva tariki ya 21 kugeza tariki ya 29 hazagwa imvura iri hagati ya milimetero 15 na 100 mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Perezida Paul Kagame yakiriye ndetse agirana ibiganiro na mugenzi we wa Sudani y’Epfo akaba n’Umuyobozi muri iki gihe w’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Salva Kiir Mayardit, n’intumwa ayoboye zirimo Dr. Peter Mathuki, Umunyamabanga Mukuru wa EAC.
Ikigo Nyafurika gicuruza ifatabuguzi rya Televiziyo (DStv) ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Utubari, Amahoteli n’Abacuruzi b’inzoga za likeri (BAHLITA), batangiye kwereka abantu amashene ya televiziyo aberanye n’aho buri muntu aherereye, bitandukanye n’ayo abantu bari mu rugo basanzwe bareba.
Umufaransa Pierre Latour ni we wegukanye agace ka gatanu ka Tour du Rwanda 2024 kakiniwe i Musanze umukinnyi akina ku giti cye
Perezida wa Repubulika ya Sudani y’Epfo akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Salva Kiir Mayardit yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe.
Rusanganwa Norbert, uzwi nka Kenny Sol, akaba umwe mu bahanzi bahagaze neza bamaze no kugwiza igikundiro mu Rwanda no mu Karere, yamaze kwinjira mu mikoranire na label y’umuziki ya 1:55 AM, iyobowe na Karomba Gael, uzwi ku izina rya Coach Gael.
Mu gihe intambara ikomeje kuvugwa mu nkengero z’Umujyi wa Goma, abatuye muri uyu mujyi bavuga ko bafite ikibazo cy’ibiribwa bidahagije kubera ko ibyavaga mu bice bikorerwamo ubuhinzi byafashwe n’abarwanyi ba M23, naho inzira binyuramo zikomeza gufungwa n’imirwano.
Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Ruhengeri buvuga ko imirimo yo kubaka ibi bitaro mu buryo bugezweho iri hafi gutangira, bikazashyira iherezo ku ngaruka zaturukaga kuri serivisi zitanoze kubera inyubako zishaje zabyo, ibikoresho bidahagije ndetse n’ubuke bw’abaganga.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) hamwe n’Umujyi wa Kigali, basaba abafite ibikorwa byubatswe nta byangombwa, harimo n’abakorera mu Gakiriro ka Gisozi, kubyivaniraho (kubisenya), batabikora inzego zibishinzwe zikabivanaho ba nyirabyo batanze ikiguzi.
Abantu batatu batawe muri yombi bakekwaho kwica umusore witwa Nshimiyimana Daniel bakamujugunya mu bwiherero, hakaba harimo gukorwa iperereza ku rupfu rwe, nyuma yo umurambo we muri ubwobwiherero.
Hirya no hino mu Gihugu hubatswe imidugudu y’icyitegererezo, (Model Villages) ituzwamo abantu bo mu byiciro bitandukanye birimo abimuwe mu duce twashyira ubuzima bwabo mu kaga (Amanegeka), abatishoboye, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu.
Abafite uburwayi bwo mu mutwe baravuga ko kutabonera imiti ku gihe ku bigo nderabuzima bibegereye bituma hari iyo batabona bitewe n’ubushobozi kuko usanga basabwa kujya kuyifatira i Kigali ku kigo cya CARAES i Ndera cyangwa i Kanombe, bagasaba inzego bireba kuborohereza.
Abanyeshuri bane biga muri Kaminuza ya Kibogora Polytechnic mu Karere ka Nyamasheke, bahuye n’impanuka yo guturikanwa na Gaze aho bacumbika, bose barakomereka.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu Bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA), bwatangaje ko mu rwego rwo gukomeza kunoza ubucuruzi bw’imyaka cyane cyane ubw’ibigori, abahinzi, abaguzi n’abacuruza ibigori ko ubucuruzi bw’imyaka bukorwa gusa n’abantu cyangwa ibigo by’ubucuruzi bifite (…)
Ubwo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof Ngabitsinze Jean Chrisostome yagezaga ibisobanuro mu magambo kubagize Inteko Ishinga Amateko ku bibazo byagaragaye mu gihe Abadepite basuraga ibikorwa by’inganda nto n’iziciriritse no ku bibazo byagaragaye muri raporo y’Ubugenzuzi Bukuru bw’imari ya Leta kuri gahunda yo guteza (…)
Raporo nshya yakozwe na Banki Nyafurika itsura amajyambere (AfDB), yagaragaje ko u Rwanda ruri mu bihugu 11 bya mbere muri Afurika biteganijwe ko bizagira ubukungu butajegajega mu myaka ibiri iri imbere.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ku wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, yagiranye ibiganiro na Minisitiri ushinzwe ubwikorezi mu Misiri, Lt. Gen. Kamel Alwazir uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), yandikiye inzego za Leta zose azisaba kwemerera abanyeshuri, bakirangiza amasomo bategereje ko impamyabumenyi zabo ziboneka, gukora amapiganwa yo gushaka akazi no gushyirwa mu myanya y’imirimo bakoresheje ‘To Whom It May Concern’, yatanzwe nyuma y’umuhango wo gusoza amasomo (…)
Kuri uyu wa Gatatu hasojwe imikino ya 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro 2023-2024, aho ikipe ya Gasogi United yasezereye APR FC iyitsinze kuri penaliti 4-3, Police FC isezerera Gorilla FC mu gihe Bugesera FC yasezereye Mukura VS iyisandiye iwayo.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, RDF, Gen Mubarakh Muganga, yakiriye intumwa zigizwe n’abarimu n’abanyeshuri 20 baturutse mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria, bari mu rugendoshuri.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, nibwo icyiciro cya 85 cy’impunzi z’Abarundi kigizwe n’abantu 95, cyambutse umupaka wa Nemba bakaba batashye iwabo ku bushake.
Umuhanda wa kaburimbo Musanze-Gakenke wagwiriwe n’inkangu yatewe n’imvura yaguye ari nyinshi, mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, ariko hahita hakorwa ubuitabazi ku buryo ubu utangiye kugendwa.
Minisiteri y’Ubutabera(MINIJUST) yamenyesheje inzego zitandukanye mu Gihugu n’imiryango mpuzamahanga, ko irimo gutegura gahunda izagenderwaho n’abashoramari kugira ngo ibafashe kubahiriza uburenganzira bwa muntu, mu byo bakorera mu Rwanda.
Umubiligi William Junior Lecerf ukinira ikipe ya Soudal-QuickStep ni we wegukanye agace ka Karongi-Rubavu, mu gihe Maillot Jaune yagumanye Reinderink
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko ababazwa cyane kuba atarabona igikombe cy’imihigo ariko harikiri ikizere ko ashobora gusoza manda cyarabonetse kuko batakiza mu myanya ya nyuma.
Umuryango Agaseke k’Urukundo wunganira abakene bivuriza mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) mu buryo bw’amafaranga ndetse n’umuryango Kuzamura Ubuzima ugaburira abatabasha kubona amafunguro muri ibi bitaro irashishikariza n’abandi bafite umutima ukunda kubunganira.
Bamwe mu baturage n’abakora umwuga w’itangazamakuru muri iki gihe, bashimira cyane abakoze uwo mwuga mu myaka yo hambere aho babafatiraho urugero rw’abanyamakuru beza. Abo bahoze mu mwuga w’itangazamakuru bo bavuga ko ibanga ryo gukora neza itangazamakuru ari ukugira urukundo n’ubwitange mu kazi, kwicisha bugufi, n’ibindi.
Ikamyo yavaga i Kamembe yerekeza i Bugarama yageze mu Murenge wa Kamembe, Akagari ka Cyangugu, Umudugudu wa Cyangugu ikora impanuka, igogongana n’indi modoka yo mu bwoko bwa Toyota Corolla, umushoferi wari utwaye iyi kamyo arakomereka byoroheje.
Umuhanzi ukomeye muri Nigeria, Stanley Omah Didia, uzwi ku izina rya Omah Lay, yatangaje ko agiye kumara igihe adashyira hanze ibihangano, asaba abakunzi be kubyihanganira.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yatangaje ko izatangira kwakira kandidatire ku mwanya wa Perezida ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko kuva tariki 17 Gicurasi kugeza tariki 30 Gicurasi 2024.
Mu muhanda Musanze-Kigali, habereye impanuka eshatu zikomeye, zikomerekeramo abantu bane bakaba barimo kwitabwaho n’abaganga mu bitaro bya Nemba.
Minisitiri w’intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Jean-Michel Sama Lukonde, ku wa Kabiri yeguye ku mirimo ye, bituma guverinoma ye iseswa.
U Rwanda rwagaragaje ko u Bufaransa buzi neza kurusha abandi bose, intandaro y’ibibazo bibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), kandi ko ari cyo gihugu cyagakwiye gushinjwa amakosa yateje ibibazo by’ingutu bishingiye ku mutekano muke mu Karere k’ibiyaga bigari.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gashyantare 2024, ikipe ya Rayon Sports yatsinze Vision FC ibitego 3-1, mu mukino wo kwishyura wa 1/4 w’Igikombe cy’Amahoro wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Igikorwa cyo gushakisha ubwato bwaroshywe mu Kiyaga cya Kivu, mu Ntambara ya mbere y’Isi cyarimo gikorwa ku bufatanye bw’u Rwanda n’u Budage cyageze ku ntego, kuko ubwato bwamaze kuboneka.
Imiryango 34 y’impunzi z’Abarundi igizwe n’abantu 78 bamaze igihe mu nkambi ya Mahama iri mu Karere Kirehe, bagiye gutaha mu gihungu cyabo ku bushake.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gashyantare 2024, yakiriye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Algeria, General Saïd Chanegriha, ku cyicaro cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihuru, akaba ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) butangaza ko abanyeshuri benshi mu Rwanda biga mu mashuri abanza batahakwiriye, bigatuma umubare w’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye ugabanuka.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, avuga ko gushakisha abantu babiri bagwiriwe n’ikirombe mu Murenge wa Rweru byabaye bihagaritswe by’agateganyo, kugira ngo habanze hafatwe umwanzuro ko byakomeza cyangwa byahagarikwa kubera imiterere y’ubutaka.
Umusaza Ngombwa Timothée wahimbye indirimbo zirenga 100 zirimo izagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu nka Ziravumera, Ziganjamarembo, n’izindi, yatangarije Kigali Today ko nyuma y’igihe kirekire yari amaze arwaye, ubu noneho aje guhagarara ku bihangano bye byitirirwa abandi bahanzi.
Muri rusange tuzi ko atari byiza kureka abana bakamara umwanya munini imbere ya screen ya televiziyo, mudasobwa, telefone zigezweho na tablets), kuko bibarangaza ntibagire ikindi bakora cyangwa bikaba byabangiriza amaso, ariko se haba hari igihe kihariye abantu bakuru batagombye kurenza bari imbere ya screen?
Consolation Tuyishime wayoboraga urugomero rwa Rukarara VI, akaba no mu Nama Njyanama y’Akarere ka Huye, kuva ejo tariki ya 19 Gashyantare 2024 ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho kudatanga amakuru ku mibiri yabonetse iwabo.
Abantu bivugwa ko bari bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro n’amacumu, bateye agasantere k’ubucuruzi ka Mutara mu Murenge wa Mwendo, baragasahura banatema abaturage barimo n’abanyerondo.
Bishop Mugisha Mugiraneza Samuel, Umushumba w’Itorero ry’Abangilikani Diyosezi ya Shyira, arasaba ko abana bose biga bacumbikirwa mu bigo, nyuma y’uko bigaragaye ko abiga bataha bahura n’ibibarangaza birimo imbuga nkoranyambaga.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yakiriye Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda Antoine Anfre baganira ku buryo bwo gukomeza ubufatanye.