Abahanzi Dj Kwenye Beat na Dj Mo bo muri Kenya bamaze kugera mu Rwanda baje mu birori byo gusoza Groove Awards Rwanda 2013 biri bube kuri iki cyumweru tariki 13.10.2013 ahasanzwe habera imurikagurisha i Gikondo kuva saa cyenda z’amanywa.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12/10/2013, mu murenge wa Cyinzuzi ho mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo gusoza icyumweru cyahariwe kurwanya ibitera ibiza, hubakirwa imiryango yimuwe n’inkangu muri uyu murenge.
Inama ya gatandatu y’umuryango Unity Club Intwararumuri, yasojwe tariki 12/10/2013, yashimangiye ko ubumwe, ubwiyunge n’amahoro by’Abanyarwanda binyuze mu gikorwa cyo gusabana imbabazi bizageza u Rwanda ku hazaza heza.
Francois Habarurema w’imyaka 22 y’amavuko, ari mu maboko ya Polisi guhera tariki 12/10/2013, akurikiranyweho kubaga imbwa ashaka kuyirya.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Samuel Sembagare, ashishikariza abaturage bo muri ako karere guhindura imyumvire bakitabira gutura mu midugudu bityo bakagezwaho ibikorwa remezo by’iterambere kandi bakava ahantu bashobora kwibasirwa n’ibiza.
Abarezi bo mu Murenge wa Nyagatare barasabwa kurushaho kuzirikana indagaciro zabo za kinyamwuga,ngo kuko arizo zizabafasha abo barera kugira ejo heza hazaza, nk’uko babisabwe na Alcade Kamanzi, umuyobozi wa Njyanama y’Akarere ka Nyagatare, ubwo abarezi bizihizaga umunsi mukuru wabo mumurenge wa Nyagatare.
Kugira umutima ukunda no gufasha abatishoboye n’inshingano ya buri munyarwanda, kandingo ibi nibigerwaho nta muturage uzasigara inyuma mu iterambere, nk’uko bitangazwa n’abaturage batuye akagari ka Kijojo umurenge wa Musheri ho mu karere ka Nyagatare, bahamagarira bagenzi babo kurushaho kugira umutima wo gufashanya.
Nyiransabimana Beata w’imyaka 35 utuye mu mudugudu wa Karambi mu kagari ka Ngiryi mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe arasaba uwaba abishoboye wese kumufasha kubona aho yaba hatamubangamiye hakwiranye n’ubumuga bwe.
Ikipe y’u Rwanda ya sitball niyo iri ku mwanya wa mbere mu mikino y’igikombe cy’isi irimo kubera mu Rwanda, ikaba yafashe umwanya wa mbere kuri uyu wa gatandatu nyuma yo kwigaragaza igatsinda imikino myinshi yakinnye.
Mu gihugu cya Vietnam ho haravugwa ko abazicuruza ngo babanza kubabaza cyane imbwa bagiye kubaga ngo kuko aribwo zigira inyama ziryoshye, mu gihe mu bihugu binyuranye byo muri Aziya bamenyereye kurya inyama z’imbwa n’ibizikomokaho nta mususu.
Umugabo witwa Jean Marie Vienney Bizimungu yishwe n’ingona ubwo yitwikiraga ijoro akajya kuroba amafi mu kiyaga cya Rumira yihishe abashinzwe kurinda ibiyaga, ingona ikamuta ku nkombo zo hakurya mu murenge wa Gashora.
Abahinzi n’aborozi bafite uruhare rukomeye mu gushyira mu bikorwa ibikubiye muri gahunda y’Igihugu y’imbaturabukungu no kurwanya ubukene (EDPRS 2). Ibyo kugira ngo babigereho ni uko basobanukirwa n’ibyo bagomba gukora kandi bakishyira hamwe bagamije kongera umusaruro.
Abakozi b’ikigo cya Leta gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro EWSA, batangiye gahunda yo gushishikariza abaturage cyane cyane abatuye uduce tw’ibyaro tutagerwamo umuriro kwitabira gukoresha ibyiza bikomoka ku mirasire y’izuba.
Umuyobozi w’akarere ka Burera atangaza ko ikigo nderabuzima cya Rugarama, mu murenge wa Rugarama, kiri hafi gutangira kubakwa kuko amwe mu mafaranga ateganywa kucyubaka yabonetse n’isoko ryo kucyubaka rikaba ryaratanzwe.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rda, busanga ibibazo bikigaragara muri ibi bigo, bisaba imbaraga, nubwo ngo hari intambwe imaze guterwa. Ubwo hatorwaga komite nyobozi nshya yasimburaga icyuye igihe kuri uyu wa Gatanu tariki 11/10/2013, hatangajwe ko hari ibigomba kuzitabwaho, cyokora ngo bikaba (…)
Ihuriro ry’ubucuruzi hagati y’inzego za Leta n’iz’abikorera z’u Rwanda na Uganda, ryagaragarijwemo amahirwe abikorera bafite, yo gushora imari muri buri gihugu, harimo kuba ibihugu bifite umutungo kamere uhagije no koroshya ubucuruzi; ibikorwaremezo no gukuraho inzitizi.
Nyiramucyo Fridaus w’imyaka 19 arasaba akarere ka Gakenke kamufasha kugira ngo abone umuryango we nyuma yo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya.
Umushoferi w’imodoka Toyota Hiace itwara abagenzi yagonze umwana w’imyaka itanu ahita apfa, maze abaturage bari aho baramwadukira barakubita bamugira intere none yajyanwe mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata.
Kaminuza ya Kodai International Business School yo mu Buhinde, yigisha ibijyanye n’ubucuruzi n’amategeko irateganya gufungura imiryango mu Rwanda mu gihe cya vuba. Ariko mu gihe ikiri gushaka ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda igatanga amahirwe ku bashaka kwiga mu Buhinde.
Abagore bacuru za ibintu bitandukanye byiganjemo imboga ziribwa mu mujyi wa Kamembe bavuga ko ibicuruzwa byabo bigiye kuborera mu isoko kuko ubuyobozi bw’umurenge bwababujije kongera gucururiza mu gikari bakoreragamo babashinja isuku nkeya.
Habiremye Theogene wari umukozi ushinzwe inguzanyo muri SACCO-Kungahara Gakenke y’Umurenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke yatawe muri yombi na Polisi kuri uyu wa Gatanu tariki 11/10/2013 akekwaho kunyereza amafaranga 1.440.000.
Nk’uko byemejwe mu masezerano y’ubufatanye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagiranye n’ibitaro bya Kanombe, kuri uyu wa gatandatu ndetse no ku cyumweru ibyo bitaro bizakora igikorwa cyo gupima abakinnyi bakina mu cyiciro cya mbere mu Rwanda.
Landrada Mukagihana w’imyaka 28, wari wugamye imvura hamwe n’abagenzi be mu nsi y’umuhanda ahanyura umugezi witwa Kadasomwa yaburiwe irengero atwawe n’amazi yo muri ruhurura.
Kuva u Rwanda rwavanwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwabashije kwisana, rukaba rumaze gutera intambwe ndende mu kwiyubaka, byose bishingiye ku buyobozi bwiza, amahoro n’iterambere bya buri muturarwanda.
Abajura 4 bitwaje imbunda yo mu bwoko bwa SMG binjiye mu iduka rya Simpunga Concorde mu murenge wa Mururu mu kagari ka Bahinda biba amafaranga ibihumbi 60 ahagana saa moya z’ijoro ryo kuwa 09/10/2013.
Mu rwego rwo kugabanya ingaruka ziva ku kwandura indwara z’ibyorezo bikomotse ku kunywa ibiyobyabwenge, Polisi y’igihugu ishami ry’ubuvuzi ikomeje ibikorwa byo gupima ku bushake abaturage indwara zinyuranye harimo icyorezo cya SIDA mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Nyagatare.
Umuhanzi akanaba umunyamakuru Jean Claude Rusakara Umugwaneza, aravuga ko intego ye mu muziki atari uguharanira kuba umu star (icyamamare) nk’uko bikunze kugenda kuri benshi, ahubwo icyo agamije ngo ni ukwishimisha akanashimisha abantu.
Mugisha Jacques wamugaye amaso kuva ku myaka icyenda, avuga ko bigoranye kwakira ubuzima bwo kumugara ariko ngo ntibyamuciye integer kuko yabashije kwiga akarangiza kaminuza kandi yishimira ubuzima nk’abandi.
Intara ya Rhenanie Palatinat yo mu gihugu cy’Ubudage by’umwihariko mu karere ka Landau, irishimira uko amafaranga iteramo inkunga akarere ka Ruhango ikoreshwa. Kubera iyi mikoranire myiza iranga impande zombi, iyi ntara yemeye kongera inkunga yayo itera aka karere.
Umusore w’imyaka 25 wari umukozi wo mu rugo mu mudugudu wa Buhaza, akagali ka Gati, umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza acumbikiwe na polisi yo muri aka karere akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka ibiri.
Mukasonga Alivera, umukecuru ukomoka mu mudugudu wa Murindwa akagali ka Birenga umurenge wa Kazo, imiganda y’abaturage yamukuye mu rusengero aho yacumbikaga inzu imaze kumugwana bamwubakira inzu nziza yishimira.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gicumbi bibasirwa n’indwara zifata imyanya y’ubuhumekero muri ibi bihe by’imvura bakomeje kwiyongera kubera ubukonje bukabije.
Kuva tariki 10-13/10/2013, i Kigali harimo kubera inama mu byiciro bitandukanye by’impuzamashyirahamwe y’imikino Olympique muri Afurika (ANOCA), zikaba zigamije gushaka uko imikino yatera imbere muri Afurika.
Umuyobozi w’ishyaka rya gikomunisiti mu gace kamwe ko mu mugi wa Pékin yasezerewe ku mirimo azira kuba yarakoreye umuhungu we ubukwe buhenze, kandi ishyaka arimo ryarasabye ko abarihagarariye bagomba kwizirika umukanda.
Mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera hongeye gufatirwa imodoka yo mu bwoko bwa Dyna ipakiye ibiti by’umushikiri (Kabaruka) bijyanywe kugurishirizwa mu gihugu cya Uganda.
Ubushakasha bwakorewe mu Bufaransa bwagaragaj3 ko abagore ari bo bakunda kurangara cyane no kutagira impungenge zo kwandika ubutumwa bugufi SMS iyo batwaye imodoka.
Abantu 20 barimo abafite ubumuga n’abita ku bafite ubumuga baturutse mu gihugu cy’Ubudage kuri uyu wa 10/10/2013 basuye ibigo byita ku bana bafite ubumuga INEZA Kabaya kiri mu murenge wa Kabaya na APAX Muramba kiri mu murenge wa Matyazo.
Nubwo bamwe mu bayobozi b’ibihugu by’Afurika bamaze kugaragaza ko badashyigikiye imikorere y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC), imwe mu miryango mpuzamahanga yita ku burenganzira bwa muntu igera kuri 130 ikorera mu bihugu 34 by’Afurika irahamagarira abayobozi b’ibihugu kudafata umwanzuro wo kwitandukanya n’uru rukiko.
Mu masaha yo ku mugoroba wa tariki 09/10/2013 inkuba yakubise umwana na nyina mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi bahita bitaba Imana, n’amazu arenga 10 y’abahejwe inyuma n’amateka atwarwa n’umuyaga.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’u Burusiya, Ministiri w’icyo gihugu wungirije ushinzwe ububanyi n’amahanga, Mikhail Leonidovich Bogdanov, yaje mu Rwanda kuganira na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aho bemeranyijwe gushimangira umubano.
Abanyeshuri basoza amashuri yisumbuye mu ishuri ryisumbuye rya Sumba riri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko kuba uburyo bwo gutanga inguzanyo ku banyeshuri bagiye kwiga muri kaminuza bwarahindutse bitabaciye intege ngo bibabuze guharanira kugira amanota menshi.
Itsinda ry’abahagarariye abafite ubumuga bo mu Ntara ya Rhénanie Palatinat ryagendereye abana barererwa mu kigo cy’abatumva ntibanavuge giherereye ahitwa i Ngoma ho mu Karere ka Huye, kuri uyu wa 09/10/2013.
Abantu batandukanye bavuga ko ururimi rw’Ikinyarwanda rugenda ruteshwa agaciro n’abaruvuga, kuko usanga baruvangira n’indimi z’amahanga. Ibi ngo biterwa n’uko abatuye u Rwanda bose batarukuriyemo, bikaba byaba byiza abakiri bato barwigishijwe kuko ruri mu biranga umuco.
Umwe mu barwanyi ba FDLR witandukanyije n’uyu mutwe, Nsengiyumva Mpawenayo, avuga ko umutwe wa FDLR ukoresha abana ibikorwa bya gisirikare kandi abenshi uba ufatiranye kubera ubuzima bubi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) iratangaza ko gushaka kwikubira imitungo bituma bamwe mu bakiri bato bahohotera ababyeyi babo bakabashyira ku ruhande, kugira ngo babone uko bigarurira ibyo bakoreye kuko baba batagishoboye kubyikurikiranira.
Kuva tariki 08/10/2013 amacumbi aciriritse mu karere ka Rubavu atujuje ibyangombwa arimo gufungwa by’agateganyo n’itsinda ry’akarere rishinzwe kugenzura isuku n’ibyangombwa byemerera aya macumbi gukora.
Kuri uyu wa gatanu tariki 11/10/2013 i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha, harabera igitaramo cyateguwe na Radio KFM 98.7 mu rwego rwo guhuza abahanzi, abafana n’abanyamakuru ba KFM.
Abagore bo mu karere ka Muhanga, bagize itsinda bise “abagore b’ibyiringiro,” batangiye igikorwa cyo kwigisha abagore bagenzi babo kugirango bagaruke ku nshingano zabo zo kubaka urugo kuko byagaragaye ko za “gatanya” zikomeje kugenda ziyongera.
Abana babiri bo mu karere ka Ruhango bitabye Imana baguye mu myobo mu tugari dutandukanye two mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, tariki 09/10/2013. Ababonye izo mpanuka bavuga ko zatewe n’uburangare bw’ababyeyi.