Hadi Janvier, umusore w’umunyarwanda w’imyaka 22, niwe wagukanye umwanya wa mbere mu gace ka mbere gatangira isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ 2013’ ryatangiye kuri icyi cyumweru tariki ya 17/11/2013.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda akaba na komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi, arasaba urubyiruko rwo muri FPR ndetse n’urubyiruko rw’u Rwanda muri rusange kurangwa n’umuco wo gushakira ibisubizo ibibazi gihugu gifite, aho kuba bamwe mu babitera.
Perezida Kagame kuri icyi cyumweru taliki ya 17/11/2013 yatangiye urugendo rw’akazi aho azitabira inama ihuza ibihugu by’Abarabu na Afurika, inama ibaye ku nshuro ya gatatu mu gihugu cya Koweti.
Umuryango wa Bazimaziki Saveri, umunyarwanda wiciwe i Goma arashwe ku mugoroba wo kuwa gatanu taliki ya 15/11/2013 wasabwe amadolari 300 kugira ngo uhabwe umurambo wa nyakwigendera uzanwe mu Rwanda aho uzashyingurwa.
Amahugurwa y’iminsi ine yahawe abatoza b’umupira w’amaguru bo mu karere ka Kayonza ngo azabafasha gushaka no guteza imbere impano z’umupira w’amaguru mu bana bakiri bato hirya no hino mu mirenge igize akarere ka Kayonza, nk’uko bivugwa na Nsengiyumva Francois umwe mu batoza b’umupira w’amaguru muri ako karere.
Ishuri ry’ubumenyi ngiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) hamwe n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) batangije igikorwa cyo gukangurira kwihangira imirimo rukava mu bushomeri.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 16/11/2013, abantu 50 baturuka mu mirenge ya Gasaka, Cyanika, Tare, Kibilizi na Kamegeri basoje amahugurwa y’iminsi itanu kuri hanga umurimo, aho bigishwaga gutegura imishinga bagamije kwihangira imirimo.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) bwasanze mu karere ka Karongi, hakigaragara ibibazo byo guhutaza umuturage mu buyobozi bw’ibanze, ahanini bishingiye kukutamenya agaciro k’imikoranire n’abafatanyabikorwa barimo n’umuturage.
Kuva ingabo za Congo zagaruka mu duce M23 yahozemo, abaturage bo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu basanzwe bajya gukorera i Kibumba muri Congo bavuga ko bahura n’Abanyarwanda bari basanzwe muri FDLR ubu bashyizwe mu ngabo za Congo.
Ubushakatsi bwakozwe ku bijyanye n’imiterere y’ibirunga, imicikire y’imigabane ishobora kuzaba mu kiyaga cya Kivu hamwe n’ingaruka z’imitingito ikunze kugira ingaruka ku Rwanda n’akarere bugaragaza ko nta ngaruka imitingito no kuruka kw’ibirunga byagira ku Kivu.
Irondo ryafashe imodoka ya FUSO ifite ikirango RAA 600R itwaye ibiti bya Kabaruka. Iyo modoka yafatiwe mu murenge wa Murama mu karere ka Kayonza mu ijoro rishyira tariki 15/11/2013 itwawe n’umushoferi witwa Kayinamura Jean Claude.
Abanyarwanda 59 bagarutse mu Rwanda bavuye mu duce dutandukanye muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, aho bavuga ko ubuzima butari buborohereye ariko kubera kubura amakuru y’impamo y’ibibera mu Rwanda bagahitamo kunambira muri icyo gihugu.
Umushinga wifashisha ubutumwa bugufi witwa “SMS Feedback” witezweho gufasha mu gukemura ibibazo abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bahura nabyo. Uwagize ikibazo azajya yohereza ikibazo cye mu butumwa bugufi agahita ahabwa igisubizo kandi agafashwa kugikemura mu buryo bwihuse.
Abasanzwe ari abakiriya ba Equity Bank mu karere ka Rubavu bavuga ko batunguwe no kubona iyi banki igiye kumara iminsi itatu ifunze imiryango idakora, kuko bizatuma abadafite amakarita ya ATM batazashobora kubona amafaranga.
Bazimaziki Saveri w’imyaka 29, yiciwe mu mujyi wa Goma arashwe ajugunywa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu inyuma ya Hotel Ihusi yegeranye n’umupaka w’u Rwanda, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 15/11/2013.
Mu karere ka Nyanza hashyizweho uburyo bushya bwo kunoza serivisi z’abakorewe ihohoterwa hifashishijwe ikarita nsuzuma mikorere, mu rwego rwo kurwanya serivisi mbi zahabwaga rimwe na rimwe abakorewe ihohoterwa.
Polisi ikorera mu karere ka Ruhango yataye muri yombi litiro zigera kuri 660 z’inzoga yitwa igikwangari na litiro ishanu za kanyanga, mu mukwabo wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 15/11/2013.
Koperative “Kundumurimo Munyarwanda” yo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, yatashye ku mugaragaro inzu mberabyombi y’ikitegererezo yuzuye itwaye miliyoni 38 z’amafaranga y’u Rwanda, ikaba kuwa Kane tariki 14/11/2013.
Abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari muri clubs zirengera ibidukikije bateye ibiti bisaga 200 ku nkengero z’umuhanda werekeza mu mujyi wa Karongi. Igikorwa bafashijwemo n’umuryango “Inshuti z’Ibidukikije Amis de la Nature (ANA).
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barakangurirwa kwitabira ubuhinzi bw’imigano, kubera ubuaka bwako bugizwe n’imisozi ihanamye ikunze guteza isuri, nk’uko babigirwamo inama n’ishyirahamwe Nyarwanda ryita kubidukikije ARECO (Association Rwandaise des Ecologistes).
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwahagurukiye abakozi bakorera muri ako karere batujuje ibyangombwa ku buryo bitarenze ukwezi kwa 11/2013 umukozi uzaba ataruzuza ibyangombwa bisabwa azahagarikwa ku kazi.
Nyuma ya tombola yakozwe ku wa gatanu tariki ya 15/11/2013, u Rwanda rwashyizwe mu itsinda rya gatatu ririmo Uganda, Sudan na Eritrea mu mikino y’igkombe cya CECAFA y’ibihugu izabera muri Kenya kuva tariki ya 27/11/2013.
Aba banyarwanda bageze mu nkambi ya Nyagatare bavuga ko bafashe umugambi wo kugaruka mu gihugu cyabo, nyuma yo kumva amakuru meza y’uko igihugu cyabo kirimo umutekano n’ubutabera busesuye.
Akarere k’Amajyaruguru y’Uburengerazuba bw’u Rwanda kagizwe n’uturere dutandatu tw’u Rwanda kagiye kubakwamo ishyamba ry’icyitegererezo (Foret Model), mu rwego rwo gufasha kwihutisha iterambere no gushyiraho uburyo burambye bwo gucunga amashyamba.
Umwe mu mu barwanyi ba FDLR batashye mu Rwanda bagize uruhare mu mirwano ya Kanyarucinya na Kanyamahura bavuga ko M23 itariyo yarashe mu Rwanda na Goma, ahubwo ko byakozwe n’abasirikare ba Congo bakoranaga na FDLR.
Umugabo witwa Gatemberezi Daniel utuye mu mudugudu wa Mubumbwe mu kagari ka Bihembe muri Nyakariro yatemye umugore we n’ishoka yo kwasa inkwi n’abaturage bagerageje gutabara ababwira ko nabo umunsi yagarutse azabatema bose.
U Rwanda ruritegura kwakira inama mpuzamahanga izaba igamije gushyiraho amahame mashya mu kugorora abagororwa. Inama izaba guhera tariki 25-26/11/2013.
Kuri uyu wa kane tariki ya 14/11/2013, urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwategetse ko Uwamahoro Dative na Mukeshimana Claudine bakurikiranyweho urupfu rwa Kaporari Minani François (umugabo wa Uwamahoro) baba bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 mu gihe iperereza rikomeje ku byaha baregwa.
Mutwarasibo Ernest, umushakashatsi mu kigo kigamije gukemura amakimbirane (Center for Conflict management), avuga ko iyo abakoze Jenoside baza kwibaza ku buzima buzakurikiraho nyuma yo kuyikora, ndetse bakanibaza ku buzima bateganyiriza abana babo, batari kwica.
Bamwe mu bitabiriye imurikagurisha ririmo kubera mu karere ka Nyagatare barasaba ko ryajya riba igihe cy’impeshyi aho kuba icy’imvura kuko bituma rititabirwa neza.
Abanyeshuli bane bahamijwe n’urukiko rwisumbuye rwa Muhanga icyaha cyo gutwika ku bushake ishuli ryabo rya ES Byimana bajuririye urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza umwe muribo yarekuwe tariki 15/11/2013 kubera ko imyaka ye itamwemerera uburyozwacyaha.
Nyuma y’itabaruka ry’umubyeyi wa nyiri kampani ya Capital Express itwara abagenzi mu muhanda Kigali-Karongi, kuri uyu wa 15/11/2013 mu mujyi wa Karongi hari ikibazo cy’ibura ry’imodoka kubera ko abakozi ba Capital bose bagiye gutabara umukoresha wabo.
Babitewemo inkunga n’umuryango w’Abanyamerika USAID, umushinga International Alert, Urugaga Imbaraga na Pro-femme Twese Hamwe, batangiye umushinga w’ubufatanye mu iterambere binyujijwe mu muco w’amahoro.
Ndayisaba Emmanuel w’imyaka 28 y’amavuko wafatiwe mu murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera agurisha moto yari yibye mu Ntara ya Kirundo, Komine Busoni muri zone Gasenyi yashyikirijwe polisi y’u Burundi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko igihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20 kizagera imitungo y’abarokotse Jenoside ifitwe n’abandi yarahawe bene yo, ndetse n’imanza z’imitungo zaciwe n’inkiko Gacaca zose zararangijwe.
Impuguke z’imiryango mpuzamahanga zaje mu Rwanda kuganira ku nkomoko y’amabuye y’agaciro acukurwa mu bihugu by’akarere k’ibiyaga bigari, zavuze ko ubwinshi bw’ibirombe mu Rwanda, uburambe no gukoresha uburyo bugezweho, byakuraho ibirego bishinja u Rwanda gucuruza amabuye y’agaciro ava muri Congo.
Umushinga wa gikirisitu utegamiye kuri Leta World Vision ukorera mu karere ka Gatsibo utangaza ko umaze gufasha aka Karere kongera umubare w’abakoresha ingufu zikomoka kuri biogas nyuma yo kubona ko Akarere ka Gatsibo kari kagifite umubare muto w’abakoresha biogas.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, arasaba urubyiruko gatorika ndetse n’urubyiruko rw’u Rwanda muri rusange kugira inzozi, icyerekezo cyangwa se ikifuzo gikomeye cyane umuntu aba afite ku mutima kuko kuko aricyo kiyobora inzira anyuramo buri munsi.
Abantu cumi n’umwe bakubiswe n’inkuba ubwo bari mu nama ku kirwa cya Bugarura giherereye mu kagari ka Bushaka mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro tariki 14/11/2013 ku bw’amahirwe ntihagira uwitaba Imana, usibye umunani muri bo bahungabanye bikomeye.
Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare, bihaye intego yo kuzegukana umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda 2013’ rizatangira ku cyumweru tariki 17/11/2013.
Abagize Koperative z’abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Rugeramigozi ho mu Karere ka Muhanga basuye bagenzi babo bahinga umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kubigiraho uko bacunga koperative n’uburyo bayobora amazi mu mwaka.
Mutarambirwa John w’imyaka 39 y’amavuko, yafatanywe udupfunyika “boules” dutanu tw’urumogi arimo kururuza ku manywa y’ihangu tariki 14/11/2013 mu murenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango.
Abanyeshuri bagera kuri 200 basoje amasomo banahabwa impamyabumenyi z’amezi atandatu bamaze bahugurwa ibijyanye no gutunganya umubiri no gutunganya imisatsi mu ishuri ry’imyuga rya Universal Beauty Academy (UBA) riherereye mu mujyi wa Kigali.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge aravuga ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” atari gahunda nshya kuko ihame ry’ubumwe n’ubwiyunge ndetse n’inyigisho, bigamije gukiza ibikomere ibikomere Umunyarwanda yaciyemo maze yiyubake.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ibikorwa byo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika, uhuza u Rwanda na Uganda, bizaba bigeze ku kigero cya 30% mu mwaka wa 2014.
Abagabo barindwi bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirehe nyuma yo gufatwa batuburira abantu batandukanye amafaranga bifashishije Bibiliya bababeshya ko babacungira umutekano wayo.
Nyuma y’umwaka inyubako z’uruganda rwagenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati mu karere ka Ngororero zuzuye ndetse ubu imashini zizakoreshwamo zikaba zarabonetse, ubu hongewemo na gahunda yo gutunganya umusaruro w’ibigori itari yaratekerejweho mbere.
Abakozi n’abakorerabushake 28 b’umuryango utabara imbare Croix-Rouge y’u Rwanda bakorera mu bice bitandukanye by’igihugu bari kwigishwa guhangana n’ingaruka z’ibiza no kubikumira.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, yamenyesheje abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge ndetse na ba perezida b’inama njyanama kuri izo nzego ko gahunda ya Ndi Umunyarwanda igomba kugera kuri buri muturage wo mu karere ayoboye.