Ku bitaro bya Gihundwe mu karere ka Rusizi hari inzobere z’abaganga bakomoka mu gihugu cya Kenya bari kuvura buri wese ubishaka indwara bita ibibari kandi bakayivura ku buntu. Iki gikorwa cyatangiye kuwa 02/09/2013 cyikazasozwa ku itariki ya 09/09/2013.
Uwitwa Toby Ng ukomoka muri Hong Kong yashyize ahagaragara ubushakashatsi yakoze bwerekana ikigereranyo cy’uko byari kumera iyo isi iba ari umudugudu umwe utuwe n’abantu 100 gusa.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru y’abatarengeje imyaka 20, bwana Richard Tardy avuga ko imyitozo yakoze imwemerera kwitwara neza imbere y’ikipe ya Congo Brazzaville bakina kuri uyu wa gatanu tariki ya 6/9/2013, ku munsi wa mbere w’imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaranda, Jeux de la Francophonie.
Nyuma y’ubugizi bwa nabi bumaze iminsi bugaragara mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza, polisi y’igihugu muri ako karere iratangaza ko ifite amakuru ahagije ko ibyo bikorwa bifitanye isano n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rulindo igiye gukoresha amarushanwa agamije gushishikariza abatuye n’abagenda ako karere kwirinda ibiyobyabwenge hibandwa cyane cyane ku rubyiruko kuko rubikoresha kurusha abantu bakuze.
Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane tariki 05/09/2013 na World Economic Forum kiragaragaza ko u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu ku mugabane w’Afurika mu bihugu bifite ubukungu buhagaze neza nyuma y’ibirwa bya Maurice na Afurika y’Epfo.
Umugaba mukuru w’Inkeragutabara RDF Reserve Force yaraye atangiye igikorwa cyo gushyikiriza by’agateganyo imiryango y’abarokotse Jenoside yo mu 1994 amacumbi Inkeragutabara zabasaniye, igikorwa cyatangiriye mu karere ka Nyanza ejo kuwa 05/09/2013.
Abatuye mu murenge wa Musenyi na Shyara mu karere ka Bugesera barasaba ko imirimo yo kubakorera umuhanda uhuza iyo mirenge yombi yakwihutishwa kuko byahagaritse byinshi mu byo bakenera mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB, Rwanda Social Security Board ngo gifita gahunda inoze yo gushora amafaranga y’abanyamuryango bacyo mu mishinga yunguka kandi yizewe, kugira ngo ayo mafaranga agire uruhare mu iterambere ry’igihugu aho kuyabika ntacyo akora.
Mu nama abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’inama mpuzamahanga w’akarere k’ibiyaga bigari ICGLR basoje mu mujyi wa Kampala muri uyu mugoroba basabye ko Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo isubira mu biganiro by’amahoro n’umutwe uyirwanya wa M23 mu gihe cy’iminsi itatu n’ubwo leta ya Congo yo ishaka ko M23 yashyira (…)
Bamwe mu bakurikiranira hafi serivisi zitangirwa mu gihugu baremeza ko byaba byiza serivisi zitangirwa mu bigo zifite aho zihuriye zahurizwa hamwe, kugira ngo abazishaka ntibajjye bazenguruka bava hamwe bajya ahandi.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi arashimira Tigo ku gikorwa kidasanzwe mu bigo by’itumanaho cyo kwigisha abaturage uburyo bwo kwiteza imbere, ndetse akaba yavuze ko ari agashya abonanye Tigo mu karere ka Rusizi.
Koperative Rukara Duterimbere y’abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza ngo igiye kuzamura imirire myiza mu baturage bo muri uwo murenge n’indi ihana imbibe na wo, yifashishije ubworozi bw’inkoko ikora.
Guharanira uburinganire bw’abaturage mu nzego zose, kuvugurura gahunda y’ubwisungane mu kwivuza no gushinga amashuri menshi y’abafite ubumuga nibyo abakandida-depite b’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza PSD bijeje abaturage b’umurenge wa Rukomo, ubwo biyamamazaga muri Nyagatare kuwa 04/09/2013.
Ba perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Jakaya Mrisho Kikwete wa Tanzaniya bamaze guhurira i Kampala muri Uganda ku gicamunsi cy’uyu munsi tariki ya 05/09/2013 nyuma y’amezi akabakaba ane batarebana neza.
Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi baratangaza ko ishyaka rya FPR ari ijisho rireba kure kuko ngo ryababonye rikabakura mu bwigunge bahozemo, bityo ngo bakaba bazaritora 100% mu matora y’abadepite ategerejwe ku matariki ya 16,17 na 18/09/2013.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yageze Kampala mu gihugu cya Uganda uyu munsi kuwa 05/09/2013 ahabera inama mpuzamahanga y’umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari ICGLR iri kwiga ku kibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo.
Kubera ibikorwa remezo bidahagije birimo amashanyarazi, imihanda ndetse n’amacumbi, abagana akarere ka Rutsiro ntibabona serivise nziza nk’uko babyifuza.
Mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi haraye hafunzwe urwengero rwakoreshaga amayeri yo kujijisha abaturage bagakora inzoga zihumanya bakazifungira mu macupa ya Heineken ngo abaturage bizere ko banywa ibinyobwa byujuje ubuziranenge.
Umuyobozi wa Inyarwanda Ltd Wilson Misago uzwi ku izina rya Nelly ari mu myiteguro ya nyuma yo gushinga urugo hamwe n’umukobwa witwa Hilarie Uwabimfura mu bukwe buzaba ku wa gatandatu tariki 14/09/2013.
Abasirikare umunani bo mu mutwe wa FDLR bageze mu Rwanda ku mugoroba wo ku itariki ya 04/09/2013 bayobowe na majoro Muhirwa Sylvestre, bitandukanya n’ubuzima bwo mu buhungiro bari bamazemo imyaka 19 mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Haiti bari kwitabaza umuganda nka bumwe mu buryo bwo gukomeza gufasha abaturage ba Haiti kubaka igihugu cyabo nyuma y’ibibazo by’insobe byashegeshe icyo gihugu birimo umutingito n’imyuzure bidasanzwe ndetse n’umutekano mucye byashegeshe Haiti.
Uruganda rwega inzoga zitwa African Lion Gin rurasaba abakunzi b’inzoga zitwa African Gin kuzitondera kugira ngo zitangiza ubuzima bwabo. Ibi ngo biraterwa n’uko hadutse abakora African Gin z’inyiganano zishobora kwangiza ubuzima.
Kuva muri Mata 2011, ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’amashanyarazi EWSA gitangiye imirimo yo gukora umuyoboro w’amashanyarazi uzayavana ku rugomero rwa Nyabarongo uyajyana i Kirinda, bamwe mubaturage babaruriwe imitungo bakaba batarishyurwa barasaba ko EWSA yabaha ingurane zabo kuko ngo barambiwe gutegereza.
Ubwo abakandida-depite bari guhatanira imyanya yagenewe abagore mu nteko ishinga amategeko biyamamarizaga mu karere ka Ruhango kuwa 04/09/2013, umwe muri bo yabwiye abagize inteko izatora ko nibamutora azabahagararira neza ndetse ngo atazigera agoreka ijosi na rimwe aho azaba asabwa kuvugira Abanyarwanda ashikamye.
Umugabo wo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza arakekwaho gutera inda umukobwa we akanamufasha kujya kuyikuriramo mu gihugu cya Uganda.
U Rwanda rurasaba ko rwahabwa ububiko bw’inyandiko z’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukorera Arusha muri Tanzania, mu gihe ruzaba rufunze imiryango mu mwaka utaha. Kugeza ubu u Rwanda rwari rwaremerewe isomero ryitwa Umusanzu ry’uru rukiko ryo riri mu mujyi wa Kigali.
Nyuma y’uko Rafael Nadal na Minisitiri w’Umuco wo muri Chili bakoze ikosa bagatangaza urupfu rw’umukambwe Nelson Mandela, George Walker Bush wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yateye ikirenge mu cyabo.
Minisitiri w’intara ya Kivu y’amajyepfo Jean-Julien Miruho arahamagarira Abanyekongo kutitiranya abaturage bavuga Ikinyarwanda no kuba ari Abanyarwanda kuko yemeza ko no mu gihugu cya Congo hari Abanyecongo bavuga ikinyarwanda cyane kandi mu by’ukurri atari Abanyarwanda.
Uwitwa Mukamuhigira Alphonsine avuga ko ababazwa cyane n’urupfu rwa murumuna we Mukamusangwa Colette waguye mu maboko y’abaganga akanapfana umwana yari atwite.
Ku nshuro ya mbere ubwo abaturage b’umurenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza bamurikirwaga abakandida FPR yamamaza ku mwanya w’ubudepite kuwa 03/09/2013 bagaragaje ko gutora umuryango wa FPR Inkotanyi ngo bikomeza kubahesha icyizere cy’ubuzima bwiza bw’ejo hazaza.
Ishyaka riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Munyarwanda PL riravuga ko igihe kigeze ngo rigire abadepite benshi mu nteko ishinga amategeko nabo bafashe Abanyarwanda kwishyira bakizana mu iterambere bashaka.
Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda AMUR uratangaza ko ufite gahunda yo gukangurira Abayisilamu baba hirya no hino ku isi gushora imari mu Rwanda, bityo ngo bikazafasha kugabanya ubukene mu banyedini babo no guteza imbere ubukungu bw’igihugu muri rusange.
Abagize inteko ishinga amategeko mu gihugu cya Kenya bahamagajwe igitaraganya mu nama yihutirwa igomba kwiga uko igihugu cya Kenya cyava mu bihugu byemera gukorana n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC.
Umugore witwa Louise Uwizeyimana w’imyaka 25 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze azira kugerageza kwihekura, kuko yashatse kujugunya umwana mu musarani ubwo yari akimara kumubyara.
Mu gihe hamwe na hamwe mu karere ka Nyabihu hakigaragara iyangirika ry’ibidukikije mu buryo butandukanye kandi ahanini abaturage bakabigiramo uruhare rukomeye, kuri uyu wa 03/09/2013 ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukije REMA cyongeye kwibutsa abashinzwe ibidukikije muri aka karere inshingano zikomeye bafite mu (…)
Kuva uyu munsi tariki ya 03/09/2013 abasirikari bo mu ngabo za Amerika bafite abo babana bahuje igitsina baratangira kujya bahabwa ibigenerwa abagore n’abagabo babana mu buryo busanzwe nk’impozamarira igihe uwo babanaga bahuje igitsina yahawe akazi ahandi, uwo babanaga akabura uwo basanzwe basangira ubuzima.
Mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro gahunda zo kwamamamaza ishyaka rya PSD riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Ngororero, abayoboke baryo bavuze ko biteguye kwegukana amajwi menshi mu matora ateganyijwe muri uku kwezi.
Sosiyete ya Kigali Bus Service KBS itwara abagenzi mu mujyi wa Kigali irahamya ko isura y’uyu mujyi yatangiye guhinduka kuko ngo umubyigano, urusaku n’akavuyo k’imodoka mu mihanda byatangiye kugabanuka, nyuma y’iminsi mike buri zone ihawe ishyirahamwe ryo gutwara abagenzi riyikoreramo.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 02 Nzeri 2013 mu Murenge wa Save habaye igikorwa cyo kwamamaza abakandida-depite ba FPR Inkotanyi, aho hagaragaye imbaga y’abaturage benshi batangaga ubuhamya bw’ibyo uyu muryango wabagejejeho.
Abanyeshuri 52 bo ku ishuri ryisumbuye rya Nyabirasi bajyanywe kwa muganga mu mpera z’icyumweru gishize bamaze gukubitwa n’inkuba, abandi bantu icyenda bo mu kagari ka Gabiro mu murenge wa Musasa na bo bahungabanywa n’inkuba tariki 02/09/2013.
Inama mpuzamahanga iteraniye i Kigali kuva kuri uyu wa kabiri tariki 03/9/2013 ngo igomba kubona ibisubizo byo kurwanya utujagari mu mijyi, hatagamijwe kubona amazu meza gusa, ahubwo hari no gufata ingamba zose zo kurwanya ubukene, nk’uko abayobozi b’iyo nama barimo Dr. Aissa Kirabo uhagarariye UN-Habitat babyifuza.
Uwitwaga Ntawugoruwanga Mose wo mu kagari ka Butaka mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu yitabye Imana ku itariki ya 02/09/2013 ya azize kurarana n’abagore babiri nkuko bitangazwa n’abaturage bo mu murenge wa Bugeshi.
Mu gihe igikorwa cyo kwiyamamaza kirimbanije hirya no hino mu Rwanda, bamwe mu batuye akarere ka Ngoma barasaba abazatorerwa kujya mu nteko ishinga amategeko ko igihe bazaba bageze mu nteko y’ u Rwanda bazihatira kuvugurura uburyo bwo kwegera abaturage baba babatoye.
Abagore babiri n’umugabo umwe bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera bakekwaho gufata bugwate no kwambura amafaranga uwitwa Sengoga Modeste, mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki ya 30/08/2013 rishyira kuwa gatandatu tariki ya 31/08/2013, igikorwa bakoreye mu murenge wa Gisozi, mu kagari Ruhango.
Abanyarwanda bakabakaba miliyoni esheshatu nibo merewe kuzitabira amatora y’abadepite ateganyijwe ku matariki 16, 17 na 18/09/2013 mu byiciro bitandukanye azakorwamo.
Mu tugali twa Mubuga, Mushirarungu na Runga two mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza haravugwa ubugizi bwa nabi bumaze gufata indi ntera aho mu masaha y’ijoro abantu batambuka bagatemeshwa imihoro kandi ababikoze ntibamenyekane.
Ishyaka PSD ngo rigamije kurushaho kunoza ubuhinzi n’ubworozi kugira ngo bikorwe mu buryo bw’umwuga bityo bibashe kugirira ababikora akamaro, hashyirwaho banki y’abahinzi n’aborozi izajya ibafasha mu kubona inguzanyo ihagije.
Mu mudugudu wa Kirambo akagari ka Gitega mu rugabaniro rwo mu murenge wa Rushaki na Mukarange mu gihe cya saa mbiri z’umugoroba wo kuri uyu wa 02/09/2013 habonetse umurambo w’umugabo witwa Bukwirwa Tecian uri mu kigero cy’imyaka hagati ya 50 na 52.