Abakozi batandukanye bakora mu nzego z’ubuhinzi n’iterambere baturutse mu karere ka Ruhango bagiriye urugendo mu karere ka Kirehe, aho bavuga ko bigiye byinshi ku buryo bwi guhinga neza no kubyaza umusaruro mwinshi ibishanga.
Amakuru atangwa n’abari kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya akomeje kwemeza ko bari kwirukanwa nabi mu buryo burimo ihohotera n’urugomo ku buryo bamwe bamburwa ibyabo byose ndetse ngo batangiye no kubakubita bakabakomeretsa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu buratangaza ko ahahoze rya Gishwati nihamara gutunganywa hazagirwa ahantu nyaburanga hakorerwa ubukerarugendo ngo kuko hatunganyijwe neza haba hamwe mu hantu heza hanogera icyo gikorwa.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi mu Rwanda MINECOFIN irifuza ko abaturage bagira icyo bavuga ku kumenya niba ingengo y’imari y’uyu mwaka ikora icyo yagenewe. Ibi ngo bizagerwaho hifashishijwe agatabo ngo kazafasha benshi kumva uko iyo ngengo y’imari yateguwe no gukurikirana uko ikoreshwa.
Abasivile 23 baturuka mu bihugu umunani by’Afurika, bahuriye I Nyakinama mu karere ka Musanze kuva kuri uyu wa mbere tariki 09/09/2013 kugira ngo bige uko bakwitwara mu gihe boherejwe mu butumwa bw’amahoro mu bihugu birimo imvuru cyangwa intambara.
Nyakwigendera Mbaraga Emmanuel wari ufite imyaka 15 yaraye ashyinguwe mu karere ka Bugesera nyuma yo kurohorwa yashizemo umwuka n’abapolisi bo mu mutwe wihariye ukorera mu mazi bita Marines.
Umukinnyi Nsabimana Eric ukinira APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi, azamara amezi hagati y’arindwi n’umunani adakina umupira w’amaguru nyuma yo kugira imvune ikomeye, ubwo yakiniraga ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 mu mukino wa gicuti mu Bufaransa ubwo yiteguraga imikino ya ‘Francophonie’.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi, buratangaza ko n’ubwo nta gihe runaka cyatangwa, ngo hari icyizere ko muri ako karere bazongera bakagira ikipe y’umupira w’amaguru iri mu cyiciro cya mbere.
Tanzaniya yongereye ingufu mu kwirukana Abanyarwanda babaga ku butaka bwayo, ubu amakuru abirukanwe batangaza aremeza ko leta ya Tanzaniya yatangiye kwifashisha abasirikare, abapolisi n’izindi ngufu zibonetse zose ndetse abirukanwa bageze ku butaka bw’u Rwanda baravuga ko bari gutwarwa mu modoka zisanzwe ari iz’amagereza, (…)
Nyuma y’uko ibiganiro hagati ya Leta ya Kongo n’umutwe wa 23 bihagaze igihe kigera ku mezi icyenda, biteganyijwe ko bisubukurwa uyu munsi tariki 09/09/2013 mu Mujyi wa Kampala.
Umukandida-depite wigenga wiyamamariza ubudepite mu matora azaba muri uku kwezi, bwana Mwenedata Gilbert arahamagarira Abanyarwanda kuzamutora ari benshi maze yagera mu nteko akazaharanira ko u Rwanda rwiza rukomeza kunogera abarutuye himakazwa gukorera mu mucyo n’ubumuntu.
Umugabo witwa Matabaro Isaië ukomoka mu karere ka Nyamagabe akaba atuye muri Gasabo mu mujyi wa Kigali, avuga ko kuba aheka umwana we mu mugongo akajya mu nzira akagenda nta gisebo n’isoni bimutera ngo kuko umwana ari uwe kandi yumva uburinganire hagati y’umugabo n’umugore bikwiye kuba umuco nyarwanda.
Ibyamamare bibiri byo mu gihugu cya Ecosse byiteguraga kwambikana impeta z’urukundo rudashira byateguye ubukwe bwatanzweh ifaranga rimwe bita iyero rikoreshwa mu bihugu by’Uburayi, bityo bakuraho ihame rivuga ko ubukwe butegurwa n’uwifite. Iyero rimwe ubu rifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 880.
Abantu barindwi batawe muri yombi n’inzego z’umutekano mu mukwabu wabaye mu karere ka Ruhango kuwa 07/09/2013, aho abantu bane bazize kuba benga banacuruza ibiyobyabwenge mu Ruhango bita ibikwangari, naho abandi batatu bakazira ko batagira ibyangombwa bibaranga.
Abaturage barema isoko rya Nyange mu murenge wa Ngororero ntibishimiye uburyo bakwa imisoro kuko bavuga ko basoreshwa kandi n’ababaguriye nabo bagasoreshwa bityo ibyo bacuruje bigasora kabiri. Byongeye kandi ngo imisoro batanga ntibazi uyakira kuko badahabwa gitansi yemeza ko batanze umusoro.
Amakipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru yaraye atsinzwe mu mikini ibiri yakinnye ku cyumweru tariki ya 08/09/2013 i Cotonou muri Benin n’i Nice mu Bufaransa. Ikipe nkuru yatsinzwe ibitego 2 ku busa mu mukino gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi 2014, naho ikipe y’abari munsi y’imyaka 20 itsindwa na Canada 1-0 mu mikino (…)
Mu mudugudu wa Kabuga mu kagari ka Ngarama, mu murenge wa Kabacuzi ho muri Muhanga haravugwa urupfu rw’umugabo wiyahuye amaze gutema umugore we ariko utapfuye.
Ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage PSD ririzeza abaturage ko nibaramuka barihaye amahirwe yo kubahagararira mu nteko ishinga amategeko bakaritora mu matora y’abadepite yo kuwa 16/09/2013 ngo rizashyiraho banki yihariye yunganira abahinzi n’aborozi, izabafasha mu kubona inguzanyo ku buryo bworoshye (…)
Abahanzi n’abanyabugeni b’u Rwanda bitabiriye imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa Jeux de la Francophonie2013 baratangaza ko bizeye kuzavana imidari yo kwitwara neza muri ayo marushanwa arimo kubera i Nice mu Bufaransa.
Ibibazo by’amakimbirane akunze kugaragara muri zimwe mu ngo z’abagabo n’abagore bashakanye, ngo bituma hari abasore batinya kuzana abagore, kuko bakeka ko ingo zabo nazo zishobora guhura n’ibyo bibazo.
Umukinnyi ukomeye w’amafilimi witwa Samuel L. Jackson aratangaza ko abatunganya ama-film b’i Hollywood bari gushaka Usain Bolt ukina umukino wo gusiganwa ku maguru kugira ngo azakine muri Film yitwa “The Secret Service”.
Am-G The Black, umuhanzi wo mu Rwanda uririmba injyana ya Hip Hop yasusurukije abatuye umujyi wa Musanze mu karere ka Musanze, benshi mu biyabiriye igitaramo baranyurwa cyane, abiganjemo urubyiruko buzura aho yaririmbiraga babyina.
Umutwe wa M23 uratangaza ko witeguye gushyira intwaro hasi burundu, abawugize bakaba abasivili nka rubanda rusanzwe igihe ngo leta ya Kongo yaramuka ifashe ingamba zihamye zo gucyura impunzi z’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda ziri mu buhungiro kandi ikarwanya indi mitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Kongo.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, kuri icyi cyumweru tariki ya 08/09/2013, irakina umukino wayo wa mbere n’igihugu cya Canada mu irushanwa rihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Jeux de la Francophonie 2013) irimo kubera i Nice mu Bufaransa.
Abakandida b’umuryango FPR-Inkotanyi batowe mu murenge wa Remera, biyemeje ko bazakomereza mu kazi abadepite b’uyu muryango bakoze ko guteza imbere igihugu, nk’uko babyiyemereye imbere y’imbaga yari yaje kubashyigikira mu gikorwa cy’amatora.
Uwitwa Mbaraga Emmanuel wari ufite imyaka 15 yarigise mu gishanga cy’Umuragwe cyiri mu murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera ejo kuwa 07/09/2013 ahagana ku isaha ya saa cyenda n’igice.
Ezra Ntakirutimana yataye umugore we w’isezerano witwa Yandereye Sophie, abanza gusahura ibyo bacuruzaga byose mu iduka arabigurisha, atorokana n’undi mukobwa akekwaho gutera inda, umugore we akaba atazi aho basigaye baba.
Ambassaderi w’u Rwanda mu gihugu cy’Ubufaransa Jacques Kabala Nyangezi kuri uyu wa gatandatu tariki ya 07/9/2013 yasuye abakinnyi n’abahanzi b’u Rwanda bitabiriye imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa irimo kubera i Nice mu bufaransa.
Umuyobozo w’Ishuri ryigisha ibijyanye n’amahoteli n’Ubukerarugendo (RTUC), Callixte Kabera, aratangaza ko kumurika serivisi sihuri ryabo ritanga biryongerera ireme n’ubuziranenge, kuko abakenera izo serivisi ariho babonera umwanya wo kubagira inama ku cyo bifuza cyahinduka.
Kuri sitasiyo ya Polisi y’i Nyamirambo, hafungiwe umusore witwa Muhire Jean-d’Amour, wari umupolisi akaza kuvanwa muri uwo murimo kubera gutanga ibyangombwa mpimbano, none nyuma y’aho aviriye muri gereza ngo yongeye gutabwa muri yombi kubera kwiyambika imyenda ya Polisi akanakora uwo murimo.
Sergent Major Gisagara Fokasi wo muri FDLR yatahukanye n’abasirikare bato b’Abanyarwanda bamwe bo muri FDLR n’abandi bo mumitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu. Bavuze ko bahisemo kugaruka mugihugu cyabo nyuma y’igihe kinini bari bamaze bazerera mu mashyamba ya Congo.
Mu gihugu cya Belarus ahari hateraniye ba Nyampinga basaga 90 b’ibihugu bitandukanye byo ku isi aho bahataniraga kwegukana ikamba rya Nyampinga w’isi, Nyampinga w’u Rwanda wari witabiriye aya marushanwa, ntiyashoboye kugira umwanya n’umwe yegukana.
Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Kabuga mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko imisoro iri hejuru bagereranyije n’amafaranga binjiza iyo bacuruza basaba ko yamanurwa.
Ubuyobozi bwa Sacco Baturebereho Ruhango, burahamya ko kugeza ubu bwiteguye gutangira kubaka inyubako yabwo kugirango buve mu bukode ijye gukorera ahantu hagutse mu rwego rwo guteza imbere serivise z’abayigana.
Hashize amezi asaga ane Eric Mucyo afatanyije na Jay Polly bashyize hanze indirimbo yitwa “I Bwiza” ikaba ari indirimbo yakunzwe birenze urugero kubera ubwiza n’ubuhanga ikoranye.
Abagore batatu n’abagabo babiri bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, guhera tariki ya 06/09/2013, bakurikiranyweho kwenga no gucuruza inzoga z’ibibyabwenge zirimo Kanyanga n’ibikwangari.
Bamwe mu batanga serivisi zinyuranye mu Rwanda, zaba izishyurwa cyangwa izitishyurwa bakomeje kugenda bareka ururimi rw’Ikinyarwanda muri serivisi batanga ahubwo bagahugira ku ndimi zo hanze, nk’uko abaturage babyinubiye mu isesengura riherutse gukorwa.
Nyuma y’aho ikipe ya Congo Brazzaville y’umupira w’amaguru yari mu itsinda rimwe n’u Rwanda itaziye mu marushanwa, u Rwanda rwayiteye mpaga, rukaba ruzakina na Canada n’Ubufaransa gusa, mu mikino y’amatsinda y’irushanwa rihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Jeux de la Francophinie 2013).
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kw buri munyarwanda PL, ryamamrije abakandida baryo bazarihagararira mu nteko ishinga amategeko mu karere ka Rulindo, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 06/09/2013, aho batangaje ko bazibanda u gukura abaturage mu bukene.
Abaturage b’umurenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke barasaba ko umuryango wa FPR-Inkotanyi wabagezaho umuriro w’amashanyarazi muri iyi manda y’abadepite igiye gutangira, kugira ngo wunganire ibindi bavuga ko bagejejweho n’uyu muryango.
Nyuma y’amezi atanu atangije uruganda rutunganya divayi mu mitobe itandukanye, Nshunguyinka Annanie wo mu murenge wa Nyange muri Ngororero ubu aravuga ko yatangiye kugira igihombo gituruka ahanini ku kuba yarabuze amacupa yo gushyiramo divayi akora.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa muntu PL, ryaraye ryamamaje abakandida baryo 18 kuri 66 rifite ku rutonde rw’abahatanira kuzajya mu Nteko Ishinga Amategeko mu matora ateganyijwe kuwa 16/09/2013.
Abaturage batuye mu gasantere kitwa Gitarama ko mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi n’inzego z’umutekano kugira icyo zikora, kugira ngo zihashye agatsiko k’abasore b’amabandi bayogoje ako gasantere n’inkengero z’ako.
Abatuye mu murenge wa Gatumba muri Ngororero ahitwa Cyome y’Epfo baremeza ko isosiyete ikora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yitwa GMC ikomeje ibikorwa by’ubucukuzi kandi yari yahagaritswe gukora ibyo bikorwa n’ubuyobozi bw’akarere kuwa 28/08/2013 kubera ibibazo iyo sosiyeti igifitanye n’abaturage.
Perezida Kagame yatanze igitekerezo ko umubare munini w’ibirarane by’imanza ziterwa n’ubwinshi bw’abatanga ibirego wacyemurwa no kongerera ubushobozi inzego z’abunzi, gukoresha ikoranabuhanga ndetse no kongera ihazabu n’ibihano bigenerwa abanyamakosa.
Minisitiri w’umutekano mu Rwanda, Sheikh Mussa Fazil Harerimana aravuga ko kuba leta yarubatse uruzitiro rwa Parike y’Akagera ari ikimenyetso cy’imiyoborere myiza iri mu Rwanda kuko urwo ruzitiro rwubatswe ngo rujye rukumira inyamaswa za pariki y’Akagera zajyaga zisohoka muri pariki zikangiza imyaka y’abaturage baturiye (…)
Abaturage bo mu karere ka Rusizi baravuga ko mu byiza byinshi bashimira FPR Inkotanyi ngo harimo n’ikurwaho ry’amazina yagaragazaga gutandukanya Abanyarwanda kuko ngo abari batuye mu cyahoze ari Cyangugu batafatwaga nk’abandi Banyarwanda kuko ngo bavugaga abandi neza ariko bo bagashyirwa ku mugereka mu mvugo yavugaga ngo (…)
Ku bitaro bya Gihundwe mu karere ka Rusizi hari inzobere z’abaganga bakomoka mu gihugu cya Kenya bari kuvura buri wese ubishaka indwara bita ibibari kandi bakayivura ku buntu. Iki gikorwa cyatangiye kuwa 02/09/2013 cyikazasozwa ku itariki ya 09/09/2013.
Uwitwa Toby Ng ukomoka muri Hong Kong yashyize ahagaragara ubushakashatsi yakoze bwerekana ikigereranyo cy’uko byari kumera iyo isi iba ari umudugudu umwe utuwe n’abantu 100 gusa.