Ishyaka rharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu (PL) ririzeza abatuye amayaga ko rizakorana n’abandi bafatanyabikorwa kugira ngo umusaruro w’imyumbati yera cyane mu turere twa Ruhango na Kamonyi wiyongere, abahinzi bayo babone inyungu igaragara, kandi uruganda rutunganya imyumbati rukorera ku Rutabo mu Murenge wa Kinazi (…)
Urukiko ruca imanza z’imbonezamubano rw’i Lons-le-Saunier ho mu Bufaransa, rwahamije kuwa gatatu umworozi w’ingurube icyaha cyo kuba atararinze ubumuga bwo kutumva umukozi wakoraga mu biraro by’ingurube ze.
Ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD) rirasaba abaturage bo mu karere ka Bugesera kuzaritora mu matora y’abadepite azaba tariki 16/09/2013, kugirango imibereho yabo irusheho kuba myiza.
Nyuma y’amezi ane Abanyecongo bakoresha ururima rw’Ikinyarwanda batwikiwe urusengero rwabo rwa Methodiste Libre ruherereye i Bukavu , tariki 10/09/2013, polisi yoherejwe kugota ikibanza basengeramo.
Umuryango Rwanda Women Network uri muri gahunda zo kurwanya imitangire mibi ya serivisi ihabwa abantu bahura n’ihohoterwa ikoresheje uburyo bwiswe ikarita suzuma mikorere ifatanyije n’umjuryango mpuzamahanga Care International.
Umukandida depite wigenga Mwenedata Girbert, ubwo yiyamamarizaga mu karere ka Ngoma, tariki 11/09/2013, yatangaje ko we atagura amajwi kuko kugura amajwi utagatorwa udashoboye byaba ari nko kugambanira igihugu.
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yasenye urusengero rwari rumaze kuzura rwa ADEPR Gahurire, paruwase ya Kibungo, uyu muyaga unagusha igiti mu muhanda kirawufunga kuri uyu wa 11/09/2013 mu masha ya saa kumi n’igice.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu murenge wa Mukingo bamamaje abakandida-depite b’ishyaka ryabo tariki 11/09/2013 barangije banashyiraho umwihariko wo guha abana amata, koroza inka n’ihene abatazifite ndetse banishyurira abatishoboye ubwisungane mu kwivuza.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, nyuma yo gusezererwa , kuri uyu wa gatatu yakinnye umukino wa nyuma mu itsinda, inganya na Congo Brazzaville igitego 1-1.
Umuhanzi Germain Hagumakubaho uririmba indirimbo zihimbaza Imana agiye kumurika ku mugaragaro album y’indirimbo ze yise “Iyo utaza kwitanga simba nkiriho”. Iyi Album agiye kuyimurika nyuma y’imyaka igera kuri ibiri arimo ayikoraho.
Nyirangizwenimana Claudine uvuka mu kagari ka Biruyi, umurenge wa Mushonyi, akarere ka Rutsiro, yashyikirijwe umuryango we tariki 07/09/2013, kandi uwo muryango wari uzi ko yitabye Imana.
Abajyanama babiri baheruka gutorerwa guhagararira imirenge ya bo mu Nama Njyanama y’akarere ka Kamonyi, barahiriye kuzubahiriza inshingano z’ubujyanama n’ubuvugizi imbere y’ubuyobozi bw’urukiko rwisumbuye rwa Muhanga.
Abantu batanu bose bo mu karere ka Nyagatare bapfuye bazize impanuka ya moto zari zikoreye ibiti byitwa Kabaruka mu rukerera rwo kuri uyu wa 11 Nzeri 2013.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu bwamurikiye abanyamakuru abapolisi 34 bakurikiranyweho icyaha cyo kurya ruswa. Iki cyaha bagikoze hagati y’ukwezi kwa Gatanu n’ukwa Cyenda uyu mwaka, nk’uko Umuvugizi wa Polisi ACP Damas Gatare yabitangaje.
Umuryango Never Again Rwanda wahurije hamwe abanyamakuru baturitse hirya no hino mu muryango wa Afurika y’Uburasirazuba, mu rwego rwo kurebera hamwe uburyo bashyiraho ihuriro rigamije kuvuganira ko amahoro yaboneka muri aka karere.
Ishyaka PSD riravuga ko risanga igihe kigeze ngo imyanya 30% abagore bagenerwa mu nteko ishinga amategeko iveho, ahubwo abagore bajye batorerwa ku malisiti y’imitwe ya politiki mu buringanire busesuye.
Sezikeye Vincent utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, ngo atewe agahinda no kuba abajura baribye inka ye y’inzungu ihaka maze bakayibaga inyama bakazigurisha kandi yari imufatiye runini umuryango we.
Lieutenant Ngarambe Zita wo mu mutwe wa FDLR watahukanye n’umugore n’abana be atangazaza ko atakomeza kwikorera umutwaro w’imbunda mu gihugu cy’abandi mu gihe ntacyo yikeka mu gihugu cye cyamubuza gutahuka.
Inteko zishinga amategeko z’ibihugu bigize inama mpuzamahanga ku karere k’ibiyaga bigari (ICGLR), zohereje abagenzuzi mu matora y’abadepite ateganijwe mu Rwanda kuva tariki 16-18/9/2013, aho basuzuma iyubahirizwa rya demokarasi n’imiyoborere myiza, nk’uko itangazo batanze ribivuga.
Umusaza Ntambabazi Victor w’imyaka 80 wo mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi avuga ko ashima Leta y’u Rwanda ishishikariza abashakanye kubana mu buryo bwemewe n’amategeko kuko bituma umuntu adatandukana n’undi uko yishakiye.
Guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 11/09/2013, abanyeshuri biga mu ishuri rya College ya Karambi mu karere ka Ruhango, banze kwinjira mu mashuri nk’uko bisanzwe, kubera mugenzi wabo wakubiswe n’umuyobozi akamuvuna itako.
Abaturage bo mu murenge wa Buyoga ho mu karere ka Rulindo bavuze ko FPR yabagejeje kuri byinshi bakaba bijeje ko bazayitora 100% mu matora y’Abadepite azaba tariki 16/09/2013.
Nyuma yo gutsindwa na Canada igitego 1-0, ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, tariki 10/09/2013, yanganyije n’Ubufaransa ubusa ku busa mu mukino wa kabiri mu itsinda mu irushanwa ririmo guhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa ribera i Nice mu Bufaransa.
Abaturage b’umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, kuri uyu wa kabiri tariki 10/09/2013 bavugiye mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabereye mu murenge wabo ko bazatora uyu muryango kuko bafitanye igihango cy’uko ariho yanyuze ibohora icyahoze ari Ruhengeri.
Abakandida 21 biyamamariza kuzahagararira abagore bo mu ntara y’Amajyaruguru mu nteko ishinga amategeko bose bahurije kuzamura imibereho myiza y’abaturage.
Umuyobozi w’umuryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’amajyepfo, Munyantwali Alphonse, yemeza ko FPR-Inkotanyi itigeze isondeka Abanyarwanda mu byiza byinshi imaze kubagezaho, bityo nabo bakaba bagomba kuyitora 100%.
Sindambiwe Aimable w’imyaka 19 afite ubumuga amaranye imyaka 16, avuga ko yatewe n’imibereho mibi nyuma y’uko umubyeyi umubyara amutaye akarerwa na nyirakuru. Kutagira umuntu umwitaho byatumye agwa mu kizenga cy’amazi aba aho aza gushya akurizamo ubumuga budakira.
Abagore 26 bo mu ntara y’Uburasirazuba biyamamariza ubudepite bemeza ko nibatorwa bazavamo intumwa nziza kugirango abagore barusheho kwigira, badahohoterwa banatinyuke ishoramari.
Umwana w’imyaka itandatu wo mu mudugudu wa Kirwa mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza wishwe n’umukozi wo mu rugo rw’iwabo yasezeweho bwa nyuma ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 10/09/2013.
Guverineri w’intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, arasaba abagize utunama tw’ubujurire ku bijyanye n’inguzanyo ya Buruse muri iyo ntara kuzirinda amarangamutima, mu gihe bazaba bakira ubujurire bw’abanyeshuri basanzwe biga n’abatsindiye kuziga mu mashuri makuru na za kaminuza.
Umusaza w’imyaka 99 y’amavuko, Pascal Gashara utuye mu mudugudu wa Julu mu kagari ka Nkingo, umurenge wa Gihinga ho mu karere ka Kamonyi avuga ko yari afite umuvandimwe we wagizwe Umututsi we n’abandi bavandimwe babo bose bagasigara ari Abahutu.
Leta y’u Rwanda yatangiye gahunda yo gushyiraho igishushanyo mbonera cy’imiyoborere ikoresheje ikoranabuhanga kizakuraho inzitiri zose zagaragaraga mu nzego z’ubuyobozi. Iyi gahunda u Rwanda ruzayifashwamo na sosiyete yo muri Koreya y’Epfo yitwa NIPA.
Abashoramari icyenda b’Abafaransa baje kwiga isoko ry’u Rwanda, basanga bakora ibijyanye n’imyubakire, ikoranabunga no guhesha agaciro ibiribwa; ariko ngo si ibyo gusa bikenwe kuko Leta ishyira ku isonga ikibazo cy’ingufu, gutwara abantu n’ibintu ndetse n’umusaruro muke w’ubuhinzi.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bavuga ko uburyo bakiriwe mu Rwanda bwatumye basa n’abibagiwe urugomo bakorewe ubwo birukanwaga muri Tanzaniya.
Umuhanzi Mani Martin arisegura ku bakunzi be kubera ko harimo abahawe amashusho y’indirimbo zidasomeka.
Mu gihe mu bihe byo hambere bitari bimenyerewe ko abakobwa biyemeza gukora imwe mu mirimo yafatwaga nk’umwihariko w’abagabo, ubu mu karere ka Muhanga hari abakobwa bemeza ko babeshejweho n’umwuga wo kogosha.
Nyuma y’aho abaturage batuye akagari ka Rubona, umudugudu wa Rushagara umurenge wa Gisenyi akarere ka Rubavu intara y’uburengerazuba bagaragarije ikibazo cy’amazi y’imvura abasenyera amazu bitewe n’imigende yasibamye ntihagire igikorwa, na n’ubu bakomeje gutakamba ngo inzego z’ubuyobozi zihwiture abo bireba ariko abo (…)
Ambasaderi w’ubuyapani mu Rwanda, nyakubahwa Kazuya Ogawa aravuga ko igihugu cye cyishimira kuba kigira uruhare mu bikorwa bigamije gukumira amakimbirane ndetse no kuyashakira umuti binyuze mu bikorwa birimo gufasha mu kwigisha ababungabunga amahoro n’abacyemura impaka aho zivutse.
Abakurikirana imiyiteguro y’ibiganiro by’amahoro hagati ya Guverinoma ya Kongo-Kinshasa n’umutwe uyirwanya wa M23 babwiye Kigali Today ko impande zombi zigiye gutangira ibiganiro isaa cyenda z’uyu munsi kuwa kabiri tariki ya 10/09/2013 mu mujyi wa Kampala.
Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gusuzuma ikibazo cy’abanyeshuri biga n’abitegura kujya muri kaminuza bari baranditse bagaragaraza ko batewe impungenge no kutazabasha kwishyura ibyo basabwa ngo bige muri kaminuza kuko bafite iibibazo byihariye bikeneye kwitabwaho.
Kanda kuri buri foto ubashe kuyibona ari umwimerere
Abaturage bo mu murenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara baratangaza ko mu matora y’Abadepite yegereje bazatora abakandida bari ku rutonde rwa FPR Inkotanyi ku gipimo cya 100%
Imibare itangazwa n’abayobozi bo mu karere ka Gicumbi iragaragaza ko muri rusange kugera ubu abaturage batarenze 60% aribo bamaze gutanga amafaranga yo kwinjira muri gahunda y’Ubwisungane mu kwivuza bita Mituweli, ariko ngo hakaba hari n’imirenge ikiri ku gipimo cya 30%.
Abasigajwe inyuma n’amateka bashima ishyaka rya FPR Inkotanyi kuko ari ryo ryabavanye mu nzu zitwaga “Kiramujyanye” zari zarabaye nk’umwihariko w’Abasigajwe inyuma n’amateka. Ibi ni bimwe mu bikubiye mu buhamya butangwa na Mugorewishyaka Latifa wo mu kagari ka Mburabuturo mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza, (…)
Muri gahunda Banki y’Amajyambere y’u Rwanda BRD, Banque Rwandaise de Développement ifite yo gusura abo yahaye inguzanyo bakaganira uko bayibyaza inyungu nini, abayobozi ba BRD basuye abanyamishinga bo mu ntara y’Amajyepfo bagirana ibiganiro byabereye mu karere ka Nyanza kuwa 09/09/2013.
Mu marushanwa y’imikino y’intoki ya basketball, volleyball na handball yabereye mu mujyi wa Karongi ku cyumweru, hamenyakanye amashuri yatsinze azahagararira ako karere mu marushanwa azaba ku rwego rw’Intara mu murenge wa Birambo ku cyumweru tariki 14/09/2013.
Abakozi batandukanye bakora mu nzego z’ubuhinzi n’iterambere baturutse mu karere ka Ruhango bagiriye urugendo mu karere ka Kirehe, aho bavuga ko bigiye byinshi ku buryo bwi guhinga neza no kubyaza umusaruro mwinshi ibishanga.
Amakuru atangwa n’abari kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya akomeje kwemeza ko bari kwirukanwa nabi mu buryo burimo ihohotera n’urugomo ku buryo bamwe bamburwa ibyabo byose ndetse ngo batangiye no kubakubita bakabakomeretsa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu buratangaza ko ahahoze rya Gishwati nihamara gutunganywa hazagirwa ahantu nyaburanga hakorerwa ubukerarugendo ngo kuko hatunganyijwe neza haba hamwe mu hantu heza hanogera icyo gikorwa.