Nigeria yanyagiye ikipe y’u Rwanda y’abagore 4-1 i Rubavu

Ikipe y’u Rwanda y’abagore yatsinzwe na Nigeria ibitego 4-1 mu mukino wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu tariki 24/5/2014 mu gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu umwaka.

Ikipe ya Nigeria bakunze kwita ‘Super Falcons’ yabonye ibitego bibiri mu gice cya mbere byatsinzwe na Azizat Oshoala ku munota wa 34 no ku wa 39 mbere yo kuruhuka.

Ikipe ya Nigeria irahabwa amahirwe yo gusubira mu gikombe cya Afurika nyuma yo gutsinda 4-1 mu mukino ubanza.
Ikipe ya Nigeria irahabwa amahirwe yo gusubira mu gikombe cya Afurika nyuma yo gutsinda 4-1 mu mukino ubanza.

Nigeria ifite ibikombe birindwi bya Afurika, ikaba kandi imaze kwitabira igikombe cy’isi inshuro esheshatu, yagarukanye ingufu mu gice cya kabiri, ihita itsinda igitego cya gatatu cyinjijwe na Esther Sunday ku munota wa 49.

Mukamana Clementine niwe watsinze igitego kimwe rukumbi u Rwanda rwabashije kubona mbere gato y’uko Nigeria itsinda penaliti yabonye mu mpera z’umukino ikinjizwa n’uwitwa Desire Oparanozie.

Ikipe y'u Rwanda yasezereye Kenya, mbere yo gutsindirwa mu rugo na Nigeria.
Ikipe y’u Rwanda yasezereye Kenya, mbere yo gutsindirwa mu rugo na Nigeria.

Ikipe y’u Rwanda izaba ifite akazi gakomeye mu mukino wo kwishyura uzabera muri Nigeria tariki 8/6/2014. Ikipe izatsinda nyuma y’imikino yombi izajya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Namibia kuva tariki 11/ 10/2041.

Mu rwego rwo kwitegura uwo mukino wo kwishyura, ikipe y’u Rwanda irateganya umukino wa gicuti izakina na Ghana ubwo izaba iri mu rugendo yerekeza muri Nigeria.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ntabwo ruhago yacu yubatse neza,ninayo mpamvu nta muturage wakwizera intsinzi muminsi ya vuba aha,kuko irimo byinshi bibi byo gukosora,bibeshyeko ruhago nayo yabamo gutekinika,kandi ntabwo aribyo,nibashake abashoboye kandi barahari,ahubwo habuze ubuyobozi bwiza bwamenya ikigomba gukorwa,ntabwo abakinnyi beza baba ikigali gusa,nibatangize championna mugihugu cyose,bajye hanze ya kigali,nahubundi tuzahora dutsindwa kugeza igihe kitazwi.

karisa yanditse ku itariki ya: 27-05-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka