Abadepite mu nteko ishinga amategeko bagiranye inama n’abaturage bo mu karere ka Kirehe mu rwego rwo gukusanya ibitekerezo ku mushinga w’itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe, impano zatanzwe mu rwego rw’umuryango n’izungura.
Bamwe mu bagore babashije gutinyuka bagakora imishinga itandukanye batangaza ko umugore wagumye mu rugo rwe agategereza ibyo umugabo azana cyangwa agatinya kwegerana n’abandi ngo bungurane ibitekerezo asigara inyuma agahora ameze nk’usabiriza kandi afite ubushobozi yifitemo atabizi bwo kuba yagera kuri byinshi akiteza imbere (…)
Itorero “Evangelical Restauration Church” mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 23/04/2014 ryatanze inkunga y’ibikoresho bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 7 n’ibihumbi 500 ku banyeshuri batishoboye bo muri aka karere basanzwe bafashwa n’Umuryango Compassion International.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, arasaba Abanyarwanda kugira uruhare mu kwicungira umutekano batanga amakuru ku cyo babona kitagenda neza. Gusa muri rusange ngo umutekano mu Rwanda nta kibazo gikanganye cyari cyawuhungabanya.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC), iravuga ko yakiriye neza raporo ya Sosiyete Sivile nyarwanda ivuga ko matora y’abadepite yabaye muri Nyakanga umwaka ushize wa 2013 yagenze neza, ariko ikanenga ko hari aho indororerezi ngo zakumiriwe, imyitwarire mibi y’abakozi ba Leta, hamwe no kudasobanukirwa neza uburyo ibyavuye mu (…)
Nyamasheke ni kamwe mu turere two mu Rwanda gakora ku kiyaga cya Kivu, muri ako karere hakorerwa uburobyi bw’amafi, uburobyi bw’isambaza n’ibyo bita indugu (zijya kumera nk’isambaza).
Mu ijoro ryo kuwa 21 Mata umwana w’umuhungu umaze icyumweru kimwe avutse yatoraguwe n’abaturage ku ruzitiro rutandukanya kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare n’akabari hafi na gare shya ya Nyagatare.
Mu ruzinduko yagiriye i Boston muri Leta Zunze Ubumwe z’ Amerika tariki 22/04/2014, Perezida Paul Kagame yaganirije abanyeshuri ba Kaminuza ya Tufts, abereka ishusho y’aho u Rwanda rumaze kugera mu iterambere mu myaka 20 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gihe byari biteganyijwe ko mu mwaka wa 2015, abaturage nibura 92% hose mu gihugu bazaba bafite amazi meza, mu Ntara y’Uburengerazuba imibare iragaragaza ko abaturage bafite amazi meza babarirwa ku kigero cya 74%, bivuze ko hakibura 18% kugira ngo buzuze ijanisha igihugu kiyemeje kugeraho mu mwaka 2015.
Koperative y’abajyanama b’ubuzima ikorana n’ikigo nderabuzima cya Muhoza giherereye mu Karere ka Musanze imaze gutera imbere mu gihe gito, aho yubatse amazu y’ubucuruzi no gutura afite agaciro ka miliyoni hafi 50 z’amafaranga y’u Rwanda.
Urwibutso rushyinguyemo abapasiteri b’Abadivantiste b’umunsi wa Karindwi n’imiryango basaga 80 biswe muri Jenoside i Gitwe mu karere ka Ruhango, rurimo gusanwa n’imiryango y’ababo bashoboye kurokoka kugirango tariki 25/04/2014 bazahibukire hameze neza.
Ubwo mu ishami ry’i Huye rya Kaminuza y’u Rwanda bibukaga Jenoside yakorewe Abatutsi, ku itariki ya 22/4/2014, ubutumwa bwagarutsweho n’abayobozi bafashe ijambo bwibanze ku gushishikariza abanyeshuri kuzirikana ibyiza abazize Jenoside bakoraga cyangwa bari baratangiye, maze bakabyubakiraho bubaka u Rwanda.
Bimwe mu bibazo by’abaturage b’akarere ka Nyabihu byajejejwe kuri Perezida wa Repubulika cyangwa Minisitiri w’intebe mu buryo bw’inyandiko, byakemuriwe muri salle nto y’akarere ka Nyabihu nyirizina na komisiyo yari yoherejwe na Minisitiri w’intebe ngo ibikemure.
Imiryango 52 yo mu kagari ka Buringo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu yasenyewe n’umuyaga udasanzwe waje udaherekejwe n’imvura, ku isaha ya 14h50 taliki ya 21/4/2014 utwara isakaro y’amazu ayandi arasenyuka ndetse urimbura n’ibiti n’imyaka.
Imibiri 8007 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yari ishyinguye i Karubamba mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza yataburuwe ikaba izongera gushyingurwa mu cyubahiro tariki 25/05/2014.
Umuhanzi Kamichi atangaza ko aryohewe n’uruzinduko arimo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho avuga ko yagiye gusura abavandimwe n’inshuti ndetse no gukora indirimbo.
Mu karere ka Gicumbi hangijwe ku mugaragaro ibiyobyabwenge byo mu bwoko bitandukanye hamwe n’ibiti bya kabaruka abandi bazi ku izina ry’imishikiri bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 96 n’ibihumbi 913 na 500.
Imiryango 35 y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania bagatuzwa mu karere ka Ngoma mu murenge wa Rukumberi, yahawe inkunga z’ibikoresho by’isuku n’imyenda n’intumwa z’ishami rya l’ONU rishinzwe kwita kubagore (UN women) ubwo zabasuraga.
Abaturage bo mu Murenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, barasabwa gukomeza kuba bugufi abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, bagakomeza kubafata mu mugongo.
Umuryango wa Karera Merchiol na Mukanzigiye Speciose batuye mu mudugudu wa Kamasera mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano bavuga ko bagiye kumara umwaka n’igice basiragira mu nzego zose mu karere ngo babashe kwishyurwa ariko kugeza magingo aya bakaba batarabona igisubizo gihamye.
Impuguke zo mu kigo cyitwa Ishya n’Ihirirwe zatsindiye isoko ryo gukora raporo ivuga ku miterere y’itangazamakuru mu Rwanda, zibisabwe n’Inama nkuru y’itangazamamakuru (MHC), zagaragaje ko hari ubukene n’imikorere itari iy’ubunyamwuga mu itangazamakuru (ahanini) ryandika.
Biteganyijwe ko umutwe w’Inkeragutabara zo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) uba watangiye ibikorwa byawo mbere yuko uyu mwaka urangira; nk’uko bigomba kwemerezwa mu nama ihuza abayobozi b’amahoro n’umutekano mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, iteraniye mu Rwanda kuva tariki 22-25/4/2014.
Nyampinga w’u Rwanda wa 2014, Miss Akiwacu Colombe arasaba urubyiruko n’abana b’Abanyarwanda kumenya gushishoza kandi bakarangwa n’amahitamo meza kugira ngo babashe kwiyubakira ahazaza heza.
Mu ijoro rishyira ku wa 19/04/2014 mu Murenge wa Giheke, Akagari ka Ntura, mu Mudugudu wa Kaburyogoro habaye ikiza cy’ubutaka bwitse hangirika amazu abiri y’imiryango ibiri n’imyaka byari bihinze kuri ubwo butaka.
Bamwe mu bana b’abanyeshuri bo mu karere ka Burera bata ishuri bakajya kuba inzererezi ku mu paka wa Cyanika, uhuza u Rwanda na Uganda, bakora ibiraka bitandukanye birimo ibyo kwambutsa ibicuruzwa bya forode bakabinyuza inzira zitemewe zizwi ku izina rya Panya.
Uwari umutoza wa Manchester United, David Moyes, yirukanywe kuri uwo mwanya nyuma y’amezi 10 gusa yari amaze asimbuye Sir Alex Ferguson.
Ikoraniro ry’idini ryiyise “Isoko imara inyota” ryarimo risenga risakuza ryahagaritswe maze abayoboke baryo bakwira imishwaro nyuma y’uko ryikomwe n’abaturage barishinja guhungabanya umutuzo wabo ku manywa na nijoro.
Depite Mukayuhi Rwaka Constance arasaba abana bato gukurana umuco wo gukunda igihugu kandi bagaharanira kurwanya ikibi bimakaza icyiza kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Bamwe mu bayobozi b’imidugudu bo mu karere ka Nyamasheke barifuza imodoka y’ingoboka yakoreshwa mu gihe habaye ibibazo mu midugudu yabo bagapfusha umuntu mu buryo butunguranye cyangwa mu buryo bw’impanuka.
Nyuma y’ibiganiro bahawe n’Umuryango nyarwanda w’abagabo bagamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (RWAMREC), urubyiruko rwo mu karere ka Karongo rwiyemeje kuba bandereho mu mibereho ya buri munsi aho baba hirya no hino mu muryango nyarwanda.
Abanyamuryango ba koperative KUAK icukura amabuye y’agaciro mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro basanga kuba uwayiyoboraga yemera ko hari umutungo wa koperative yanyereje urenga amafaranga miliyoni n’ibihumbi 700 bidahagije, ahubwo akwiye kuwishyura.
Umugabo witwa Ushizimpumu Yoramu utuye mu mudugudu wa Rugazi, akagari ka Ruyenzi, ho mu murenge wa Runda, akora imbabura icanishwa vidanje, avuga ko itwara litiro 10 za vidanje zigura 1000frw ku kwezi, mu gihe imbabura icana amakara yo ishobora gutwara 15000frw.
Mu karere ka Rulindo ni hamwe mu hakigaragara abana bari munsi y’imyaka y’ubukure bakoreshwa mu mirimo itajyanye n’ikigero barimo. Aha ni nko mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, guhonda amabuye ariyo bita konkase n’ibindi.
Umugore witwa Sibomana Josepha w’imyaka 50 y’amavuko yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 21/4/2014 ubwo yari ku munyamashengesho witwa Mwihangane Josephine wamusengeraga ngo akire irwara yari arwaye.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge n’abitabiriye isomwa ry’urubanza rwa Hagumamahoro Sylvan wiyise Hora Sylvestre, bavuze ko uyu musore wahamwe n’icyaha cyo kwica Uwase Isimbi Shalon bakundaga kwita Bella; atari uwo guhabwa imbabazi n’ubwo yari yazisabye urukiko mu iburanisha ry’urubanza rwe.
Kuri uyu wa mbere tariki 21/04/2014, ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi mu karere ka Nyamagabe habereye umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hanashyingurwa mu cyubahiro imibiri 12 yabazize iyo Jenoside bari bashyinguye mu matongo yabo.
Ngayaberura ukomoka mu mudugudu wa Mayogi, akagari ka Rebero umurenge wa Muko mu karere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba akurikiranyweho gutemagura mu mutwe no ku maboko mwishywa we witwa Nsabimana Nepomuscene.
Uwahoze ari umuganga mu bitaro bya Bushenge akaza kwirukanwa ndetse akaba atemerewe kuba yagira aho akora akazi ku buganga mu Rwanda, kuri ubu atangaza ko agiye kugana inkiko nyuma y’uko asanzwe nta yindi nzira isigaye ngo abashe kurenganurwa.
Umwana witwa Manirarora Steven w’imyaka 16 y’amavuko yapfuye yiyahuye, ubwo yuriraga ipironi y’amashanyarazi maze akicwa n’umuriro biturutse ku makimbirane y’ababyeyi be bahoraga barwana.
Kuri iki cyumweru tariki 20 Mata 2014, ku rwibutso rwa Gihombo mu karere ka Nyamasheke hashyinguwe imibiri 73 y’abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi . Muri iyi mibiri harimo 11 yagiye ikurwa ahantu hatandukanye aho bagiye bayijugunya, abandi bari baragiye bashyingurwa ahantu hatameze neza bituma bazanwa gushyingurwa (…)
Nyuma y’igihe kinini umuhanzi Isaro Sandrine wamenyekanye ku izina rya Sacha Kat atigaragaza mu ruhando rwa muzika, hari amakuru ari kuvugwa ko yaba atwite.
Abaturage 700 batuye umurenge wa Jarama mu karere ka Ngoma barishyuza miliyoni zigera kuri hafi 33 zingana n’amezi arindwi bakoze badahembwa na rwiyemezamirimo, Ntakirutimana Florie ufite campany ECOCAS wabakoreshaga mu materasi y’indinganire.
Abasirikare, abapolisi n’abasivili 24 bo mu Rwanda bari mu mahugurwa azibanda ku kubongerera ubumenyi mu bijyanye no gucunga umutekano w’abasivili mu bihe by’intambara.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyagatare bahaha bakanarya ifu ya kawunga barinubira kuba nta buziranenge iba ifite kuko itagaragaza igihe yakorewe n’igihe yakabaye itakiribwa ariko ubuyobozi bw’akarere buvuga ko bugiye gukurikirana iki kibazo byihutirwa.
Inzu y’ubucuruzi no guturamo iri mu Kagali ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze yafashwe n’inkongi y’umuriro kuri uyu wa Mbere tariki 21/04/2014 ibintu byarimo bishya birakongoka.
Urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru mu karere ka Gasabo rwafashe icyemezo cyo gusubika urubanza umuhanzi Kizito Mihigo n’abandi batatu baregwana ibyaha by’ubugambanyi no kuhungabanya umutekano w’igihugu, rukimurirwa kuwa Kane tariki 24/4/2014.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro, Rwanda Revenue Authority (RRA), cyatangije igikorwa kizamara amezi atatu, cyo kubaza abacuruzi niba nta mbogamizi bafite mu gukoresha imashini zitanga inyemezabuguzi za Electronic Billing Machine (EBM); kuko kudatanga fagitire y’iyo mashini byatangiye guhanirwa guhera muri uku kwezi kane.
Koperative zigize ihuriro ry’abarobyi bakorera mu Kiyaga cya Kivu igice cyo mu karere ka Rusizi ngo nizo zigomba gufata iya mbere mu gukumira no kurandura burundu ikoreshwa rya kaningini rikigaragara muri aka karere.