Abakozi 11 bakoraga imirimo yo kubaka ku kigo nderabuzima cya Mwendo, baravuga ko bamaze amezi abiri bahagaritse akazi kubera kubura rwiyemezamirimo wabakoreshaga. Bakavuga ko muri iki gihe barya bagaburiwe n’abatuye muri aka gace.
Abagororwa 1200 bari bafungiwe kuri gereza ya Ngoma bimuriwe muri gereza ya Ntsinda ho mu karere ka Rwamagana ndetse n’iya Ririma ho mu karere ka Bugesera mu rwego rwo kuyagura no kugabanya ubucucike.
Ubwo akarere ka Rubavu kakiraga urumuri rw’icyizere rutazima, tariki 20/02/2014, umuyobozi wako yavuze ko nyuma y’amahano yagwiriye u Rwanda kubera politiki mbi yaciyemo Abanyarwanda ibice bagatozwa kwicana, avuga ko urumuri bakiriye ruzakomeza kubafasha kwiyubaka.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwahamije icyaha cy’ubwicanyi Niyibizi Augustin w’imyaka 52 wo mu kagari ka Bunge mu murenge wa Rusenge wo mu karere ka Nyaruguru, maze rumukatira igihano cyo gufungwa burundu, urubanza rwasomwe kuri uyu wa kane tariki ya 20/02/2014.
Umurambo wa Iwimbabazi Theodette ufite igikomere mu mutwe watahuwe mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Shyira mu Mugezi wa Mukungwa kuri uyu wa Kane tariki 20/02/2014 nyuma y’uko hari hashize icyumweru aburiwe irengero.
Umugabo witwa Kasiro Fidel w’imyaka 39 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa umufuka w’ibiro 15 by’urumogi yacururizaga iwe mu rugo.
Umusoro w’ipatante, umusoro ku bukode, n’umusoro ku mutungo utimukanwa ni imisoro yari isanzwe yakirwa n’uturere, ariko Leta yasabye ko Rwanda Revenue Authority (RRA) nk’ikigo gisanzwe gifite ubunararibonye mu kwakira imisoro n’amahoro cyaba ari cyo kiyakira.
Abakora imirimo y’ubucuruzi mu mujyi wa Ruhango bahawe iminsi ine yo kuba barangije gutunganya imbere y’aho bakorera mu rwego rwo gusukura umujyi bita ibyo bagafungirwa ibikorwa byabo bakajya bakora aruko bakoze ibyo basabwe.
Umugabo witwa Evariste utuye mu murenge wa Kigabiro muri Rwamagana ari mu maboko ya Polisi azira ko amaze igihe akorana imibonano mpuzabitsina n’umwana we, bikaba byaratangiye awigisha uko bakoresha agakingirizo kandi bakabishyira mu bikorwa.
Ikompanyi ya Microsoft Corp. yashyizeho akanama ngishwanama ku mugabane wa Afurika (Microsoft 4Afrika Advisory Council) harimo n’Umunyarwandakazi Akariza Keza Gara. Aka kanama kazaba gashinzwe kumvikanisha ibibazo by’urubyiruko rwo ku mugabane wa Afurika.
Gahunda y’ibiganiro hagati ya Leta n’abikorera RPPD (Rwanda Public Private Dialogue) yatangijwe mu karere ka Burera mu rwego kurebera hamwe ibibazo bibangamiye abikorera kugira ngo bizashakirwe ibisubizo.
Abahinzi bibumbiye mu makoperative atandukanye akora ubuhinzi burimo n’ubw’ibigori baravuga ko guhingisha imashini basanga bizabafasha kongera umusaruro bahingira ku gihe hatabayeho gukererwa ihinga kuko zihinga ahantu hanini mu gihe gito.
U Rwanda rwashyikirije itsinda ry’ingabo za ICGLR umusirikare wa Congo w’imyaka 38 sous-lieutenant Sibomana Andre Kangaba nyuma yo gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda yasinze ibiyobyabwenge.
Urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye ruratangaza ko guhurira mu Itorero ry’Igihugu mu mashuri yabo birufasha gusobanukirwa amateka yaranze u Rwanda, bityo bagakuramo isomo ryo gukosora ibibi byakozwe mu izina ry’urubyiruko rwafatwaga nk’abanyabwenge ariko bakarangwa n’amacakubiri.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba, yasabye abaturage bo murenge wa Gabiro, ahitwa mu Biryogo mu karere ka Nyarugenge, ko kuba barimo abayisilamu benshi byagombye gutuma batavogerwa “n’abakafiri b’abasinzi”.
Prezida w’u Rwanda n’uwa Kenya bageze i Kampala muri Uganda tariki 19/02/2014 bagiye kwitabira inama y’akarere iza kwibanda ku bikorwaremezo n’urujya n’uruza rw’abantu n’abantu mu bihugu bitatu: Rwanda, Uganda na Kenya.
Umugabo ushinjwa ubumutekamutwe yatawe muri yombi muri gare ya Nyabugogo nyuma y’igihe yari amaze ashakishwa kubera kwishyuza abagenzi ababeshya ko agiye kubagurira amatike, kandi nta ajanse (agences) n’imwe akorera.
Nyirabagenzi Joselyne w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyarusange akagari ka Kamujisho umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, arasaba ubuyobozi kumufasha kubona indishyi z’akababaro yatsindiye uwamusambanyije ku ngufu.
Rayon Sport yagabanyije ikinyuranyo cy’amanota APR FC iri ku mwanya wa mbere iyirusha, ubwo yatsindaga Amagaju ibitego 2-0 mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa17 wa Turbo National Football League wabereye kuri Stade ya Kigal i Nyamirambo ku wa gatatu tariki 19/2/2014.
Umugore witwa Mukashyaka Jeanette w’imyaka 32 y’amavuko arwariye mu rugo iwe mu mudugudu wa Nyarusange mu kagari ka Mwezi, umurenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke nyuma y’uko tariki ya 18/02/2014 yakubiswe bikabije n’umugabo we Siborurema Diogène w’imyaka 35.
Impunzi zigera ku bihumbi 14,500 ziri mu nkambi ya Gihembe ho Mukarere ka Gicumbi zashyiriweho uburyo zizajya zihabwa amafaranga zizajya zigura ibyo kurya bitandukanye na mbere aho zafashishwaga ibyo kurya.
Mu minsi yashize, ahitwa i Cyarwa ho mu murenge wa Tumba mu karere ka Huye, haguye amahindu adasanzwe atobora amazu yangiza n’imyaka myinshi ku gasozi, ku buryo bamwe mu baturage bo muri aka gace basigaye iheruheru.
Abayobozi n’abaturage mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18/02/2014 basubukuye ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cyo kurangiza kubaka Poste de Santé ya Wimana iri mu kagari ka Wimana mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke.
Urubyiruko 30 ruturutse mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo, rwatangiye ingondo igamije kubaka amahoro mu bihugu bya bo no guharanira kwiyubaka biteza imbere.
Nyuma y’umunsi umwe umuhanzi Kamuzinzi Jules Vivant yitabye Imana, abavandimwe be, abamuzi, abamukunda n’abo biganye bakomeje gushegeshwa n’urupfu rwe rwaje rutunguranye.
Abacuruzi b’inyama mu isoko rikuru rya Rwamagana bamenyeshejwe n’umuyobozi w’umurenge wa Kigabiro ko bahagaritswe kongera gucururiza inyama muri iryo soko kandi baravuga ko batamenyeshejwe igihe bazasubukurira imirimo yabo.
Amazu 14 yo mu murenge wa Kibungo akagali ka Cyasemakamba umudugudu w’amarembo, yarafunzwe nyuma yo gutahura ko acumbikwamo n’indaya ndetse n’inzererezi zitagira ibyangombwa zatezaga umutekano muke muri uyu mudugudu.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyamenyesheje ko imashini ya ‘Electronic Billing Machine (EBM)’ yatumye gukwepa umusoro ku nyongeragaciro wa TVA bidashoboka, kandi ko abacuruzi bagiye koroherwa kubarura ibyo bacuruje no kubika inyandiko ku buryo zitangirika.
Kuri uyu wa 20/2/2014 akarere ka Rubavu nibwo kazakira urumuri rw’ikizere, uru rumuri rukaba ruzakirirwa ku rwibutso rwa Komini Rouge ahiciwe imbaga nini y’abantu bagashyirwa mu cyobo kimwe kiswe Komini Rouge mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Abayobozi mu nzego zitandukanye mu karere ka Nyamasheke barasabwa kugira uruhare mu bukangurambaga n’ubuvugizi bugamije kugira ngo abagore babashe kugira uburenganzira busesuye ku mutungo w’ubutaka kuko kugeza ubu abagore bo mu Rwanda, by’umwihariko bo mu cyaro bagihura n’iyi mbogamizi.
Mu gihe byari byitezwe ko akarere ka Rubavu kazakira urumuri rw’ikizere taliki ya 19/2/2014, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko iyi taliki yamaze guhinduka ahubwo kazakira uru rumuri taliki ya 20/2/2014.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buhangayikishijwe n’abana b’abakobwa b’abanyeshuri batwara inda zitateguwe ngo kuburyo bahagurukiye icyo kibazo kugira ngo gicike burundu muri ako karere.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abayobozi bo mu karere ka Burera kwegera abaturage ku buryo bugaragara mu rwego rwo gusiba icyuho kiri hagati yabo n’abaturage umwanzi w’igihugu ashobora kunyuramo.
Umurambo w’umugore witwa Nyiransanzineza Captolline w’imyaka 61 watoraguwe mu mugende w’amazi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18/02/2014 mu Kagali ka Kagoma, Umurenge wa Gakenke ho mu Karere ka Gakenke .
Abarundi 6 bafashwe binjira mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera bakoresha inzira zitemewe gukoreshwa, abo Barundi bo bavuga ko iyo nzira ariyo ibabera hafi.
Abagore bibumbiye mu makoperative y’ubuhinzi bwa kawa aterwa inkunga n’umuryango Women for Women International utegamiye kuri Leta barizezwa isoko mpuzamahanga rizatuma bagurisha umusaruro wa bo ku giciro cyiza bitandukanye n’uburyo byakoraga.
Abakunzi b’umupira w’amaguru mu mujyi wa Rwamagana bari kuvugishwa menshi n’umukino wa shampiyona amakipe abiri rukumbi aba muri uwo mujyi afitanye ku gicamunsi cyo kuwa 19/02/2014 ku kibuga bita icya polisi mu mujyi wa Rwamagana.
Mu mikino y’amajonjora ya nyuma yo gushaka itike y’igikombe cy’isi yabereye muri Cameroun, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball yabuze iyo tike, ariko yitwaye neza itsinda amakipe atatu muri ane yari kumwe nayo mu itsinda.
Imikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi (UEFA Champions League) igeze muri 1/8 cy’irangiza, aho ku mugoroba wo kuwa 18 Gashyantare 2014 hakinwe imikino ibiri muri iri rushanwa.
Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR), itangaza ko Abanyarwanda batahutse nyuma yo kwirukanwa na Leta ya Tanzaniya badakwiye gufatwa nk’impunzi, kuko impunzi ari abanyamahanga bahungiye mu Rwanda.
Ikibazo cy’umukecuru Uzanyimberuka Mwamina wasabaga gusubizwa umwuzukuru we yareraga avuga ko yambuwe kiri mu byaganiriweho mu kiganiro ku miyoborere myiza cyahawe abaturage bo mu kagari ka Kibungo mu murenge wa Ntarama mu Bugesera tariki 18/02/2014.
Havugimana w’imyaka 19 y’amavuko yapfuye arohamye mu kizenga cy’amazi y’urugomero rw’umuceri rwo mu gishanga cya Gatare kiri mu kagari ka Rango mu murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera.
Impunzi z’Abanyecongo 350 ziturutse mu nkambi ya Nkamira zimaze kugezwa mu nkambi ya Mugombwa ho mu karere ka Gisagara aho zigomba gutuzwa, ubuyobozi bw’akarere bukaba buzizeza ko igihe cyose hazakenerwa ubufasha bw’akarere, kazabafasha.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo mu karere ka Bugesera, tariki 18/2/2014, rwahamije Kanakuze Fidele icyaha cy’ubwicamubyeyi mu rubanza rwasomewe aho icyaha cyakorewe mu kagari ka Rebero mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera.
Mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki ya 18/02/2012 mu mudugudu wa Nyarucyamu ya 2 mu kagari ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye, umugabo Evariste Nkurunziza yatemaguwe n’abajura bamusiga ari intere.
Ubwo zari mu bikorwa byo kubungabunga umutekano, Ingabo za RDF ziri mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika, zataruye umwana w’imyaka 5 wari waraburiwe irengero zimuhuza n’ababyeyi be.
Niyibizi Augustin w’imyaka 52 wo mu kagari ka Bunge mu murenge wa Rusenge wo mu karere ka Nyaruguru, kuri uyu wa 18/02/2014 yagejejwe imbere y’urukiko kurikiranyweho kwica umugore wa mukuru we witwa Mukamanzi Claudine.