Abakozi ba Access Bank ishami rya Rusizi bafatanyije n’ubuyobozi bw’iyo banki barasanga kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi bikwiye guherekezwa n’ubufasha bwo gutera inkunga abapfakazi barokotse badafite ubushobozi bwo kugira icyo bakwimarira.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) kiributsa abacuruzi ko gukoresha ikoranabuhanga mu bucuruzi bwabo bibafasha mu kudata umwanya n’amafaranga y’inyongera mu gukenera izo sirivisi, rikanabafasha gukurikirana ubucuruzi bwabo batibeshya.
Umurinzi wa Gen.Maj.Iyamuremye Gaston uzwi ku izina rya Gen.maj.Rumuri Byiringiro Victor akaba umuyobozi by’agateganyo wa FDLR avuga ko hari ubufatanye bukomeye hagati ya FDLR na Tanzania kuburyo mu matariki 10/4/2014 Gen.maj.Rumuri yari yagiye muri Tanzania.
Mu rugo rwa Mbarushimana Felix wo mu mudugudu wa Nyabisindu mu kagari ka Musumba mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza inzego z’umutekano zahafatiye litiro 12 za Kanyanga n’ibidomoro bibiri hanamenwa izindi nzoga z’inkorano basanze mu rugo rwe.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania yagongeye umwana w’umunyeshuri mu mudugudu wa Rutagara mu kagari ka Cyabajwa mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, tariki 28/04/2014, umushoferi wari uyitwaye arayiparika ahita yiruka ku buryo kugeza ubu ataramenyekana.
Umwanditsi w’ibitabo Mukagasana Yolande, yandikiye umufasha wa Perezida wa Repubulika, Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame amusubiza ndetse anamushimira ku butumwa yageneye abari n’abategarugori, ubwo mu Rwanda hategurwaga ibiroriro byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore ku isi.
Ubwo Komisiyo y’Abadepite bazige komisiyo ishinzwe gukurikirana imicungire y’imikoreshereze y’umutungo n’imari bya Leta (PAC) basuraga ingomero za Rugezi, Ntaruka na Mukungwa ya Mbere kuri munsi w’ejo tariki 28/04/2014 banenze imikorere y’Ikigo gishinzwe Amashanyarazi, Isukuru n’isukura (EWSA) uburyo kidasana ingomero (…)
Umuhanzikazi Young Grace aratangaza ko atari umutinganyi nk’uko bimaze iminsi bimuvugwaho kandi ko ari umukobwa nk’abandi kandi ko afite umukunzi; nk’uko yabitangaje mu kiganiro na KTRadio 97,6 FM.
Mu kiruhuko cya Pasika, bamwe mu banyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bahisemo gukora ibiraka mu mirimo y’ubwubatsi bw’ibiro by’akarere ka Kamonyi biri kubakwa i Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge. Iyi mirimo ikaba iyobowe na Sosiyeti yitwa Good Supply Company.
Uruganda rukora ibinyobwa mu Rwanda, BRALIRWA, rwavuze ko inyungu rwabonye mu mwaka ushize wa 2013 yagabanutseho 18.8% ugereranyije n’umwaka wawubanjirije wa 2012; bitewe n’ibibazo by’ubukungu igihugu cyanyuzemo; ariko ko urwo ruganda ngo rwanashoye imari mu bikorwa byinshi bizatuma rwunguka cyane ubutaha.
Nyuma yo kuganirizwa kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi rutangaza ko kubana neza rugiye kubigira indangagaciro ibaranga ndetse ko ari umurage w’urukundo mu Banyarwanda.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite (PAC), iri gusura ingomero zinyuranye hirya no hino mu gihugu ngo harebwe uko ibibazo byazigaragayeho bihagaze ngo hanatangwe inama ku buryo byakemuka.
Icyegereranyo cy’ibyaha byakozwe mu karere ka Nyanza muri uku kwezi kwa Mata 2014 cyerekana ko ibyahungabanyije umutekano ari 17 harimo bine birebana n’ingengabitekerezo ya Jenoside byakozwe mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, arasaba abayobozi b’imirenge n’utugari guhora bita ku baturage, bakabahora hafi babafasha gukemura ibibazo bahura nabyo. Kuko nta wahungabanya umutekano w’abaturage igihe bibona mu buyobozi bubahora hafi.
Urukiko rw’ibanze rwa Kamembe mu Karere ka Rusizi rwatangiye gukurikirana urubanza ubushinjacyaha buregamo Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke bumushinja ibyaha byo gusebya igihugu n’ubwambuzi bushukana bivugwa ko yakoreye bamwe mu abaturage bo mu Murenge wa Bugarama yayoboraga.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bagore (UN WOMEN) ryashyikirije akarere ka Bugesera imfashanyo igizwe n’imyambaro n’ibikoresho by’isuku bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 16 kugirango bihabwe Abanyarwanda birukanwe muti Tanzaniya batuzwe muri ako karere.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kacyiru rwategetse ko umuhanzi Kizito Mihigo n’abandi batatu bakurikiranyweho ibyaha birimo kugambanira no gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu bafungwa iminsi 30 mbere y’uko urubanza rwinjira mu mizi.
Mu gihe hasigaye imikino 2 gusa ngo shampiyona yo mu gihugu cy’Ubwongereza (premier league) irangire, amakipe atatu: Liverpool, Manchester City na Chelsea yose arahabwa amahirwe yo kwegukana igikombe.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, nyakubahwa Madame Jeannette Kagame, aratangaza ko mu Rwanda abagore bahawe uburenganzira busesuye mu nzego zose z’imiyoborere n’imibereho rusange mu gihugu.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera bafite ikibazo cy’uko hashize igihe kinini badahabwa inkunga y’ingoboka kandi ubusanzwe bayihabwaga kuko bari no ku rutonde rwemejwe n’ikigega gishinzwe gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye.
Hashize iminsi itatu uwitwa Kuradusenge Japhet wari utuye mu kagalika ka Ruganda umurenge wa Kamembe aburiwe irengero, umurambo we ukaba waraje gutorwa mu kiyaga cya Kivu ku cyumweru taliki ya 27 Mata 2014.
Kuri uyu wa 27 Mata 2014, mu Karere ka Karongi habaye imikino ya nyuma y’amarushanwa y’umupira w’amaguru yitiriwe Perezida Paul Kagame, “Umurenge Kagame Cup” maze mu bagabo ikipe y’Umurenge wa Gashali yegukana igikombe naho mu bakobwa gitwarwa n’Ikipe y’Umurenge wa Murambi.
Abaturage bo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu baravuga ko abasirikare ba Kongo bakorera ku mupaka w’u Rwanda na Kongo babyutse babakurira ibirayi.
Abatwara abagenzi bo mu isantere ya Mukoto iherereye mu murenge wa Bushoki, ho mu karere ka Rulindo barasaba ubuyobozi ko bwabashakira aho bubashyirira inzu y’abagenzi bazajya bategeramo, ngo kuko usanga kuba aba bagenzi bahagarara mu muhanda, bishobora guteza impanuka z’ibinyabiziga bihanyura ari byinshi.
Ibitaro bya Gisenyi biratangaza ko kuva ikirunga cya Nyamuragira cyo muri Congo cyatangira gusohora imyotsi kitegura kuruka, nta muturage kirakira wagizweho ingaruka n’iyo myotsi.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yatomboye kuzakina na Libya mu mikino y’amajonjora y’ibanze yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc muri 2015.
Nyuma y’aho amakipe yo mu cyiciro cya kabiri yo mu ntara y’Iburasirazuba yitwaye neza mu mikino ya ¼ cy’irangiza yo kwishyura yabaye ku cyumweru tariki 27/4/2014, byahesheje iyo ntara kuzaba ifite ikipe mu cyiciro cya mbere muri shampiyona itaha, gusa iyo kipe ntabwo iramenyekana.
Ku mugoroba wa tariki ya 26/04/2014 Ishuri rikuru rya ICK riherereye mu karere ka Muhanga naryo ryifatanyije n’Abanyarwanda bose mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994. Umuhango ukaba watangijwe n’urugendo rw’abanyeshuri biga muri iki kigo, abayobozi baryo ndetse n’inshuti zitandukanye.
Abakirisitu basaga ibihimbi 30 bakoze urugendo rw’umutambagiro mutagatifu muri paruwase ya Ruhango mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 27/04/2014 mu rwego rwo gutegura umunsi w’Impuhwe z’Imana uba buri cyumweru gikurikira Pasika.
Mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro tariki 25/04/2014 habereye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya kane abantu baguye mu kiyaga cya Kivu mu mwaka wa 2010 bagiye kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu karere ka Rusizi hateraniye inama yiga ku kuvugurura imiturire hagurwa imigi imwe n’imwe hirya no hino mu igihugu muri gahunda yo kugabanya abucucuke mu mugi wa Kigali ndetse bikazanafasha kuzamura iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage bahaturiye.
Kamanzi Michel wamenyekanye cyane akina hagati muri Kiyovu Sport ndetse no mu ikipe y’igihugu Amavubi, arasaba abakinnyi bakiri bato kwita cyane ku mupira w’amaguru bakawukunda cyane kurusha gukunda amafaranga, kuko ngo nibwo bazagera ku nzozi zabo.
Nyuma yo gutakaza imyaka 15 akorana na FDLR, aho yiberaga mu mashamba ya Repabulika iharanira demokarasi ya Congo, Faustin Gashumba arishimira intambwe amaze kugeraho mu myaka itanu gusa amaze afashe icyemezo cyo gutaha mu Rwanda.
Hashize igihe kitari gito hagaragara isuku nke mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, cyane cyane mu gice cyo ku isoko n’imbere y’amwe mu maduka yo muri uwo mujyi. Hamwe mu hakunze kugaragara umwanda ni inyuma y’ibagiro riri hafi ya gare ya Kabarondo, hakunze kugaragara ibirundo by’imyanda yavanywe (…)
Nyuma yuko inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka i Bukavu zitangiye kwishyuza viza Abanyarwanda bajya kuhakorera cyangwa bahiga, umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL) urategura inama yo kwiga kuri icyo kibazo.
Umwe mu barwanyi b’umutwe wa Nyatura muri Masisi watashye taliki 25/4/2014 avuga ko kuba mu mashyamba ya Kongo byari igihombo kuko asanga mu Rwanda ari heza kurusha kuba mu mashyamba ya Kongo babamo bashaka amaramuko.
Nyuma yo kubona ko barekuwe bagakurikiranwa bari hanze bashobora gutoroka ubutabera, abantu bane muri 11 bakekwaho gufatanya kunyereza umutungo wa Duterimbere IMF mu mashami ya Nyagatare, Kabarore na Gahini usaga miliyoni 275, bakatiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30.
Mu rwego rwo gusobanurira abana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, umuryango nterankunga AVSI (Associations des Volontaires pour les Services Internationales), wazanye abana ufasha gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi rushyinguyemo Abatutsi basaga ibihumbi 35, ngo barebe imibiri ihashyinguye , (…)
Abanyeshuri, abayobozi n’abakozi b’Ishuri Rikuru ry’Abaforomo n’Ababyaza rya Rwamagana, tariki 25/04/2014 bibutse ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, batsindagira ko nyuma y’imyaka 20 iyi jenoside ihagaritswe, bakomeje kwibuka biyubaka.
APR FC yiyongereye amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona cya 14 mu mateka yayo, ubwo yatsindaga Espoir FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 25 wabereye i Rusisiz, naho Rayon Sport zihanganye inyangira Esperance ibitego 4-0 kuri Stade ya Kigali Nyamirambo.
Mu gihe kuri uyu wa 27 mata 2014 Papa Yohani Pawulo II ashyirwa mu rwego rw’abatagatifu, twahisemo kubagezaho ibintu by’ingenzi byaranze urugendo yagiriye mu Rwanda akaba ari na we mu papa wenyine umaze kugenderera igihugu cy’u Rwanda.
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa kane muri uyu mwaka wa 2014 mu karere ka Rutsiro wabereye mu murenge wa Kigeyo mu kagari ka Nyagahinika, hakaba hatunganyijwe imihanda y’imigenderano ifite uburebure bwa kilometero ebyiri.
Umwana w’imyaka 13 wo mu kagari ka Gihundwe mu murenge wa Kamembe yatwikiwe mu rugo rw’umuturage azira ko yari yagiye kwiba ibiryo kuwa kane tariki 24/04/2014.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’umurimo, Anastase Murekezi, arasaba abakozi n’abakoresha kurushaho guteza imbere umusaruro ariko bakamenya ko ibyo bitagerwaho mu gihe abakozi badafite ubuzima bwiza ndetse n’umutekano mu kazi.
Abakozi b’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) kuri uyu wa 25/04/2014, basuye urwibutso rwa Nyarubuye ruherereye mu murenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe mu rwego rwo kureba amateka y’uru rwibutso no kuhigira ibintu bitandukanye byaranze amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.
Rumwe mu rubyiruko rw’abakobwa rukora umuhanda w’ibitaka ugana ku kiyaga cya Burera, mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, ruvuga ko nubwo ako kazi bakora gasaba ingufu nyinshi, bagakora bishimye kuko kabaha amafaranga akabarinda kwiyandarika kandi bakayaguramo ibyo bakeneye byose.
Ikibazo cy’ibicanwa no kubungabunga amashyamba kizakemurwa no gukoresha rondereza za canarumwe, ingufu z’imirasire y’izuba na Bio-gaz; nkuko bitangazwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare nyuma y’uko hishimirwa ko imvura isigaye igwa muri aka karere katakiri ubutayu.
Abacururiza mu bice bitubakiye by’amasoko ya Kayonza ari mu mirenge ya Mukarange na Kabarondo bavuga ko babangamiwe cyane muri ibi bihe by’imvura, kuko banyagirwa ndetse na bimwe mu bicuruzwa bya bo bikangirika igihe bagerageza kubyanura imvura ibari ku mugongo.
Toto Vilanova wahoze atoza ikipe ya FC Barcelona yitabye Imana kuri uyu wa gatanu tariki ya 25/5/2014 azize Kanseri yo mu muhogo yari arwaye kuva mu Ugushyingo 2011.