Abayobozi, abanyamakuru, abanyamadini n’abakorera imiryango nyarwanda itari iya Leta barasabwa gutahiriza umugozi umwe mu kurinda inyungu z’igihugu bazigira izabo kuko izo nyungu z’igihugu zitareba umuntu umwe gusa.
Dina Mukarutwaza utuye mu Murenge wa Kacyiru uherereye mu Karere ka Gasabo amaze imyaka 15 akora akazi ko gutwara imodoka, avuga ko kamubeshejeho aknashishikariza bagenzi be gutinyuka uyu mwuga.
Ikigega cyihariye cy’ingoboka (Special Guarantee Fund/SGF) cyatangaje ko hari benshi badahabwa indishyi mu gihe bahohotewe n’ibinyabiziga.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Kinyinya rwiga n’urutiga rwaguriye mu gikorwa cyo gukongurirwa kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge. Igikorwa cyateguwe n’umuryango mpuzamahanga International Alert, kuri uyu wa Gatanu tariki 9/5/2014.
Impfubyi za Jenoside zirera zatujwe mu murenge wa Niboye mu karere ka Kicikiro ziributswa ko zidakwiye kwiheba bibaza uko ejo bazabaho, kuko batari bonyine kandi ko barindiwe umutekano.
Nyuma y’uko Kigalitoday.com itangaje inkuru y’umwana wabuze iwabo mu mwaka wa 1997, afite imyaka irindwi, kuri uyu wa gatanu tariki 9/4/2014, umuryango we wamugezeho ku musaza umucumbikiye witwa Gasirikare Philippe wo mu mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi.
Mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku rwego rw’ikigo nderabuzima cya Nyamagabe wabaye kuri uyu wa gatanu tariki 09/05/2014, abawitabiriye basabwe kugira uruhare mu kubaka Ubunyarwanda buzira amacakubiri kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Abanyakongo n’Abarundi barindwi bafatiwe mu nkambi ya Nyagatare kuri uyu wa 09/05/2014 bavuga ko baje mu Rwanda nk’impuzi zitahutse aho bari biyoberanyije ndetse bihindura amazina kugira ngo badatahurwa.
Aborozi bororera mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa 9/05/2014 bakoze igikorwa cyo kwitanga, maze bakusanya inka zigera kuri 93 zo koroza abatishoboye batari batunze inka, bikaba biri mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya “Girinka” yatangijwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Kalibata, arakangurira abaturage bo mu karere ka Bugesera gukoresha amazi y’imigezi n’ibiyaga bibakikije mu kuvomerera imirima yabo bakoresheje ibikoresho bafite.
Kuri uyu wa Kane tariki 08/05/2014 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umuryango utabara imbabare Croix Rouge, uyu muryango washyikirije amazu 26 abasigajwe inyuma n’amateka n’abatishoboye bo mu Mirenge ya Nyange na Musanze mu Karere ka Musanze.
Abarundi 7 badafite ibyangombwa bibaranga ndetse n’ibyo kuba no gukorera mu Rwanda batawe muri yombi mu mukwabu wakorewe mu midugudu itatu yo mu kagari ka Nyamata Ville mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Nyandwi Innocent w’imyaka 61 y’amavuko yahanutse hejuru y’inzu maze ahita yitaba Imana, ibi byabereye mu mudugudu wa Kagasa I mu kagari ka Ramiro mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera tariki 09/05/2014.
Umudugudu wa Gisunzu mu murenge wa Manihira n’umudugudu wa Buzeyi mu murenge wa Ruhango yatoranyijwe n’akarere ka Rutsiro ku bufatanye na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu kugira ngo ishyirwemo ibikorwa remezo byose bikenewe, bityo ibere icyitegererezo ahandi hose hasigaye mu karere.
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) ryashyikirije inzu irimo ibyangombwa byose nkenerwa, Mashyaka Jacques, imfubyi ya Jenoside yibanaga mu nzu yari ishaje igiye kuzamugwira.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime atangaza ko mu myaka itandatu amaze ku buyobozi bw’intara yakozwe mu nkokora na bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Musanze bakoranye n’umutwe wa FDLR urwanya Leta mu guhungabanya umutekano.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, avuga ko kuri ubu abaturage bo muri ako karere bamaze kugezwaho amazi meza babarirwa ku igipimo cya 85%, ni ukuvuga abagera ku bihumbi 288 mu baturage ibihumbi 336 batuye akarere ka Burera.
Umuhanzikazi Dada Cross ubarizwa ku mugabane w’Amerika, mu mwaka w’2012 hagiye havugwa amakuru anyuranye ko azabana n’umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime Mugisha Frank uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Vd Frank, none kuri ubu atwite inda y’undi mugabo.
Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kashyizeho umudali witiriwe ubutwari budasanzwe umusilikare w’Umunyasenegali Captain Mbaye Diagne yagiriye mu Rwanda, aho yarokoye abantu benshi bahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Muhanga, mu murenge wa Nyarusange, Guverineri w’Itara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yasabye abaturage guhagarara kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuko ari inzira ifasha kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri.
Abaturage batuye muri sentere ya Ruhuha no mu nkengero zayo mu karere ka Bugesera, bavuga ko isuku nke ituruka ku kuba ibagiro ryo muri uyu mujyi ryarangiritse iteye inkeke abarya inyama z’amatungo aba yaribagiwemo.
Ku bufatanye na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, abaturage bahinga umuceri mu gishanga cya Nyaburiba giherereye hagati y’imirenge ya Ruhuha na Nyarugenge mu karere ka Bugesera barimo kugitunganya mu rwego rwo kukibyaza umusaruro wisumbuye.
Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga (National Paralyimpic Commity/ NPC) yatangiye umushinga wayo wo kugeza sport y’abafite ubumuga mu cyaro mu karere ka Ngororero kuri uyu wa 08 Gicurasi 2014.
Umugabo witwa Ntakarutinka afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba mu karere ka Gicumbi akekwaho gusambanya ku gahato umugore wo mu murenge wa Byumba utwite inda y’amezi umunani.
Abacunga mutungo w’ibigo by’imari biciriritse byo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa kujya bagaragaza inzitizi bahura nazo mu kazi ka bo ka buri munsi kugirango ibigo by’imari bahagarariye bitangwa mu gihombo.
Abaturage basaga 50 batuye mu murenge wa Ruharambuga bavuga ko babariwe guhabwa ingurane mu mwaka wa 1972, ubwo hari hagiye gushyirwa amashanyarazi muri uwo murenge bakabwirwa ko bazishyurwa ariko kugeza na n’ubu bakaba batarishyurwa.
Ubwo yatangizaga inama y’iminsi 2 ihuje abayobozi b’ibitaro n’abashinzwe imiyoborere mu bitaro byose bigize igihugu bahuriye mu bitaro bya Nyagatare, umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuzima rusange n’ubuvuzi bw’ibanze atangiza, Dr. Anita Asiimwe, yasabye abakora mu buvuzi kwita ku isuku.
Nyuma y’uko intego ya miliyari 782.5 z’amafaranga y’u Rwanda ngo itarimo kugerwaho kandi hasigaye amezi abiri gusa ngo umwaka urangire, Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA), cyavuze ko kigiye gushyira imbaraga mu kugenzura no guhana abadashaka gutanga imisoro.
Nubwo abaturage baturiye ikiyaga gihangano cya Cyabayaga bishimira ko cyatumye banoza imirire kubera amafi akivamo barifuza ko cyazitirwa kuko bitabaye gishobora gusiba vuba.
Abaturage bakunda kurema isoko rya Cyabaga riba buri munsi mu masaha y’ikigoroba barifuza ko bahabwa umunsi umwe mu cyumweru ryajya riremeraho. Ubuyobozi bw’Akagali ka Cyabayaga bwo butangaza ko iki gitekerezo kigiye gushyirwa mu bikorwa mu minsi ya vuba.
Elisany Silva, umukobwa w’Umunya Bresil, ku myaka 14 gusa y’amavuko wari ufite uburebure bwa m 2,06, ubu ku myaka 18 akaba afite m 2,03 kubera ko bamubaze bakamugabanyirizaho gato, agiye kurushingana n’inshuti ye Francinaldo ufite uburebure bwa m 1,63.
Abaturage bo mu kadugudu gato ka Chilaw mu Burengerazuba bw’Igihugu cya Sri Lanka, kuri uyu wa 5 Gicurasi 2014 ngo bahuye n’ibitangaza ubwo bamanukirwaga na manu y’amafi.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi, ikoranabuhanga n’uburezi rya Kibungo (INATEK) iri mu karere ka Ngoma bavuga ko gusura inzibutso za Jenoside bibafasha mu myigire yabo no kuzaba abo igihugu kibatezeho.
Ikipe ya Manchester City yakomeje kwiyongerera ikizere cyo gutwara igikombe cya Shampiyona mu gihugu cy’ubwongereza kuko kugeza ubu irusha Liverpool iyikurikira amanota 2 n’ibitego bigera kuri 13 izigamye.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda rizashyira ahagaragara umutoza mushya mukuru w’ikipe y’igihugu amavubi ku wa gatanu tariki 9/5/2014, uzaba afite inshingano zo kugera kure hashoboka mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha, no gutegura neza igikombe cya CHAN kizabera mu Rwanda muri (…)
Mu gihe ibitaro bikuru by’akarere ka Ruhango biherereye mu murenge wa Kinazi biteganywa kuba ibitaro by’intara y’Amajyepfo, ubuyobozi bw’ibi bitaro buravuga ko bugifite ibikoresho bidahagije n’ikibazo cy’ibikorwa remezo birimo imihanda idatunganye ndetse no kutagira amacumbi y’abaganga.
Abaturage bo mu Murenge wa Mubuga mu karere ka Karongi bihangiye umunda mushya ufite uburebure bubarirwa muri birometero bitatu n’igice mu Mududugudu wa Rwamiko mu Kagari ka Ryamuhanga mu rwego rwo kunoza imiturire no kugira uruhare mu kwiyegereza no kongerezwa ibikorwa remezo.
Ubwo hatangizwaga ukwezi k’urubyiruko ku rwego rw’akarere ka Karongi, tariki 07/05/2014, urubyiruko rwasabwe kurushaho kwigira binyuze mu bikorwa biruteza imbere mu bukungu no kurushaho gukoresha ikoranabuhanga mu kuzamura imibereho myiza yabo no kubungabunga umutekano w’ibyo bamaze kugeraho.
Kwihangana Viateur, mwene Ndagijimana na Souzana, akaba afite mukuru we witwa Nzavuga Pierre, aravuga ko yabuze iwabo afite imyaka irindwi, akaba amaze imyaka isaga 12 acumbikirwa n’abaturage batandukanye.
Ubuyobozi n’abakozi b’umuryango World Vision bakoze igikorwa cyo kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside yo mu 1994, igikorwa cyabanjirijwe no gusura urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mbere yo kumva ibiganiro bitandukanye, kuri uyu wa Gatatu tariki 7/5/2014.
Abaturage bo mu karere ka Burera bibumbiye muri Koperative CAEG-Umugende, ikora imigina y’ibihumyo, baratangaza ko kwibumbira hamwe byabafashije kwikura mu bukene ndetse no kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.
Bamwe mu baturage basiragiraga ku karere ka Nyamasheke basaba kwishyurwa amafaranga yabo ku bikorwa byabo byangijwe n’ikorwa ry’umuhanda mu murenge wa Ruharambuga baratangarizwa n’ababishinzwe ko mu minsi ya vuba nabo bazaba bishyuwe amafaranga yabo nk’uko abandi baturage nabo amaze kwishyurwa.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama kuri uyu wa gatatu tariki ya 07/05/2014, minisitiri James Kabarebe ushinzwe Ingabo z’u Rwanda yagaragaje ko ibibazo byinshi biri mu bihugu bitandukanye by’Afurika byatewe n’abakoloni.
Itorero rya EDAR (Eglise de Dieu en Afrique au Rwanda) ryateguye igiterane cyo guhimbaza Imana taliki ya 3/5/2014 mu karere ka Rubavu maze abacyitabiriye batunguwe no kubona ari icyo gutangiza itorero ry’abatinganyi, bitumwa bamwe mubacyitabiriye basohoka bacyamagana.
Minisitiri w’Iterambere mpuzamahanga w’Igihugu cy’Ubuholandi, Lilianne Ploumen yatangaje ko igihugu cye cyarekuye inkunga cyari cyarahagarikiye u Rwanda.
Mu kagali ka Musenyi umurenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare hadutse inzoga yitwa “Kwete” ikorwa mu ifu y’ibigori n’uburo nta wundi musemburo uyishyirwamo ariko bamwe ntibayishira amakenga kubera ko ishobora kubakururira indwara zikomoka ku isuku nke.
Bwa mbere mu mateka amashanyarazi agera mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke, umugabo w’imyaka 29 Nzigiyimfura Esron byamugoye kwemera ko amashanyarazi ashobora kugera iwabo niko gusimbuka yinaganika ku nsinga z’amashanyarazi ahita yitaba Imana, nk’uko ababirebaga babyemeza.
Ubuyobozi bw’ikigega cy’ingoboka ku mpanuka ziterwa n’ibinyabiziga cyangwa inyamanswa burizeza abaturage b’umurenge wa Karangazi bangirijwe imitungo yabo cyangwa bakomerekejwe n’inyamanswa ko bitarenze ibyumweru 2 gusa ibibazo byabo bazaza kubiganiraho.
Inkunga y’amabati 340 yahawe bamwe mu baturage bo mu mirenge ya Gihundwe, Giheke na Nkanka basenyewe n’imvura nyinshi yari irimo unkubi y’umuyaga ivanze n’urubura yaguye mu mpera z’umwaka wa 2013; iyo nkunga bayihawe na Caritas ya Diyoseze gatulika ya Cyangugu.
Umushumba w’Itorero “Umusozi w’ibyiringiro” rifite urusengero mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi, acumbikiwe kuri Sitatiyo ya Polisi ya Runda, akurikiranyweho kwaka amafranga abakristo b’itorero ayoboye kugira ngo abashakire abaterankunga mu mushinga Compassion Internationale.