Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, arasaba abakuru b’imidugudu 317 igize aka karere ka Kamonyi kugira imyumvire myiza kuri gahunda za Leta, maze imikorere ya bo ikabafasha gutera imbere, kandi bakagira uruhare mu kubungabunga umutekano w’igihugu.
Intore 940 zasoje urugerero zari zimazeho amezi arindwi mu karere ka Rulindo, umuhango ukaba wabereye mu murenge wa Buyoga tariki 24/06/ 2014.
Ikipe ya Nigeria, imwe mu makipe atanu yahagarariye Afurika mu gikombe cy’isi, n’ubwo yatsinzwe na Argentine ibitego 3-2 mu mukino wa nyuma mu itsinda rya gatandatu, tariki 25/06/2014, yakomezanyije nayo muri 1/8 cy’irangiza ikazahura n’Ubufaransa mu gihe Argentine izakina n’Ubusuwisi.
Abaturage 11843 bo mu turere twa Nyamagabe, Nyaruguru, Huye na Gisagara two mu ntara y’amajyepfo batari barabashije kugana ishuri bashyikirijwe impamyabumenyi zabo nyuma yo gusoza amasomo yo gusoma, kwandika no kubara, umuhango wabereye mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa gatatu tariki ya 25/06/2014.
Abagize matsinda “Ejo Heza” mu karere ka Gisagara, afashwa na Global Communities ibinyujije mu mushinga wayo USAID Ejo Heza, ku bufatanye na AEE ndetse n’akarere ka Gisagara, baratangaza ko aho bageze mu iterambere ntawe ugitegera amaboko abandi, ko bihaza.
Ba rwiyemezamirimo batandukanye n’abahagariye ibigo by’imari n’amabanki bikorera mu mujyi wa Kigali, bahuye bacoca ibibazo hagati yabo, aho bamwe bashinja abandi kubarushya mu kubaha inguzanyo mu gihe abandi nabo bavuga ko abacuruzi batanyurwa n’ibiciro babaheraho.
Urwego ngenzuramikorere (RURA) rwahesheje ibihembo ibigo bifata neza abagenzi, ariko ngo ibi ntibihagije mu gihe abantu bagikererwa kugera iyo bajya; nk’uko Ministeri y’ibikorwaremezo (MININFRA) yijeje ko igiye kunoza uburyo ingendo rusange zikorwa.
Abatishoboye biganjemo abakecuru n’abasaza bo mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke barimo kwiyandikisha ngo bazahabwe amafaranga y’ingoboka azatuma bava mu bukene bakagera ku buzima bwiza bukwiye umunyagihugu w’umunyarwanda, nk’uko biri muri gahunda y’igihugu yo kuvana abaturage mu bukene izwi ku zina rya VUP (vision (…)
Uruhare rw’imikorere inoze n’urubyiruko mu iterambere rirambye niyo nsanganyamatsiko nyamukuru igiye kwigwa mu nama mpuzamahanga u Rwanda ruzakira mu ntangiriro z’icyumweru gitaha igamije gushaka umuti w’imiyoborere myiza.
Kwegereza Serivise z’ubuzima abaturage mu karere ka Nyabihu ni kimwe mu bigenda birushaho gufasha mu kubungabunga ubuzima bw’abaturage bityo bikagabanya n’imfu ku baturage muri rusange, by’umwihariko ababyeyi n’abana.
Ally Soudy wahoze ari umunyamakuru kuri Radio ya Salus ndetse akaza no gukora kuri Isango Star ariko akaba asigaye aba muri Amerika we n’umuryango, agiye kugaruka mu Rwanda kuba umushyushyarugamba mu gitaramo cya Kidumu kizaba tariki 11.7.2014 ndetse akaba azongera no kumvikana mu biganiro ku Isango Star.
Kuri uyu wa gatanu tariki 27 Kamena 2014, ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu Karereka Karongi bazashyingura mu cyubahiro imibiri irenga ibihumbi mirongo itanu y’inzirakarengane zazize Jonoside yakorewe Abatutsi.
Ikipe ya Police Handball Club yagaragaje umuvuduko w’uko ishobora kongera kwegukana igikombe cya shampiyona ubwo yarangizaga imikino ibanza (Phase aller) iri ku mwanya wa mbere ikaba irusha Ecole Secondaire Kigoma ya kabiri amanota ane.
Nyuma yo gutsindwa n’Ubugereki ibitego 2-1, ikipe ya Cote d’ivoire yahise isezererwa mu gikombe cy’isi ndetse n’umutoza wayo Sabri Lamouchi afata icyemezo cyo kwegura ku mirimo ye, akaba yajyanye na Cesare Prandelli nawe wasezeye ku kazi ke ubwo ikipe y’Ubutaliyani yatozaga yari imaze gutsindwa na Uruguay igitego 1-0 nayo (…)
Nyuma yo kubona ko urubyiruko ngo rudakunda gufatira hamwe n’abantu bakuze inama n’amasomo ajyanye n’ubuzima bw’imyororokere, Minisiteri y’Ubuzima irimo gutegura gahunda yo kwifashisha ikoranabuhanga rya telephone igendanwa bita M4RH (Mobile For Reproductive Health) mu kugeza ku rubyiruko amakuru agezweho ku buzima (…)
Ishyirahamwe ry’umupira w’amagauru ku isi (FIFA) ryatangiye iperereza n’ubushakashatsi bwimbitse kuri rutahizamu wa Uruguay, Luis Suarez, warumye Giorgio Chiellini mu mu mukino wahuzaga Uruguay n’Ubutaliyani bwanahise busezerewa mu gikombe cy’isi butsinzwe igitego 1-0.
Abakozi bakora mu ruganda rw’isukari rwa Kabuye Sugar Works SARL bemerewe kuzamurirwa umushahara bahembwaga ho 25%, nyuma y’ibiganiro bagiranye n’ubuyobozi bw’iki kigo gisanzwe gifitwe na Sosiyete yitwa Madhvani Group yo mu Buhindi.
Umunyarwanda Muvunyi Hermas Cliff w’imyaka 26 ufite umudari w’isi mu mukino wo kwiruka metro 800 mu bafite ubumuga, ubwo yari mu karere ka Ngoma kuri uyu wa 24/06/2014 yahamagariye abafite ubumuga kutigunga no gukunda sport.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi (RAB) cyatangije gahunda nshya y’iyamamazabuhinzi rishingiye ku bahinzi ubwabo bise “Twigire Extension Model” mu rwego rwo gufasha abahinzi n’aborozi kongera umusaruro bakigira.
Abasore bo mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze bashima ibikorwa ingabo z’igihugu zikorera Abanyarwanda none byabateye ubushake bwo kuzaba abasirikare ngo nabo bakorere abandi ibyiza nk’ibyo ingabo zabakoreye.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 rwibohoye, abaturage bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko muri iyi myaka 20 hari ingoyi nyinshi bigobotoye ugereranyije n’uko bari babayeho mbere yayo.
Ubuyobozi bw’umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi ku ruhande rwa Kongo bwashyizeho amabwiriza yo kwaka amafaranga ya Viza Abanyarwanda bahanyura, amafaranga azajya atangwa n’abanyeshuri biga Kongo, abakorerayo ubucuruzi biciriritse hamwe n’abafiteyo amasezerano y’akazi.
Abanyekongo 10 bari batawe muri yombi barobera mu mazi y’u Rwanda batabyemerewe ndetse bakoresha inshundura zitemewe barekuwe taliki ya 23/6/2014 babanje kwigishwa kugira ngo bamenye aho bagomba kurobera batarengereye amazi y’u Rwanda.
Kesho ni umusozi uri mu kagari ka Mashya mu murenge wa Muhanda ho mu karere ka Ngororero. Ni umusozi ubereye ijisho kandi uhinzwe ho icyayi, kuko wegeranye n’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya ruri muri uwo murenge.
Bwa mbere, Ishuri rikuru ry’Amahoro rya Nyakinama (Rwanda Peace Academy) ryatangiye guhugura abakozi bafite mu nshingano zabo amagereza bava mu bihugu by’Umuryango w’Afurika y’Iburasizuba, ngo ibi bizabafasha kunoza akazi kabo.
Ikiraro gishya na One Stop Border Post biri kubakwa ku mupaka wa Rusumo ngo bizaba igisubizo ku mbogamizi zibangamiye ubwikorezi muri Afrika y’Uburasirazuba nk’uko byemejwe utsinda ryarimo Minisitiri w’ibikorwaremezo, Prof Silas Lwakabamba n’intumwa z’igihugu cy’ubuyapani ubwo basuraga uyu mupaka kuri uyu wa 24/06/2014.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’Ikigo gishinzwe ibarurishamibare (NISR), byavuze ko abaturarwanda ngo bagenda barushaho kugera ku bukire, bitewe n’uko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2014, umusaruro w’imbere mu gihugu (GDP) wiyongereye kuri 7.4%, uruta kure ubwiyongere bw’abaturage buzamuka kuri 2.6%.
Abanyarwanda 33 batahutse kuri uyu wa kabiri tariki 24/06/2014 bava muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko kuba bataratahukiye ku gihe kandi igihugu cyabo kirimo umutekano ngo akenshi biterwa na bagenzi babo basize bakoze Jenoside mu Rwanda bababuza gutahuka bababwira ko ibyo bahunze bitararangira.
Babifashijwemo n’umuryango World Vision, mu mushinga « Inzozi nziza » watangijwe ku mugaragaro ku itariki ya 23/6/2014, abahinzi borozi bo mu turere twa Huye, Nyamagabe na Nyaruguru ngo bazagera ku iterambere kuko ubukungu bwabo buziyongera ku rugero rw’150%.
Urwunge rw’Amashuri rwa Camp Kanombe ryo mu karere ka Kicukiro (mu bahungu) ndetse n’Ishuri Ryisumbuye rya Rukara mu karere ka Kayonza (mu bakobwa) ni yo mashuri yegukanye ibikombe ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’umupira w’amaguru yo mu mashuri yisumbuye yitiriwe Umukuru w’igihugu “Schools Kagame Cup”.
Igikorwa abasirikare batangiye cyo gutanga amaraso muri iki cyumweru cyiswe “Army week,” barasabwa kugifata nk’umwe mu musanzu wabo wo guha amaraso igihugu, nk’uko babikoze mu rugamba rwo kwibohora.
Ikipe ya Brazil yagukanye umwanya wa mbere mu itsinda rya mbere mu gikombe cy’isi, muri 1/8 cy’irangiza izakina na Chili yabaye iya kabiri mu itsinda rya kabiri, naho Ubuholandi bwegukanye umwanya wa mbere mu itsinda rya kabiri bukazakina na Mexique yabaye iya kabiri mu itsinda rya mbere.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri ministeri y’ibikorwa remezo Emma Francoise Isumbingabo, arizeza ko uruganda rwa nyiramugengeri ruri kubakwa mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi ruzaba rwuzuye bitarenze ukwezi kwa cumi uyu mwaka wa 2014.
Mu karere ka Bugesera hatangirijwe gahunda igamije gutoza abana umuco wo gukaraba intoki mu bihe bitanu, yiswe The School of five, igamije ko abana bazanabitoza abo mu miryango yabo.
Abaturage b’akarere ka Rwamagana, ku Cyumweru, tariki 22/06/2014, bibutse ku nshuro ya 20 jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bashyingura mu cyubahiro imibiri 38 mu rwibutso rwa jenoside rwa Sovu ruri mu kagari ka Sovu mu murenge wa Kigabiro.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango Rwanda Young Generation Forum, rwasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu karere ka Karongi rugamije kwigira ku butwari bwaranze Abasesero maze runaha abagizwe incike na Jenoside bo mu Bisesero inka ebyiri zifite agaciro k’amafaranga 600,000Rwf.
Umunyeshuri wigaga ku ishuri ryisumbuye rya APAKAPE riherereye mu murenge wa Mushonyi mu karere ka Rutsiro amaze icyumweru yirukanywe burundu kuri icyo kigo, mugenzi we ahabwa igihano cyo kumara icyumweru iwabo mu rugo, nyuma y’amakimbirane yabaye hagati yabo biturutse kuri telefoni igendanwa bombi bakoreshaga rwihishwa.
Igikombe cy’imiyoborere myiza cyari kimaze igihe gihatanirwa n’amakipe y’abagore ahagarariye uturere twose tw’igihugu cyegukanywe n’akarere ka Rutsiro nyuma yo gutsinda akarere ka Musanze ibitego bine ku busa.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba barashima ibikorwa bamaze kugeraho nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye.
Umugore wo muri Sudani wari warakatiwe igihano cyo kwicwa anyonzwe kubera icyaha yashinjwaga cyo gutatira idini ya Islam, yarekuwe nk’uko ushinzwe ku muburanira yabitangarije BBC kuri uyu wa mbere tariki 23/06/2014.
Icyumweru cyahariwe ibikorwa by’ikigo cy’Igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) cyatangijwe kuri uyu wa mbere tariki 23/06/2014 na gereza ya Nyanza ngo kizarangira hubakiwe abatishoboye amazu 10 yo kubamo nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’iyo gereza.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Prof Silas Lwakabamba na Minisitiri ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, Stella Ford Mugabo, bari kumwe n’abandi bayobozi bakuru muri Minisiteri y’ibikorwaremezo no muri EWSA basuye umushinga wa KivuWatt basaba ko utakomeza guhindura igihe cyagenwe mu masezerano yo kubyaza gaz methane mo (…)
Masengesho Ismael wari wasabwe kuba mwarimu mu rwunge rw’amashuri rwa Shangi nyuma yo gushinjwa imyitwarire mibi mu kazi, yasubijwe ku kazi ke ku bucungamutungo mu rwunge rw’amashuri rwa Nyamaugali.
Ibiyobyabwenge by’inzoga zo mu mashashi bifite agaciro ka miliyoni 3 zisaga byafatiwe mu murenge wa Rwimiyaga akarere ka Nyagatare mu ijoro ryo kuri uyu wa 22 Kamena 2014. Abaturage bakaba basabwe gukomeza kuba ijisho ry’umutekano hagamijwe guhashya abacuruza ibiyobyabwenge.
Mu gitondo cyo ku wa 22 Kamena 2014, ku cyicaro cy’akarere ka Muhanga, niho hatangirijwe igikorwa cyo gukora Sport kuri bose mu itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi muri Asosiyasiyo y’u Rwanda rwo hagati.
Mu mikino ihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona ya Volleyball, ikipe ya Rayon Sport Volleyball Club niyo yegukanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda APR VC imikino ibiri kuri umwe ku cyumweru tariki 22/6/2014 kuri Stade ntoya i Remera.
Imiryango itegamiye kuri Leta igize sosiyete sivile mu Rwanda iratangaza ko yishimira uburyo Guverinoma yabashyiriyeho ikigega kizajya kibafasha kwiteza imbere bakazamura umuryango Nyarwanda, ariko bagasaba Leta kwita ku guhanga imirimo no gushakira urubyiruko icyo gukora.
Ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd. cyahaye ishimwe rya mudasobwa igendanwa umusore witwa Irankunda Honoré wabashije umusaruro amahugurwa ku itangazamakuru yahawe na Kigali Today Ltd agahita ashinga urubuga www.icyogajuru.com.