Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze Abuja muri Nigeria aho agiye kwitabira Inama ngaruka mwaka ya 24 yiga ku bukungu bwa Afurika yateguwe n’umuryango World Economic Forum.
Ubwo yatangizaga internet ikoresha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, muri GS Kamabare mu murenge wa Nyarugenge mu karere ka Bugesera, Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, yasabye Abanyarwanda kubyaza umusaruro ibikorwa by’ikoranabuhanga bigenda bibegerezwa.
Abanyarwanda n’Abanyekongo baza kurangura mu Rwanda bavuga ko kuva mu kwezi kwa Werurwe bakwa amafaranga y’umurengera n’abakozi bo ku mupaka wa Congo atandikwa mu bitabo mu gihe ubajije impamvu akamburwa ibicuruzwa bikajya kubikwa.
Uwari kapiteni wa Manchester United, umunya Serbia Nemanja Vidic yasezeye ku mugaragaro mu ikipe ya Manchester United ubwo yari imaze gutsinda Hull City ibitego 3-1 mu mukino we wa nyuma kuri Stade Old Trafford wabaye ku wa kabiri tariki 6/5/2014.
Nyiramondo Joseline w’imyaka 30 y’amavuko ukora akazi k’ubukarani ku Ntenyo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhnago, arishimira akazi ke akora kuko kamurinda guhora ateze amaboko umugabo agirango amuhe ibimutunga.
Koperative y’abahinzi b’icyayi bakorera mu Gisakura bazwi ku izina rya Coopthe bari barafashe icyemezo cyo guhagarika amasezerano bari bafitanye n’uruganda rutunganya icyayi rwa Gisakura, kubera ko bavugaga ko kuva bagirana amasezerano, abahinzi b’icyayi bamaze guhomba amafaranga asaga miliyoni 100.
Mbarushimana Jean Pierre w’imyaka 44, utuye mu murenge wa Kibungo, akagari ka Cyasemakamba, umudugudu w’Amarembo,Akarere ka Ngoma, arahakana amakuru yari yamuvuzweho ko yari yiyahuye kubera ko umugore we amuca inyuma.
Umugabo witwa Nsigayehe Jean Bosco w’imyaka 32 wo mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya polisi azira gusambanya umukobwa w’imyaka 17.
Mu nama Abayobozi ba Polisi n’ab’Umujyi wa Kigali bagiranye n’abamotari kuri uyu wa kabiri tariki 06/7/2014, abamotari bagaragaje ko impamvu biruka bahunga abapolisi ku mihanda, ngo ari uko babahahamuye maze Polisi ibasaba kujya berekana ababahohotera, kugirango bajye babihanirwa.
Casa Mbungo André usanzwe ari umutoza w’ikipe ya AS Kigali, yahawe akazi k’umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu Amavubi, ahita anagatangira ubwo yashyiraga ahagaragara abakinnyi bagomba gutangira kwitegura gukina na Libya mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Itorero ADEPR, ribifashijwemo n’umushinga USAID Ejo heza, ryatangije igikorwa cyo kwigisha abantu bakuru kwandika, gusoma no kubara hifashishijwe telephone zigendanwa. Iki gikorwa cyatangijwe tariki 6/5/2014 nyuma y’amezi atatu kigeragejwe bagasanga bitanga umusaruro ufatika.
Ndagijimana Yuvenali, utuye mu murenge Gahunga, mu karere ka Burera, yiyeje kurwanya Abarembetsi ndetse n’abanywa ikiyobyabwenge cya kanyanga, abinyujije mu bigangano bye by’indirimbo maze umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Gasana Emmanuel, amwemerera moto nshya.
Bamwe mu bashoferi batwara imodoka za minibus zizwi ku izina rya twegerane, bavuga ko hatagize igikorwa ngo hagire ikigabanuka ku misoro bavuga ko ari myinshi bashobora kuva mu muhanda bagasubira ku isuka kuko ntacyo bacyunguka.
Mu gihe Uzabakiriho asaba ubuyobozi kumurenganura kuko yirukanywe aho yari acumbitse akekwaho amarozi kubera akanyamasyo yari atunze mu rugo, ubuyobozi bwizeza ko buzakemura ikibazo cye ariko nanone atari akwiye gutunga inyamanswa yo mu ishyamba mu rugo.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umugabo wa gatatu mu bacyekwaho kwiba icyuma gipima indwara (microscope) mu kigo nderabuzima cya Gisakura mu karere ka Nyamasheke.
Umubare mucye w’ababyaza mu Rwanda utuma byibura buri mubyeyi atagira umubyaza w’umwuga umwe cyangwa bakiyongera kugera kuri babiri mu gihe ari kubyara, nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumye ryita ku Buzima (OMS).
Lord George Leonard Carey wahoze ari umushumba mukuru w’itorero rya Canterbury ry’Abaporotesitanti b’Ababangilikani ku isi arasanga ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 20 ari ibyo kwishimira kuko bitangaje.
Abantu bane ni bo bamaze gupfa naho babiri barakomereka mu mpanuka ikomeye y’imodoka yo mu bwoko bwa SCANIA yavaga muri Tanzania yerekeza Kigali yagonganye na FUSO yavaga Kigali igana muri Rwamagana.
Umugabo witwa Nyandwi Jean Bosco ari mu maboko ya polisi y’u Rwanda azira ko kuwa 04/05/2014 yakubise ishoka mu rubavu umugore we agahita yitaba Imana amuziza ko atateste.
Itsinda riturutse muri Bangladesh, Ethiopie, Uganda hamwe n’abakozi ba UNICEF na DFID bashimye ibikorwa bimaze kugerwaho mu murenge wa Manyagiro mu karere ka Gicumbi muri gahunda ya VUP ndetse babigiraho uburyo bazabyifashisha mu kuzamura imibereho y’abaturage babo bakivana mu bukene.
Ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa kabiri tariki 06/05/2014, umuntu ucyekwaho ubujura yarasiwe mu mujyi wa Kigali hafi ya banki ya Kigali ubwo polisi yamubonaga ashaka kwiba ibintu mu modoka yagerageza kumufata akiruka.
Abanyeshuri biga mu ishami ry’imibare ubukungu na mudasobwa mu kigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Ruhuha mu karere ka Bugesera, baravuga ko batewe impungenge n’umubare muto wa mudasobwa bigiraho kuko uyu mwaka bazakora ikizamini cy’iri somo gisoza amashuri yisumbuye.
Mu gihe hari hashize igihe kitari gito imirimo yo kubaka hotel y’Akarere ka Gatsibo ihagaze, ubu noneho yongeye gusubukurwa. Imirimo yari yahagaze nyuma y’amezi atanu iyi hoteli itangiye kubakwa.
Umuyobozi wungirije w’umuryango w’abibumbye wita ku bana (UNICEF), Geeta Rao Gupta arasaba ababyeyi b’abagabo kwita ku mikurire y’abana ba bo kuva bagisamwa na nyuma yo kuvuka, kuko iyo bikozwe bituma umwana akura neza haba mu mutwe no ku mubiri.
Ubwo abatuye akarere ka Huye basabwaga gutanga ibitekerezo ku mushinga w’itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe, impano, n’izungura, basabye ko ababyeyi bazajya batanga iminani bararangije kubyara.
Umuhanzi Faycal Ngeruka wahinduye izina aho asigaye yitwa Kode, ni umwe mu bahanzi bitabiriye amarushanwa ya“Euro Music Contest” nyuma y’imyaka itatu gusa amaze aba ku mugabane w’Uburayi, akaba akeneye ubufasha bwa buri Munyarwanda mu kumutora.
Nyuma y’igihe gito atangiye kuyobora intara y’uburengerazuba, Guverineri Mukandasira Caritas taliki ya 5/5/2014 yasuye abaturage batuye mu mirenge ya Busasamana, Bugeshi na Cyanzarwe na Mudende yegereye umupaka wa Kongo aho ashimira abaturage kugira uruhare mu gufatanya n’inzego z’umutekano.
Mu nama bagiraye na bamwe mu bayobozi mu karere ka Rulindo, itsinda ry’abadepite bane bagize komisiyo ya politike y’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere ry’igihugu, bahumurije aba bayobozi ko mu nteko badateze gutora itegeko ryemerera Abanyarwanda gukora ubutinganyi.
Ubwo Nyampinga w’u Rwanda 2014, Akiwacu Colombe, yari amaze gukora ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga, yatanze ubutumwa akangurira abantu kwirinda gushakira impushya zo gutwara ibinyabiziga mu nzira zitemewe n’amategeko nk’uko hari bamwe bamaze iminsi babifatirwamo na Polisi y’u Rwanda.
Ubwo Umuvunyi mukuru, Aloysie Cyanzayire, hamwe n’itsinda ry’abakozi b’uru rwego bari mu karere ka Nyagatare muri gahunda y’icyumweru cyahariwe kurwanya n’akarengane, yagejejweho ibibazo byerekeye ubutaka bukoreshwa icyo butagenewe.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango bwasabye ko iteme riri mu gishanga cya Base muri uyu murenge ahari umuhanda wakoreshwaga n’imodoka ziturutse i Kigali zikanyura mu Ruhango zikerekeza Buhanda n’ahandi, ko ryaba rihagaze kugirango ridateza impanuka zikomeye kuko ryamaze kwangirika bikomeye.
Umusore witwa Ndikumana Bernard w’imyaka 30 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi mu karere ka Bugesera akurikiranyeho icyaha cyo gutera umumotari icyuma agamije kumwiba moto yari atwaye.
Ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda n’umushinga Operation Smile, kuva ku munsi w’ejo tariki 04/05/2014, inzobere z’abaganga bo muri Amerika ziri mu Bitaro bya Ruhengeri mu gikorwa cyo kuvura abantu bafite indwara y’ibibari.
Habinshuti Jean de Dieu na Karimunda Jean Bosco bombi b’imyaka 26 bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu Karere ka Musanze kuva ku cyumweru tariki 04/05/2014 nyuma yo gufatanwa miliyoni zisaga gato 30 bari bibye umucuruzi wo mu Mujyi wa Kigali.
Komisiyo y’ubutabera n’amahoro ya Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yamurikiye abayobozi bo mu nzego z’ibanze n’abafatanya bikorwa b’iyi komisiyo bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ubushakashatsi bwakozwe ku mibereho y’abasigajwe inyuma n’amateka hagamijwe kugirango icyo cyiciro cy’Abanyarwanda nacyo kizamuke mu iterambere.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 05/05/2014, impunzi zo mu nkambi ya Kigeme zakoreshejwe na kampani ya COOP Rwanda mu mirimo yo gukora imiyoboro y’amazi harwanywa isuri mu nkambi ya Kigeme maze ntizishyurwe, zakoze imyigaragambyo zifunga umuhanda winjira muri iyo nkambi zisaba ko zakwishyurwa amafaranga zakoreye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko nta muntu n’umwe wemerewe kujya kwiga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kubera impamvu nyinshi zirimo umutekano w’igihugu, impamvu z’uburezi buhatangirwa, umuco n’ibindi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 bo mu muryango wa Sebitabi Damien wari utuye mu kagari ka Nyabivumu mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe bahaye imbabazi abantu 28 bishyuzwaga imitungo basahuye iwabo.
Mu gihe mu murenge Mutendeli ho mu karere ka Ngoma habarizwa igigo by’imari na Banki, umubare wabitabira kubitsa no kuguriza uracyari muke muri ibi bigo by’imari.
Umuryango IBUKA ushinzwe kurengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda wamaganye icyemezo cy’umucamnanza Theodor Meron cyo gufungura Dr Ntakirutimana Gérard wari wakatiwe gufungwa imyaka 25 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
John Ngirababyeyi w’imyaka 35 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa aha umupolisi ushinzwe umutekano mu muhanda ruswa y’amafaranga ibihumbi bibiri.
Bamwe mu bayobozi mu karere ka Rulindo cyane cyane abunzi ngo bakunze guhura n’ibibazo bijyanye n’amakimbirane mu miryango byiganjemo iby’impano, izungura n’ibindi, bakabura uko babikemura kuko nta tegeko ryihariye ryari rihari mu gukemura ibyo bibazo.
Abarimu kimwe n’abanyeshuri ba Kaminuza ya INATEK Campus ya Rulindo basanga abize bagomba gufata iya mbere mu kugarura isura y’igihugu, bahumuriza abahungabanye kandi ngo bakaba ari nabo bafata iya mbere mu gusana imitima y’ababuze ababo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994.
Ibihano byari byafatiwe ikipe ya Rayon Sport kubera imvururu zabaye kuri Stade Amahoro nyuma y’umukino wari wahuje iyo kipe na AS Kigali tariki 20/4/2014, byagabanyijwe nyuma y’aho ubuyobozi bw’iyo kipe bufashe icyemezo cyo kujurira kuko bwavugaga ko butemera ibyo bihano.
Umuhanzi w’umunyarwanda Alpha Rwirangira ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri ubu ari mu Rwanda aho yaje mu biruhuko by’amezi atatu nk’uko yabitangarije abanyamakuru ubwo yari akimara kugera ku kibuga cy’indege.
Mu murenge wa Nyarubaka wo mu karere ka Kamonyi, tariki 3 Gicurasi, bibutse abana b’abahungu bishwe bazira ko ari abatutsi. Aba bana batswe ababyeyi ba bo bari mu rugendo rwerekezaga i Kabgayi aho bari bahungiye.
Kuwa gatandatu tariki 03/05/2014 mu karere ka Nyanza habereye umuhango wo kwibuka no gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 basaga ibihumbi 20 bakaba bashyinguwe mu rwubutso rushya rw’aka karere.
Abayobozi, abakozi n’abanyeshuri b’ishuri rikuru ry’ikoranabuhanga rya Tumba College of Technology baratangaza ko gusura urwibutso ari ugusubiza agaciro Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Umusaza witwa Nyabwami Karoli utuye mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma, avuga ko kuva yaca ubwenge yahise yiga umwuga wo gukora amagari none akaba awumazemo imyaka 60 umutunze kandi wamugejeje kuri byinshi.