Ubwo yari mu nteko ishinga amategeko kuri uyu wa 14/10/2014, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanangirije abarwanya ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 20 ishize, ko ibyo bavuga ngo bitera imbaraga aho guca intege Leta ayobora.
Ubwo ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwasuraga umurenge wa Cyato tariki ya 24/09/2014, umugabo witwa Hafashimana Corneille wo mu mudugudu wa Rutiritiri mu kagari ka Mutongo mu murenge wa Cyato yarezwe kwigomeka n’abaturage bafatanyije n’ubuyobozi, kuva icyo gihe ahita acika aburirwa irengero kugeza magingo aya.
Umuyobozi mukuru w’Inteko ishinga amategeko y’igihugu cya Israel, Ronen Plot hamwe n’abo bari kumwe bari mu Rwanda kuva ku cyumweru tariki 12/10/2014, kuri uyu wa kabiri tariki 14/10/2014 basuye ingoro ndangamurage z’u Rwanda ziherereye mu Ntara y’Amajyepfo mu rwego rwo kwagura umubano ushingiye ku muco w’ibihugu byombi.
Indaya zituruka ku migabane y’uburayi na Aziya zakomeje kujya ziyongera cyane muri Afurika, cyane cyane abashinwakazi, bigatuma isoko ry’indaya za Afurika rigabanuka.
Abaturage bo mu Kagari ka Simbwa mu Murenge wa Kabarore, Akarere ka Gatsibo, bemeza ko hari amazina ahabwa bimwe mu biyobyabwenge kugira ngo ababicuruza n’ababinywa babashe kujijisha ubuyobozi mu gihe bwakoze umukwabo.
Nyuma y’uko hatangijwe koperative umwarimu SACCO, ihuriwemo n’abarimu ngo ibafashe kwiteza imbere babitsamo kandi inabaha inguzanyo, bamwe mu barimu bayigannye bagafata inguzanyo bavuga ko biteje imbere.
Senateri Bernard Makuza kuri uyu wa kabiri tariki 14/10/2014 atorewe kuba Perezida wa Sena akaba asimbuye Dr Jean Damascene Ntawukuliryayo weguye kuri uwo mwanya tariki 17/09/2014.
Museveni w’imyaka 21 y’amavuko ukomoka mu gihugu cy’u Burundi muri Ngozi, yatawe muri yombi n’abaturage muri iki gitondo tariki ya 14/10/2014, bamukekaho gusambanya ku gahato umukecuru w’imyaka 94 y’amavuko.
Karerangabo Antoine na Nkurikiyimana Ladislas bagiranye amakimbirane ashingiye ku bukode bw’urukero rusatura ibiti mu gihe kirekire, baratangaza ko ubu ari inshuti magara biturutse ku bunzi bo mu kagari batuyemo.
Abahinzi b’ibirayi bemeza ko uruganda runini rutunganya umusaruro uva ku birayi rugiye kubakwa mu karere ka Musanze ruzaba igisubizo ku musaruro w’ibirayi wabo kuko bawuboneye isoko rihoraho.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Murambi bavuga ko kwegerezwa abunzi byagabanyije amakimbirane n’igihe batakazaga basiragira mu nkiko, dore ko muri uwo Murenge abunzi babashije gukemura ibibazo birenga 630 mu myaka ine gusa.
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Burera bavuga ko abunzi babafasha cyane mu kubakemurira ibibazo ndetse no kubunga kuburyo bikwiye ko bajya bahabwa insimburamubyizi mu gihe bagiye mu kazi kabo.
Abunzi bo mu karere ka Nyamagabe ngo ntibabonera mitiweli bagenerwa ku gihe bigatuma batavurwa iyo boherejwe ku yandi mavuriro mu gihe ivuriro risanzwe ribavura ridafite ubushobozi bwo kubavura indwara runaka.
Abanyeshuri ba Sonrise School, ishuri riherereye mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Cyuve, kuri uyu wa mbere tariki 13/10/2014, basuye Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy) kugira ngo biyungure ubumenyi mu bijyanye no kubaka amahoro aho batuye no ku isi hose.
Umugabo witwa Nambajimana Jean Pierre w’imyaka 32 yatemye umwana w’imyaka 12 amuziza kumwahirira ubwatsi mu ikawa.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe Abunzi tariki 13/10/2013, Minisitiri w’ubutabera Busingye Johnston yasabye abaturage kubaha ibyemezo by’Abunzi n’imyanzuro baba bafashe, nubwo byaba bitabashimishije maze bakagana inzego zisumbuye.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzirange (Rwanda Standard Board) kirasaba Abanyarwanda kugira uruhare mu gucunga no gutahura ibiribwa byo mu Rwanda cyangwa ibyinjizwa rwihishwa mu Rwanda nta buziranenge bifite, nk’uko basanzwe babikora mu kwicungira umutekano.
Amakuru dukesha urubuga www.atlantico.fr avuga ko umugore waba waraciye agahigo mu kubyara abana benshi ku isi ari umurusiyakazi wabayeho mu kinyejana cya 18.
Protais Murayire wari umuyobozi w’akarere ka Kirehe mu Ntara y’uburasirazuba amaze kwegura ku mirimo ye kuri uyu mugoroba wo kuwa 13/10/2024. Yeguye ku mwanya w’ubuyobozi bw’akarere no ku mwamya w’ubujyanama muri njyanama y’akarere.
Bamwe mu banyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bo mu kagari ka Cyamunyana mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, baravuga ko birukanwa mu mazu bakodesherejwe n’ubuyobozi kuko ba nyirayo batishyurwa.
Abunzi bo mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagifite ikibazo cyo kubona uko bagera aho ibibazo bakemura biri, bityo bikadindiza imikorere yabo bituma badaha abaturage ubufasha bwose vuba baba babakeneyeho.
Ubuhamya Kigali Today ikesha Abanyarwanda bari bamaze ukwezi kurenga bafungiwe muri Kongo i Goma muri gereza yitwa T2, bavuga ko bamwe mu Banyarwanda bafatirwa mu mujyi wa Goma bajyanwa kwicirwa mu birindiro bya FDLR.
Umuyobozi wa Rayon Sport, Ntampaka Theogene, yemereye abanyamakuru ko iyi kipe iri mu biganiro n’umutoza Richard Tardy wahoze mu mavubi ariko ntiyatanga igihe azaba yagereye mu ikipe.
Sebanani Vincent wahoze ari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge mu karere ka Nyaruguru arasaba akarere kumwishyura amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 13 yatsindiye mu rukiko nyuma yo kwirukanwa mu kazi mu buryo butubahirije amategeko.
Tariki ya 25/7/2014 nibwo Gahekukokari yagiye gusezerana imbere y’amategeko na Uwimana Séraphine mu murenge wa Gisenyi basezerana ivanga mutungo rusange, bakaba bateganya gusezerana imbere y’Imana mu itorero rya Anglican mu mujyi wa Gisenyi tariki ya 25/10/2014.
Nyuma y’imyigaragambyo abanyarwanda baba mu gihugu cy’u Bwongereza n’amashyirahamwe y’abarokotse Jenoside bagiriye aho inyubako ya Radio-Televiziyo y’abongereza (BBC) ikorera mu mpera z’icyumweru gishize; banasohoye inyandiko yamagana filimi ivugwa ko ipfobya Jenoside yakorewe abatutsi yasohowe n’icyo gitangazamakuru.
Mu karere ka Nyabihu hari kugenda hashyirwaho amavuriro aciriritse (Poste de santé) ku rwego rw’akagari mu rwego rwo kwegereza abaturage serivise z’ubuzima no kugabanya igihe abaturage bakoreshaga bagana kwa muganga.
Abaturage bafashwa n’umushinga Compassion international ukorera mu murenge wa Save, mu karere ka Gisagara, bavuga ko wabavanye kure kandi ko bigishijwe kubyaza umusaruro ibyo bahabwa bityo bakaba batasubira inyuma n’iyo umushinga wahagarara.
Abahoze babarizwa mu mutwe wacungaga umutekano w’abaturage witwa Local Defense bo mu murenge wa Ruheru mu karereka Nyaruguru bahawe ibyemezo by’ishimwe, bashimirwa uburyo bafashije mu gucunga umutekano.
Abasheshe akanguhe bo mu karere ka Huye bagaya umuco wo kwicana no gukimbirana bikomeye usigaye ugaragara mu ngo zimwe na zimwe zo mu Rwanda, bakanagaya urubyiruko rwokamwe n’ubusambanyi no kunywa ibiyobyabwenge.
Umunyamakuru Marie Chantal Nyirabera yamaze gushyira hanze igitabo kivuga ku byiza bitatse u Rwanda acyita “Rwanda For You”.
Umuhanzi Meddy usigaye abarizwa muri Amerika aho akomeje ibikorwa bye by’ubuhanzi, yakoze impanuka y’imodoka Imana ikinga ukuboko, nk’uko yabitangaje abinyujije ku rubuga rwa facebook.
Abanyarwanda Arthur Nkusi na Frank Joe babashije gukomeza mu marushanwa ya Big Brother mu gihe hamaze gusezererwa babiri muri bagenzi babo bari kumwe muri iri rushanwa ririmo kubera muri Afurika y’Epfo.
Abahinzi barenga 100 bo mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma bibumbiye muri koperative bagiye guhinga imboga n’imbuto kuri hegitari enye ku nkengero z’ikiyaga cya Mugesera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi burasaba abafatanyabikorwa kugira ibipimo bigaragaza urwego baba basanzeho abagenerwabikorwa babo kugira ngo bijye byoroshya gusuzuma imizamukire yabo.
Nyuma y’imyaka irenga irindwi mu Rwanda hatangijwe gahunda y’uko abize iby’ubuganga biga mu buryo bwimbitse (spécialisation) mu mashami amwe n’amwe y’ubuganga, abitabira kwiga ibijyanye no kubaga (chirurgie) no gutera ibinya (anesthésie) baracyari bake cyane ugereranyije n’abiga mu yandi mashami nyamara ngo na bo barakenewe (…)
Abanyamakuru bo mu bitangazamakuru bitandukanye mu gihugu batangaza ko hari amakosa bakoraga mu gihe cyo gutara no gutangaza inkuru zirebana n’abana bitewe n’ubumenyi buke ariko ngo ntazongera ukundi.
Uzziel Rwemera utuye mu kagari ka Muhamba, umurenge wa Musaza wo mu karere ka Kirehe yafatanwe ibiro 28 by’urumogi na litiro eshatu za kanyanga kuri uyu wa gatandatu tariki 11/10/2014 ubwo Polisi yamugwaga gitumo iwe mu rugo atararugurisha.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umukobwa mu karere ka Bugesera, tariki 11/10/2014, inzego zitandukanye zasabwe gufatanya maze hagakumirwa inda zitateguwe mu bana b’abakobwa.
Bamwe mu batuye akarere ka Gisagara baratangaza ko kugira ngo ihohoterwa rikorerwa abana b’abakobwa ricike burundu hakenewe uruhare rw’ababyeyi, ariko kandi n’urubyiruko rw’abahungu ruvuga ko rufite inshingano zo kurwanya ihohoterwa rikorerwa bashiki babo bitabira kurigaragaza mu buyobozi igihe ribonetse.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard, atangaza ko gukora siporo bituma akazi ke agakora neza kandi bikanamufasha gusabana n’abaturage bakamwiyumvamo.
Iyo winjiye mu mujyi wa Nyamagabe, ku muhanda wa kaburimbo munsi y’ahahoze isoko rya Nyamagabe, ubona iseta ry’abagabo baba bicaye iburyo n’abagore bicaye ibumoso bwabo kandi ugasanga abenshi muri bo nta suku bafite.
Urwego rw’Umuvunyi kuri uyu wa gatandatu tariki 11/10/2014 rwatangaje amarushanwa y’urubyiruko mu Ntara y’Amajyaruguru agamije gukangurira urubyiruko kwirinda no gukumira ruswa.
Abanyamuryango ba koperative dutabarane yo mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi baravuga ko batishimiye kuba imodoka baguze ngo ijye ibatabara mu gihe bagize ibyago byo gupfusha bagiye kujya bayishyura.
Mu kagari ka Remera mu murenge wa Rusebeya ho mu karere ka Rutsiro, nta mugore wemerewe kurenza saa moya z’ijoro atarataha mu rugo. Iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kubona ko abagore basinda bagataha amasaha akuze kandi ngo bigatanga isura mbi ku gitsina gore.
Muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza, ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru burazenguruka imirenge yose busuzuma imikorere y’utugari tugize iyo mirenge. Mu tugari tumaze gusurwa, abayobozi ngo bagerageza gushyira mu bikorwa inshingano zabo, gusa ngo hari ahakigaragara intege nke.
Imibare itangwa n’ibitaro by’akarere ka Nyanza ikanemezwa n’ubuyobozi bw’aka karere irerekana ko uburwayi bwa malariya bukomeje kuza ku isonga, aho abafatwa nabwo bageze ku gupimo cya 51.2% by’abaturage baje bagana ibigo nderabuzima n’ibitaro by’akarere muri uyu mwaka wa 2014.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare n’umuryango w’abanyeshuri ba kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Nyagatare ndetse n’ishuri rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare b’abakirisitu b’itorero ADEPR, baratabariza abarwayi bo muri ibi bitaro badafite amikoro basaba abagira neza kubafasha kubaho.
Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) yavuye mu ibarura ry’abaturage riheruka igaragaza ko 93% by’abatuye akarere ka Ngororero bakoresha ibituruka ku bimera mu gucana no muyindi mirimo isaba umuriro, naho 7% gusa nibo bagerageza gukoresha ubundi buryo burimo ingufu za biyogazi, amashanyarazi n’ibindi.
Isoko mpuzamipaka rizubakwa ahitwa Rugari ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu karere ka Nyamasheke rishobora kuba ryuzuye bitarenze umwaka mu gihe ibikenewe byose byaba bimaze gukorwa.