Abakozi b’akarere ka Rwamagana barasabwa gushyira hamwe bagakoresha imbaraga zabo kugira ngo banoze umurimo maze akarere kabo barusheho kugateza imbere.
Imfungwa n’abagororwa basaga ibihumbi bitandatu bafungiye muri gereza y’Akarere ka Nyanza tariki 01 Gicurasi 2014 bifatanyije n’abandi mu kwizihiza umunsi mpuzamhanga w’umurimo banahemba bamwe muri bo babaye indashyikirwa mu kuwitaho mu gihe bagifungiye muri iyi gereza.
Nyirishema Frodouard ushinzwe gahunda z’ubuzima mu karere ka Ruhango niwe wahize abandi bakozi muri uyu mwaka mu gukora neza ishingano ze. Ubuyobozi bwamushimiye imbere y’abandi bakozi, ubwo hizihizwaga umunsi w’umurimo tariki 01/05/2014 bunabasaba kumwigiraho kugirango imihigo y’akarere irusheho kweswa 100%.
Nyuma yo kwiga ku byaha umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke, Gatera Egide, aregwa urukiko rw’ibanze rwa Kamembe rwanzuye ko uyu muyobozi yakurikiranywa afunze byagateganyo mu igihe cy’iminsi 30 mu gihe iperereza ku byaha ashinjwa rigikomeje.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko witwa Uwineza Hasina, wo mu mudugudu wa Kimbazi mu kagari ka Ntunga mu murenge wa Mwurire wo mu karere ka Rwamagana, yishwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana, bamusanze mu nzu aho yari aryamye bakamuniga kugeza apfuye.
Mu gihe ku biro by’abakozi ba Leta ndetse n’amabanki mugi wa Butare hiriwe hafunze uyu munsi tariki 1/5/2014, mu maserivisi atangwa n’abikorera ho abantu bakoze bisanzwe ku buryo utamenya ko ari umunsi wa konji nk’uko abantu bakunze kubivuga ku munsi wagenewe ikiruhuko.
Umuholandi Daan Roosegaarde yabashije gukora ikanzu « Intimacy 2.0 » ibonerana iyo ubushyuhe bw’umubiri w’uyambaye bwiyongereye n’umutima we ugateragura bidasanzwe. Iyo bigeze aho uyambaye ashaka gukora imibonano mpuzabitsina bwo ngo irabura (ntiba ikigaragara).
U Rwanda rwamaze gushyikiriza ikigo mpuzamahanga cy’umurage w’isi urutonde rw’ibanze (liste indicative) rw’umurage ndangamuco. Urwo rutonde rugizwe n’inzibutso za Jenoside enye ari zo Nyamata, Bisesero, Murambi na Gisozi.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo w’igihugu mu nteko ishinga mategeko y’u Rwanda (PAC), yijeje abaturage bo mu mirenge ya Ruhango, Ntongwe na Kinazi yo mu karere ka Ruhango, ko ikibazo bamaranye imyaka isaga 10 na EWSA kigiye gukemurwa vuba.
Ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Emmanuel Gasana bagiriraga urugendo mu Karere ka Gakenke kuwa 30 mata 2014 yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze kwamagana no kwirinda gukorana n’abagerageza guhungabanya umutekano, ibi kandi bakabyigisha n’abaturage.
Sharlene Simon w’imyaka 42, mu myaka itaragera kuri ibiri ishize yagonze abana batatu bari ku magare, umwe muri bo witwa Brandon abikurizamo gupfa. Kuri ubu, ari gukurikirana mu bucamanza abo bana kuko ngo kubagonga byamuviriyemo “agahinda n’ubwoba bikabije”.
Intumwa za rubanda ziri muri komisiyo ya politiki, uburinganire bw’abagabo n’abagore mu iterambere ry’igihugu zagendereye Akarere ka Ngororero ku wa gatatu tariki 30/04/2014 zasobanuriye abaturage umushinga w’itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, izungura, itangwa ry’umunane, impano n’irage.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubuzima Rusange n’Ubuvuzi bw’Ibanze muri minisiteri y’Ubuzima, Dr Anita Asiimwe, yasuye ibitaro bya Muhororo byubatse mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero abyemerere kuzakora ubuvugizi ngo byagurwe.
Jeni Klugman ushinzwe ishami ry’uburinganire bw’abagore n’abagabo muri Banki y’Isi, waruri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, atangaza ko yashimishijwe n’uburyo abagore n’abakobwa bari kwiteza imbere mu Rwanda.
Nyuma yuko havuzwe amakuru yuko umubyeyi w’umuhanzi Kizito Mihigo, Ilibagiza Placidie, arwaye ndetse rumwe mu mbuza za internet zikorera mu Rwanda rukandika rubyemeza, amakuru yizewe aranyomoza iyo nkuru.
Ishuri rikuru ry’abalayiki b’abadivantisti b’umunsi wa karindwi rya Kigali, INILAK ryavuze ko uburezi n’inyigisho ritanga, bizafasha abaryigamo kudategereza ak’imihana kaza imvura ihise ahubwo bakishakamo ibisubizo nta gutega amaramuko ku mahanga.
Ikamyo yari yikoreye mazutu yavaga Tanzaniya ijya i Kigali yahiriye mu murenge Gatore mu karere ka Kirehe ku mugoroba wa tariki 30/04/2014 yangiza n’imyaka yegereye ku muhanda ariko nta muntu wahasize ubuzima.
Mu mpera z’icyi cyumweru ku wa gatandatu no ku cyumweru i Kigali hazabera irushanwa ngarukamwaka ry’umukino wa Handball mu bagabo n’abagore, mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abakozi wizihizwa tariki ya mbere Gicurasi buri mwaka.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abagore muri ruhago, Grace Nyinawumuntu, yashyize ahagaragara abakinnyi 24 bagomba gutangira imyitozo ku wa gatandatu tariki 3/5/2014 bitegura gukina na Nigeria mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia muri Kanama uyu mwaka.
Ababyeyi barerera mu ikigo cy’ishuri ribanza UPEEC LA LUMIERE rikorera mu murenge wa Kamembe mu gitondo cyo kuwa gatatu tariki 30/04/2014 batunguwe no kubona abana babo birukanywe mu ishuri babwirwa ko bagomba kuzana 50000 Rwf yo kubaka ishuri yiyongera ku yandi 35000 bari basanzwe batanga by’ishuri.
Imbwa z’inzererezi 150 zimaze kwicwa mu karere ka Bugesera mu rwego rwo gukumira indwara y’ibisazi by’imbwa, izo mbwa zatangiye kwicwa mu ijoro ryo kuwa 25/4/2014 mu mirenge itandukanye.
Kuva mu mpera z’umwaka wa 2013 no mu ntangiriro za 2014, abantu babiri basize ubuzima mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu Mujyi wa Musanze, abandi umunani barakomereka. Ibi bikorwa by’ubugizi bishyirwa ku mutwe wa FDLR na bamwe mu bayobozi bakorana ngo kubera indonke n’inyota y’ubutegetsi bafite.
Umusore witwa Simpunga Frédéric ubu ubarizwa mu Karere ka Nyamagabe, ariko akaba akomoka mu Murenge wa Kinazi, muri uyu mwaka wa 2014 ni ho honyine atibutswe nk’uwazize Jenoside. Abasigaye bo mu muryango we kimwe n’abaturanyi, bibwiraga ko yapfanye n’ababyeyi be.
Ku kicaro cy’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kiri i Arusha muri Tanzaniya hashyizwe ikimenyetso cyanditseho amagambo yo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu cyegeranyo cyashizwe ahagaragara taliki 26/4/2014 n’itsinda ry’abasirikare ba ICGLR rishinzwe kugenzura imipaka ya Kongo n’ibihugu biyikikije hamwe n’irishinzwe gukusanya amakuru ivuga ko aya matsinda abiri ashobora guhagarara kubera kubura amafaranga yo gukoresha.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, Paul Rwarakabije arasaba abacungagereza kurangwa n’umuco wo kwiyubaha kugira ngo basohoze inshingano zikomeye zo kurinda imfungwa n’abagororwa ndetse no kubahuza n’imiryango yabo.
Umuyobozi wa Entreprise Urwibutso, Sina Gerard, arabeshyuza amakuru amaze igihe avugwa ko yaba atekesha amavuta y’ingurube ibyo kurya bicururizwa kuri Nyirangarama mu murenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, arasaba abayobozi ndetse n’abaturage bo mu karere ka Burera gushishikariza Abarembetsi kuza ku buyobozi mu mirenge bakimenyekanisha kugira ngo bakore amakoperative bityo baterwe inkunga, bakore imishinga ibyara inyungu, ibateza imbere.
Abayobozi batandukanye bakanguriye abaturage b’umurenge wa Kamembe kurushaho kwitabira ibikorwa byo kwibuka; nyuma yo kubona ko mu muhango wo kwibuka abazize Jenoside wabereye muri uwo murenge tariki 30/04/2014 hitabiriye abaturage bacye ugereranyije n’abahatuye.
Mu gihe hashize imyaka 20 mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abasaga miliyoni imwe, haracyari imibiri y’abishwe muri iyo Jenoside itaraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro mu gihe abarokotse Jenoside, imiryango irengera inyungu zabo ndetse n’ubuyobozi badahwema gusaba ko abafite amakuru kuri iyo mibiri (…)
Mu ijoro rishyira tariki 30/4/2014, umugore witwa Barakagwira Maria; bamusanze yapfiriye mu kabari ka Tereraho Oreste gaherere ye mu mudugudu wa Nyarubuye, akagari ka Mpushi, mu murenge wa Musambira.
Guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2014, ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko bwatangiye igikorwa cyo gukurikirana abayobozi batatira igihango bahawe cy’imiyoborere inoze ntibuzuze inshingano bahawe.
Abagabo bane bivugwa ko ari abo mu Murenge wa Kabarore Akarere ka Gatsibo, barashakishwa n’inzego z’umutekano bakurikiranyweho gusambanya ku ngufu umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko.
Bugingo Jean Bosco wo mukigero cy’imyaka 70 ukora akazi ke ko kurinda ibipangu by’abihaye Imana mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma avuga ko amaze imyaka 30 akora akazi k’ubuzamu akoresheje intwaro y’itopito.
Guido Ntameneka ukomoka mu murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, akaba yararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 asanga nta gisobanuro na kimwe cyasobanura urupfu Abatutsi bapfuye. Yabitangaje tariki 28/4/2014 ubwo Abanyakinazi bibukaga Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu biganiro by’iminsi ibiri bihuje impuguke za Minisiteri y’ibikorwaremezo, ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire n’uturere twa Ngororero, Rutsiro, Rubavu na Nyabihu baganira kuri gahunda yo kunoza imiturire mu Rwanda, hagaragajwe ko hakiri imbogamizi zo kudakoresha ibishushanyo mbonera mu miturire.
Minisiteri y’Ubucuruzi ibinyujije mu mushinga wayo PPMER II ku bufatanye na banki ya Sacco Rubengera, kuri uyu wa 29 Mata 2014 bafashije urubyiruko rwo mu Murenge wa Rubengera kwihangira umurimo babaha ibikoresho by’imyuga yo kudoda no kogosha bifite agaciro k’amafaranga 870,000.
Abatuye umurenge wa Kazo mu karere ka Ngoma barishimira uburyo agaseke ko mu cyunamo cya Jenoside cy’uyu mwaka wa 2014 kitabiriwe kugera ubwo havuyemo miliyoni imwe n’ibihumbi 200 yaguzwe inka eshanu zaremewe abarokotse Jenoside batishoboye.
Iyangirika ry’ikiraro cya Kazaza cyubatse hejuru y’umugezi w’Umuvumba utandukanya tumwe mu tugali tugize umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare, rihangayikishije benshi bakaba bifuza ko cyasanwa byihuse.
Ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni yasuraga abaturage bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze , kuri uyu wa Kabiri tariki 29/04/2014, yashimye intambwe bamaze gutera biteza imbere, yavuze ko iterambere ritagomba kuba amagambo ahubwo rigaragarira ku isura, mu muryango no mu mufuka.
Ubwo Real Madrid yatsindaga Bayern Munich ibitego 4-0 mu ijoro ryo kuri uyu wa 29 Mata 2014 byatumye Christiano Ronaldo yesa agahigo ko gutsinda ibitego byinshi muri Champion’s League mu mwaka umwe.
Kuri stasiyo ya Polisi ya Gisagara, hafungiwe abasore bane bakekwaho gucuruza no gukoresha amafaranga y’amahimbano, bakavuga ko bayahabwa n’umugabo witwa Ngiruwonsanga Felix uzwi ku izina rya Rukara, aho bamuha amafaranga mazima akabaha amafaranga y’amakorano akubye kabiri ayo baba bamuhaye.
Minisitiri w’ubutegetsi w’igihigu, Musoni James, arasaba abayobozi ndetse n’abandi baturage bo mu karere ka Burera baba baravuganye n’umwanzi w’u Rwanda ko bajya kubimenyesha ubuyobozi cyangwa abashinzwe kubungabunga umutekano kuko nta nkurikizi bazagira.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, yijeje abaturage bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze ko umutekano wabo ucunzwe neza badakwiye kugira impungenge zo kurara badasinziye bakeka ko hari uwawuhungabanya.
Nyuma yo guhagarika ibyangombwa byo gutwara abantu ku bamotari bo mu bigo bigize sendika yitwa SYTRAMORWA, kubera ko byarimo ibihimbano; Ikigo gishinzwe igenzuramikorere (RURA), cyamenyesheje ko kirimo gutanga uburenganzira bw’agateganyo buzamara amezi atatu kuri abo bamotari, kugirango babanze bajye mu makoperative.
Umubyeyi witwa Nyirahabimana Marcelline utuye mu mudugudu wa Gakoma akagali ka Kanyonza umurenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare yabyaye abana batatu mu ijoro ryo kuwa 25 Mata 2014. Aba bana baje biyongera ku bandi barindwi asanzwe afite.
Imiryango y’abahungutse bava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo batuye mu tugari tugize umurenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko ubuzima bw’ubuhunzi bwari bubi cyane kandi babeshwaga byinshi ku Rwanda byababuzaga gutaha.
Mu kagari ka Ruyenzi, mu murenge wa Runda, ahitwa Kamuhanda, umugore witwa Nsekambabaye Solange, yasanze ibintu byo mu nzu ye byatwitswe n’abantu batazwi. Bitewe n’uko yari amaze gutongana n’inshuti ye akaba ari nawe wari uzi aho abika urufunguzo, arakeka ko ariwe wabitwitse.
Umugabo witwa Felix Ngayaboshya ukorera mu karere ka Ruhango mu ntara y’amajyepfo avuga ko yafashe icyemezo cyo gutandukana n’umugore we nyuma y’aho amufatiye mu cyuho mu rukerera rwo kuwa 28/04/2014 mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza yararanye n’undi mugabo bari basigaye babana nk’umugabo n’umugore.
Umwana w’umukobwa witwa Byukusenge Divine wari ufite imyaka umunani y’amavuko yapfuye arohamye mu mugezi w’Akanyaru umurambo we uburirwa irengero.