Bwa mbere nyuma y’imyaka 20 Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 ibaye, urubyiruko ruri mu mashyaka atandukanye yo mu Bufaransa rwatangaje ko rurambiwe politiki yo kuruca ukarumira ku ruhare rwa bamwe mu bayobozi b’Abafaransa bagize uruhare muri Jenoside mu Rwanda.
Ikipe y’igihugu ya Cote d’Ivoire izategereza umukino wayo wa nyuma mu itsinda izakina n’Ubugereki kugirango yizere gukomeza muri 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’isi, nyuma yo gutsindwa na Colombia mu mukino wayo wa kabiri ku wa kane tariki 19/6/2014.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu mu mupira w’amaguru, Haruna Niyonzima, akaba anasanzwe anakina nk’uwabigize umwuga mu ikipe yo muri Tanzaniya izwi ku izina rya “Yanga Africans” yakoze indirimbo afatanyije na Jay Polly bayita “Wicika Intege”.
Kuri uyu wa gatanu tariki 20/06/2014 mu Kiyovu ahazwi nko kuri “The Office” haramurikwa filime yiswe “Umutoma” ikaba ari filime igiye kugaragaramo Depite Edouard Bamporiki.
Ikipe y’igihugu y’Ubwongereza ifite ibyago byinshi byo gusezererwa mu gikombe cy’isi hakiri kare, nyuma yo gutsindwa na Uruguay ibitego 2-1 mu mukino wo mu itsinda rya kane wabaye ku wa kane tariki 19/6/2014 i Sao Paulo muri Brazil.
Abaturage bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi bakoze igikorwa bise ubukwe bw’umugeni wa Leta y’ubumwe, aho bareba umwe mu bakobwa bakennye bifuza kurushinga ariko bakabura amikoro bakamugurira ibikoresho byose agomba gutahana mu gihe cy’ubukwe.
Abanyarwanda barakangurirwa kwirinda ubuhumyi, bisuzumisha amaso hakiri kare kugira ngo uwasanga afite uburwayi bw’amaso avurwe hakiri kare bityo bimurinde ubumuga bw’amaso.
Umuntu utaramenyekana yitwikiriye ijoro ajya mu murima wa mugenzi we aharandura umurima w’intoryi ungana na metero kare 150 mu murenge wa Masoro ho mu karere ka Rulindo mu ijoro rishyira tariki 17/06/2014.
Mukamurara Blandine yaramukiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera asaba ko umugabo we witwa Sebatari Innocent wafunzwe azira kumukubita akamukomeretsa yafungurwa kugirango abashe kumufasha kurera abana babiri babyaranye.
Mu mudugudu wa Rubaya mu kagari ka Mugurano mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi mu masaha ya saa cyenda z’ijoro rishyira tariki 19/06/2014 hafatiwe imodoka ifite puraki RAB226 yari itwawe n’umushoferi witwa Bahati Martin ashaka kwambukana ibiti bya kabaruka mu gihugu cya Uganda yari apakiye aciye mu nzira zitemewe.
Umuryango Transpancy International Rwanda uratangaza ko ushimira uturere ikigero twagabanyijeho amakosa mu mikoreshereze y’imari ya Leta, ariko ku rundi ruhare inzego zo hejuru zigashyirwa mu majwi kugira uruhare mu gutuma abakozi bashinzwe imari bakora nabi.
Nyuma y’iminsi mike ishize Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Rusizi itaye muri yombi bamwe mu bajura bari bamaze iminsi bibasiye umujyi wa Rusizi biba abaturage, ubu abo baturage ndetse na bamwe mu bagenda umujyi wa Rusizi bavuga ko aho ibyo bibereye bamaze kabiri bahumeka.
Banki ya I&M Bank igiye gutangiza uburyo buzwi nka mVisa bukoresha telefoni mu guhererekanya amafaranga no kwishyura serivisi zitandukanye. Ubu buryo buzakoreshwa no ku bindi bigo bitari amabanki mu rwego rwo koroshya ihererekanya mafaranga.
Ubucukuzi bw’imicanga ni umwe mu mirimo ibasha guha amafaranga abaturage b’akarere ka Kamonyi, kuko usanga mu masambu ya bamwe no mu migezi itandukanye havamo umucanga kandi ugaha akazi abantu benshi.
Urubyiruko rwiganjemo abakobwa bagera kuri 68, baturuka mu mirenge inyuranye y’akarere ka Huye, biyemeje kuzakora imirimo yo kudoda no gutunganya imisatsi ndetse n’inzara nk’uko babyigiye mu kigo cy’urubyiruko cyo mu Karere ka Huye (YEGO-Huye), hanyuma bakazibeshaho.
Umugabo w’imyaka 56 y’amavuko ubushinjacyaha bw’urukiko rwisumbuye rwa Huye mu Ntara y’Amajyepfo bumukurikiranyeho icyaha cyo kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugore we bashakanye akayishyiramo urusenda.
Mushambakazi Zura, umukobwa wo mu kigero cy’imyaka nka makumyabiri ukina umukino wa Taekwondo akaba ageze ku rwego rwo gukina mu marushanwa ku rwego rw’isi avuga ko kuba umukino wa Taekwondo ari umukino wo kurwana kandi ukaba usaba ingufu nyinshi bidatuma ataba umukobwa w’umutima nk’abandi.
Nyuma y’aho mu minsi ishize mu kagari ka Ntura mu murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi habaye ikiza cy’ubutaka bwitse umusozi ukariduka hakangirika bikomeye amazu 2 y’imiryango ibiri mu yari ihatuye, ubu abaturage b’ako kagali baravuga ko bamaze kumva ko ibyo Leta ibabwira ibakangurira kuva ahantu h’amanegka bakajya (…)
Nishimwe Felix wavutse mu mwaka w’1988 washinjwaga kwiha ububasha ku mirimo itari iye akiyita muganga ndetse agasiramura abagabo yahamijwe icyaha ahanishwa igifungo cy’amezi ane n’urukiko rwa Kagano.
Umukinnyi w’ikipe y’u Rwanda Nathan Byukusenga yagukanye umwanya wa kane mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka Congo-Kinshasa (Tour de la RDC 2014), ubwo ryatangiraga ku wa gatatu tariki ya 18/6/2014 mu gace ka Kolwezi ho mu ntara ya Katanga.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza rukomeje gukangurirwa ko kwihangira imirimo uko bikwiye ariyo nzira yo kurufasha kwiteza imbere hanifashishijwe ibigo by’imali byo kuzigama no gutanga inguzanyo.
Ikipe y’igihugu ya Espagne yagukanye igikombe cy’isi cyeherukaga kubera muri Afurika y’Epfo muri 2010 yatunguwe no gusezererwa rugikubita ubwo yatsindwaga na Chile ibitego 2-0, ikaba yajyanye na Cameroun nayo yatashye itarenze umutaru nyuma yo kunyagirwa na Croatia ibitego 4-0.
Mu Karere ka Karongi hatangirijwe icyumweru cy’imikino ya Olempike cyangwa Olympic Games mu Ntara y’Uburengerazuba maze berekana imikino mishya yinjijwe mu Mikino Olempike ari yo Tayikondo (Taekwondo), Ubwirinzi cyangwa Fencing ndetse no kumasha bita mu Cyongereza Archery.
Umugabo w’abana batatu utuye mu mu Kagali ka Rurengeri mu Murenge wa Mukamira ho mu Karere ka Nyabihu atangaza ko agiye gutangira amashuri yisumbuye mu mwaka utaha nyuma yo gupima agasanga yabishora.
U Rwanda rugiye gutangiza gahunda nshya y’iyamamazabuhinzi yiswe “Twigire”, ngo ikaba yitezweho guteza imbere ubuhinzi bwakorwaga kandi ikazazamura ubukungu bw’igihugu, bityo abayobozi b’inzego z’ibanze mu Ntara y’Iburasirazuba bagashishikarizwa kuyigira iyabo kuko n’ubusanzwe ngo iyi Ntara iza ku isonga mu gihugu mu gutanga (…)
Bamwe mu bitwa abakarasi bahamagaraga abagenzi muri gare ya Nyamata mu karere ka Bugesera kuri uyu wa 18/06/2014 bafashwe boherezwa mu kigo ngororamuco cya Gashora nyuma y’aho bigaragariye ko batezaga umutekano muke n’akajagari muri gare.
Binyujijye mu gashami kawo gashinzwe uburenganzira bwa muntu, umuryango w’abibumbye (UN) wahuguye abakozi ba komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu.
Abayobozi b’amatorero atandukanye yo muri ADEPR barasabwa kurushaho gukunda abo bayobora, bagatandukana na bamwe mu bari abayobozi b’ayo matorero mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Akarere ka Nyamasheke kabonye umunyamabanga nshingwabikorwa mushya witwa Habiyaremye Pierre Celestin waje asimbura Ndagijimana Jean Pierre umaze amezi umunani afunzwe akurikiranweho ibyaha bya ruswa.
Umwe muri 15 baregwa hamwe na Lt Joel Mutabazi, witwa Ngabonziza Jean Marie-Vianney cyangwa Rukundo Patrick, yemereye urukiko rukuru rwa gisirikare i Kanombe ko yakoranaga n’umutwe wa RNC nk’umukangurambaga wayo mu gihugu cya Uganda.
Mu gihe itorero ADEPR ryibukaga Abatutsi bazize Jenoside baguye mu rwunge rw’amashuri rwa Gihundwe muri Mata 1994, ryahaye abaharokokeye ibintu binyuranye birimo ibikoresho byo mu rugo, ibiryamirwa n’ibyo kurya, ariko rinaremera abarokotse 5 batishoboye ribaha inka.
Imiryango 20 yo mu murenge wa Kanzenze akarere ka Rubavu yashyikirijwe isakaro ry’amabati yo gusakara inzu bizamuriye nyuma yo kugaruka mu Rwanda bavuye mu buhunzi.
Umusore witwa Zimurinda Ferdinand w’imyaka 26 uvuka mu murenge wa Giti mu kagari ka Murehe umudugudu wa kabeza ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Rutare mu karere ka Gicumbi akurikiranyweho icyaha cyo kwica se umubyara witwa Karagire Damien amutemye n’umupanga mu mutwe.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) kiritegura gukora igikorwa ngarukamwaka cyo kwita izina abana b’ingagi bavutse. Uyu mwaka hakazitwa amazina abana 18 bavutse mu muhango uzabera mu Kinigi, mu karere ka Musanze nk’uko bisanzwe.
Mu gihe u Rwanda rwitegura ibirori bikomeye byo kwibuka imyaka 20 ishize ingabo zari iza FPR Inkotanyi zibohoye u Rwanda ingoma y’abicanyi, izo ngabo zari iza FPR zatangije igikorwa cyo kubakira Abaturarwanda ibigo nderabuzima 500, ngo nk’ikimenyetso ko zitazatezuka ku rugamba rwo kubohora Abanyarwanda... Uko byagenze mu (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 18/06/2014 mu masaha ya Saa kumi n’ebyiri n’igice, mu kagari ka Nzega mu murenge wa Gasaka habereye impanuka imodoka yo mu bwoko bwa Coaster igonga umuntu wasunikaga igare ritwaye ibirayi.
Inteko rusange y’abaturage b’umudugudu wa Nyamibombwe mu kagari ka Ruronde mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro iherutse gutegeka abakoze urugomo rwo gusenyera umukecuru witwa Lewokadiya Mukarugwiza gutanga amafaranga 180,500 kubera ko bihaye ububasha bwo kumusenyera no kumwangiriza imitungo bamushinja amarozi.
Polisi y’Igihugu mu karere ka Rwamagana ifatanyije n’ubuyobozi bw’aka karere bakomeje ibikorwa byo guhashya abantu biyise “Imparata” bagakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’amategeko, bitewe n’uko buhombya igihugu kandi bugateza umutekano muke kuko hari benshi baburiramo ubuzima.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Musanze baratungwa urutoki mu gukurura isuku nke kubera kwambarira ku ngutiya zitameshe, ngo ibi biterwa n’imyumvire bafite muri rusange ishingiye no ku muco.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, araburira abacuruzi bo mu Karere ka Musanze kugendera kure inguzanyo zitangwa n’abantu ku giti cyabo ku nyungu ziri hejuru cyane, bizwi nka “Banki Lambert” kuko bifite ingaruka zo kuba byateza umutekano muke hagati y’abacuruzi.
Ubwo yari yatibitiye igikorwa cyo guha isakaro imiryango 47 igizwe n’abatahutse ndetse n’abandi batishoboye bo mu karere ka Nyabihu, Minisitri w’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi, Mukantabana Seraphine, yasabye abatahutse kutifatanya n’Abanyarwanda bakiri mu buhungiro bashaka guhungabanya umutekano w’igihugu.
Umuforomo witwa Niyigena Ephrem ukora ku kigo nderabuzima cya Musasa mu karere ka Rutsiro arakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umukobwa waburiwe irengero mu gihe yari ku icumbi ry’uwo muforomo, nyuma y’iminsi ibiri umurambo we ukaza kuboneka mu kiyaga cya Kivu.
Ikipe y’igihugu ya Algeria, imwe mu makipe atanu ahagarariye Afurika mu gikombe cy’isi mu mupira w’amaguru yatsinzwe n’Ububiligi ibitego 2-1, naho Brazil mu rugo inganya na Mexique ubusa ku busa ku wa kabiri tariki 17/6/2014.
Ntakirutimana Faustin utuye mu Murenge wa Rukoma, Akagari ka Remera mu Karere ka Kamonyi, ararangisha umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 14 witwa Urayeneza Claudine ariko akaba yari azwi ku izina rya Jeanne.
Ubwo yatangizaga gahunda yo kugaburira abana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12, mu bigo 42 byo mu karere ka Kamonyi, Minisitiri w’Uburezi Dr Vincent Biruta, yavuze ko kuba iyi gahunda yarashobotse ku Kamonyi, ari igihamya cy’uko n’ahandi izashoboka.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, yongeye guhamagarira abahinzi kwitabira guhinga mu mibande n’ibishanga muri iki gihe cy’izuba, kandi bagakoresha amafumbire mva ruganda n’imborera mu rwego rwo kongera umusaruro.
Ubwo kuri uyu wa 17 Kamena 2014 mu Karere ka Gakenke hatangizwaga ibikorwa by’icyumweru cyahariwe ingabo (Army Week), abaturage bishimiye uburyo ingabo za RDF zigira uruhare mu kwifatanya n’abaturage mu bikorwa bibafitiye akamaro.
Ingabo z’igihugu zifatanyije n’izindi nzego z’umutekano, ubuyobozi bwite bwa Leta ndetse n’abaturage bahuriye mu gikorwa cyo kubaka ivuriro “Poste de Santé” rya Musasa mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gishyita ndetse bakora n’imihanda izajya ifasha abantu kugera kuri iryo vuriro.
Bamwe mu bahanzi bakomeye hano mu Rwanda Aimable Twahirwa, Lion Imanzi na Tonzi nibo bazatanga amanota mu bitaramo by’umwimerere (Live) bya Primus Guma Guma Super Star 4 nk’uko byatangajwe na Mushyoma Joseph, umuyobozi wa EAP ari nayo itegura aya marushanwa ifatanyije na Bralirwa.