Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga iratangaza ko mu minsi mike izatangira gukwirakwiza mu Rwanda hose uburyo bwa interineti bwitwa 4G ngo buzatuma interineti izajya yihuta ku muvuduko ukuby einshuro icumi uboneka mu Rwanda iki gihe.
Abatuye ahitwa Nyamirambo mu kagari ka Nyarurama mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango basanze umugore witwaga Nyirahabumugisha Jacqueline wari ufite imyaka 35 y’amavuko yanizwe n’abantu bataramenyekana ashiramo umwuka.
Ubwo hasozwaga igihembwe cya kabiri cy’urugerero mu karere ka Nyamaga kuwa 28/03/2014, ababyeyi bashimiye ibikorwa abana babo bari ku rugerero bakoze haba iwabo mu miryango ndetse n’ibifite inyungu rusange.
Inama njyanama y’akarere ka Ruhango yungutse abajyanama bashya ubwo kuwa 28/03/2014 yakiraga madamu Uwineza Béatrice na Ntakirutimana Josée batowe mu cyiciro cy’abahagarariye abagore na Rutayisire Rulinda Jean uhagarariye icyiciro cy’abikorera muri iyo nama.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Nzabamwita Joseph yabwiye urubyiruko 350 rwaturutse mu mpande zose z’igihugu ko ingabo z’u Rwanda zubatse umusingi w’ubumwe n’umutekano bagomba kubakiraho bakiteza imbere bo ubwabo ndetse n’igihugu cyabo muri rusange.
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Iradukunda Patrick ipikipiki yo mu bwoko bwa TVS yari yafatiwe mu karere ka Bugesera kuwa 27/03/2014, hakekwa ko yibwe ariko nyirayo akabanza kuyoberana.
Umunyamategeko w’Umunyarwanda witwa Evode Uwizeyimana wari umaze iminsi atahutse mu Rwanda yahawe akazi ko gukora muri Komisiyo y’u Rwanda yo kuvugurura Amategeko, aho azaba yungirije umuyobozi wayo bwana John Gara.
Abasore babiri bari mu maboko ya polisi sitasiyo ya Gihango mu karere ka Rutsiro, mu gihe uwa gatatu agishakishwa, bakaba bashinjwa gutera urugo rwa Utazirubanda bica inka n’intama enye, bamwangiriza n’inzu.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) ku miyoborere mu karere ka Nyabihu bugaragaza ibigenda neza abaturage bishimira n’ibyo banenga bifuza ko ubuyobozi bwashyiramo ingufu bukikosora.
Imibare mishya yashyizwe ahagaragara irerekana ko abantu miliyoni imwe n’ibihumbi magana atatu na mirongo itandatu na bine n’abantu makumyabiri (1.364.020) aribo bishwe hirya no hino mu gihugu mu gihe cy’amezi ane Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yamaze.
Isesengura ryakozwe na minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi mu Rwanda (MIDIMAR) riremeza ko Abaturarwanda 16 bitabye Imana, naho abandi 26 barakomeretse n’amazu agera kuri 371 arangirika cyane kubera imvura nyinshi ivanze n’umuyaga n’urubura.
Akarere ka Burera gafatanyije n’umushinga Partners In Health Inshuti Mu Buzima batangije umushinga ugamije kuzafasha kongera ireme ry’ubuvuzi (Mentoring and Enhanced Supervision at Health Centers/ MESH) ku bitaro bya Butaro.
Abanyeshuri bakoraga umuhanda mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza batoraguye igisasu ahagana saa yine za mu gitondo kuwa 28/03/2014, kikaba kibaye igisasu cya gatatu gitoraguwe mu karere ka Nyanza mu byumweru bibiri.
Ikigega cyihariye cy’ingoboka (Special Guarantee Fund/SGF) kiravuga ko hari abantu benshi bagira impanuka y’ibinyabiziga cyangwa bagahohoterwa n’inyamaswa, ariko bakaba batavurwa cyangwa ngo bishyurwe ibyo bangirijwe. SGF ikaba isaba inzego zose zirebwa n’iki kibazo kugihagurukira.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, arasaba abatuye iyi ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko abagore n’abagabo kwiga gutanga icyo muri iki gihe bita “care” (kwita kuri mugenzi wa we) kugira ngo ubuzima bwiza n’umudendezo bisagambe mu ngo zabo.
Abasore babiri b’abavandimwe bo mu mudugudu wa Kabeza, akagari ka Mberi, umurenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro bari mu maboko ya polisi, sitasiyo ya Gihango, bakurikiranyweho ukubita no gukomeretsa umuturanyi wabo witwa Ngarukiye Protais, nk’uko ngo bari bamaze iminsi bamubwira ko bazamukubita.
Umukozi wakoreraga Banki ya Kigali (BK) ahitwa mu i Tyazo mu karere ka Nyamasheke yakatiwe gufungwa iminsi 30 by’agateganyo ngo kuko afunguwe ashobora gusibanganya ibimenyetso ku cyaha akurikiranyweho cyo kwaka ruswa uwahawe inguzanyo n’iyo banki.
Abagize Inteko Nshingamategeko ya Koreya y’Epfo bashimiye ko inkunga igihugu cyabo gitera u Rwanda ikoreshwa mu bikorwa byiza biteza abaturage imbere ubwo basuraga akarere ka Nyamagabe kuwa 27/03/2014 bakirebera ibikorwa iki gihugu gitera inkunga muri ako karere.
Ubushakashatsi bwakoze n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imiyoborere myiza mu mwaka ushize bwashyizwe ahagaragara kuwa 27/03/2014, buragaragaza ko abaturage bo mu ntara y’Amajyaruguru bishimiye imikorere y’ubuyobozi bwabo n’ubwo hari ahakwiye kongerwa imbaraga ngo birusheho kuba byiza.
Abaganga bo mu kigo Starkey Hearing Foundation cyo Amerika cyavuye abantu 352 bo mu ntara y’Amajyaruguru bari bafite ikibazo cyo kutumva bongera kumva mu gikorwa cy’impuhwe cyabereye mu karere ka Musanze kuwa kane tariki ya 27/03/2014.
Abaturage bo mu karere ka Kayonza barasabwa kwitondera abantu biyita abashoramari babasaba gukorana imishinga ibyara inyungu ariko ntibagirane amasezerano kuko bishobora kubateza igihombo kandi ntibabone uko barenganurwa igihe hatabayeho amasezerano ku mpande zombi.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 mu mupira w’amaguru yatsinzwe n’iy’u Burundi igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo kuwa kane tariki 27/03/2014, umukino ukaba wari ugamije gufasha amakipe yombi kwitegura amarushanwa mpuzamahanga.
Ubwo akarere ka Kirehe kakiraga urumuri rw’icyizere rutazima tariki 27/03/2014, abari muri uwo muhango bemeje ko uru rumuri ari uburyo bwo kurwanya umwijima waranze igihugu cy’u Rwanda biturutse ku bayobozi bari muri Leta yariho icyo gihe bigatuma habaho Jenoside.
U Rwanda nirwo ruzakira inama mpuzamahanga igamije kongerera agaciro ibihingwa bifite intungamubiri, kubera intambwe rwateye mu buhinzi no guteza imbere imirire myiza ishingiye ku biribwa bifite intungamubiri arimo ibishyimbo.
Ubuyobozi bw’Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro IPRC-Kicikiro na bamwe mu bo ryahaye impamyabushobozi kuri uyu wa kane tariki 27/3/2014, baremeza ko ubumenyi buhatangirwa bukenewe ku isoko ry’umurimo, ku buryo ngo badashobora kuba abashomeri.
Abarokotse Jenoside batuye mu karere ka Rusizi bashyikirjwe amacumbi 39 bubakiwe n’abari mu mutwe w’ingabo z’Inkeragutabara mu gikorwa cyo kubafata mu mugongo no kubashakira icumbi ribereye Umunyarwanda w’iki gihe.
Ikigo cy’Abayapani cyitwa GS YUASA International Ltd cyazobereye mu gukora ibikoresho by’amashanyarazi cyagaragarije abatuye akarere ka Rwamagana ibikoresho bitanga amashanyarazi aturuka ku zuba, bakwifashisha mu kubona urumuri n’amashanyarazi bakoresha mu buzima bwa buri munsi.
Umukozi ushinzwe iterambere mu kagari ka Gasambya mu murenge wa Ruvune mu karere ka Gicumbi afungiye kuri station ya polisi ya Byumba, azira gusarura ishyamba rya Leta atabiherewe uburenganzira.
Abadepite bashinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta ngo bagiye gukora iperereza banakurikirane abafite uruhare mu kuba porogaramu ya mudasobwa yitwa Oracle yaraguzwe miliyoni y’amadolari ariko ikaba itarakoreshwa mu myaka ine imaze ngo inoze icungamutungo mu kigo EWSA.
Umuriribyi José Chameleone wo muri Uganda yasabwe n’umukuru w’inteko ishinga amategeko y’icyo gihugu kwita ku buryo bwihariye ku kwamamaza no kumenyekanisha ubukerarugendo bw’ahantu nyaburanga 40 haherereye mu gace kitwa Busoga aho muri Uganda.
Nyuma y’iminsi mike yari imaze ku mwanya wa mbere muri shampiyona y’umupira w’amaguru muri Espagne, ikipe ya Real Madrid yahagaritswe umuvuduko na FC Seville yayakiriye ikayitsinda ibitego 2-1 mu mugoroba wo kuwa 26/03/2014.
Mujawamariya Elizabeth Johnson, umunyarwandakazi utuye mu ntara ya Colombie Britanique mu gihugu cya Canada, avuga ko Abanyarwanda bo muri Diaspora bakwiye kugira uruhare runini mu kugaragaza isura nyakuri y’u Rwanda ku baturage bo mu bihugu batuyemo.
Ibyaha bishingiye ku biyobyabwenge ndetse n’ibikomoka ku nzoga zitemewe bikomeje kuza ku isonga mu guhungabanya umutekano mu ntara y’Iburasirazuba, nk’uko byagaragajwe mu nama y’umutekano yaguye y’iyi ntara yateranye kuwa 26/03/2014.
Urukiko rukuru rwa Gicumbi rwatangiye kuburansiha Mudakemwa Pascal ukurikiranyweho kuba kuwa 19/0 1/2014 yarishe umugore we witwaga Mukamutsinzi Valentine amukubise umwase mu mutwe insuro 3 agahita apfa.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Bugesera icumbikiye umugabo ushinjwa kuba yasanganywe moto itari iye, adafitiye ibyangombwa kandi atanagaragaraza nyirayo.
Mu karere ka Nyamagabe hatashywe uruganda ruzakora amapoto y’insinga z’amashanyarazi ya kijyambere, rukazayakora mu biti byo mu ishyamba bita umukandara utandukanya pariki ya Nyungwe n’abaturage, igikorwa cyabaye kuwa gatatu tariki 26/03/2014.
Itsinda ry’abadepite bo mu birwa bya Seychelles ryasuye abahinzi b’inanasi bo mu karere ka Ngoma, bavuga ko bashaka gutangira kubona inanasi z’u Rwanda ku masoko y’iwabo, aho inanasi imwe igurwa amafaranga y’u Rwanda asaga ibihumbi 21.
Urukiko rw’ibanze rwa Musanze rwategetse ko abantu 15 bashinjwa gukorana na FDLR mu guhungabanya umudendezo rusange bafungwa igihe cy’iminsi 30 mu gihe hagikorwa iperereza ku byaha baregwa, iki icyemezo bakimenyeshejwe ku gicamunsi cyo kuwa 26/03/2014.
Muhawenimana Maritha, umukobwa w’imyaka 23 y’amavuko, utuye mu murenge wa Ntongwe mu Ruhango aravuga ko akazi k’ubumotaro amaze iby’umweru bibiri atangiye kamuteye ishema kuko kazamuteza imbere, agahamagarira na bagenzi be gushaka umurimo aho kwandagara.
Abanyarwanda 69 bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 18 na 30 bari mu maboko ya polisi y’igihugu cya Uganda muri district ya Kabale kuva kuwa kabiri tariki ya 25/03/2014 bashinjwa kwinjira muri icyo gihugu gituranye n’u Rwanda batabifitiye uburenganzira.
Urubyiruko rwo mu Rwanda rwiyizera ku mpano rurahamagarirwa kuzamura amahirwe yabo yo kwihangira umurimo bifashishije impano zabo, bitabira amahushanwa sosiyete INDIAFRICA iri gutegura, azaba agamije kureba abahiga abandi bagahabwa amahirwe.
Abayobozi b’imidugudu mu karere ka Nyamasheke ngo barasanga ari bamwe mu nkingi za mwamba akarere kubakiyeho imiyoborere myiza n’iterambere, bakavuga ko agaciro kabo gakwiye kugaragarira mu buryo bakirwa ku karere ndetse ngo bakajya bahabwa ibyicaro by’imbere mu nama zikomeye ziba zateguwe n’akarere.
Polisi y’igihugu iratangaza ko abateye ibisasu bya grenades bari mu maboko y’ubutabera, bakaba ngo ari nabo ubwabo bahamya ko ababatumye gutera ibisasu ari abo mu mashyaka ya RNC, FDLR n’abo bafatanyije.
Nyuma y’uko abasora bo mu Karere ka Huye bagaragarije abakozi b’ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) ko batishimira kuba iki kigo kibandikira mu ndimi z’amahanga kandi hari abatazumva, RRA yabamenyesheje ko guhera tariki 15/04/2014 inyandiko z’iki kigo zose zizaba ziboneka no mu rurimi rw’Ikinyarwanda
Ikigega kigenewe gutera inkunga abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (FARG) n’indi miryango itandukanye barasaba Abanyarwanda kwitabira gufasha no kuba hafi inshike n’abarokotse Jenoside bageze mu za bukuru badafite amikoro.
Abahanzi bazegukana ibihembo byitwa Salax Awards bazabihabwa kuwa gatanu tariki ywa 28/03/2014 ubwo abitwa Ikirezi Group basanzwe babitegura bazatangaza ababyegukanye bakanabishyikirizwa mu mihango izabera ahitwa Gikondo ground hakunze kubera imurikagurisha mpuzamahanga rya Kigali.
Mu murima w’uwitwa Ruvugamahame Cassien uvugwaho ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko akaba atarabiburana kuko yaraburiwe irengero, hatoraguwemo ibisasu bya grenades bitandatu n’umuturage wahahingaga.
Ibigo nderabuzima bya Kabuye, Gashongora, Nasho, Murindi, Musaza na Ntaruka mu karere ka Kirehe byahawe ibihembo by’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 700 ngo kuko bitwaye neza muri gahunda yiswe iyo kuzamura ireme ry’ubuzima, mu mihango yabaye kuwa kabiri tariki ya 25/03/2014.
Kuva ubwo mu karere ka Rutsiro bafatiye ingamba zo kubumbatira umutekano no gukaza amarondo bafatanyije n’inzego zishinzwe umutekano, abajura bari bamenyereye kwiba mu masaha ya nijoro hamwe na hamwe mu karere ka Rutsiro ubu badukanye uburyo bwo ku manywa kuko kwiba nijoro bitakiborohera.
Ikipe ya Bayern Munich isanzwe ikomeye cyane mu gihugu cy’u Budage no mu Burayi yamaze kwegukana igikombe cya shampiyona yo mu Budage bita Bundesliga hakiri kare kuko imikino itararangira.