Bamwe mu baganiriye na Kigalitoday barema isoko rya Gasiza mu murenge wa Bushoki,baravuga ko basanga ibiciro byari bihagaze neza muri iyi minsi mikuru ngo kuko byagabanutse ugereranije n’uko byari bisanzwe.

Aba baturage bavuga ko imboga zagabanutse cyane,kuko ngo ibase ya karoti yaguraga ibihumbi bibiri yaguraga hagati y’igihumbi n’igihumbi 500. Naho ishu yaguraga 100,ikaba yaguraga amafaranga 50 na 70.
Kankindi Dorothee yagize ati”Muri iyi minsi mikuru ibiciro byari byahanantuwe ,ntago ari nk’uko byari bisanzwe pe.Ubundi wasangaga mu minsi mikuru bongereye ibiciro ariko noneho abacuruzi bari bikubise agashyi muri iyi minsi mikuru.”
Gusa ariko ngo n’ubwo ibijyanye n’ibiribwa byagabanutse ibiciro,inyama n’imyenda byo ngo byari byiyongereye ,aho inyama, ikiro cy’imvange muri aka karere ka Rulindo cyari gisanzwe kigura amafranga 1500,ku bunani bari bongereyeho amafaranga 200,naho iroti yaguraga amafranga 1800 ngo yari yageze ku bihumbi 2000.
ibintu bavuga ko ngo bitari bisanzwe ngo byatewe n’uko abantu barya inyama cyane mu gihe cy’iminsi mikuru,kurusha indi minsi isanzwe. Ababaga kandi nabo bavuze ko inyama zariwe cyane ngo kuko babaze inka nyinshi muri iyi minsi kurusha ,uko byari bisanzwe ngo n’ubwo zazamutseho igiciro gato.
Ntibimenya Saidi umubazi ku ibagiro rya base yavuze ko inyama zariwe cyane ,ngo kuko kuri bunani babaze 15,mu gihe mu minsi isanzwe babagaga nibura inka eshatu. Saidi akaba avuga ko n’ubwo igiciro cyazamutseho gato,ngo ntibyabujije abaturage kuzigura ,kubera iminsi mikuru.
Yagize ati”Inyama zazamutseho gato ariko zaguzwe cyane kuko kugeza saa tatu nta nyama yarangwaga mu ibagiro .kandi twabaze inka zigera kuri 15 twajyaga tubaga inka 3 ku minsi y’isoko.”
Hortense Munyantore
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|