Bralirwa yamuritse inzoga nshya yitwa ’’ Legend’’

Bralirwa uruganda rukora ibinyobwa bitandukanye birimo ibisembuye n’ ibidasembuye, cyamuritse inzoga nshya yitwa “Legend”, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 6/2/2015.

Iyi nzoga "Legend" ije isanga ubundi bwoko butandukanye bw’ ibinyobwa bikorwa n’uru ruganda, burimo Mutsiig, Primus nizindi nyinshi.

Umuyobozi mukuru wa Bralirwa Johnathan Hall, ashyira hanze iki kinyobwa yavuze ko kuva Guiness yakurwa ku isoko, uru ruganda rwasezeranyije abakiliya barwo ikinyobwa cyo muri ubwo bwoko, none “Legend” ikaba yagezyava ku isoko rya Bralirwa, twasezeranyije ko abantu bazongera bakishimira indi nzoga, none ubu twa ku isoko.

Abayobozi ba Bralirwa bamaze kuyishyira ahagaragara.
Abayobozi ba Bralirwa bamaze kuyishyira ahagaragara.

Yagize ati “Ku zindi nzoga zisanzwe zimara inyota, iyi irihariye, kubera akarusho k’ uburyohe iyo uyisogongeye. Nayo imeze nk’ izindi mu kuryoha, ariko yo irakomeye.”

Inzoga ya Legend, izajya yengerwa mu rwengero ruri ku Gisenyi, mu ntara y u Burengerazuba. Uko igaragara ku jisho, ni nako uburyohe bwayo bumeze.

Legend bayikonjesheje mbere yo kuyishyira ahabona.
Legend bayikonjesheje mbere yo kuyishyira ahabona.

Iki ni kimwe mu bikorwa bishya Bralirwa imaze gushyira ku isoko, nko mu Ugushyingo haje Primus ya Cl 50, none muri Gashyantare tubazaniye Legend, ikindi kinyobwa kije mu muryango mugari w’ ibindi bisanze muri Bralirwa.”

Iyi nzoga ije isanga izindi zitandukanye nka Turbo nto iheruka gushyirwa ku isoko mu Gushyingo umwaka ushize, none muri Gashyantare bakaba bazanye Legend.

bayizanye bayihetse.
bayizanye bayihetse.

Iki kinyobwa gifite inkomoko mu gihugu cya Ireland, kiri mu bwoko bwa “stout”, ibinyobwa bisaba ko umuntu abinywa yumviriza uburyohe, kizajya kigura amafaranga 500 y’u Rwanda.

Abantu bari baryohewe.
Abantu bari baryohewe.

Andi mafoto y’uko ibirori byo gushyira Legend hanze byari byifashe.

Abantu bari bizihiwe n'ikinyobwa gishya mu byo Bralirwa isanzwe ikora.
Abantu bari bizihiwe n’ikinyobwa gishya mu byo Bralirwa isanzwe ikora.
Frankie J ni umwe mu byamamare nawe wari uri muri ibi birori.
Frankie J ni umwe mu byamamare nawe wari uri muri ibi birori.
Lion Imanzi, umushushyarugamba umenyerewe niwe wari wabukereye.
Lion Imanzi, umushushyarugamba umenyerewe niwe wari wabukereye.
Basusurutswaga n'abahanzi batandukanye kandi baririmba umwimerere.
Basusurutswaga n’abahanzi batandukanye kandi baririmba umwimerere.

Roger Marc Rutindukanamurego

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

iki kinyobwa ni feke kweli; vino ni umukobanyi kweli;inzoga zirakubaganisha’;ushukwa nazo ntamenya ubwenge..........

ALIAS... yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

NYJEDIUMWEMUBAKOZIBAKORAMURI.BRALIRWATURABAKARANIARIK0TABWISHIGIZI.NAGUHAKURUGERO.MUBYUBWERUBYISHIZEHAFUYE.UMWEMUBOTUKORANATIHAGIRANATANU,DEPORUSIZI

HAKIZIMANAFERIX yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

Icyo Nyobwase Cyageze Mu Rwanda hose?

Alias yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

izajya igura angahe?

alias yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

Rutindukanamurego ni umunyamakuru mwiza kandi aho abera akaga anatubera aho icyo kunywa cyashyizwe ahabona pe. Thanx to ruti and kigalitoday dukunxa

nana yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Ewana ruti you really cover the story nkumumanyuramazi pe uri ukuntu wumugabo

ruru yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka