King James agiye gufatanya na Gatete Jimmy guteza imbere ruhago y’abana

Umuhanzi w’umunyarwanda Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gufatanya na Jimmy Gatete mu gukurikirana abana babarizwa muri Goal Star Academy isanzwe ifashwa n’uyu wahoze ari rutahizamu ukomeye.

Iri shuri rya ruhago rihuriza hamwe abana bagera kuri 60, rigiye kumara imyaka 10 rizamura abana b’ingeri zitandukanye bakina ruhago, nyuma y’igitekerezo cyatanzwe na Gatete Jimmy wahoze ari umukinnyi ukomeye mu Rwanda.

Gatete Jimmy yakurikiranye amahugurwa y'ubutoza mu Budage mu mwaka ushize wa 2014
Gatete Jimmy yakurikiranye amahugurwa y’ubutoza mu Budage mu mwaka ushize wa 2014

Aganira na Kigali Today, umutoza w’aba bana Harerimana Emmanuel uzwi nka Gasimba, yatubwiye ko Jimmy Gatete abafasha cyane mu bijyanye n’ibikoresho by’abana babarizwa muri iri shuri rya ruhago, ndetse akanagenera ibihembo abatoza batatu bakurikiranira hafi ubuzima bw’abaribarizwamo.

“Jimmy Gatete aradufasha cyane mu gukurikirana abana babarizwa muri iri shuri. Ni we waritangije nyuma yo kubona abana bakina mu muhanda nta bikoresho. Ubu tumaze kugera ku bana 60 bose bakorera imyitozo ku kibuga cya CFJ Gacuriro”.

Uretse Gatete Jimmy, Harerimana yakomeje abwira Kigali Today ko babonye umufatanyabikorwa mushya ari we King James, ugiye gufatanya na Gatete mu gukurikiranira hafi ubuzima bw’iri shuri.

“King James yatubwiye ko yaganiye na Gatete ubu na we agiye kudufasha. Ni we uri kudukurikiranira muri Ferwafa uburyo twakwiyandikisha muri shampiyona y’abatarengeje imyaka 15 igiye gutangira vuba”.

King James asanzwe ari umukunzi wa Rayon Sports
King James asanzwe ari umukunzi wa Rayon Sports

Goal Star Academy yakira abana bari hagati y’imyaka 9 na 18 yagiye icamo abakinnyi batandukanye nka Muganza Isaac na Songa Isae, Rashid Kalisa, Muvandimwe Jean Marie na Nsengayire Shadad.

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

NIBYO RUHAGO ITANGIRIRA MUBANA KING JAMES KOMEREZHO

NDAYAMBAJE JULES yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Nibyiza cyane nibafashye abana b’u rwanda kugaragaza impano bafite

sayinzoga Inn100 yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Nibyiza cyane nibafashye abana b’u rwanda kugaragaza impano bafite

sayinzoga Inn100 yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Felestation King James Wenda Wafasha Rayon Sport Kubona Abana Bato

Tuyishime Aimable yanditse ku itariki ya: 6-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka