Uwamariya Opportune, umucuruzi akaba na Perezida w’urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Karere ka Gakenke, yamaze gushyikirizwa ubugenzacyaha akekwaho kugira uruhare mu inyerezwa ry’amafaranga y’ifumbire no gukoresha inyandiko mpimbano.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwimuriye imirimo yarwo mu Murenge wa Karama, rwahamije Habanabakize Cedric icyaha cyo kwihekura rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu, kuwa 27/01/2015.
Abaturage b’Akarere ka Nyabihu barasabwa kuzavugisha ukuri kugira ngo buri wese azashyirwe mu cyiciro cy’ubudehe kimukwiriye, kuko hari aho byagiye bigaragara ko abaturage bakurikira inyungu runaka bagatanga amakuru abashyira mu cyiciro badakwiriye.
Abanyamuryango ba Koperative “ Dufatanye” ikorera mu Kagari ka Kavumu mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza irimo n’abafite ubwandu bwa Virusi itera SIDA baravuga ko isenyuka ry’icyuzi cya Nyamagana cyangije ibyuzi by’amafi n’imboga bari barahinze mu gishanga.
Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi UCI, yarangije kwemeza ko Ntiyamira Jean Sauveur azaba umwe mu basifuzi(comissaire) bo muri shampiyona ya Afurika izabera muri Afurika y’epfo kuva tariki ya 9-14/2/2015.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Joseph Habineza, atangaza ko kuba hari bamwe mu bakobwa bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2015, bahataniye mu ntara batavukamo nta kibazo biteye ngo kuko bashobora kuba bahiga cyangwa bahatuye.
Urubanza rwa Baribwirumuhungu Steven na bagenzi be batatu, bakurikiranweho icyaha cyo kwica umuryango w’abantu batandatu mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango rwagombaga kuburanishwa kuwa 27/01/2015 rwarasubitswe.
Irushanwa rizenguruka igihugu cya Misiri ryabimburiye ayandi ya 2015 muri Afurika, ritumye u Rwanda rutangirana umwanya wa kabiri kuri uyu mugabane mu mukino w’amagare, umwanya uruhesha itike yo kujya mu mikino olimpike izabera I Rio de Janeiro muri Brazil.
Umuyobozi w’ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF, International Monetary Fund), Christine Lagarde aravuga ko u Rwanda rwabera urugero rwiza ibindi bihugu mu kwivana ahantu habi no gutera imbere mu bukungu budaheza kandi mu gihe gito.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yakinwagamo imikino ibiri y’umunsi wa 14 wayo, aho amakipe ya Etincelles na Espoir atangiranye intsinzi kuri uyu munsi ubimburira iyindi mu mikino yo kwishyura.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé atangaza ko ibyo avugwaho ko akorana na FDLR ari ibirego bikomeye ariko inzego zibishinzwe ziri mu iperereza ngo ni zo zikazashyira ukuri ahagaragara.
Bamwe mu bafite aho bahuriye n’imyidagaduro mu mujyi wa Musanze bavuga ko bari guharanira kuzamura ibijyanye no “Kumurika Imideri” muri uwo mujyi mu rwego kwereka abantu ko bishoboka mu Rwanda kandi ko ababikora batezwa imbere nabyo.
Umusore witwa Gasigwa Emmanuel w’imyaka 20 wo mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kirehe akaba n’umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, yishwe mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 24/01/2015 akubiswe isuka mu mutwe ubwo yari aryamye.
Urubanza ubushinjacyaha buregamo Col Byabagamba Tom, Brig Gen (Rtd) Rusagara Frank hamwe na Sgt (Rtd) Kabayiza Francois rwagombaga kuburanishwa mu mizo kuwa kabiri tariki ya 27/01/2015 rwasubitswe.
Abanyarwanda 69 batahuka bavuye mu buhunzi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bari bamaze icyumweru mu mujyi wa Goma kubera imyigaragambyo yahaberaga ubu bageze mu Rwanda.
Inyubako zizakorerwamo n’ikigo Isange Rehabilitation Center cyagenewe kuvurirwamo abantu basabitswe n’ibiyobyabwenge zimaze kuzura. Iki kigo cyubatswe mu Mujyi wa Butare i Ngoma hafi y’ahari ivuriro rya Polisi.
Sosiyete y’Abanyamerika ikomeye mu ikoranabuhanga ku rwego rw’isi ya ORACLE yamaze gusinyana amasezerano na leta y’u Rwanda yo kuyifasha kwigisha no guhugura abiga ikoranabuhanga mu bumenyingiro, ku buryo u Rwanda narwo ruzabasha kugira abantu bahangana ku isoko mpuzamahanga ry’umurimo.
Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Rukumberi ho mu Karere ka Ngoma basanga ibyo guherekeza abagore babo muri gahunda z’igikoni cy’umudugudu bitabareba ndetse ko batanabishobora, mu gihe abagabo nabo bakangurirwa kugira uruhare rugaragara mu mikurire myiza y’umwana.
Perezida w’urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Ngororero, Ibrahim Kanyambo akaba ari nawe ukodesha amazu y’akarere yubakiwe kwakira abakagana n’ibindi bikorwa (Guest House y’Akarere ka Ngororero) avuga ko kuba muri aka karere nta mahoteri ahagije ahari biteza igihombo gikomeye ku bacuruza serivisi zakira abagenzi.
Bamwe mu babyeyi bafite abana batangira umwaka wa mbere n’uwa kane w’amashuri yisumbuye bakomeje kwinubira kuba batabona amabaruwa yohereza abana ku ishuri, mu gihe amasomo yatangiye mu gihugu hose kuwa mbere tariki ya 26/01/2015.
Umumotari witwa Habamahirwe Leonard acumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare mu Karere ka Nyagatare nyuma yo gufatanwa imiti ya magendu yari atwaye kuri moto mu mujyi wa Nyagatare.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Ngororero bakomeje kwinubira igiciro bahabwa ku musaruro w’icyayi bagurirwa n’uruganda rwa Rubaya rugitunganya.
Abaturage bakoze imirimo y’ubwubatsi ku gasoko kubatse ahitwa ku Gasasangutiya mu Kagari ka Rubaya mu Murenge wa Mukamira bavuga ko bamaze hafi amezi arenga 6 batarishyurwa amafaranga yabo.
Gakwerere Boniface ukomoka mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Bushoki, Akagari ka Nyirangarama, Umudugudu wa Tare aravuga ko amaze umwaka yarahohotewe n’uwari umukoresha we witwa Hategeka Pascal ukomoka mu Murenge wa Murambi, Akagari ka Mugambazi ho muri aka Karere ka Rulindo ngo amuhoye ko yari arimo amwishyuza amafaranga (…)
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Bushekeri bakomeje gutakambira ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke basaba ko bafashwa kwishyurwa amafaranga bakoreye ubwo bubakaga inzu y’urubyiruko rwa Bushekeri ndetse no kubaka inzu abaturage bazajya bivurizamo (poste de santé).
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu barasaba ko bahabwa ingurane y’amazu yabo bakimuka bagashaka aho kuba dore ko ngo ibibanza n’ibintu bigenda birushaho guhenda.
Bikorimana Gerard, umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sport FC yavuze ko yahisemo gushaka umugore kugira ngo abashe gukina atuje, akaba agira bagenzi be inama yo kumwigana kuko bizatuma barushaho kwitwara neza mu kibuga.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Twahirwa Jean Nepo w’imyaka 29 y’amavuko, akekwaho guha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 70 kugira ngo arekure abo mu muryango we bari bafunze.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi baratangaza ko hari ahakigaragara ibibazo mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda za Leta zinyuranye zigamije kubakura mu bukene.
Umukobwa witwa Bamusonere Esther ageze mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye yirihira abikesha kuboha ibiziriko no guhimba imivugo, nyuma yo gukora umwuga w’ubushumba n’ubuyaya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera n’abafatanyabikorwa bako buravuga ko kwigisha abana bakiri bato ubutumwa bw’isanamitima, ubumwe n’ubwiyunge, ndetse n’uburyo bwo kubutanga ari nko guhinga mu murima ufite ifumbire.
Leta zunze ubumwe za Amerika ziratangaza ko zisanga ingufu za gisirikare arizo zikwiye gukoreshwa byihutirwa, hakarandurwa burundu umutwe wa FDLR.
Amakuru aturuka mu Karere ka Ngororero aravuga ko Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kageyo muri aka karere witwa Mutoni Jean de Dieu yataye akazi ubu akaba ari ahantu hatazwi.
Ishyirahamwe ry’abahinde batuye mu Rwanda (Indian Association of Rwanda/INAR) bizihije isabukuru y’ imyaka 66 igihugu cyabo kibonye ubwigenge.
Umuhanzikazi Knowless aratangaza ko atahinduye injyana asanzwe akora akerekeza muri njyana Gakondo, ahubwo ko yiyongere mu zo akora.
Umunyarwanda wakinaga umukino wo gusiganwa ku mamodoka atangaza ko nyuma yo kuganira n’umuryango we yasanze ari ngombwa gufata icyemezo cyo guhagarika uyu mukino nyuma yo gukora impanuka ikomeye mu mpera z’umwaka ushize.
Umugabo witwa Uwiragiye Redepta utuye mu Kagari ka Mbale mu Murenge wa Shyogwe ho mu Karere ka Muhanga ntakibasha kugenda n’amaguru kubera amavunja, ubu agenda yicaye akuruza ikibuno.
Imiryango 3722 yo mu Karere ka Gakenke yagaragayeho kuba yibanira n’amatungo yayo mu nzu kubera kutizera umutekano wayo, kuko ngo iyo araye hanze akenshi yibwa.
Gahunda y’iyubakwa ry’umujyi wa Rusumo mu rwego rwo kuzamura ubucuruzi bukorerwa ku mipaka yishimiwe na benshi mu bikorera, bakavuga ko bagiye kuyigira iyabo baharanira kuyishyira mu bikorwa.
Umuryango w’abantu batatu witabye Imana bazize inkangu yasenye inzu yabo mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki ya 24/01/2015 mu Kagari ka Kirwa mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro.
Polisi y’igihugu iratangaza ko uretse imibare mike nta nyungu iba mu gucuruza ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka k’ubifatanywe utaretse n’umuryango we.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buravuga ko ibarura ry’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi riherutse gukorwa mu mirenge igize aka karere ryerekanye ko abana 224 ari bafite iki kibazo.
Munyamahoro Jean Claude ni we waraye yegukanye isiganwa ngarukamwaka ry’umukino w’amagare rigiye kujya rutegurwa n’akarere ka Gisagara, nyuma yo kurangiza ibirometero 65 byakinwaga kuri iki cyumweru akoresheje 02h30’2”.
Abagize inteko ishingamategeko y’u Rwanda bari mu igenzura rya gahunda zigenewe abaturage zigamije kubihutisha mu iterambere no kubakura mu bukene basabye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza gukora igenzura ryimbitse ku bahabwa inkunga y’ingoboka, ngo kuko hari aho abazihabwa baba batazikwiye.
Mu Mudugudu wa Cyayove, Akagari ka Mwurire, Umurenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye aho bakunda kwita “ku mukobwa mwiza”, mu masaha ya saa kumi z’umugoroba wo ku cyumweru tariki ya 25/01/2015 habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa coaster ifite ibiyiranga RAC 551 H, abari bayirimo barakomereka, batanu bakaba baraye mu (…)
Ku bifuza kugera ku bwiza bitabahenze haba harabonetse umuti buri wese yabonera ubuntu. Uwo muti ni inkari!
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé arasaba abayobozi bo mu Karere ka Gicumbi kwirinda gukora amakosa mu kazi bashinzwe, ahubwo bagashyira imbere inyungu z’umuturage.
Abayobozi mu Karere ka Huye baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’inzoga z’inkorano zifatwa nk’ibiyobyabwenge zikomeje kugaragara hirya no hino, kandi abazikora bakarushaho kugenda biyongera.
Intumwa za Rubanda ziribaza impamvu ikibazo cy’isuku nke kiri kugaragara muri iyi minsi nk’ikibazo gishya gitunguranye kandi nyamara abayobozi mu nzego z’ibanze babana n’abaturage umunsi ku munsi.
Abagize Inteko ishinga amategeko imitwe yombi, bari kuzenguruka uturere twose tw’igihugu bakora ubukangurambaga ku bibazo bigaragara muri minsi bishobora kubangamira iterambere.