Minisitiri w’Umutekano mu gihugu cya Kenya, Joseph Nkaissery, ku wa 23 Werurwe 2015 yatangarije itangazamakuru n’amahanga yose ko igihugu cye cyafashe icyemezo ndakuka cyo kubaka urukuta ku mupaka ukigabanya na Somalia mu kwirinda ibitero cyagabwaho n’inyeshyamba za Al Shaabab.
Umuyobozi wa Gereza ya Rusizi, Superintendent Christophe Rudakubana aratangaza ko nta bagororwa barangije igihano bakomeza gufungwa, kuko amadosiye yabo akurikiranwa umunsi ku wundi bityo urangije igihano agataha.
Nyirangerageze Genasita w’imyaka 79 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Shyiro mu Kagari ka Bumbwe mu Murenge wa Muyongwe mu Karere ka Gakenke, yishwe mu ijoro ryo ku wa 22 Werurwe 2015 atemaguwe n’abantu bataramenyekana, bicyekwa ko yazize kuba yari amaze igihe ashinjwa kuroga.
Abasore 2 bo mu Mudugudu wa Mwumba, Akagari ka Matare mu Murenge wa Matyazo ho mu Karere ka Ngororero bafashwe na polisi yo muri aka karere, bamaze kwiba urumogi uwo basanzwe baruguraho.
Umuyobozi w’Umuryango CARSA wita ku isanamitima n’ubwiyunge Mbonyingabo Christophe aravuga ko ahereye ku buhamya bw’abagenda bakira ibikomere hari icyizere cyo kubaka ubwiyunge burambye.
Urubanza rwa Baribwirumuhungu Steven w’imyaka 29 y’amavuko wishe abantu 6 bo mu muryango umwe, rwongeye gusubikwa ku nshuro ya kabiri, tariki ya 24 Werurwe 2014, ku mpamvu z’uko atari yiteguye kuburana.
Ihuriro ry’abagore bo mu bihugu by’ibiyaga bigari by’u Rwanda, u Burundi na Congo Kinshasa, COCAFEM, ngo ririshimira intambwe umugore amaze kugeraho muri aka karere ariko bagasaba za Leta z’ibihugu byabo ko uburinganire bwarushaho kwitabwaho no mu myanya ifata ibyemezo.
Uwahoze ari umurwanyi wa FDLR akaza kujyanwa Kanyabayonga na Kisangani yatorotse inkambi yiyizira mu Rwanda tariki 15 Werurwe 2015, kubera ko yajyanyweyo ku gahato nyuma y’uko abayobozi be bamenye ko ashaka gutaha mu Rwanda.
Ikipe ya Rayon Sports igiye gushyiraho Team Manager uzasimbura Thierry Hitimana watandukanye na yo mu mpera z’icyumweru gishize aho mu mazina avugwa harimo Kayiranga Baptista.
Umuhanzikazi Cécile Kayirebwa yasabye abahanzi Nyarwanda kuririmba babikunze kandi bakaririmba ibifitiye akamaro ababumva.
Kuri uyu wa mbere tarikiya 23 Werurwe 2015, Urukiko rw’Ibanze rwa Gihango rwategetse ko umuyobozi n’umucungamutungo b’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) mu Karere ka Rutsiro bari bafunzwe bakurikiranyweho amafaranga ya MUSA barekurwa baka zakurikiranwa bari bari hanze.
Abikorera mu ntara y’amajyaruguru batangaza ko umwe mu mihigo bashyize imbere ari ugushishikariza bagenzi babo gukorana n’ibigo by’imari bakava ku ngeso yo gukorana na “Bank Lambert” igaragara kuri bamwe.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) irasaba abakozi b’uturere bashinzwe uburinganire n’iterambere ry’umuryango, n’abakozi b’inzu z’ubufasha mu mategeko (MAJ) bashinzwe kurwanya ihohoterwa, kujya kwigisha abaturage uburyo bakwirinda ibibazo bitandukanye bigaragara mu ngo.
Abarokokeye mu Bisesero batangaza ko badateze kwibagirwa uburyo ingabo z’Abafaransa zabasabye kuva mu bwihisho, ariko bamara kwigaragaza zikabasiga mu bitero by’interahamwe ari naho haguye benshi muri bo.
Umunya Ireland y’amajyaruguru w’imyaka 29 Johnattan McKinstry yahawe ikipe y’igihugu Amavubi nk’umutoza mukuru wayo, asimbuye Stephen Constantine ubu utoza ikipe y’igihugu y’ubuhinde.
Nyuma y’inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa gatanu tariki 20 Werurwe 2015, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame igafata ibyemezo binyuranye, Abaminisitiri batandukanye bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku wa mbere tariki ya 23 Werurwe 2015 kugira ngo babasobanurire iyo myanzuro bayigeze ku banyarwanda.
Ahishakiye Théogène wo mu Murenge wa Musaza, Akarere ka Kirehe yitabye Imana mu gitondo cyo ku wa 23 Werurwe 2015, nyuma yo gufata amafunguro muri East Land Motel bivugwa ko yari ahumanye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC), Peacemaker Mbungiramihigo arakangurira abayobozi b’ibitangazamakuru n’abanditsi bakuru kugira ubushishozi mu gihe batunganya inkuru zigenewe abasomyi babo, kugira ngo babagezeho amakuru y’ukuri kandi yujuje ibisabwa byose.
Bamwe mu baturage batuye mu Kagari ka Uwumusebeya mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru baturiye ishyamba rya Nyungwe baravuga ko inyamaswa zitwa “Ibihinyage” zituruka muri iri shyamba zikaza kubonera, kandi ntibishyurwe.
Nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Umujyi wa Kigali cyo kubaka ahantu hamwe imodoka zitwara abagenzi zizajya zibasanga ndetse zikanahabasiga, abagenzi barahamya ko bizafasha guca ubucucike bw’abagenzi ku mirongo, ndetse bikanabakiza izuba n’imvura byabiciraga ku mirongo bategereje amamodoka batazi igihe ari buzire.
Abakecuru b’incike umunani baturutse mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Kamonyi babana mu nzu bubakiwe mu Mudugudu wa Munyegera, Akagari ka Bugarama, ho mu Murenge wa Kayenzi, barishimira uko babayeho kuko mbere bagiraga ikibazo cyo kuba bonyine.
Umuhanzi Cécile Kayirebwa wamamaye cyane mu nganzo nyarwanda abinyujije mu ndirimbo zuje ubuhanga ndetse akagira n’ijwi rinyura imitima ya benshi, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23 Werurwe 2015, arataramana n’abakunzi b’Inkera Nyarwanda kuri KT Radio 96.7 FM (Radio ya Kigali Today) kuva isaa mbili z’ijoro.
Kuri iki cyumweru tariki 22 Werurwe 2015, Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Francis, kuri Katederali ya Naples ababikira ngo bari bamuriye bunguri kubera kumwishimira nk’umuntu bemera byarenze igipimo.
Minisitiri w’urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko gushyira gahunda za leta zose mu ikoranabuhanga no gutanga serivise baryifashishije bizongerera abaturage amahirwe yo kwiteza imbere kandi binabafashe kudasiragira mu buyobozi.
Ku wa 23 Werurwe 2013, uwari Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi. Nzeyimana Oscar, yaburanye ubushinjyacyaha bumusabira gufungwa imyaka 7 kubera guhakana ibyo aregwa, naho Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu watawe muri yombi ku wa 22 Werurwe 2015 ashyikirizwa ubushinjacyaha.
Bagirinshuti umusaza utuye i Jenda mu Karere ka Nyabihu, kimwe na bamwe mu baturage bo muri ako karere, aravuga ko abavutse mu gihe cya Jenoside na nyuma yaho gato na bo ngo bakeneye gushimira Perezida Kagame ibyo yabakoreye n’aho abagejeje bamutora cyane ko ngo ari bwo bageze mu myaka yo gutora.
Mu cyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho agaragaza abantu bo mu gihugu cy’Ubuhinde bari mu madirishya y’ibyumba by’ikigo kimwe cy’amashuri cyo muri Leta ya Bihar cyarimo gukorerwamo ibizamini bisoza amashuri yisumbuye, bari gukopeza abakoraga ibizamini.
Umugore witwa Odette Nyiraneza yahaye imbabazi umugabo we, Vincent Nyarwaya mu ruhame bariyunga, nyuma y’imyaka 8 avuye muri gereza kubera icyaha cya jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 akinjira undi mugore.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sheikh Bahame Hassan na Noteri muri ako karere, Kayitesi Judith bamaze kugezwa mu bushinjacyaha bakurikiranyweho ibyaha bya Ruswa.
Abahinzi bo mu Mirenge ya Rwabicuma, Nyagisozi na Cyabakamyi mu Karere ka Nyanza batewe akanyamuneza n’urugomero rw’amazi bubakiwe na Leta y’u Rwanda muri gahunda yo kubafasha kuhira imirima yabo mu gihe cy’izuba.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke batuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko bakeneye ikindi gikombe cy’imihigo gitaha iwabo i Nyamasheke, dore ko aka karere gaheruka icyo kegukanye mu mwaka w’2010.
Ubuyobozi bw’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri muntu “PL” mu Ntara y’Amajyepfo, burahamya ko igihe cyose umurwanashyaka wabo azaba atubahiriza gahunda za Leta, azaba atakinabashije kuba umuyoboke w’iri shyaka.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kamiro, Akagari ka Bwama, Umurenge wa Kamegeri, Akarere ka Nyamagabe batanze amafaranga ngo begerezwe amashanyarazi barategereza baraheba, bakaba batazi irengero ry’amafaranga yabo.
Bamwe mu bagore n’abakobwa bo mu Mujyi wa Huye no mu nkengero zawo baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura bakorerwa mu masaha ya nijoro, bukorwa n’abatwara moto.
Sheikh Bahame Hassan, umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akekwaho ibyaha bya Ruswa.
Ikipe ya Rayon Sport Volleyball club yihimuye ku ikipe y APR Volleyball Club ku munsi wa 7 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere cy’umukino wa Volleyball iyitsinda amaseti atatu kuri imwe.
Mu Karere ka Rusizi kuri uyu wa 21 Werurwe 2015 ni ho hatangiriye ibitaramo bya PGGSS5 aho abahanzi barushanwa bari babukereye mu gushimisha abafana babo ariko abafana bo bakavuga ko kuri iyi nshuro baha amahirwe abahanzikazi.
Mu Karere ka Rulindo mu muhango wo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Amazi uba ku wa 20 Werurwe, batashye imiyobora y’amazi ibiri, umwe wo mu Murenge wa Tumba n’undi wo mu Murenge wa Mbogo.
Umugore witwa Uzamushaka Julienne w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Nyamiseke mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza avuga ko imiyoborere myiza yamukijije ihohoterwa yari amaze imyaka irindwi akorerwa n’umugabo we.
Biciye mu muganda w’abaturage, ku nkunga y’Akarere ka Nyamagabe, hagiye kubakwa urwibutso ruzashyingurwamo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wasangaga itatanye hirya no hino mu ngo z’abacitse kw’icumu ndetse n’iyari mu matongo.
Mu gihe bari bafite abana bagera kuri 59 bagaragarwaho n’ibibazo by’imirire mibi, Ubuybozi bw’Umurenge wa Mukindo ho mu karere ka Gisagara ndetse n’abahatuye baravuga ko ikibazo cy’indwara zituruka ku mirire mibi cyarangiye kubera inyigisho bahawe mu gihe umwaka wa 2013 warangiye muri uwo murenge habarurwa abana 59 bafite (…)
Umugabo witwa Munyanshongore Emmanuel wao mu Mudugudu wa Butare Akagari ka Murehe, mu Murenge wa Giti wo mu Karere ka Gicumbi ari mu maboko ya Polisi ikorera mu Murenge wa Rutare ashinjwa kuruma umugore we akamuca urutoki.
Umwarimu witwa Uwimana Jean Bosco wigisha ku Kigo cy’Amashuri Abanza cya Kinishya mu Murenge wa Nyankenke akaba atuye mu Mudugudu wa Mugomero mu Kagari ka Nyamabuye ho mu Murenge wa Byumba ari mu maboko ya Polisi mu karere ka Gicumbi nyuma ngo yo gufatanwa kanyanga arimo kuyicuruza.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Benz RAB 851 I-RLO516 Remorque, yageze ahitwa ku kuri 40 mu Kagari ka Munini, Umurenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango mu gihe cya saa munani z’ijoro zo kuri uyu 22 Werurwe 2015, ikatira indi modoka yahapfiriye ifite purake RAB 597 f, irenga umuhanda iragwa.
Nyuma y’uko umuhanzi w’umuraperi Jay Polly yegukanye PGGSS4, ubu noneho Senderi International Hit arashinwa kwiyitirira itsinda rya Tuff Gang kugira ngo na we ashobore kwegukana PGGSS.
Ikipe y’Amagaju yongeye guhangara Ikipe ya Police FC iyitsinda ibitego 2-1 mu gihe ikipe ya AS Kigali yaraye ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Musanze ibitego bibiri ku busa.
Abakorerabushake b’Umuryango Mpuzamahanga ‘Save the Children/VSO’, barimo guhugura abanditsi b’ibitabo nyarwanda n’abashushanya barenga 20, k’uburyo bwo kwandika ibitabo by’abana.
Mushimiyimana Jacqueline w’imyaka 25 y’amavuko wo mu Kagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare mu Karere Nyagatare yitabye yitabye Imana naho batatu barwariye mu Bitaro bya Nyagatare nyuma y’aho kuri uyu wa 18 Werurwe 2015 bariye inka yipfushije bikekwa ko yari irwaye indwara bita ubutaka.