CECAFA Kagame Cup:APR iratangira ihatana na Al Shandy yo muri Sudan

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo igikombe giterwa inkunga na Nyakubahwa Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame,kizwi ku izina rya CECAFA Kagame Cup kiza gutangira mu mujyi wa Dar Es Salaam muri Tanzania,aho APR ihagarariye u Rwanda iza kuba ikina na Al Shandy yo muri Sudan ku i Saa Saba.

Ikipe ya APR Fc iheruka gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya CECAFA cyabereye mu Rwanda umwaka ushize itsinzwe na El Mereikh yo muri Sudan igitego 1-0,iraza gutangira urugamba rwo gukuraho umuhigo wo kudakura igikombe hanze,ubwo iza kuba ikina na Al Shandy yo muri Sudan kuri Stade nkuru y’igihugu cya Tanzania ku i Saa munani zuzuye za hano mu Rwanda.

Migy wamaze gusinyira Azam ntazaba akinira APR Fc muri iyi CECAFA
Migy wamaze gusinyira Azam ntazaba akinira APR Fc muri iyi CECAFA
Mugiraneza Jean Baptiste mu myitozo y'Azam Fc
Mugiraneza Jean Baptiste mu myitozo y’Azam Fc
APR Fc idafite Migy,Kwizera Olivier na Emery Bayisenge yiteguye kwitwara neza
APR Fc idafite Migy,Kwizera Olivier na Emery Bayisenge yiteguye kwitwara neza

Uko amatsinda ateye

Itsinda rya mbere

Yanga (Tanzania)
Gor Mahia (Kenya)
Khartoum (Sudan)
Telecom (Djibouti)
KMKM (Zanzibar).

Itsinda rya 2

APR Fc (Rwanda)
Al Shandy ( Sudan)
LLB (Burundi)
Heegan ( Somalia).

Itsinda rya 3

Azam (Tanzania)
Malakia (South Sudan)
KCC (Uganda)
Adama City (Ethiopia).

Usibye uyu mukino APR Fc ikina kuri uyu wa gatandatu,izongera gukina ku wa kabiri taliki ya 21/07 na Heegan yo muri Somalia ku i Saa Cyenda,maze izasoze imikino yo mu matsinda ku wa kane taliki ya 23/07 ikina na LLB y’i Burundi ku i Saa Cyenda zo mu Rwanda.

Ikipe ya APR yerekeje Tanzania

Abanyezamu : Ndori Jean Claude, Kimenyi Yves

Abakina inyuma: Nshutiyamagara Ismael, Rugwiro Herve, Rwatubyaye Abdul, Rusheshangoga Michel, Ngabonziza Albert, Rutanga Eric

Abakina hagati : Eric Nsabimana, Buteera Andrew, Yannick Mukunzi, Djihad Bizimana, Sibomana Patrick, Iranzi Jean Claude, Sekamana Maxime, Fiston Nyinzingabo

Abakina imbere :Farouk Ruhinda, Issa Bigirimana, Ndahinduka Michel na Mubumbyi Bernabe

Kwizera Olivier (wambaye 12) ntiyajyanye n'abandi
Kwizera Olivier (wambaye 12) ntiyajyanye n’abandi

Iki gikombe cya CECAFA gihuza amakipe yo mu bihugu byo muri Afrika yo hagati n’iburasirazuba,biteganijwe ko kizasozwa taliki ya 02 Kanama 2015.

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

APR NDAYISHyigikiye izatsinda pakaigitwaye

Pacifique yanditse ku itariki ya: 28-07-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka