Umwe mu bavuzi gakondo bakorera mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Rurenge avuga ko n’ubwo bamwe bitiranya abavuzi gakondo n’abapfumu we atabemera, kuko abapfumu bamumazeho amafaranga araguza ngo abana be badapfa ariko bakarenga bagashira, bigatuma abivamo akakira gakiza.
Abaturage bari batuye ku kirwa cya Mafundugu, kimwe mu birwa byo mu kiyaga cya Kivu bibarizwa mu Karere ka Rutsiro, baratangaza ko ubuyobozi bw’akarere bwabimuye bubizeza ingurane y’imitungo yabo ariko ngo kugeza na n’ubu ntibarayibona.
Umunyamabanga Mukuru mushya w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Itumanaho (ITU), Houlin Zhao azasura u Rwanda kuva tariki ya 1 kugeza tariki ya 4/02/2015.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, Niyonsaba Ernest avuga ko kuba ku ishuri ry’Intwari rya Nyange hatarubakwa imva rusange nk’urwibutso rw’Intwari z’Imena zahaguye, byatewe no kutumvikana ku ngurane akarere kagombaga guha nyiri ubutaka gashaka gukoreraho icyo gikorwa.
Mu Kagari ka Bunge, umurenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru hagiye kubakwa uruganda rutonora rukanaronga kawa, mu rwego rwo korohereza abahinzi ba kawa bajyaga bakora urugendo rurerure bagemura kawa yabo mu Murenge wa Nyagisozi.
Ishuri rikuru ryigenga ry’Abalayiki b’Abadivantiste rya Kigali (INILAK), ishami rya Nyanza ryatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 23 barangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master’s Degree) ku nshuro ya mbere, biyongera ku bandi 150 barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree).
Nyuma y’igitaramo umuhanzi Byumvuhore yakoreye mu Rwanda aturutse i Burayi mu mpera z’umwaka wa 2014, abafana be mu Rwanda bafatanyije na Konka Group biyemeje gusura ikigo cy’abafite ubumuga cya HVP Gatagara (Home de la Vierge des Pauvres Gatagara) kiri mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza uyu muhanzi yigiyemo maze (…)
Umuyobozi w’Intara y’amajyepfo, Munyantwari Alphonse arasaba abiga Filosofiya gukomeza kurangamira icyo bemera ariko bakanibuka ko hari n’ibindi bidatatirwa birimo umutekano w’igihugu, iterambere n’ibindi biteza imbere abanyarwanda.
Kuri sitasiyo ya Kirehe mu Karere ka Kirehe hafungiye Umunyatanzaniya witwa Muhamedi Zuberi n’imodoka yari atwaye akurikiranyweho guha ruswa umupolisi.
Abanyeshuri babiri, Uw’imyaka 16 n’uw’imyaka 17 bafatanwe indangamanota z’impimbano barimo kuzisabisha ishuri mu rwunge rw’amashuri rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera.
Umugaba w’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), Gen. Didier Etumba, tariki ya 28/01/2015 yageze mu mujyi wa Beni aho yarategerejweho gutangiza ibikorwa byo kurwanya umutwe wa FDLR warengeje tariki ya 2/1/2015 wahawe cyo gushyira intwaro hasi ku bushake.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, James Musoni aratangaza ko gucanira umuhanda Kigali-Rubavu bizatanga umusaruro mu guteza imbere ubucuruzi, ubukerarugendo ndetse no kongera ubuhahirane hagati y’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Kuwa Kane tariki ya 29/01/2015, KT Radio, Radiyo ya Kigali Today ivugira kuri 96.7FM, yakoze inkera y’umwaka mushya wa 2015, yatangiye mu mataha y’inka ikageza mu gitondo cyo kuwa 30/01/2015.
Umurenge wa Gikomero uherereye mu karere ka Gasabo watashye isoko ryubatswe ritwaye amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 240 z’amafaranga y’u Rwanda, abazaricururizamo bakaba basabwe kuzarifata nza bakirinda kuryangiza.
Society for Family Health (SFH), Rwanda ifatanyije na Ferwafa bateguye irushanwa ryitiriwe Prudence rizaba mu mpera z’iki cyumweru rikazahuza amakipe yarangije mu myanya ine ya mbere muri shampiyona y’umwaka ushize wa 2014.
Kwegereza serivise abantu bamukiranya imipaka bakenera cyane cyane ibicuruzwa bizazamura ubukungu bw’igihugu.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko nyuma yo gusobanurirwa ibyiciro by’ubudehe n’ibisabwa kugira ngo buri muryango ubashe kumenya icyiciro ugomba kubarizwamo, hari ahagaragaye ubusumbane mu gushyirwa mu byiciro, bitewe n’amikoro ya buri muryango.
Nyuma y’uko Ikigo mpuzamahanga gishinzwe kongera umusaruro hakoreshejwe amafumbire (IFDC/International Fertilizer development Center) gitangirije ubukangurambaga mu gukoresha amafumbire ndetse abacuruza inyongeramusaruro bakaba basabwa kugira imirima y’icyitegererezo berekeramo abahinzi, bamwe muri aba bacuruzi bavuga ko (…)
Ingo zitari nke zo mu Karere ka Kayonza ntizibarizwamo akarima k’igikoni n’ubwo bamwe mu babyeyi bo muri ako karere bemeza ko gafite akamaro kanini.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko badashaka gukura ibirayi mu murima kubera igiciro gito bahabwa, bagasaba ko leta yacyongera kikagera ku mafaranga 120 ku kilo.
Abakuriye amadini atandukanye yemewe mu Rwanda biyemeje gufatanya n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) mu guhindura imyumvire y’abayoboke bayo ku mitangire y’imisoro n’amahoro.
Abarimu bahawe akazi ko gukora ibarura ry’ibigo bikorera mu Karere ka Ngororero (Establishment Census ) ryakozwe mu kwezi k’Ugushyingo 2014 barasaba Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyabahaye ako kazi kubishyura umushahara bari bumvikanyeho.
Umugabo witwa Nikobahoze Callixte utuye mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, ari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda ikorera muri ako karere, nyuma yo gukubita inkoni mu musaya umwana yibyariye akamukomeretsa bikomeye amuziza ko atagiye kwiga.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ubufatanye ifitanye na Polisi mpuzamahanga (Interpol) by’umwihariko ubwo ifitanye n’ibihugu by’ibituranyi nka Uganda na Kenya, buzatuma nta banyabyaha bongera kumenera muri ibi bihugu bahunga ibyaha bakoreye hakurya y’umupaka.
Lt. Gen. Karl Eikenberry wacyuye igihe mu ngabo za Leta zunze Ubumwe z’Amerika (USA) aratangaza ko ibyo u Rwanda rwagezeho mu gihe gito gishize bikwiye kubera urugero ibihugu biri mu nzira y’Amajyambere muri Afurika ndetse no ku isi yose.
Konka Group ifatanyije na Kigali Fashion Week bateguye igitaramo kizaba ku munsi w’abakundanye (St Valentin), iki gitaramo kikazarangwa n’ibihembo bitandukanye birimo imashini imesa, mudasobwa zigendanwa, televiziyo za Rutura (flat secreen), dekoderi n’ibindi bihembo bizahabwa abazabitsindira muri icyo gitaramo.
Abakirisitu basengera muri katedrali (Cathedral) ya Kibungo barasabwa gutanga umusanzu wa Miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo iyi katedral ivugururwe.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi biyemeje kwikubita agashyi bakajya batanga amakuru nyayo kandi bakagira uruhare mu guhindura ubuzima bw’aho batuye.
Rutahizamu mpuzamahanga w’umunyarwanda Meddie Kagere, atangaza ko akiri mu biganiro n’ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya bityo ko atari yayerekezamo nkuko byari byavuzwe mu itangazamakuru.
Inama y’umutekano y’akarere ka Rusizi yo kuwa 27/01/2015 yavugiwemo ko hari Abanyarwanda bari gufata z’i Burundi, bikaba bikekwa ko baba bari kuzifata ngo bazajye mu matora azaba i Burundi umwaka utaha.
Abaturage bo mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Bwishyura mu Kagari ka Nyarusazi baturanye n’irimbi rya Kanyabusange rifatwa nk’irimbi ry’Umurenge wa Bwishyura ari na wo Murenge w’Umujyi wa Kibuye, barasaba akarere kureba aho kimurira irimbi kuko ngo ryuzuye abantu bakaba bahamba hejuru imbwa zikaza zigataburura imirambo.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera igaragaza ko bamwe mu babyeyi batita ku burere bw’abana babo ahubwo bakabakoresha imirimo ivunanye, bigatuma abo bana bahunga bakajya kuba inzererezi.
Inama yahuje ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba n’iya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) yafashe ingamba zo gushyiraho amategeko agenga uburobyi mu kiyaga cya kivu ku bihugu byombi, ndetse no kugena imiraga ikwiye gukoreshwa mu rwego rwo gukumira kwangiza umusaruro w’amafi n’ibiyakomokaho.
Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura ntabwo uhiriye amakipe yari imbere ku rutonde rwa shampiyona dore ko Police na APR FC zatsinzwe mu gihe Rayon Sports na As Kigali zishoboye gucyura inota rimwe gusa.
Ubuyobozi bw’igisirikare cy’u Rwanda burashimira ingabo zari zaroherejwe kubungabunga amahoro mu gihugu cya centre Africa, kuko akazi ko kugarura amahoro kazijyanye zagakoze neza.
Umuhuzabikorwa wa Komite y’Abarokokeye muri Hotel ya Mille Collines muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, Tatien Ndolimana Miheto yandikiye Komini ya Turin iri mu Majyaruguru y’u Butaliyani asobanura amateka ya Rusesabagina nk’umuntu ufatwa nk’ intwari yarokoye imbaga nini y’Abatutsi kubera filime “Hotel Rwanda”.
Inama yateguwe n’Ikigo cy’ubushakashatsi kuri gahunda za Leta (IPAR) yagaragaje ko u Rwanda ruri mu bihugu bike cyane ku isi byageze ku ntego z’ikinyagihumbi z’Umuryango w’abibumbye (UN).
Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yagiranye amasezerano y’ubufatanye mu ikoranabuhanga n’ikigo mpuzamahanga cy’ikoranabunganga cyitwa ICDL Africa.
Umu Dj akaba n’umunyamakuru Adams Aboubakar uzwi cyane ku izina rya Dj Adams aravuga ko yanyuzwe cyane n’indirimbo "Mwungeri" ya Knowless Butera, kugeza ubwo ayikwirakwiza hirya no hino mu bantu bakurikirana ibya muzika ngo bayumve.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyaruguru yataye muri yombi Nyirakubumba Basilissa na Mutabazi Honoré Jean Bosco bakorera Koperative Umurenge SACCO y’Umurenge wa Nyabimata “Sacco Ukuri Nyabimata” bakekwaho kunyereza umutungo wayo.
Uwari umuyobozi w’Urwunge rw’amashuri rwa Murunda (GS Murunda) ruherereye mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro ukekwaho kwiba sima yari igenewe kubaka iryo shuri ubu yamaze gusimbuzwa by’agateganyo.
Imiryango 27 y’abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bakaza gutuzwa mu Karere ka Rubavu ivuga ko ihangayikishijwe no kuba ababacumbikiye mu mazu babasaba kuyavamo kandi ayo bubakiwe n’akarere ataruzura.
Urugomero rwa Keya rukoresha amazi ya Sebeya ntirurashobora kugeza ku ntego rwari rwitezweho kuko rutanga Kilowati 900 (900Kw) aho gutanga Megawati 2 (2MW) nk’uko byari biteganyijwe rwubakwa.
Abikorera bo mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko bizeye ko itorero bagiye kujyamo rizabagura mu mikorere ndetse rikanagirira igihugu akamaro.
Nyuma y’aho Kigali Today itangarije inkuru ku cyumba cy’amasengesho cya Rubengera mu Itorero Peresibiteriyeni mu Rwanda (EPR) kivugwamo inyigisho z’ubuyobe, ubuyobozi bw’iryo torero bwahinduye ubuyobozi bw’icyo cyumba cy’amasengesho bunategurira abakirisito amahugurwa ku buhanuzi n’inyigisho z’ubuyobe.
Imodoka itwara abagenzi y’ikigo RFTC ifashwe n’inkongi y’umuriro iragurumana mu gace ka Kimihurura mu mujyi wa Kigali, ku gicamunsi cyo kuwa 28/01/2015.
Mugabo Jean Paul ushinzwe gucunga ibikoresho by’akarere (Logistic officer) ari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Ntendezi akurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu yakoze mu byo yari ashinzwe gucunga nk’umukozi w’akarere.
Bamwe mu bagore bibumbiye muri koperative “Nyampinga” ikorera mu Kagari ka Bunge mu Murenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru, baratangaza ko nyuma y’aho bamenyeye gukorera kawa neza, ubu ngo biteje imbere kandi bakaba bakomeje ibikorwa by’iterambere.
Uwamariya Opportune, umucuruzi akaba na Perezida w’urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Karere ka Gakenke, yamaze gushyikirizwa ubugenzacyaha akekwaho kugira uruhare mu inyerezwa ry’amafaranga y’ifumbire no gukoresha inyandiko mpimbano.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwimuriye imirimo yarwo mu Murenge wa Karama, rwahamije Habanabakize Cedric icyaha cyo kwihekura rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu, kuwa 27/01/2015.