Mu ruzinduko Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka yagiriye mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa gatatu tariki 24/12/2014 yasabye ko abayobozi banyunyuza imitsi y’abaturage n’abatita ku nshingano zabo bagomba guhanwa by’intangarugero.
Mu gihe isi yose yizihiza umunsi mukuru wa Noheri kuri uyu wa 25 Ukuboza, mu mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi abaturage baho baravuga ko bimwe mu biribwa bikunze gukoreshwa byazamuye ibiciro cyane cyane umuceri, inyama n’ibirungo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko buzishyura Ndamage Sylvain ibye byasenywe nyuma y’uko kari kamuhaye ibyangombwa byo kubaka hadakurikijwe igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Muhanga, kagahindukira kakamusenyera.
Ikipe ya APR FC ni yo yinjiye mu minsi mikuru n’akanyamuneza nyuma yo kunyagirira Kiyovu Sports kuri stade Amahoro ibitego 5-0 bitumye ishimangira umwanya wayo wa mbere muri shampiyona y’icyiciro cya mbere yakinwaga umunsi wayo wa 11.
U Rwanda nta kibazo rufitanye n’ibindi bihugu, rwiteguye FDLR yaza irwana cyangwa itarwana kandi ntacyo rutwawe n’icyemezo cyo guhagarika inkunga k’u Bubiligi; nk’uko byemezwa n’umuvugizi wa Leta akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo.
Ku nshuro ya gatanu Inyarwanda Ltd yateguye igikorwa ngarukamwaka gihuza ibyamamare byo mu Rwanda n’abafana babyo, aho abakinnyi ba sinema, abahanzi, abanyamakuru, abaririmbyi, n’abandi bazwi cyane mu Rwanda bamaze kwemeza ko bazakitabira.
Mu mudugudu wa Muhambara, Akagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda, hakozwe umukwabu hatahurwa litiro 150 z’inzoga z’inkorano, amacupa 42 ya Kambuca n’amasashe 400, ubuyobozi bukaba buvuga ko amakuru y’ahacururizwaga ibi binyobwa bitemewe bwayahawe n’abaturage.
Polisi y’igihugu yahawe ibikoresho byo kuyifasha gupima imodoka zirekura ibyuka bihumanya ikirere bizatangira gukoreshwa guhera tariki 1/1/2015, hamwe n’ibindi byuma byo gupima urusaku rubangamira abaturage.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kurushaho kuba inyangamugayo no kubera buri wese urugero rwiza.
Mu ijoro rishyira kuwa 24/12/2012 inzego z’ibanze mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera zifatanyije n’iz’umutekano zakoze umukwabu maze bafata inzererezi n’indaya 100 zirimo 39 Abarundi badafite ibyangombwa.
Ku cyumweru tariki ya 21/12/2014 nibwo inkuru yasakaye ko umugabo witwa Kwitonda utuye mu Mudugudu wa Gasharu mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke yamaze gushiramo umwuka atari arwaye.
Umwaka wa 2015 uzatangira ushyushye mu mupira w’amaguru harimo gutangiza shampiyona y’abana batarengeje imyaka 15 umuyobozi wa FERWAFA yavuze ko azegura nidatangira ariko igihanzwe amaso cyane ni shampiyona y’icyiciro cya kabiri yagaragayemo impunduka nyinshi.
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Karongi, Nsanzabaganwa Emile, aributsa abayobozi mu nzego z’ibanze zo muri ako karere ko nta muyobozi w’umurenge cyangwa w’akagari uzongera kwihanganirwa yatanze amakuru y’ibinyoma mu isuzuma ry’ibikorwa bya gahunda za Leta.
Abagabo batatu barashakishwa nyuma yo gutoroka bagata imodoka bari barimo itwaye impombo zatwaraga amazi bari bibye bagiye kuzigurisha mu mujyi wa Kigali.
Bamwe mu bagize amatsinda y’ababana n’ubwandu bwa sida mu ntara y’Amajyepfo baratangaza ko n’ubwo hari intambwe imaze guterwa mu kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ngo hakiri byinshi byo gukorwa cyane cyane mu gukomeza kwigisha.
Abaturage n’abakozi bo mu Karere ka Nyabihu barishimira intambwe yatewe mu ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye mu mwaka wa 2014, haba mu baturage, no mu nzego z’ubuyobozi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge, Bizuru Nkurikiyimana Isaac w’imyaka 46, yamaze kugezwa muri gereza ya Rusizi, nyuma yufatwa bigoranye ubwo yari yihishe mu karere ka Karongi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, ubw’imirenge n’inzego z’umutekano bafashe umwanzuro wo guhagurukira ikibazo cy’abanyarwanda bajya gufata indangamuntu z’i Burundi kuko gishobora guhungabanya umutekano kidafatiwe ingamba zikomeye
Inka eshanu zatanzwe n’Abanyarwanda baba mu gihugu cy’u Bufaransa ubwo bari mu nama ya 12 y’umushyikirano zorojwe abaturage bo mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Mu gihe byari byitezwe ko ikibazo abaturage bafitanye n’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura kirangira burundu kuwa kabiri tariki ya 23/12/2014, byarangiye abaturage batemeye imyanzuro yafashwe n’inzego zitandukanye.
Petronilla Nyirabakunda w’imyaka 80 utuye mu murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke amaranye igihe icyifuzo cyo kuzabona umunyamakuru wa RBA Jean de Dieu Tuyishime uzwi cyane ku izina rya Jado Fils.
Sony Pictures Entertainment, ikigo gitunganya Filimi cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) cyatangaje ko noneho amazu amwe yo muri icyo gihugu yerekana Filimi azerekana Filimi “The Interview”, ikinwa yerekana urupfu rw’umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un.
Ubuyobozi bw’Ishuri ribanza rya Centre Scolaire Turere ibibondo riri mu mujyi wa Ruhango ryashinze ihuriro ry’abanyeshuri bagiye bahiga ariko ubu biga ku bindi bigo rigamije gukomeza guhuriza hamwe uru rubyiruko, ari nako bagaruka kwita kuri barumuna babo hagamijwe guteza imbere ireme ry’uburezi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kisoro muri Uganda bwemereye ubw’akarere ka Burera mu Rwanda ubufatanye mu kurwanya ibyaha byambukiranya umupaka birimo icy’icuruzwa ry’ikiyobyabwenge cya kanyanga gituruka muri icyo gihugu, kigateza umutekano muke mu karere ka Burera.
Turikumwe Boniface utuye mu murenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero atunzwe n’umushinga we wo guhinga ibihaza kuko ubu umuha amafaranga ibihumbi 45 ku cyumweru.
Ihuriro ry’imiryango nyarwanda y’abafite ubumuga (NUDOR) hamwe n’Umuryango wa Handicap International bashima Leta kuba yarateye intambwe yo gushyiraho amategeko no gusinya amasezerano mpuzamahanga arengera abafite ubumuga; ariko kugira ngo ayo mategeko ashyirwe mu bikorwa ngo haracyari inzira ndende.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nyabaranga, Akagari ka Ruhuha mu Murenge wa Ruhuha mu Karere ka Bugesera baravuga ko batagitinya guhinga no mu bihe by’izuba kubera ko bamenye ibanga ryo kuvomerera imyaka.
Mu Kagari ka Migendezo mu Murenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo habereye umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa inzu izatuzwamo incike n’abapfakazi basizwe iheruheru na jenoside kuwa kabiri tariki ya 23/12/2014.
Umuyobozi w’urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege, yasabye abantu 133 barahiriye kwinjira mu rugaga rw’abavoka mu Rwanda ko bagomba kwitwara neza batanga serivisi zinoze, ariko bakibuka no gukurikiza indangagaciro ziranga umwuga w’ubw’Avoka.
Rwamurangwa Stephen ni we muyobozi mushya w’akarere ka Gasabo mu gihe Muzungu Gerard ari we watorewe kuyobora akarere ka Kirehe mu matora yabaye kuri uyu wa kabiri tariki 23/12/2014.
Leta y’u Rwanda n’ihuriro ry’amashami y’Umuryango w’Abibumbye (ONE UN) basinyanye amasezerano yo gutera u Rwanda inkunga ya miliyari 50 z’amanyarwada mu rwego rwo guteza imbere imishinga itandukanye y’iterambere n’imibereho y’abaturage.
Imwe mu miryango ituye mu Karere ka Gakenke irishimira uburyo abashakanye basigaye buzuzanya mu ngo zabo, bitandukanye no mu myaka yashize kuko 80% by’imiryango ituye aka karere bahoranaga amakimbirane ahanini ashingiye ku mutungo.
Bamwe mu bagore batishoboye bakora isuku n’isukura mu mujyi wa Nyanza baravuga ko bagiye kwizihiza iminsi mikuru ya Noheri na Bonane by’umwaka wa 2014 batishimye kubera ko amezi abiri ashize badahembwa.
Abahoze mu mutwe wa FDLR n’indi mitwe irwanya Leta y’u Rwanda 51 barangije ingando yo mu cyiciro cya 52 mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo, kuri uyu wa Kabiri tariki 23/12/2014, batangaza ko iyo mitwe ikomeje kuyobya uburari amahanga igaragaraza ko yashyize intwaro hasi.
Umuyobozi w’ihuriro ry’abanyarwandakazi bari mu nteko ishingamategeko mu Rwanda (FFRP), Nyirarukundo Ignatienne avuga ko bagiye guhagurukira ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu ngo kuko rishobora gucika mu gihe abanyarwanda babihagurukiye.
Abana bo mu Murenge wa Huye bafite ikibazo cy’imirire mibi, ni ukuvuga abari mu ibara ry’umuhondo n’iritukura, bahawe Noheri bagaburirwa ibiryo birimo intungamubiri zose umubiri ukenera, ababyeyi babo bagirwa inama kuko bagomba kwitwara kugira ngo abana babo bagire ubuzima bwiza.
Ambasaderi Donald Koran wari uhagarariye Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) mu Rwanda, yatangaje ko ubufatanye bw’ibihugu byombi bwagejeje u Rwanda ku mpinduka nyinshi mu iterambere; haba mu buzima, imibereho, ubukungu no kubungabunga amahoro ku isi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu basanga barageze kuri byinshi mu iterambere mu mwaka wa 2014 ugana ku musozo, kandi biteguye kubyongera kurutaho umwaka utaha bakarushaho gutera imbere.
Polisi y’Igihugu yatangije ubukangurambaga bugamije gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’andi mahohoterwa, icuruzwa ry’abantu ndetse n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Inama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Rusizi yongeye kuvuga kuri serivisi mbi zihabwa abarwayi mu bitaro bya Mibirizi, aho hakomeje kuboneka ipfu z’abarwayi barimo ababyeyi bapfa babyara.
Abakozi b’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza bane bari mu maboko ya polisi bakekwaho gukoresha impapuro mpimbano no gukoresha nabi umutungo w’abaturage.
Mu mwiherero uhuje abayobozi mu karere ka Gicumbi, umuyobozi w’ingabo mu Ntara y’Amajyarugu General Ruvusha Emmanuel yabasabye kwirinda gukorana na FDLR ibikorwa bihungabanya umutekano.
Ingabo z’igihugu (RDF) zirashimira abaturage bo mu Kagari Muhira, Umurenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu kubera kugira uruhare mu gucunga umutekano, bakoma mu nkokora abashaka guhungabanya umudendezo w’abaturage.
Abana ba nyakwigendera Rubangura Vendaste umwe mu bakire bari bazwi muri Kigali, bagejeje mukase wabo mu nkiko bamushinja kwigarurira igorofa izwi nko kwa Rubangura kandi, mu gihe umwunganizi we avuga ko nk’uhagarariue abazungura abyemerewe.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Stephen Constantine yatangaje ko yishimiye kuba yarashyizwe ku rutonde rw’abatoza bifuzwa n’Ubuhinde, ariko avuga ko nta gahunda afite yo gusubira muri icyo gihugu kugitoza.
Ikipe ya APR FC na Kiyovu Sports zirahurira kuri stade Amahoro kuri uyu wa gatatu tariki 24/12/2014 mu mukino witezwe kurusha iyindi yose izakinwa ku munsi wa 11 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Bamwe mu bakecuru n’abasaza batuye umurenge wa Kibungo mu kagari ka Mahango batangiye umushinga wo guhinga ibobere kugirango borore amagweja maze bajye babona ikibazanira amafaranga igihe intege zizaba zimaze kuba nke cyane.
Abaturage bo mu Murenge wa Murama ho mu Karere ka Ngoma bemereye ubufatanye inzego z’umutekano n’ubuyobozi mu gukaza umutekano barwanya ibiyobyabwenge mu gihe cy’iminsi mikuru, kuko ari byo ntandaro y’umutekano muke.