Tariki 30/12/2015, abanyeshuri biga umuziki ku Nyundo bagejeje ku banyehuye umuziki wihuse(live). Igitaramo cyitabiriwe n’abantu bake, ariko abaje cyarabashimishije.
Abagenzi bajya hirya no hino mu ntara barasaba Leta gufatanya n’amashyirahamwe y’ingendo, gukemura ikibazo cyo kubura imodoka mu minsi mikuru.
Imiryango 20 yo mu Murenge wa Mwendo yigeze kurangwa n’amakimbirane n’imibanire mibi ikaza kubireka, ikiyemeza kubana mu buzima buzira ihohotera.
Abaturage 43 bo mu Karere ka Nyabihu bahawe inka muri gahunda ya Gira inka, hagamijwe kubafasha kwikura mu bukene.
Ibitaro bya Gihunde biherereye mu Karere ka Rusizi bimaze amezi atatu byiyubakamo umuco wo kwigarurira icyikizere ku babigana.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi, REB, kuri uyu wa 31 Ukuboza 2015, cyagabiye inka abarimu babaye indashyikirwa mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Nyanza.
Minisiteri y’Ubutabera yamuritse uburyo bushya bw’ikoranabuhanga, IECMS, buzifashishwa mu koroshya servisi ahanini zijyanye n’ubutabera n’iz’ibindi bigo bitanga amakuru.
Perezida Kagame, mu ijambo risoza 2015, yemeye gukomeza kuyobora u Rwanda ariko ahakanira abifuza ko ayobora ubuziraherezo.
Akarere ka Muhanga katangije kubaka imihanda ya kaburimbo n’isoko rya kijyambere mu mujyi wako, nyuma y’igihe byarananiranye.
Kuba Umujyi wa Nyanza ugenda utera imbere ariko ukaba udafite aho abagenzi bategera imodoka biri mu bibazo bikomereye ubuyobozi.
Umuhanzi Konshens yemeza ko itangazamakuru ryo mu Burengerazuba bw’isi ridaha u Rwanda isura nyayo, kandi rwarashoboye kwiteza imbere mu gihe gito nyuma ya Jenoside.
Umuryango "Uwezo Youth Empowerment" w’urubyiruko rufite ubumuga urasaba abatanga akazi kubagirira icyizere mu itangwa ryako kuko na bo bashoboye.
Ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 21, byibanze ku gukangurira amahanga kwamagana ihakana n’ipfobya rya Jenoside n’amacakubiri.
Abahinzi n’aborozi barema amwe mu masoko y’akarere ka Kamonyi, binubira imisoro bakwa iyo bajyanye umusaruro ku isoko kandi n’ababaranguriye bakongera bagasoreshwa.
Mu gihe habura ibyumweru bitagera kuri bitau ngo CHAN izabera mu Rwanda itangire,ibiciro byo kwinjira mu ma Stade yose byatangajwe
Manda z’abayobozi b’inzego z’ibanze zirangiye bimwe mu byo bari bariyemeje mu karere ka Rusizi bitarangiye, kubera imikoranire idahwitse ya ba rwiyemezamirimo bahabwa amasoko.
Kuri uyu wa 30 Ukuboza 2015, Umurenge wa Mukamira wakoze ibirori wizihiza ko abaturage bawo batoye 100% ivugururwa ry’itegekonshinga binyuze muri Referendumu.
Kumenya amategeko n’uburenganzira bizafasha abaturage kugabanya imanza z’urudaca bahoramo, zigatuma bahora mu makimbirane ntibabashe gukora ibikorwa bibateza imbere.
Ishuli rikuru rya RTUC ryeguriwe n’Akarere ka Nyanza ubutaka bwa Hegitari 3 z’ubuntu mu rwego rwo kureshya ibikorwa byaryo by’ishoramari.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon yemeza ko guca amafaranga abishyingira bitemewe n’amategeko no kubatandukanya byagabanyije ingeso y’ubuharike .
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Ruhango irasaba abamotari bakorera muri ako karere guhaguruka bagahangana n’ibihungabanya umutekano w’abaturage cyane cyane mu bihe by’iminsi mikuru.
Umuhanzi w’umunya-Jamaica Garfield Spence uzwi cyane nka Konshens yageze mu Rwanda muri iri joro aje gutaramira Abanyarwanda k’ubunani.
Mu minsi mikuru utubari two mu cyaro turasabwa kuzafunga saa mbili utwo mu mujyi tugafunga saa yine z’ijoro, mu Karere ka Nyamasheke.
Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Kayonza baravuga ko gutanga amakuru ku nzego bakorana bitakiborohera bitewe n’uko batagihabwa amafaranga y’itumanaho ku gihe.
Umukecuru witwa Mukabadege Anathalie w’imyaka 58 y’amavuko, yasanzwe mu nzu yivuganywe n’abantu bataramenyekana mu kagari ka Nyabisindu, Umurenge wa Kiramuruzi.
Abatuye mu Karere ka Gakenke bakoze imirimo yo gutera ibiti ku nkengero z’imihanda n’amashyamba ya leta, barasaba rweyemezamirimo wabakoresheje kubishyura
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Uganda Milutin Micho yamaze guhamagara abakinnyi bagomba gutangira umwiherero wa CHAN
Gereza irimo kubakwa i Mageragere mu karere ka Nyarugenge izaba yubahirije ibipimo mpuzamahanga bituma abagororwa bisanzura bakabaho neza.
Amakipe atatu ari kumwe n’u Rwanda mu itsinda rya mbere akomeje kwitegura mu gihe yatangiye gukina imikino ya gicuti ndetse abakinnyi bamaze guhamagarwa
Koreya y’Epfo, kuri uyu wa 29 Ukuboza 2015 yashyikirije Ikigega cya Loni gishinzwe kwita ku muryango (UNFPA) inkunga ya miliyoni 335 FRW azifashishwa mu kuboneza urubyaro mu Nkambi ya Mahama.
Bamwe mu bagore bo mu Mudugudu wa Gatebe ya mbere barifuza ko gahunda yo kuboneza urubyaro yasubizwa abajyanama b’ubuzima.
Bamwe mu Banyarwanda batahutse bava muri Congo baravuga ko impamvu abagabo badataha ari uko abenshi bagizwe ingwate na FDRL.
Kutamenya amategeko agenga amakoperative n’uburenganzira bwa buri munyamuryango biri bikunze gutuma amwe mu makoperative adakora neza.
Komisiyo y’Igihugu y’Abana (NCC) irasaba Abanyarwanda kumva ko nta mwana wagombye kujugunywa kuko yavukanye ubumuga.
Abarwanyi batatu ba FDLR bitandukanyije na yo ngo bashaka gutangirira ubuzima bushya mu Rwanda n’imiryango yabo.
Bamwe mu baturage bitwikiriye ikiruhuko cy’iminsi ine abakozi ba Leta bagize mu minsi ya Noheri maze bubaka mu buryo butemewe bibaviramo gusenyerwa.
Abamotari bo mu Mujyi wa Muhanga baravuga ko abayobozi babo bahishira abakora amakosa bikabatera ibihombo no kwiruka babonye abapolisi.
Ibizamini byo gushaka ibimenyetso simusiga bikenerwa mu manza nshinjabyaha byajyaga bikorerwa ahanini mu Budage bigiye kujya bikorerwa mu Rwanda.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yatangaje ko isezeye itishimiye kuba Akarere kaza inyuma mu bagifite ubukene buri hejuru.
Ntahorwagiye wo mu kagari ka Remera mu Murenge wa Rusebeya muri Rutsiro yiyiciye umugore we none na we bamusanze yiyahuye.
Nyuma y’aho urukiko rwa Frankfurt rukatiye Umunyarwanda Rwabukombe kugira urahare muri Jenoside, Jean Pierre Dusingizemungu, umuyobozi wa Ibuka yatangaje ko uwo muryango wishimiye imikirize y’urubanza.
Mukabalisa Frolence,nyuma yo gutangira kwigishiriza imodoka mu mujyi wa Kibungo Akarere ka Ngoma byatumye abagore n’abakobwa bitabira kwiga ibinyabiziga ku bwinshi.
Imiryango 21 igizwe n’abantu 93 y’Abanyarwanda babaga mu mashyamba ya Congo batahutse bavuga ko barambiwe n’ubuzima bubi babagamo.
Umuryango w’abamugariye ku rugamba n’abandi bafite ubumuga (RECOPDO), usaba abanyamuryango n’inzego zose guharanira kwigenga kw’abafite ubumuga.
Abaturage bakoresha umuhanda Ruhuha-Mareba-Nyamata mu karere ka Bugesera bavuga babangamiwe n’ikiraro cya Mareba cyacitse.
Hakizimana Vicent w’imyaka 25 wo mu Kagari ka Gituza mu Murenge wa Rukumbeli mu Karere ka Ngoma arashinjwa gukubita se umubyara umugeri mu gatuza agahita yitaba Imana.
U Rwanda rwakiriye inguzanyo ya miliyoni 15 z’amadolari (USD), yatanzwe n’Ikigega cya Arabiya Sawudite gishinzwe iterambere(SFD), yo kubaka umuhanda Nyagatare-Rukomo.
Umukecuru witwa Mukankusi Cecile yitabye Imana agwiriwe n’inzu tariki 28 Ukuboza 2015 mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Urubanza ruregwamo Rtd Brig Gen Frank Rusagara, Col Tom Byabagamba na Rtd Sgt Kabayiza Francois rwongeye gusubikwa.