Umuhanzi Konshens yatangajwe n’iterambere u Rwanda rugezeho

Umuhanzi Konshens yemeza ko itangazamakuru ryo mu Burengerazuba bw’isi ridaha u Rwanda isura nyayo, kandi rwarashoboye kwiteza imbere mu gihe gito nyuma ya Jenoside.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, ubwo bamubazaga uko yabonye u Rwanda ugereranije, mbere y’uko ataramira Abanyarwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 31 Ukuboza 2015.

Konshens mu kiganiro n'abanyamakuru.
Konshens mu kiganiro n’abanyamakuru.

Yagize ati “Najyaga nsoma inkuru mbi zerekeye ku Rwanda, ariko mpageze nabonye itembere gusa. Niyo mpamvu ubu nta gaciro mpa itangazamakuru ryandika ibintu bibi ku bihugu bikora ibishoboka byose ngo byiteze imbere.”

Uyu muririmbyi yatangaje yashimiye cyane uburyo Abanyarwanda bamwakiranye urugwiro mu masaha macye amaze mu gihugu.

Asobanurirwa amateka yaranze u Rwanda mu gihe cya Jenoside.
Asobanurirwa amateka yaranze u Rwanda mu gihe cya Jenoside.

Konshens ari mu Rwanda aho yitabira igitaramo cya “Vibe party” mu ijoro ry’uyu munsi, ejo akazakora ikindi gitaramo ku itariki 1 Mutarama 2016 kikazabera muri Parking ya Stade Amahoro i Remera.

Konshens yanagize icyo avuga ku muziki wo mu Rwanda, aho yavuze ko n’ubwo atarumva indirimbo nyinshi z’abahanzi b’Anyanyarwanda, ariko yiteguye kuganira n’abahanzi b’Abanyarwanda bazaririmba mu gitaramo cye.

Konshens azwi mu ndirimbo nka “Gal Ting”, “simple song”, “Gal bubble” na “couple” akaba ari zo ndirimbo aza kuririmba nijoro.

Uyu muhanzi yagize ibindi bitaramo mu bihugu nka Uganda, Jamaica, Kenya no mu Burayi.

Yashyize n'indabo ku mva zishyinguwemo inzirakarengane za Jenoside.
Yashyize n’indabo ku mva zishyinguwemo inzirakarengane za Jenoside.

Kureba andi mafoto kanda hano

https://www.flickr.com/photos/kigali-today/

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nukuri dukomeze twiyubakira igihugu tunibuka abacu bazize genocide

Kayisire yanditse ku itariki ya: 11-02-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka