Mu kwibuka kuncuro ya 21 urubyiruko rwo mu karere ka Rusizi rwishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, urubyiruko rwitabiriye iki gikorwa rwasabwe kwirebera mu indorerwamo y’Ubunyarwanda kuko aribyo byatuma batagwa mu mutego w’amacakubiri yasenye igihugu atuma habaho na Jenoside.
Abantu babiri bitabye Imana undi umwe akomeje kuburirwa irengero nyuma yo kurohama mu mugezi wa Nyabarongo, igice giherereye mu Murenge wa Kibangu, mu Kagari ka Gitega, Umudugudu wa Gasarara.
Abatuye mu kagari ka Rugendabari mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, bavuga ko kuba badafite ikigo nderabuzima hafi bibangamira ababyeyi bitegura kubyara kuko bituma bakora urugendo rurerure bashaka ivuriro.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abayobozi b’uturere n’abafatanyabikorwa mu bikorwa bikorerwa ku butaka kwitondera ibikorwa byo kubaka amazu ku butaka buhingwaho mu rwego rwo kwagura ibishushanyo mbonera by’imijyi.
Bamwe mu baturage bakomeje gushyikiriza inteko ishinga amategeko ibyifuzo byabo by’uko ingingo ya 101 y’itegeko nshinga ivuga kuri manda za Perezida zahindurwa, baratangaza ko abagize iyi nteko nibatubahiriza ibyifuzo byabo bazabatera ikizere kuko ari bo babashyizeho.
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports Kayiranga Baptista asanga mu bifashije ikipe ya APR Fc lwegukana igikombe cya Shampiona y’umwaka w’imikino wa 2014/2015 harimo no kuba amakipe atandukanye yaragize ibibazo byo kubura abakinnyi mbere y’uko Shampiona itangira
Urubyiruko rwo mu karere ka Burera rurasabwa kubakira ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda mu rwego rwo kubaka ubunyarwanda buzira icyo ari cyose cyatuma Abanyarwanda basubira inyuma.
Kuri uyu wa gatanu taliki ya 15 Gicurasi 2015 nibwo ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiona y’uyu mwaka mu gihe hasigaye umunsi umwe ngo Shampiona irangire
Kuri uyu wa 14 Gicurasi 2015, umugabo w’imyaka 45 y’amavuko witwa Ndirerere Samuel wari utuye my Kagari ka Mberi mu Murenge wa Rusebeya ho mu karere ka Rutsiro yibye inyama itogosheje ayimize bunguri imuhagama mu muhogo yitaba Imana.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro, Rwanda Revenue Authority/RRA cyatangaje ko inzoga bakunze kwita suruduwire (sealed well) n’izindi nkayo, zigiye kurushaho guhenda nk’uko bigenda ku bindi bicuruzwa bisoreshwa by’umwihariko, mu rwego rwo gukumira kwangirika k’ubuzima bw’abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko kuba harashyizweho gahunda y’amarushanwa “Amashuri Kagame Cup” bizafasha abana bakiri bato kugaragaza impano zabo, no guca ukubiri no guhaha abakinnyi hanze y’igihugu bagakina mu Rwanda.
Mujyambere Louis de Montfort, Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Cogebanque, aratangaza ko Cogebanque yoroheje uburyo bwo kwishyura amazi WASAC, aho nta mufatabuguzi wa WASAC uzongera gutonda umurongo ngo atinde, ategereje kwishyura.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe ngo bakomeje kugaragaza ubushake buke bwo kwishyura miliyoni 94 z’ifumbire bahawe na Minisiteri y’ubuhinzi (MINAGRI) bitwaje ko ari impano ya Leta.
Gahungu Enock ari mu maboko ya Polisi, sitasiyo ya Nyagatare nyuma yo gukubita umugore we Mukanziza Juliet ishoka mu mutwe, ubu akaba arwariye mu bitaro bya Nyagatare.
Itsinda ry’abashoramari umunani baturuka mu gihugu cya Turukiya bagiriye urugendo mu Karere ka Bugesera kuri uyu wa 15 Gicurasi 2015 bagamije kureba aho bashora imari.
Ku wa kane tariki ya 14 Gicurasi 2015, Umugore witwa Mukamurara Clementine utuye mu Kagari ka Mataba mu Murenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi yafatanywe udupfunyika tw’urumogi ibihumbi bibiri avuga ko yari arushyiriye uwitwa Mahoro Angélique ngo atumurangurire, bose batabwa muri yombi.
Nubwo bitoroshye kwemeza ko Umunyamerikakazi, Adrianne Lewis ari we ufite ururimi rurerure ku isi, we avuga ko yumva ku isi nta wa muhiga mu kugira ururimi rurerure.
Mu Ishuri rikuru ry’Abalayiki b’Abadivantiste rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza riherereye i Busasamama mu Marere ka Nyanza habereye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 nubwo iri shuri ryashinzwe nyuma y’ayo mahano ya Jenoside.
Shumbusho Seth w’imyaka 29 y’amavuko, umucungamutungo w’ikigo nderabuzima cya Gitoki, giherereye mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo, afungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Kabarore akekwaho kunyereza amafaranga y’icyo kigo ari hagati ya miliyoni 2 n’ibihumbi 500 na miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze rwahamije icyaha abantu 14 muri 16 bakekwagaho gukorana n’Umutwe wa FDLR, abandi babiri bagirwa abere.
Madamu wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeannette Kagame, ngo kuba ari umubyeyi birushaho kumuha imbaraga zo kuyobora no guteza imbere umuryango Imburo Foundation.
Kuri uyu wa kane. kuri Stade ya kicukiro ikipe ya Police Fc yatsinze ikipe ya Rayon Sports ibitego bibiri kuri kimwe ku mukino w’umunsi wa 25 wa Shampiona, mu gihe kunganya hagati ya AS kigali na Gicumbi byahise biha APR Fc igikombe cya Shampiona.
Abaturage basenyewe n’umuyaga mu kwezi kwa Mata 2015 barasaba Misitiri y’ Ibiza no gucyura Impunzi, MIDIMAR, kubafasha kubona isakaro kuko n’amatafari ari kubakwa ari gusenywa n’imvura.
Abaturage bo mu byiciro bitandukanye mu Karere ka Kayonza, tariki 14 Gicurasi 2015, bashyikirije umuyobozi w’akarere, Mugabo John, amabaruwa bandikiye inteko ishinga amategeko, basaba ko ingingo y’101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda yavugururwa.
Ikigo cy’Igihugu cy’ Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) cyaburiye abajyanama b’abacuruzi mu bijyanye no gusora, ko abazafatwa bafatanyije n’abacuruzi kwanga gutanga imisoro ya Leta, bazahanwa kimwe nk’abo bagiriye inama.
Bamwe mu bakora ku nyubako y’ibiro by’Akarere ka Kamonyi biri kubakwa i Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge, tariki 14 Gicurasi 2015, bahagaritse akazi kuko bategereje guhembwa bagaheba, bakaba bafite impungenge ko inyubako nimurikirwa ubuyobozi Rwiyemezamirimo ubakoresha azigendera bakabura ubishyura.
Umutoza w’ikipe ya Vital’o Fc, Kanyankore Gilbert Yaounde yamaze guhungana umuryango we mu Rwanda Kubera ibibazo by’umutekano muke uri mu gihugu cy’u Burundi.
Umuhanzi Patrick Nyamitali yashyize hanze indirimbo yise “Nguhobere” ngo aririmbamo ibyamubayeho, aho ngo yabonye umukobwa akamubenguka ariko nyuma ntibongere kubonana.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yashyikirije inkunga ishuri ryisumbuye Gatolika rya Runaba (ES Runaba) riherereye mu Kagari ka Rusumo, Umurenge wa Butaro, Akarere ka Burera riheruka kwibasirwa n’inkongi y’umuriro tariki ya 10 Gicurasi 2015, icumbi ry’abahungu n’ibyarimo byose bigashya.
Nyuma y’uko u Rwanda rutangiye gukwirakwiza umuyoboro wa interineti yihuta wa 4G LTE hirya no hino mu gihugu ku bufatanye na Korea Telecom; kuri ubu uyu mushinga wamaze kwegukana igihembo mpuzamahanga.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko babangamiwe n’uburyo urukiko rw’ubucuruzi rukemura ibibazo mu rwego rwarwo rw’ibanze n’urwisumbuye, aho ngo umucamanza aba ari umwe rukumbi, ibi ngo bikaba bishobora kumutera kubogama.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Byimana, Abdallah Munyemana, aravuga ko bibabaje cyane kubona abantu bari bashinzwe gukiza ubuzima bw’abantu barabaye abambere mu kubusonga, agasaba ko umuganga wese wagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 akwiye kujya ahabwa ibihano biruta iby’abandi bayikoze.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba yibukije abasirikare bakuru biga mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda ko bafite inshingano zo kugarura amahoro muri Afurika.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bibumbiye mu mashyirahamwe atubura imigano ndetse akanayibyaza umusaruro, batangaza ko icyo gihingwa cyatumye bikura mu bukene ubu bakaba bagana iterambere.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’imyuga rya VTC Vunga riri mu Murenge wa Mbuye, Akarere ka Ruhango, burashimangira ko bwishimira ko bwashyiriweho amatora y’abakozi bahagagariye abandi, kuko ari izindi mbaraga bungutse zizabafasha mu kunoza neza akazi kabo.
Umuryango wa Nyirafurere Azera utuye mu Kagari ka Karengera mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke uvuga ko wasenyewe inzu n’ubuyobozi ndetse n’abakoraga umuhanda wa kaburimbo uva Nyamasheke ugana i Karongi, umwaka ukaba ugiye gushira bategereje ingurane bijejwe amaso agahera mu kirere.
Muri Kaminuza yigenga ya “Rusizi International University” haravugwamo kutumvikana hagati y’abanyamigabane b’iyo Kaminuza ari bo ba Nyirayo n’umuyobozi bari barashyizeho witwa Dr. Gahutu Pascal.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Claver Gatete, aratangaza ko Banki y’Isi ariwe muterankunga uyoboye abandi mu gufasha u Rwanda kugera ku iterambere rirambye.
Ikipe y’abakobwa y’umukino w’intoki wa Handball izwi ku izina rya Gorillas Handball Club yamaze gusezera muri Shampiona y’umwaka wa 2015 nyuma y’aho igiye gushyira imbaraga mu kuzamura impano z’abakiri bato by’umwihariko mu bakobwa.
Ubuyobozi bw’Umuryango uharanira Iterambere ry’Abatuye Nyabimata (Association pour le development de Nyabimata, ADENYA) mu Karere ka Nyaruguru, buratangaza ko hari umuzungu waturutse mu gihugu cy’Ubudage ngo witwa Ingo Kochendörfer Giersemehl akabafungira urugomero rw’amashanyarazi akoresheje imibare y’ibanga (Code) batazi, (…)
Umunyamategeko muri Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenodie CNLG, Ndahigwa Jean Louis, avuga ko hakiri abantu banga gutanga amakuru kuri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994 kubera gutinya bagenzi babo.
Aborozi bo mu Mudugudu w’Akayange ka 2, Akagari ka Nyamirama, Umurenge wa Karangazi wo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko indwara y’uburenge iheruka kugaragara muri aka gace izanwa n’imbogo zikiri mu nzuri zabo.
Abaturage n’abikorera bo mu Mujyi wa Musanze, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Gicurasi 2015, bamurikiwe imodoka nini izifashishwa mu guhangana n’inkongi z’umuriro izwi nka “kizimyamwoto”.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Uburengerazuba, Jabo Paul arasaba abaturage gushyira umutima wabo ku buhinzi bwa Kawa bazikorera kandi bazisasira, ku buryo bishobora kubateza imbere ndetse bikaba byabatunga byonyine.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB), ambasaderi George William Kayonga avuga ko kubarura ibiti bya Kawa biri mu gihugu bizateza imbere abahinzi bayo, ndetse n’igihugu muri rusange.
Ibiro bishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire (GMO) biratangaza ko bishima ingabo z’igihugu uburyo zishyira ingufu mu guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Rwanda n’ahandi zibungabunga amahoro ku isi.
Umuyobozi wa Banki y’Isi, Sri Mulyani uri mu ruzinduko mu Rwanda, yashimye ko inkunga bageneye u Rwanda mu mishinga y’ubuhinzi no gusubiza mu buzima abahoze ku rugero yabafashije kwiteza imbere.
Umukozi w’Umurenge wa Cyanika ushinzwe ubworozi, Ndagijimana Jean Baptiste, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, akekwaho gukubita umugore we bikamuviramo urupfu.
Mu gihe abaperezida b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba EAC, East Africa Community bari mu nama idasanzwe ya 13 yo kwiga ku bibazo by’umutekano w’u Burundi mu mujyi wa Dar-Es-Saalam muri Tanzaniya ku gicamunsi cyo kuwa 13 Gicurasi 2015, igisirikare cy’u Burundi cyo cyahise gitangaza ko gihiritse ubutegetsi.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Tihabyona Jean de Dieu, ari mu maboko ya Polisi kuva ku mugoroba wo ku wa 12 Gicurasi 2015 ariko impamvu y’ifungwa rye ntiramenyekana.