Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Tihabyona Jean de Dieu, ari mu maboko ya Polisi kuva ku mugoroba wo ku wa 12 Gicurasi 2015 ariko impamvu y’ifungwa rye ntiramenyekana.
Umukinnyi w’imikino ngororamubiri mu Rwanda Kajuga Robert aratangaza ko yamaze gukira ku buryo ubu yiteguye kwitabira imikino ya Marathon mpuzamahanga y’amahoro izabera mu Rwanda taliki 24 Gicurasi 2015.
Prof Ngorwanubusa Juvenal, Umwarimu w’ubuvanganzo muri Kaminuza y’ Uburundi na Kaminuza y’u Rwanda, akaba n’umwanditsi ku buvanganzo no ku mateka cyane cyane y’ igihugu avukamo cy’Uburundi, atangaza ko igitabo kitagirwa cyiza n’ururimi cyanditsemo.
Nyuma y’imvura imaze iminsi igwa, amateme yo mu muhanda Ruhango-Kinazi yatangiye kwangirika ku buryo bibuza abawukoresha bari mu modoka kugenda.
Umuturage witwa Emelita Uzamukunda wo mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Gicurasi 2015 ngo yaturukiweho n’igisasu cyo mu bwoko bwa geranade (stick) ubwo yararimo guhinga gusa ku bw’amahirwe ntibyamukomeretsa
Umusore witwa Hakizimana Jean w’imyaka 28 y’amavuko uvuga ko akomoka mu Karere ka Muhanga mu Murenge Nyamabuye ari mu maboko ya Polisi kuva kuri uyu wa 11 Gicurasi 2015 nyuma ngo yo kugubwa gitumo na Polisi y’Igihugu akorera undi mu ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabizika.
Mu Karere ka Gatsibo, Umurenge wa Kiramuruzi, mu Kagari ka Gakenke, Umudugudu wa Akamasine, mu ijoro ryo ku wa mbere rishyira ku wa kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2015 ahagana mu saa sita n’igice z’ijoro, umugabo witwa Twagirimana Muzehe bakunze kwita Murasi w’imyaka 31 y’amavuko yarashwe n’umupolisi ahita yitaba Imana.
Umugore witwa Icyitegetse Fortunée w’imyaka 56 y’amavuko wari utuye mu Kagari ka Shyira mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, yaketsweho gucuragura mu ijoro ryo ku wa 11 rishyira ku wa 12 Gicurasi 2015 maze arakubitwa kugeza ashizemo umwuka.
Ubukene no kuba bamwe mu babyeyi cyangwa abanyeshuri batarumva neza akamaro ka gahunda yo gufatira amafunguro ya saa sita ku ishuri ku bana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 n’ubw’imyaka 12 (9YBE na 12YBE) ngo n’imbogamizi zikomeye zituma iyi gahunda itagenda neza.
Ikorwa ry’umuhanda uherereye mu gace k’Umujyi wa Byumba kitwa Gashirwe ryatumye insinga z’amashanyarazi zari mu butaka hamwe n’ibitembo bijyana amazi byangirika maze umuriro n’amazi birabura.
Uwimana Claudine w’imyaka 25 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza akekwaho gukubita Umwana w’umuhungu w’imyaka itandatu uvuka mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza yari abereye Mukase amuziza kwiba ubunyobwa mu murima wa se wabo witwa Niyomugabo bikamuviramo urupfu.
Umukino w’umunsi wa 25 wa Shampiona wagombaga guhuza ikipe ya APR Fc n’Isonga Fc kuri uyu wa kane wamaze kwimurirwa kuri uyu wa gatanu ,ndetse n’ikipe ya APR Fc yabasha kunganya cyangwa gutsinda ikazahita ihabwa igikombe nyuma y’umukino
Umuhanzi Bruce Itangishaka uzwi ku izina rya Bruce Melody arahakana amakuru ari kuvugwa ko umukunzi we yaba yibarutse, ndetse anakomeza ahakana ko baba babana nk’umugore n’umugabo.
Umulisa Claire, umugore w’imyaka 34 y’amavuko, utuye mu Mudugudu wa Kabuga, Akagari ka Rukina, Umurenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, agiye kumara imyaka 7 akora akazi ko kotsa inyama z’ihene (Gucoma), nyuma yo kubona ko ababimukoreraga babikoraga nabi bikamutera ibihombo.
Mu gihe abaturage bo mu tugari twa Sheri na Bihembe tw’Umurenge wa Rugarika ngo bagorwaga no kubona serivisi z’ubuvuzi kuko nta kigo nderabuzima cyari hafi yabo ; barishimira ko abafatanyabikorwa b’Abanyakoreya babubakiye ivuriro rito (Poste de Sante) ribafasha kwivuriza hafi, ariko bagasaba ko ryakora no mu masaha ya nijoro (…)
Nyirampogoza Donathile, ni umubyeyi utuye mu Mudugudu wa Muhe, Akagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza mu gace k’Umujyi wa Musanze kazwi nko mu Kizungu kubera amagorofa n’amazu meza atagerakeranye abamo imiryango yifite yo mu Mujyi wa Musanze.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bifuza ko ingingo ya 101 mu itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda yavugururwa, maze bakabasha kongera kwitorera Perezida, Paul Kagame nk’umukuru w’igihugu, kandi ko ngo bazakomeza kumutora igihe cyose azaba agihumeka.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) iratangaza ko iteganya ko umwaka w’ingengo y’imari wa 2015/2016 uzarangira umubare w’Abanyarwanda bagerwaho n’umuriro w’amashanyarazi uvuye kuri 23% ukagera kuri 40%.
Abaturage bakorana na Koperative yo kubitsa no kugurizanya (Sacco) mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza bavuga ko yababereye nk’ikiraro kibambutsa ubukene kibaganisha ku iterambere, kuko kuva batangiye gukorana na yo bagiye batera imbere ku buryo bugaragara.
Subuga Gasunzu w’imyaka 25 afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe akekwaho icyaha cyo kwiba ihene y’umuturanyi we, mu ijoro rishyira ku wa 12 Gicurasi 2015.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba abagabo bo muri ako karere gucika ku ngeso yo gukubita abagore babo ngo kuko uzongera gufatwa akubita umugore we azajya ajyanwa mu bigo ngorora muco (Transit Center).
Abakozi birukanywe ku mavuriro yo mu Karere ka Rutsiro baribaza impamvu badasubwizwa mu kazi kandi haratanzwe amabwiriza yo kubasubiza mo, amavuriro akavuga ko nta gahunda bafite yo kubasubiza mo kubera amikoro make.
Abasirikare bavuye ku rugerero bibumbiye muri Koperative COPIBU ikora isuku mu Mujyi wa Gisenyi bashyikirije inka ebyiri abacitse ku icumu batishoboye mu Kagari ka Mbugangari ho mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.
Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Kayonza bavuga ko ubworozi bwa gakondo bukiri imbogamizi ku iterambere ry’ababukora.
Ububiko bw’imifariso (matelas) y’uruganda rwitwa AFRIFOAM buri i Karuruma mu Murenge wa Gatsata, mu Karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali bwafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa tanu z’amanywa ku wa kabiri tariki 12 Gicurasi 2015.
Umugabo witwa Tuyisenge Anatole w’imyaka 30 y’amavuko, yaguye mu gico cy’abagizi ba nabi baramutemagura bamusiga ari intere.
Abanyamuryango 350 ba koperatve ihinga ibigori mu Murenge wa Murama(KOREMU) mu Karere ka Ngoma bavuga ko bakurikije iterambere n’umutekano Perezida Paul Kagame agejeje ku Banyarwanda bose, nyuma ya Jenoside,kutavugurura ingingo imubuza izindi mandat byadindiza iteramebere.
Kuri uyu wa kane ku bibuga bitandukanye bya hano mu Rwanda haraba hakinirwa imikino ibanziriza umunsi wa nyuma wa Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’Amaguru, aho ikipe ya APR Fc ya mbere ku rutonde rw’agateganyo irasabwa inota rimwe kugira ngo yegukane igikombe cya Shampiona y’uyu mwaka
Dativa Yambabariye, umugore w’imyaka 32 y’amavuko wo Mudugudu wa Nkurubuye, mu Kagari ka Gakanka ho mu Murenge wa Kibumbwe mu Karere ka Nyamagabe ari mu maboko ya Polisi ikorera muri ako karere ashinjwa kubyara umwana akamuniga akamuta mu musarane.
Ku wa 11 Gicurasi 2015, abaturage b’utugari tugize Umujyi wa Nyagatare bashyikirije ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyagatare impapuro zirimo icyifuzo cy’uko itegeko nshinga ryahindurwa cyane mu ngingo igena umubare wa manda ku mukuru w’igihugu.
Umugabo witwa Masumbuko Jean ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 10 Gicurasi 2015, yarumwe ugutwi n’uwitwa Bapfakurera Jean Claude araguca.
Ku gicamunsi cyo ku wa 10 Gicurasi 2015, ubwo hasozwaga ikiriyo cy’umucuruzi Twagirayezu Michel wari uzwi ku izina rya Ragadi, nyiri Motel IDEAL iri mu Mujyi wa Nyanza uherutse gupfa mu minsi ishize, mu rugo rwe habereye imidugararo ituma habaho ubushyamiranye bwatumye ab’iwabo w’umugore n’ab’iwabo w’umugabo bahangana mu (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arasaba abagize urwego rwa Polisi kubaka ubushobozi mu bumenyi bufasha Polisi kurinda umutekano w’abaturage ariko muri byose bakora bakarangwa n’ikinyabupfura ngo kuko imbaraga zose n’ubushobozi baba bafite, nta cyo byabamarira batagira ikinyabupfura.
Umugabo witwa Ngendahimana Céléstin w’imyaka 44 wo mu Kagari ka Kamombo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe bamusanze yiyahuye mu rugomero rwa Mahama ku wa 10 Gicurasi 2015.
Abasura abarwayi mu bitaro bya Kirehe bavuga ko babangamiwe n’uburyo bafatwa iyo bageze ku bitaro kuko bahezwa hanze bakarindira isaha yo kwinjira ari nako bicwa n’izuba bananyagirwa, ibyo bikabatera gutinda kugeza ku barwayi ingemu n’ibindi bakenera.
Ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’igihugu butangaza ko ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’ingabo, abapolisi n’abasivili ari ngombwa mu butumwa bw’amahoro kugira ngo ibikorwa byo kugarura amahoro bigerweho.
Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri izwi nka “School Feeding” mu rurimi rw’Icyongereza yatangiye muri 2014 mu turere tw’Intara y’Amajyaruguru ngo iragenda neza ugereranyije na mbere kuko78. 1 % by’abanyeshuri bo muri iyo ntara ubu bafatira ku ishuri ifunguro rya saa sita ngo bikabafasha gukurikira amasomo yabo neza (…)
Haracyari imbogamizi ko ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bitarahuza ubufatanye mu kubungabunga ibishanga biri mu karere, hagakubitiraho ikibazo cy’ubumenyi bukiri buke mu banyagihugu bwo kumenya uko bikoreshwa n’uko bibungwabungwa.
Kuva ku wa gatandatu taliki ya 09 Gicurasi kugeza ku cyumweru taliki ya 10 Gicurasi 2015 mu karere ka Musanze habereye irushanwa ryo gusiganwa ku magare rikinirwa mu misozi (African Mountain Bike Continental Championships), isiganwa ryihariwe n’abakinnyi ba Afrika y’epfo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango n’abaturage bawo ntibavuga rumwe ku kubabuza kujya kwivuriza i Kirinda mu Karere ka Karongi.
Umukecuru Mukeshimana Maria, utuye Umudugudu wa Nyabitare, Akagari ka Ruyenzi, mu Murenge wa Runda wo mu Karere ka Kamonyi yasuwe n’abaturanyi be bakora siporo bibumbiye mu ihuriro “Unity jogging Club”; mu rwego rwo kumufata mu mugongo kubera abana be n’umugabo we yabuze muri Jenoside no kumwifuriza umunsi mwiza w’ababyeyi.
Polisi y’u Rwanda, ku wa Mbere, tariki ya 11 Gicurasi 2015, igiye kunguka aba-Ofisiye bato 462, barimo ab’igitsina gore 51, basoje amahugurwa abinjiza mu cyiciro cy’aba-Ofisiye ba Polisi y’u Rwanda (Officer Cadets) bari bamazemo igihe gisaga umwaka mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi riri i Gishari mu Karere ka Rwamagana.
Mu rwego rwo gushyigikira no guteza imbere imikino ngororamubiri, ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri mu Rwanda (FRA) rigiye gutangiza ikigo kizajya cyita ku mikino ngororamubiri mu Rwanda mu Karere ka Gicumbi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko kuba muri ako karere hakunze kugaragara igikorwa cyo kumena ibiyobyabwenge birimo kanyanga, bigaragaraza ko hashyizwe imbaraga nyinshi mu kubirwanya.
Abareba amarushanwa mpuzamahanga yiswe “SCRATCH” y’abana biga mu mashuri abanza bakorera kuri mudasobwa bahawe muri gahunda ya “mudasobwa imwe kuri buri mwana/OLPC”, bemeza ko afasha abo bana gushimangira ibyo biga mu ishuri, ndetse no kumenya imikorere ya bagenzi babo ku rwego mpuzamahanga.
Mu mukwabu wabereye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, tariki ya 6 na 7 Gicurasi 2015; hataruwe abantu babagaga ingurube itapimwe n’umuganga w’amatungo ndetse hamenwa litiro 425 z’inzoga zitemewe, ibi byose ngo bikaba byashoboraga kugira ingaruka mbi ku buzima bw’abaturage bari kubifata.
Inkongi y’umuriro yibasiye inzu yaryamagamo abanyeshuri (Dortoir) b’abahungu 130 biga mu kigo cy’amashuri cya Runaba (E.S. Runaba) giherereye mu Murenge wa Butaro, mu Karere ka Burera, irashya irakongoka n’ibyari birimo byose.