Umwaka usoje boroje 43 muri gahunda ya Gira inka

Abaturage 43 bo mu Karere ka Nyabihu bahawe inka muri gahunda ya Gira inka, hagamijwe kubafasha kwikura mu bukene.

Abaturage bo mu mirenge itatu ya Jomba, Rugera na Shyira nibo borojwe inka, ubwo hasozwa umwaka kuri uyu wa kane tariki 31 Ukuboza 2015.

Zimwe mu nka zaherewe abaturage mu kibuga i Jomba.
Zimwe mu nka zaherewe abaturage mu kibuga i Jomba.

Inka 15 zikaba zatanzwe mu murenge wa Shyira, inka 10 zitangwa mu murenge wa Rugera naho izindi 18 zitangwa mu murenge wa Jomba.

Nizeyimana Theogene umwe mu bazihawe mu murenge wa Jomba, yashimiye Leta y’Ubumwe, by’umwihariko Perezida Kagame, washyizeho gahunda ya Gira inka Munyarwanda kuko asanga ifasha benshi mu baturage kwikura mu bukene.

Yagize ati “gahunda ya Girinka ni nziza kuko yazamuye abaturage,tukaba dushima nyakubahwa Perezida wa Repubulika washyizeho iyi gahunda ya Gira inka. Ngiye kugenda nyiteho noneho nibyara nanjye nzaziturire abandi.”

Umwe mu borojwe muri gahunda ya Gira inka.
Umwe mu borojwe muri gahunda ya Gira inka.

Nizeyimana yongeraho ko asanga hari aho gahunda ya Girinka yakuye abaturage kuko uwayihawe mbere agenda aziturira undi bityo bityo,ikaba igenda ifasha abatari bake kwikura mu bukene.

Inka zatanzwe mu murenge wa Jomba zikaba zatwanzwe n’ushinzwe ubuhinzi mu karere Nyirimanzi Jean Pierre naho izo mu murenge wa Rugera na Shyira zikaba zashyikirijwe abaturage n’ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu Shingiro Eugene.

Mbere yo gushyikiriza izi nka abazigenewe zikaba zabanje gukingirwa indwara y’igifuruto, nk’uko Shingiro Eugene ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu yabitangaje.

Yanashishikarije abahawe inka kuzifata neza,bakazishakira ibizitunga,bakazubakira ibiraro kandi bagaharanira ko zazatanga umusaruro mwinshi kandi mwiza zikarushaho kubakura mu bukene.

Izi nka zisanga 45 zari zaratanzwe muri uyu mwaka w’imihigo. Biteganijwe ko uyu mwaka w’imihigo mu karere ka Nyabihu hazatangwa inka 950.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka