Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko ibiciro by’umukino wa Congo-Rwanda bizaba bikubye inshuro ebyiri ibiciro by’umukino uhuza u Rwanda-Cameroun.
Umurambo w’umwana w’imyaka 12 wari umaze iminsi 9 waraburiwe irengero, watahuwe mu mugezi wo mu Murenge wa Ndaho mu Karere ka Ngororero.
Mukashema Jeanne wo mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza, avuga ko yahungiye i Kirehe umugabo we wamuhohoteraga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwasabye ko ibitare byatawe ku Kiyaga cya Kivu na sosiyete ikora umuhanga “China Road & Bridge Corporation” byahakurwa, bitakorwa hagafatwa ibihano.
umutoza w’ikipe ya Cameroun Martin Felix Ndtoungou Mpile yatangarije Kigali Today ko hamwe n’abakinnyi n’abayobozi bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda.
Niyonzima Alexis utuye i Kagugu muri Gasabo, avuga ko ubucuruzi bw’ibinono bumutunze we n’umuryango w’abantu umunani yaranabashije kwiyubakira inzu.
Abatuye mu Karere ka Kamonyi bambukiranya umugezi wa Nyabarongo basigaye bakoresha ubwato bwa moteri, nyuma y’impanuka zari zibibasiye zikabatwara ubuzima.
Amavubi y’u Rwanda arakina umukino wa gicuti na Cameroun,Didier Gomes Da Rosa watoje mu Rwanda no muri Ca,eroun yatangaje ko aya makipe ashobora kunganya
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baratangaza ko bashimishijwe n’ijambo Perezida Kagame yagejeje ku Banyarwanda, bagatangira umwaka bizeye ko azongera kwiyamamamaza.
Abaminisitiri batatu barimo uw’Ingabo n’uw’Umuco na Siporo bakoreye uruzinduko kuri sitade y’Akarere ka Rubavu ahari kubera imyitozo y’ikipe ya Cameroun.
Butera Antoine Gitifu w’akagari ka Rwasero mu murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, afunzwe akekwaho gushaka gusambanya umugore w’umuturanyi we.
Mu cyumweru cyahariwe gahunda ya “Gira inka” mu karere ka Rusizi, abaturage basaba ko umuco wa Ruswa wagiye uyirangwamo wacika.
Abagore bo mu Burasirazuba barishimira iterambere bagezeho, bakanengwa imirire mibi n’umwanda bikigaragara kuri bamwe mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Abatuye mu murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo bemeza ko habarurirwa amatorero agera ku 10, bakemeza ko abenshi bishakira amaramuko.
Abahinzi bibumbiye mu itsinda “Twizerane” ryo mu murenge wa Musenyi mu Karere Bugesera, baravuga ko kuva ku buhinzi bw’akajagari, byatumye umusaruro wikuba inshuro enye.
Abaturage bo mu kagali ka Nyabugogo muri Nyarugenge bahawe mituweli zitanditseho akarere kabo, baravuga ko batemererwa kuvurwa, bagasaba guhabwa inzima.
Hakizimana Jean Damascene wo mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare avuga ko amaze kwiteza imbere abikesha kuvoma no kugurisha amazi.
Abagize amakoperative mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa gutangira umwaka wa 2016 birinda ingeso y’amacakubiri, kunyereza umutungo no kuwikubira.
U Rwanda rwashyikirije Itsinda rihuriweho n’ingabo zo mu Biyaga Bigari (EJVM) abasirikare babiri ba Congo bafatiwe ku butaka bwarwo basinze.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi bavuga ko batujwe batandukanye byabafasha gutera imbere.
Abacuruza n’abahaha ibirayi mu masoko atandukanye, bavuga ko mu minsi mikuru igiciro cyabyo cyazamutse cyane ku buryo cyiyongereyeho asaga 30Frw.
Nyumbayire Bernard utuye mu murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, akurikiranweho gusambanya umwana amushukishije kumuha Bonane y’umwaka wa 2016.
Polisi y’igihugu ikomeje uruzinduko mu Karere ka Kirehe iasuzuma uko ibibazo by’ihohorerwa bihagaze no kwigisha abaturage kuryirinda.
U Rwanda rusanga ibikorwa by’ingabo za Congo mu kurwanya FDLR umwaka ushize bitaratanze umusaruro nk’uko byari byitezwe, ahubwo byabangamiye abashaka gutaha.
Abacururiza mu Isoko rya Nyagasambu mu Karere ka Rwamagana ngo babangamiwe n’umwanda urigaragaramo kandi batanga amafaranga y’isuku.
Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru nibwo ikipe y’igihugu ya Cameroun yageze mu Rwanda aho ije gukina umukino wa gicuti n’Amavubi kuri uyu wa gatatu
Umukecuru w’imyaka 90 witwa Nyambuga Belancille mu ijoro ryo ku wa 2 Mutarama 2016 bamusanze mu ishyamba yapfuye bigaragara ko yakubiswe umuhini.
Abaturage bava muri Kamonyi bakajya kwishyurira mituweri ahandi bavuga ko bahura n’imbogamizi iyo bashatse kuhivuriza kuko ngo batakirwa neza.
Abikorera n’abakozi bo mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma bifatanije n’abafite ubumuga bwihariye bashyizwe mu “Urugo rw’Amahoro” nyuma yo gutereranwa n’imiryango yabo.
Abana basengera mu Itorero Ryera Bethesda riri mu Mujyi wa Kigali, bagaragariza ababyeyi ko guta inshingano birimo guteza abana kuraruka.
Mu gihe mu mugoroba w’ababyeyi bafashanya gukemura ibibazo by’ingo zibanye nabi, hari abavuga ko batamenye inama batanga kubera kutamenya amategeko.
Abakirisitu ba Paruwasi ya Gashiru mu Karere ka Kirehe ku wa 02 Mutarama 2016 batashye inyubako nshya ya Paruwasi bahamya ko izatuma ukwemera kwabo kwiyongera.
Ahagana mu ma saa kumi n’ebyeri z’umugoroba mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi umuriro wibasiye amazu y’ubucuruzi ibicuruzwa birakongoka.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyabihu, yangije ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni 60 n’ibihumbi bikabakaba 300 by’amafaranga y’u Rwanda.
Zimwe mu mpunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda ziratangaza ko gahunda y’isanamitima izwi nka Mvura Nkuvure yabafashije gukira ibikomere batewe n’intambara.
Abacuruzi bakorera mu isoko rikuru rya Kibungo bacururizaga hanze y’isoko nyuma yo gushyirwa ahubakiye barashima ko bakize izuba n’imvura.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa amashusho y’indirimbo “Velo” ya Teta Diana asohotse, amaze kurebwa inshuro zirenga 8407, ibintu bitaba ku ndirimbo nyinshi
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 01 Mutarama, Ngaruye Jean Baptiste yakubiswe ahita apfa naho Twizerimana Emmanuel acibwa ugutwi
Umukobwa wa Senderi w’imyaka 8 yamaze kwinjira mu muziki akaba arimo gukora indirimbo yise “Icyizere” izasohoka tariki 15 Mutarama 2016.
Itangazo ryashyizweho umukono na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Prof Sam Rugege rivuga ko uburyo bw’ikoranabuhanga bwa EFS bwakoreshwaga bwahindutse.
Abaturage bo mu karere ka Rutsiro batangaza ko imishinga bari baratangiye mu 2015 ariko ntirangire bazayirangiza mu mwaka wa 2016.
Koperative y’abahinzi b’umuceri ba Cyunuzi (COOPRIKI) yatoye itegeko ryo kujya bishyurira abanyamuryango 3583 n’imiryango yabo ubwisungane mu kwivuza ngo hazamurwe umusaruro.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije mu Rwanda (REMA) cyatangiye ibikorwa byo kurengera icyogogo cya Nyabarongo, bafatanya n’uturere Nyabarongo inyuramo kuyibungabunga.
Bamwe mu rubyiruko rukora imirimo y’amaboko rwo mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru, bavugako iyo iminsi mikuru yegereje bafungwa.
Abagore bo mu Ntara y’Uburasirazuba bavuga ko bagenda bagera ku iterambere nyuma y’aho bahinduriye imyumvire bagakora n’imirimo yafatwaga nk’iy’abagabo.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko isoko rishya batangiye kubaka rizahindura isura ry’ishoramari mu Karere kakarushaho gutera imbere.