Ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera, PSF, mu Ntara y’ Iburengerazuba ku wa 19 Ukuboza 2015 bwatangije imurikagurisha ry’iminsi icumi rizabafasha kwizihiza minsi mikuru.
Imwe mu miryango yari ifite ikibazo cy’imirire mibi mu Karere ka Muhanga iravuga ko kwitabira amatsinda ya FARN byatumye barwanya Bwaki.
Umuhanzi w’Umunyarwandakazi Princess Priscilla arahakana amakuru avugwa ko yaba akundana n’umuhanzi The Ben.
Guhera muri Mutarama 2016, Abanyarwanda ndetse n’abandi bakoresha icyambu cya Mombasa, bazajya basorera ibicuruzwa byabo ku biro bishinzwe imisoro mu Kenya “Kenya Revenue Authority (KRA)” mbere y’uko bagera ku kibuga.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Harvard muri Amerika, baje kwigira kuri Perezida Kagame n’ibyo yagejeje ku Banyarwanda nk’Umukuru w’Igihugu.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje imibare ntakuka y’ubwitabire bwa referandumu, igaragaza ko abaturage 98.3% batoye basaba ko itegeko nshinga rihinduka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, yavuze ko Abanyarwanda bageze ku bumwe bagendeye ku bikorwa bihitiyemo.
Inama y’Umushyikirano yashimye uburyo amashuri n’amavuriro byegerejwe abaturage, ariko abayikurikiranye basabye kunoza ireme ry’uburezi no guhashya indwara ya Malariya.
Abafite imodoka zitwara abagenzi zashyizwemo utwuma tugabanya umuvuduko "Speed Governor" bavuga ko tuzangiza mu gihe RURA ivuga ko ari urwitwazo.
Ministiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, yagaragaje uburyo imikerereze y’Abanyarwanda yahindutse, ku buryo byabahesheje kugira uruhare mu bikorerwa ku isi hose.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko igihe cyo guhererekanya inshingano z’ubuyobozi bw ’Igihugu nikigera bizakorwa neza mu mutuzo nk’uko Abanyarwanda babyizeye.
Byatangarijwe mu gitaramo cy’urubyiruko “inkomezamihigo” rusaga 3000 baturutse mu turere dutandukanye tw’u Rwanda cyabereye kuri Petit Stade Amahoro i Remera.
Abaturage batandukanye b’Akarere ka Karongi bavuga ko umwe mu myanzuro bifuza ku mushyikirano ari uwakemura imyishyurire ya ba rwiyemezamirimo.
Abari abana mu gihe cya Jenoside bagahungishirizwa i Burundi babifashijwemo na Laurien Ntezimana, tariki 20/12 bahuriye mu ishuri NDPK baramushimira.
Abanyamuryango ba kampani yitwa “KAMU Mutual Plan” bavuga ko abantu bishyize hamwe ntacyo batageraho, bagahamagarira Abanyarwanda kwishyira hamwe bahuza imbaraga.
Abaturage b’Akarere ka Rusizi barifuza ko mu nama y’umushyikirano haganirwa ku iterambere ry’umujyi wabo ukiri inyuma cyane cyane mu ibikorwa remezo.
Sepp Blatter wahoze ayobora FIFA na Michel Platini uyobora UEFA bahagaritswe na FIFA imyaka 8 mu bikorwa birebana n’umupira w’amaguru ku isi
Ibiro by’umukuru w’Igihugu bitangaza ko imyanzuro ingana na 85% y’Umushyikirano w’umwaka ushize wa 2014, yashyizwe mu bikorwa kurenza 80%.
Nyuma yo kwicisha umuhoro umugore w’imyaka 55 avuga ko yaroze nyina, Habanabakize Louis w’imyaka 28 yishyikirije Polisi ngo imushyikirize ubutabera.
Runyange Dan umuhanzi Nyarwanda uhanga indirimbo z’Imana, ari mu bikorwa by’ibitaramo bishishikariza urubyiruko kwitandukanya n’ibiyobyabwenge abanyujije mu ndirimo zihimbaza Imana.
Abanyeshuri biga ibijyanye na Mechanical engeneering muri IPRC-South batangiye kwigishwa uko bakora ibyuma bisimbura ibyangiritse mu mamashini, bikagurwa n’ababikeneye.
Karangwa Lionel wamenyekanye cyane nka Lil G, watangiye umuziki ku myaka 13 akaba amaze kuri 21 agiye gushyira hanze alubumu ye ya kabiry yise “Ese ujya unkumbura?”
Nzamukosha Espérence w’imyaka 56 wo mu Kagari ka Butezi mu Murenge wa Gahara yasanzwe ku nzira yapfuye bakekako yishwe n’umuhungu we wamuhozaga ku nkeke.
Mu gihe abaturage b’i Gacundezi mu Karere ka Nyagatare batabaza RDB kubera imvubu yabamariye imyaka, RDB yo ibasaba kuyibungabunga bakayibyaza umusaruro.
Perezida Kagame n’abandi bayobozi, basobanuriye abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Stanford muri Amerika, akamaro ka Referandumu n’ejo hazaza h’u Rwanda.
Umuhanzi Mariya Yohana ahamya ko mu muco Nyarwanda bitemewe kubyinana igisabo kuko iyo bibaye bityo kiba cyabaye igicuma.
Bamwe mu batuye akarere ka Karongi ntibasobanukiwe n’agakingirizo ka kigore, bigatuma bavuga ko batizera imikoreshereze yako bitewe n’uko umugore eteye.
Abatuye Umurenge wa Rubengera, mu Karere ka Karongi bavuga ko batiyumvisha uburyo byemejwe ko igiti kizwi nk’Imana y’abagore kigiye gutemwa.
Umwaka wa 2015 usoza wagaragayemo impinduka mu burezi, aho Minisiteri y’Uburezi yakoze amavugurura atandukanye, hanagaragara udushya turimo kubyarira mu bizami.
Abaturage ba Rusizi bakoze urugendo rwo kwishimira intsinzi mu matora ya Referandumu ariko bavuga ko bagitegereje yego y’umukuru w’igihugu.
Itorero Intayoberana rigeze kure imyiteguro y’igitaramo cyo guha urubuga no kugaragaza agaciro k’umwana, kikazaba kuri uyu wa gatatu tariki 23.12.2015.
Abatuye mu mujyi wa Kayonza baratabaza ubuyobozi kuko barembejwe n’abajura bamaze kuyogoza uwo mujyi.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga bavuga ko igihe Perezida Kagame agifite imbaraga n’ubushake yazakomeza kubayobora.
Abanyarwamagana batoye YEGO kuri 99.78% baba aba mbere mu turere 27 tumaze gutangazwa ibyavuye mu matora ya Referandumu yo kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015, ndetse batambuka kuri Kayonza yari iyoboye uturere 19 twari twatangajwe mbere.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora imaze gutangaza ko abasaga 98% batoye YEGO mu matora ya Referandumu yabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki 18 Ukuboza 2015.
Imibare y’agateganyo imaze kuboneka mu turere tw’u Rwanda itangazwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, iragaragaza ko Akarere ka Kayonza kaza ku isonga mu turere tumaze gutangazwa, aho abatoye YEGO basaga 99%.
Kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015, abaturage bo mu Rwanda hose bazindukiye mu matora ya Referandumu.
Bamwe mu baturage bo Karere ka Gicumbi baravuga ko ibyo Perezida Kagame yabagejejeho ari byo byatumye bazindukira muri Referandumu kugira ngo azakomeze kubayobora.
Nyuma yo kwemererwa gutora batari kuri lisiti y’itora bahisemo kwigurira impapuro ngo babandikire icyangombwa kibibemerera ntibatahire aho.
Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’ibiva muri referandumu igihe icyo ari cyo cyose yavuga niba aziyamamaza muri 2017.
Serafine Mukandekezi yahembwe iradiyo kuko yageze ku biro by’itora saa saba z’ijoro, akaba uwa mbere mu gutora itegeko nshinga rivuguruye
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kirehe baravuga ko batoye neza ariko ngo ibyishimo ntibiza bataramenye icyavuye mu byo batoye ngo umutima ubashe gusubira mu gitereko.
Bamwe mu banyarwanda batuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo bavuze ko bishimiye kwambuka imipaka baza kwitorera Referandumu.
Bamwe mu bitabiriye itora rya referandumu mu Mujyi wa Kigali bavuze ko batoye “Yego” kuko bafitiye icyizere Perezida Paul Kagame cy’uko aziyamamaza.