Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo ’International Budget Partnership’ muri 2023, bugaragaza ko u Rwanda rwateye imbere mu guha abaturage amakuru ajyanye n’ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari, rukaba rwabiherewe amanota 50%, ruza ku mwanya wa 9 muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.
Philippe Mpayimana wahataniye umwanya wa Perezida wa Repubulika nk’umukandida wigenga mu matora yo muri 2017, yongeye gushyikiriza Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), ibyangombwa bisaba kuba umukandida wigenga nanone ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora yo muri Nyakanga 2024.
Muri Amerika, sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere ya ’American Airlines’ irashinjwa kuba yarasohoye mu ndege abagabo umunani (8) b’abirabura, kubera ko ngo hari bamwe mu bagenzi bari bavuze ko banuka ku ruhu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko abanyamakuru bishyize hamwe bagahurira ku mugambi umwe wo guharabika u Rwanda batazawugeraho.
Nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo yaryo ya 79, Perezida wa Repubulika afite ububasha bwo gusesa umutwe w’abadepite igihe icyo ari cyo cyose.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga n’Intumwa ayoboye, bitabiriye imyitozo mpuzamahanga ya gisirikare itegurwa n’Ingabo za Turukiya ya EFES-2024, igahuza Ingabo ziturutse mu bihugu byinshi bitandukanye.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza ko yatandukanye n’abakinnyi batanu barimo umunya-Maroc Youssef Rharb
Ubuvumo bwa Nyaruhonga ni ahantu ndangamurage kamere hakaba n’ahantu ndangamateka kuko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, ubu buvumo ngo bwajugunywemo abantu benshi. Imirambo yavanywemo kugeza muri 2017 kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro ni 13749
Alexis Rwagasana utuye mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye avuga ko n’ubwo abantu benshi baba bashaka kwibera mu mujyi, gushakisha imibereho byoroshye mu cyaro kurusha mu mujyi.
Itsinda ry’abantu 36 bakora isuku ku mva zishyinguyemo imibiri y’Abantu mu irimbi ry’i Rusororo bavuga ko amafaranga binjiza mu kwezi yabahinduriye ubuzima, bakabasha kwiteza imbere ndetse ubu bakaba batunze imiryango yabo.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko inyungu fatizo yayo yagabanutse ku kigero cya 0.5%, aho yavuye kuri 7.5% ikagera kuri 7% kubera umuvuduko w’igabanuka ry’ibiciro wagaragaye ku isoko.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri i Nairobi muri Kenya, mu rwego rwo rw’Inama ngarukamwaka ya 59 ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere yo muri uyu mwaka wa 2024, (African Development Bank - AfDB) yagiranye ibiganiro na Perezida William Ruto wa Kenya.
Marie Claire Kanyamibwa wahoze akina umukino w’intoki wa Basketball, uyu munsi akaba ari umutoza, avuga ko basketball imaze gutera imbere kandi irimo amahirwe menshi ugereranije n’imyaka yo hambere.
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) Felix Antoine Tshisekedi, kuwa Kabiri 28 Gicurasi yahinduye guverinoma yinjizamo abaminisitiri bashya abandi bahindurirwa imirimo.
Mu isomwa ry’urubanza ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024 Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwahamije Barikana Eugène icyaha cyo gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko rumuhanisha gutanga ihazabu y’ibihumbi 500 Frw.
Mu kiganiro cyatanzwe na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024 mu nama ngarukamwaka ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (African Development Bank - AfDB) iri kubera i Nairobi muri Kenya, yagaragaje uburyo Abanyafurika ubwabo ari bo bakwiye gufata iya mbere mu gushaka ibisubizo bibaganisha ku (…)
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda n’itsinda ayoboye, bari i Bruxelles mu Bubiligi, aho bitabiriye Inama y’Ihuriro ritegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yiga ku mahoro n’umutekano, Schuman Defence and Security Forum.
Habimana Thomas, uyobora ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro rya ‘Hope TSS’, riherereye mu Murenge wa Gisenyi w’Akarere ka Rubavu, yatanze ibyangombwa bisaba kuba umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora azaba muri Nyakanga 2024.
Urwego rw’ Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Gasagure Vital, Umuyobozi Ushinzwe ibikorwa remezo mu Karere ka Kirehe hamwe n’icyitso cye Sindikubwabo Evariste bakurikiranyweho gusaba no kwakira ruswa.
Umutoza wa Real Madrid Carlo Ancelloti yatangaje ko nyuma yo kuva mu ikipe ya Real Madrid azahita asezera ku mwuga wo gutoza.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yakiriye ibyangombwa bya Barafinda Sekikubo Fred, bisaba kwemererwa kuba umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora azaba muri Nyakanga uyu mwaka wa 2024.
Ikipe ya Patriots Basketball Club isanzwe ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere muri shampiyona ya Basketball mu Rwanda, yamaze kubona umufatanyabikorwa mushya ushobora no kuyisigira inyubako yayo bwite yo gukiniramo (Gymnasium).
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, bavuga ko baburaga amahitamo y’icyo bakwiye gukora mu kwita ku bana babo kubera ubumenyi bucye n’amikoro adahagije, bikabaviramo kugira imirire mibi n’igwingira.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, Perezida Paul Kagame yageze i Nairobi muri Kenya aho yitabiriye inama ngarukamwaka ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (African Development Bank - AfDB).
Umunyabigwi mu mukino wa Tennis Rafael Nadal w’imyaka 38 ukomoka mu gihugu cya Espagne, bwa mbere mu mateka ye yatsindiwe ku mukino wa mbere, muri Rorand-Garros kuri uyu wa 27 Gicurasi 2024.
Ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona 2023-2024, biteganyijwe ko muri iki cyumweru itangira gufata bimwe mu byemezo by’ingenzi birebana no gutegura umwaka w’imikino wa 2024-2025 izahagarariramo u Rwanda muri CAF Champions League.
Ku wa kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, mu Karere ka Nyagatare, Ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri Diviziyo ya 2 n’iya 5 zakiriye intumwa ziturutse mu ngabo za Uganda (UPDF) ziyobowe na Brig Gen Paul MUHANGUZI, umuyobozi wa Diviziyo ya 2 aho bari mu nama y’iminsi itatu yiga ku bibazo by’mutekano byambukiranya umupaka.
Kuwa kabiri tariki 28 Gicurasi, mu rukiko rwa rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi, ubwo ubushinjacyaha bwasobanuraga ibikorwa bya Nkunduwimye Emmanuel byagarutsweho mu buhamya bwavugiwe muri uru rukiko, bwasabye inyangamugayo kuzashishoza mu gufata umwanzuro kuri uru rubanza.
Sosiyete y’ubwishingizi ya Banki ya Kigali (BK Insurance) yasinyanye amasezerano na Kompanyi itubura imbuto y’ibirayi yitwa Seed Potatoe Fund (SPF-Ikigega), ajyanye no kugeza ku bahinzi imbuto nziza y’ibirayi ifite ubwishingizi.
Vestine Umutesi ukomoka i Kibilizi mu Karere ka Gisagara avuga ko mu gihe cya Jenoside yahuye n’ibibi byinshi harimo no kubohozwa, kandi ko mu bazima bake cyane yahuye na bo harimo uwari ufite uburwayi bwo mu mutwe warushije ubumuntu abazima.
Ikigo cy’Igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) kiraburira ababika ibiribwa babivanze mu byuma bikonjeshwa bizwi nka firigo (fridges) kubera ko bishobora kubagiraho ingaruka zirimo indwara zitandukanye nk’impiswi no kuruka.
Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) kiratangaza ko ubucukuzi bwa Gazi Metani yo mu Kiyaga cya Kivu, nta ngaruka bwari bwateza kuri icyo kiyaga nk’uko ibipimo bihoraho bifatwa bibigaragaza.
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa mu Itsinda rya (Battle Group VI), zikorera mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), zatanze ku buntu serivisi z’ubuvuzi ku baturage bo mu mujyi wa Bria, umudugudu wa Dahouga.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye inkuru zatangiye gusohoka mu bitangazamakuru birimo gukora ubukangurambaga bwiswe "Forbidden Stories Media Campaign", ivuga ko izo nkuru zitazagera ku ntego yazo yo kwica amatora, cyangwa guhungabanya ubuyobozi bw’Igihugu.
Hirya no hino mu gihugu, mu maguriro (Alimantation) cyangwa za Butike, haboneka abagipfunyikira abaguzi mu mpapuro zakoreshejwe, aho akenshi usanga zandikishijeho ikaramu, nyuma yo gupfunyikira abakiriya bagateraho n’utwuma duteranya impapuro (Garafezi).
Ubutabera bwo muri Kenya kuri uyu wa Kabiri bwatangiye kwakira ibirego bishinja ingabo z’u Bwongereza zikambitse muri icyo gihugu bwigeze gukoroniza.
kuri uyu wa Kabiri , tariki ya 28 Gicurasi 2024, Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa ari kumwe na Masai Ujiri uyobora Umuryango Giants of Africa, batashye ku mugaragaro ikibuga cya Basketball cyubatswe mu Ishuri rya Ecole Notre Dame de la Providence de Karubanda (ENDP)
Kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, Perezida Kagame yakiriye abantu 9 bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bari bayobowe na Bruce Westerman, uyobora Komisiyo y’Umutungo Kamere.
Ibihugu bya Espagne, Irlande na Norvège byemeje ku mugaragaro Palestine nka Leta yigenga kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, icyo cyemezo cyamaganirwa kure na Israel.
Gukina filime ni umwe mu myuga benshi usanga bifuza kujyamo bitewe n’uko ari uruganda rw’imyidagaduro rurimo amafaranga menshi haba mu bihe byahise ndetse bikaba byararushijeho kuba akarusho muri iyi myaka ya vuba nyuma y’umwaduko w’ikoranabuhanga riteye imbere by’umwihariko mu bihugu byateye imbere mu kuzikina no (…)
Umunyezamu w’Amavubi Maxime Wenssens agiye gukora amateka yo kuba umunyarwanda wa mbere ukinnye irushanwa rya UEFA Champions League, rihuza amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo ku mugabane w’i Burayi.
Mu kiganiro EdTech Monday cyatambutse kuri KT Radio tariki 27 Gicurasi 2024 gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation cyagarutse ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga kigaragaza inyungu mu gushyira Isomero muri mudasobwa no gukoresha ikoranabuhanga mu burezi.
Abagabo bitwaje imbuda bateye umudugudu wahitwa Kuchi muri Nigeria bica abantu 8 banashimuta abandi 150.
Ku wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, nibwo hamenyekanye andi makipe abiri yageze muri 1/2 cya BAL 2024, aho Rivers Hoopers yasezereye US Monastir naho Petro de Luanda isezerera AS Douanes.
Abarokotse bo mu Murenge wa Nyarusange bibutse Abatutsi bishwe mu yahoze ari Komini Mushubati, ahari umwihariko wo kubaroha muri Nyabarongo kuko ari ku Kiraro cyatandukanyaga Perefegitura ya Kibuye na Gitarama, ubu ni mu Mirenge ya Nyarusange na Nyange.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Nyagatare, John Kayumba, avuga ko inka 60 ari zo zimaze gukurwa mu bworozi kubera indwara y’uburenge yagaragaye mu cyumweru gishize mu rwuri rw’umworozi wo mu Murenge wa Tabagwe.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, avuga ko ubuyobozi muri rusange bushima uruhare rw’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere, kuko ibikorwa byabo byigaragaza mu gufasha abaturage kwikura mu bukene.
Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Mali, Abdoulaye Diop, amugezaho ubutumwa bwa Perezida w’iki gihugu, Col Assimi Goïta.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, Perezida Paul Kagame yakiriye Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu bijyanye n’Umutekano wo mu Muhanda, Jean Henri Todt, uri mu Rwanda muri gahunda yo gutangiza ubukangurambaga bwiswe “Tuwurinde” igamije gushishikariza abakoresha moto (…)
Amakipe ya APR abagabo n’abagore yegukanye shampiyona nyuma y’imikino ya kamarampaka yasojwe kuri iki cyumweru taliki ya 26 Gicurasi 2024.