Ishuri rya Kigali Elite Sports Academy (KESA) ryongereye Abakarateka barenga 70 ubumenyi binyuze mu mahugurwa y’iminsi ibiri yateguwe agatangwa na mwalimu James Opiyo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko abantu babiri mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, bishwe n’icyorezo cya Marburg, buzuza umubare w’abantu umunani bamaze gupfa bazize icyo cyorezo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yashyizeho amabwiriza yo kwirinda indwara ya Marburg, arimo kubuza Abaturarwanda gukorera imihango yo gusezera ku witabye Imana mu rugo, mu rusengero cyangwa mu musigiti.
Kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, ikipe ya APR FC yanganyirije na Etincelles FC kuri Stade Umuganda 0-0 mu mukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona, ariko wari uwa mbere kuri APR FC.
Muri Espagne mu Mujyi wa Barcelona, umugabo yahanishijwe gufungwa umwaka wose muri gereza nyuma y’uko urukiko rumuhamije icyaha cyo guhangayikisha abaturanyi be kubera gucuranga umuziki buri joro mu gihe cy’imyaka itanu, kandi agacuranga kugeza bukeye.
Mu kiganiro EdTech Monday cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Nzeri 2024, abatumirwa baragaruka ku ruhare rw’ababyeyi ku guha abanyeshuri ireme ry’uburezi bwifashisha ikoranabuhanga.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko imaze kubona abantu bagera hafi kuri 300 bahuye n’abarwayi b’icyorezo cya Marburg kimaze iminsi micye kigaragaye mu Rwanda, ariko ngo bashobora kwiyongera kuko gushakisha bikomeje.
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yasabye abakozi bayo gutangira gukorera mu rugo kuri uyu wa 30 Nzeri 2024, nyuma y’uko indwara ya Marburg igeze mu Rwanda, ikaba imaze guhitana batandatu.
Kanyamakawa Emmanuel, umwe mu bagabo bafashe icyemezo cyo kuboneza urubyaro yifungisha burundu, araburira abagabo banga kuboneza urubyaro bagendeye ku makuru y’ibihuha, avuga ko nyuma y’uko aboneje urubyaro, urugo rwe rwarushijeho gutera imbere.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Nzeri 2024, ubwo hakinwaga icyiciro cya gatatu cy’irushanwa ry’umukino wa Golf ritegurwa na Banki ya Kigali ‘Bank on the Blue, Score on Green’ iyi banki yiyemeje ko igiye kurushaho kuryoshya iri rushanwa.
Diyosezi ya Kibungo ifite Paruwasi nyinshi zafunzwe muri Kiliziya Gatolika mu Rwanda, ku mpamvu zo kutuzuza bimwe mu bisabwa byagendeweho muri gahunda yo gufunga Kiliziya n’insengero zitujuje ibisabwa.
Mu Karere ka Musanze huzuye uruganda ruzajya rutunganya inyama z’ingurube hagamijwe kurushaho kuzongerera agaciro mu buryo bwubahirije ubuziranenge.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko rigiye gufatanya n’u Rwanda gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Marburg.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda abantu batandatu ari bo bamaze kwicwa n’indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg, abandi 20 bakaba barimo kuvurwa.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Nzeri 2024, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Rutsiro FC kuri Stade Umuganda igitego 1-0, itsinda umukino wa kabiri wikurikiranya muri shampiyona.
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko muri iki gihe gushyira umuturage ku isonga ari isengesho ry’u Rwanda, rya buri munsi, yibutsa abahawe inshingano zo kumuyobora guhora iteka batekereza kandi bafatanyije na we gushaka icyamuteza imbere.
Umuyobozi w’Umutwe w’Iterabwoba wa Hezbollah, Hassan Nasrallah, yiciwe mu gitero cyagabwe n’Ingabo za Israel. Nasrallah yapfanye n’abandi basirikare bakuru bo muri Hezbollah nk’uko byatangajwe n’Igisirikare cya Israel, IDF.
Ihuriro ry’abakora umwuga wo kwita ku bakozi mu Rwanda ryitwa ‘People Matters Kigali-Rwanda’ rirasaba abakoresha kujya bafata umwanya wo kugira inama abakozi uburyo bw’imikoreshereze y’umutungo, mu rwego rwo kugira ngo barusheho gutanga umusaruro mukazi.
Amakipe ya APR Women Basketball Club ndetse na REG Women Basketball Club yatangiye neza imikino ya kamarampaka (Playoffs) nyuma yo gutsinda amakipe ya Marie Reine Rwaza na Kepler Women Basketball Club.
Ku gicamunsi cyo ku wa 27 Nzeri 2024 umugabo n’umugore we batuye aho bakunze kwita i Sahera mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bakubiswe n’abaturanyi bashakaga kubica, babaziza amarozi, batabarwa n’inzego z’umutekano.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Admiral Joaquim Mangrasse, yashimye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Ntara ya Cabo Delgado, iri mu Majyaruguru y’iki Gihugu, ku bw’uruhare rukomeye zagize mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba.
Muri Paruwasi Katederali ya Dedougou, Diyosezi ya Dédougou, muri Burkina Faso hashyizwe Ubusitani bwitiriwe Bikira Mariya wa Kibeho. Ubu busitani bwashyizwemo ishusho ya Bikira Mariya Nyina wa Jambo, izafasha Abakirisitu b’iyi Paruwasi n’abayigenderera kumenya amateka ya Kibeho no kuzirikana ku butumwa bwa Kibeho.
Uko ubukangurambaga bujyanye na gahunda yo kuboneza urubyaro bukomeje gushyirwamo imbaraga, birafasha abaturage kumva neza iyo gahunda, u Rwanda rukaba rugeze kuri 64% mu gihe intego y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ari ukugera kuri 60%.
Perezida Paul Kagame, yakiriye itsinda riturutse mu ishyirahamwe mpuzamahanga ry’ibigo by’ibimenyetso n’ubumenyi byifashishwa mu butabera (International Association of Forensic Sciences).
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yatangaje ko Kiliziya ikwiye kwicuza igaterwa isoni ndetse igasaba imbabazi ku byaha bishingiye ku gitsina, bamwe mu bashumba bayo bagiye bakorera abana bato.
Abahinzi bari hirya no hino mu Gihugu barataka igihombo cy’imbuto n’ifumbire bashyize mu mirima bagategereza imvura bagaheba, bakaba batangiye kugira impungenge z’uko igihembwe cy’ihinga 2025A, gishobora kutazatanga umusaruro wifuzwa.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, umutoza w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi), Frank Spittler yahamagaye abakinnyi 38 bagiye kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika (AFCON2025), izabahuza na Benin bakanakomerezaho bitegura imikino y’igikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu (…)
Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko mu mavuriro atandukanye yo mu Rwanda, hagaragaye indwara y’umuriro mwinshi iterwa na Virusi ya Marburg.
Muri Kenya, Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, 242 bemeje ubusabe bwo kweguza Visi Perezida Rigathi Gacagua, mu gihe Depite Didmus Barasa yahawe inshingano zo gukurikirana iby’iyo dosiye.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mpuzamahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, yashimangiye ko u Rwanda rwifuza kubaka ubufatanye bukomeye na Koreya y’Epfo mu guteza imbere ubukungu bwarwo, cyane cyane mu kongerera ubushobozi abaturage, guteza imbere ikoranabuhanga ndetse no gukurura ishoramari (…)
Umuturage witwa Nahimana Emmanuel, uvuga ko yaguze ikibanza muri site iherereye mu Mudugudu wa Gitarama, Akagari ka Karama mu Murenge wa Kanombe ho mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, akaba afite icyangombwa cy’ubutaka n’icyo kubaka ariko akaba yarabujije n’uwo bahana urubibi, aravuga ko agiye kwitabaza urukiko ariko (…)
Muri iki cyegeranyo, harimo amagambo ya nyuma n’ubutumwa bwasizwe n’abantu b’ibyamamare babayeho mu buzima butandukanye, aribo: Mahatma Gandhi, Edson Arantes do Nascimento (Pelé), Nelson Mandela na Kobe Bean Bryant.
Milli Vanilli ryari itsinda ry’abasore babiri bo mu Budage, Fab Morvan na Rob Pilatus, bakahanyujije mu gihe kitageze ku myaka ibiri, kuko itsinda ryabayeho guhera mu 1988 kugeza mu 1990, isi imaze kumenya ko amajwi n’umuziki twumvaga bitari ibyabo.
Algeria nyuma yo gushinja Maroc kugira uruhare mu bikorwa biyihungabanyiriza ituze n’umudendezo, yatangaje ko ishyizeho Visa ku Banyamaroc ku buryo ntawe uzongera kwinjira muri Algeria atabanje kuyisaba, mu gihe ubundi ntazo bajyaga basabwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko ifu y’isambaza irimo kugira uruhare mu kurwanya imirire mibi, mu gihe isambaza zitabashaga kugera kuri bose.
Bizimana Jean Damascene ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, akaba ari Umujyanama mu muryango nyarwanda w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD), avuga ko uburenganzira bwabo hari igihe bubangamirwa bitewe no kuba hari abantu benshi bakeneraho serivisi ariko ntibabashe kubafasha uko bikwiye kubera ko batazi ururimi (…)
U Rwanda rwakiriye ikindi cyiciro cy’abimukira n’abasaba ubuhungiro 119 baturutse muri muri Libya, muri gahunda y’agateganyo yo kubakira mu gihe bategereje kwimurirwa mu bindi bibugu by’i Burayi n’Amerika byemera kubakira.
Umugabo wo mu Buyapani, witwa Iwao Hakamada w’imyaka 88, wari umaze imyaka 50 afunze ategereje guhabwa igihano cy’urupfu yakatiwe, yagizwe umwere n’urukiko nyuma yo gusanga ibimenyetso byakoreshejwe aregwa ari ibihimbano.
Umuzamu n’umutetsi ku ishuri ribanza rya Rumuli, Umurenge wa Muhura, bafungiye k’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), Sitasiyo ya Muhura bakekwaho kwiba ibiro 263 by’ibishyimbo na Litiro 62 z’amavuta yo guteka.
Abahinzi mu Karere ka Ngororero batangiye igihembwe cy’ihinga 2025A bashyikirizwa imbuto y’ibishyimbo y’indobanure RWV1129, izwiho kuzamura umusaruro kubera imiterere y’Akarere ka Ngororero.
Umugabo wo muri Thailand witwa Kittikorn Songsri, w’imyaka 36 y’amavuko, yiyemerera ko yatawe muri yombi yari amaze imyaka 20 akora ubuvuzi bwo kubaga abasore n’abagabo bashaka kongera ingano y’ibitsina byabo (Performing penis enlargement procedures), kandi nta mpamyabushobozi yabyo afite, kuko yize amashuri atatu yisumbuye (…)
Perezida Paul Kagame yasabye Abasenateri n’abandi bayobozi muri rusange kujya bamenya ibibazo by’abaturage hakiri kare, kuruta uko abaturage babinyuza ku mbuga nkoranyambaga basa n’abatabaza kuko babuze ubakemurira ibibazo. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri 2024, ubwo yakiraga indahiro z’Abasenateri bagize (…)
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Police FC yatsindiye Kiyovu Sports yagaragaje urwego rwo hasi mu mukino kuri Kigali Pelé Stadium, ibitego 4-0 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa kabiri wa shampiyona utarabereye igihe.
Chorale Christus Regnat, ku nshuro ya 2 yongeye gutegura igitaramo cy’indirimbo zisingiza Imana, zirata umuco n’amahoro bya muntu bise ‘I Bweranganzo 2024’, gifite umwihariko wo gufasha abana bava mu miryango itishoboye.
Abagabo batatu barimo Oswald Homeky wahoze ari Minisitiri w’imikino, Col. Djimon Dieudonné Tévoédjrè umukuru w’umutwe w’abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu n’umucuruzi Olivier Boko wari inshuti ya Perezida Talon, batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.
Mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe mu Rwanda, Igihugu cyakomeje kwiyubaka no kuzamuka mu nzego zitandukanye harimo ibijyanye no kubungabunga ibidukikije, koroshya ibijyanye no gukora ishoramari mu Rwanda, umutekano, kurwanya ruswa n’ibindi. Ariko urwego rugikeneye gukorwaho byinshi ni urwego rwa siporo.
Icyamamare Zari Hassan wahoze ari umugore w’umuhanzi Diamond Platnumz ndetse bakaba barabyaranye, yizihije isabukur y’imyaka 44 y’amavuko, yaba Diomand ntiyaza mu birori ndetse na Shakib Lutaaya umugabo wa Zari bari kumwe ubu ntiyabizamo, maze bamwe mu bakoresha imbuga nkoranya mbaga babivugaho byinshi.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB ruraburira umuntu wese ushyira amashusho y’urukozasoni n’ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga ko azabihanirwa kuko hari itegeko ribihana kandi ko aba yatandukiriye umuco nyarwanda.