Abandi bantu batatu bakize Marburg

Amakuru mashya yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ku Cyumweru tariki 06 Ukwakira 2024 agaragaza ko abantu batatu bakize icyorezo cya Marburg, bituma abamaze gukira bose hamwe baba abantu umunani.

Abantu 49 ni bo bamaze kumenyekana banduye icyorezo cya Marburg mu Rwanda, barimo 12 bapfuye, 29 barimo kuvurwa n’abantu umunani bakize.

Nta muntu wishwe n’iki cyorezo cya Marburg ku Cyumweru tariki 06 Ukwakira 2024, nk’uko raporo ya Minisiteri y’Ubuzima ibigaragaza.

Kuri iki Cyumweru tariki 06 Ukwakira 2024 nibwo Minisiteri y’Ubuzima yatangiye gukingira abantu indwara ya Marburg, ikaba yahereye ku bakozi bo kwa muganga n’abagiye bahura n’abarwayi.

Aba mbere bahawe urukingo rukumira virusi ya Marburg
Aba mbere bahawe urukingo rukumira virusi ya Marburg

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka