Abanduye virusi ya Marburg biyongereyeho barindwi

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Mbere tariki 07 Ukwakira 2024 habonetse abandi bantu barindwi banduye icyorezo cya Marburg, bituma abamaze kugaragaraho icyo cyorezo bose hamwe baba abantu 56.

Kuri uwo munsi nta wakize nta n’uwapfuye, abamaze gukira bose hamwe bakomeza kuba abantu umunani.

Abarimo kuvurwa ni 36, abo cyahitanye ni 12 biganjemo abakozi bo kwa muganga.

Ku Cyumweru tariki 06 Ukwakira 2024 nibwo Minisiteri y’Ubuzima yatangiye gukingira abantu indwara ya Marburg, ikaba yarahereye ku bakozi bo kwa muganga n’abagiye bahura n’abarwayi.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka