Mkapa : Afrika ikwiye guha urubyiruko amahirwe atuma rutifuza kuba i Burayi

Banjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania avuga ko u Rwanda rwageze kuri byinshi rubikesha imiyoborere rwazaniwe na FPR Inkotanyi ku buryo hari ibihugu byinshi bya Afurika byarwigiraho.

Mkapa wigeze kuba Perezida wa Tanzania niwe wari umushyitsi mukuru muri iyi nama
Mkapa wigeze kuba Perezida wa Tanzania niwe wari umushyitsi mukuru muri iyi nama

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ukuboza 2017, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama mpuzamahanga yateguwe n’Umuryango FPR mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 uyu muryango umaze ushinzwe.

Yavuze ko Perezida Kagame yagize uruhare rukomeye mu gutuma u Rwanda rugera kuri byinshi, bityo akaba abishimirwa na benshi ku mugabane wa Afurika. Yagize ati “Perezida Kagame yagize uruhare rukomeye mu bikorwa by’iterambere tubona mu Rwanda.”

Yasabye kandi ibihugu bya Afurika gukora ibishoboka byose bigaha urubyiruko icyizere cy’ubuzima bwiza, ku buryo ruhindura ibitekerezo byo kumva ko ubuzima bwiza buba i Burayi gusa.

Bazivamo, umuyobozi wungirije wa FPR-Inkotanyi yavuze ko u Rwanda rutakiri insina ngufi
Bazivamo, umuyobozi wungirije wa FPR-Inkotanyi yavuze ko u Rwanda rutakiri insina ngufi

Umuyobozi wungirije wa RPF-Inkotanyi, Christophe Bazivamo yavuze ko ibihugu bya Afurika bikwiye kureka kurangwa n’umuco wo kwikubira cyane cyane ku mashyaka aba yatsinze amatora.

Ati “Ndasaba ibihugu bitandukanye bya Afurika ko byajya bisangira ubuyobozi aho kwiharira byose.”

Iyi nama yitabiriwe n’abayobozi n’abashakashatsi baturutse mu bihugu bitandukanye .Ikaba ari imwe mu bikorwa bitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 Umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe.

Madame Jeannette Kagame yari yitabiriye iyi nama
Madame Jeannette Kagame yari yitabiriye iyi nama

Iyi nama iraganira ku nsangamatsiko igira iti "Kwibohora kuganisha ku iterambere: Guteza imbere no guha agaciro Afurika".

Iyi nama yatumiwemo abahanga n'abashakashatsi baturutse hirya no hino ku isi
Iyi nama yatumiwemo abahanga n’abashakashatsi baturutse hirya no hino ku isi
Inama yabereye ku Cyicaro gishya cya FPR-Inkotanyi
Inama yabereye ku Cyicaro gishya cya FPR-Inkotanyi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka