Edouard Bamporiki agiye gukora ubushakashatsi ku gitera Jenoside

Umuyobozi w’itorero ry’igihugu Bamporiki Edouard yatangaje ko agiye gukora ubushakashatsi ku gitera abantu gukora Jenoside.

Edouard Bamporiki umuyobozi w'itorero ry'igihugu
Edouard Bamporiki umuyobozi w’itorero ry’igihugu

Ibi akaba yabitangaje kuri uyu wa 8 Ukuboza 2017 ubwo yashyikirizwaga impamyabumenye isoza amashuri y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza “Masters” ,muri kaminuza yigenga ya Kigali (ULK), hamwe n’abandi banyeshuri biganaga.

Yagize ati “ngiye gukora ubushakashatsi ku mitekerereze y’abakoze Jenoside kuko birahura cyane n’ibyo nigaga bijyanye n’amategeko mpuzamahanga dore ko twarebaga cyane kubijyane na Jenoside maze nkacukumbura icyateye ndetse n’igitera Jenoside cyane nibanda uko ibyo bitekerezo biza mu muntu”.

Bamporiki ubusanzwe n’umuyobozi w’itorero ry’igihugu avuga ko ibyo yize n’ibyo yiga ashaka ko bigirira umunyarwanda akamaro ndetse nawe bimugirira akamaro.

Ati “ubu bushakashatsi bwanjye ndashaka kuzabushyira ahagaragara mpabwa impamyabumenyi ihanitse (PHD) kandi ndifuza ko buzagirira abantu benshi akamaro”.

Perezida wa kaminuza yigenga ya Kigali ari nawe wayishinze, prof. Rwigamba Barinda yasabye abarangije ko guhanga umurimo bitasaba igishoro.

Yagize ati “kwihangira umurimo bisaba gushirika ubwoba, kubisengera, gushakisha amakuru no kwigirira icyizere wowe ubwawe, ukakigirira Imana ndetse n’igihugu cyawe”.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Gerageza unashake igitera ubushomeri ariko....

ayiwe yanditse ku itariki ya: 9-12-2017  →  Musubize

Nibyiza cyane , kuri iyi project ya Honarable yo gucukumbura igitera umuntu gutegura akagambirira akanashyira mu bikorwa umugambi mubisha wa jenoside,

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 8-12-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka