‘Haji’ wari umwarimu ubu ageze ku mutungo wa miliyoni 500RWf

Havugimana Said uzwi ku izina rya ‘Haji’ ucururiza amata mu Karere ka Nyanza, yaretse ubwarimu yinjira mu bucuruzi none bumugejeje ku mutungo wa Miliyoni 500Frw.

Havugimana Said uzwi cyane nka 'Haji'
Havugimana Said uzwi cyane nka ’Haji’

Ku muhanda Kigali-Huye, ugeze ahitwa i Mugandamure muri Nyanza, ni ho Haji acururiza “Haji Enterprise”. Iyo uhageze usanga imodoka zihahagarara buri kanya, akeshi abantu bagura amata batwara, abafata ifunguro, abagura ibigori byokeje, burusheti n’ibindi.

Imodoka zimwe zinjira izindi zisohoka, abantu banyuranamo ari ko bagura bimwe mu bihacururizwa.

Haji ufite imyaka 50 afite umugore n’abana batandatu, abakobwa batatu n’abahungu batatu, aho akorera,ni ho avuka, mu Murenge wa Busasamana muri Nyanza.

Kwa Haji i Mugandamure ni ku muhanda
Kwa Haji i Mugandamure ni ku muhanda

Uwo mugabo avuga ko ubucuruzi yabukunze akiri umwana abukundishijwe na nyirakuru, ageze mu mashuri yisumbuye ho ngo yahasanze isoko ridasanzwe.

Agira ati “Nasanze abanyeshuri bakunda kwandikirana, ntangira kurangura impapuro, amabahasha na ‘timbre’, bakabigura cyane nkabona inyungu yikubye kabiri bityo nkabasha kwigurira imyenda.

“Sinigeze mbaho ntacuruza, ntangiye no kwigisha nabaga mfite n’utuntu ncuruza tunyongerera ku gashahara ka mwarimu. Mu 1998 ni bwo nahagaritse kwigisha niyemeza gucuruza, nshinga agashitingi ntangirira kuri litiro imwe y’amata, ngacuruza icyayi cya mukaru,imigati n’imbuto.”

Hari resitora hakaba na parikingi imodoka zitwara abagenzi zihagararamo kugira ngo bagire icyo bafata
Hari resitora hakaba na parikingi imodoka zitwara abagenzi zihagararamo kugira ngo bagire icyo bafata

Ubucuruzi ngo bwakomeje kumuhira, atangira gucuruza amata ayashyira mu majerekani manini n’uduto twa litiro eshanu, ngo abona abakiriya benshi ni ko kuva muri shitingi.

Kuva ubwo Haji yashatse ahantu hasobanutse akorera, ubu akaba afite inzu ye nini irimo ‘alimentation’ aho amata acururizwa, ngo akaba acuruza nibura litiro 1000 buri munsi. Hari kandi na resitora.

Ibyo byose Haji yabigezeho akoresha uburyo buciriritse bwo gutunganya amata, kuko kwari ukuyateka yifashishije inkwi none yazanye imashini zibikora mu buryo bugezweho nk’uko amabwiriza abisaba.

Haji afite ibyuma bigezweho bitunganya amata
Haji afite ibyuma bigezweho bitunganya amata

Muri 2009, Haji yasubiye mu ishuri ngo ajye kongera ubumenyi bwamufasha gucunga imari ye.

Ati “Nahisemo kwiga icungamutungo ngo njye mbyikorera aho kuzana abandi. Nize muri Kaminuza Gatolika ya Kabgayi (ICK) ndangiza muri 2012, nyuma nkomereza icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) muri UNILAK, ndangiza muri 2016.”

Akomeza avuga ko byamushimishije cyane kuko ubu akora ibyo afitemo ubumenyi ku buryo yumva umushinga we udashobora guhomba.

Kuri ubu, Haji arimo kubaka uruganda runini ruzatunganya amata kuko aho akorera ubu ngo ari hato, izaba ari inzu nini irimo imashini, ahakonjesherezwa amata, ububiko n’ibiro akoreramo.

Aho amata akonjesherezwa mbere yo kugurishwa
Aho amata akonjesherezwa mbere yo kugurishwa

Amata akoresha aturuka mu makusanyirizo yo mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Nyanza, akazanwa n’imodoka ze.

Afasha abaturanyi be

Abakora akazi kwa Haji ni abaturiye ibikorwa bye, yanabubakiye ivomo kuko ngo yabonaga bavoma ibirohwa kandi ni we ugura umusaruro wabo w’amata.

Ikindi ni uko kuva muri 2000 yakuye mu muhanda abasore n’inkumi bacuruzaga mu kajagari ibintu bitandukanye, ubu bakaba babikorera iwe mu gikari kandi ngo ntacyo abishyuza nk’uko Niyonzima Issa ubakuriye abivuga.

Ati “Turi muri koperative ‘Urukundo’ y’abantu 40, dukorera mu gikari kwa Haji kandi ntacyo tumwishyura. Hari abacuruza inyama, ibigori, inkweto n’ibindi. Turashima Haji waturinze impanuka zo mu muhanda no gufungwa bya hato na hato, ubu tukaba twinjiza amafaranga afatika.”

Alimentation icururizwamo amata n'ibindi biribwa
Alimentation icururizwamo amata n’ibindi biribwa
Ibigori byokeje na burusheti, bimwe mu bikurura abakiriya
Ibigori byokeje na burusheti, bimwe mu bikurura abakiriya

Imbogamizi yahuye na zo ngo ni ikibazo cy’umutekano muke mu Burundi kuko wagabanije cyane umubare w’abakiriya be.

Haji ngo akunda umupira w’amaguru, akaba yarawukinnye n’ubwo atabaye icyamamare. Ubu ngo afana Rayon Sports mu Rwanda na Barcelona hanze y’igihugu, akaba ari n’umuhanzi w’indirimbo.

Uruganda rwo gutunganya amata Haji arimo kubaka
Uruganda rwo gutunganya amata Haji arimo kubaka
Haji yubakiye abaturiye ibikorwa bye ivomo
Haji yubakiye abaturiye ibikorwa bye ivomo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

ni byiza ariko iyo akomeza kubikora ari n’umwarimu byari kuba urugero rw’iza kubarimu

johnpeter yanditse ku itariki ya: 13-12-2017  →  Musubize

Uwomugaborwose nintangarugero,nakomereze,aho,kuribyobikorwabyiza,ajyenda,akora,kdi,azahahe,aronke.

Ndayisaba Charles yanditse ku itariki ya: 12-12-2017  →  Musubize

Uku ni ukuri kbs Haji ntawukirera iwe umwishura kuko nanjye ndi umwe mubahakorera kd nageze kuri byinshi ndi iwe ahubwo IMANA IZAMWONGERERE KD NIBYO ATEGANYA NTIHAZAGIRE UMUKOMA MUNKOKORA....Allah Azabimufashemo....

Mu2wale Assous Muslim yanditse ku itariki ya: 11-12-2017  →  Musubize

Ni ukuri imana ikomeze imugashe mumigambi ye myiza. Kandi abere isomo n’abandi babashe gutekereza barenge barenge ibyo babona bidashoboka , batinyuke bahange udushya . kuringe anteye ishyari ryiza pe.

Nzanywayimana Pierre i Rusizi umurenge wa Gitambi nkaba nange ndi umwarimu kukigo EP kaboza yanditse ku itariki ya: 12-12-2017  →  Musubize

Uyu mugabo sindamubona, ariko mukundira ko abakozi be bose bakira abantu neza. Bagira customer care isobanutse bitandukanye nibyo kuri nyirangarama.

Le Sage yanditse ku itariki ya: 11-12-2017  →  Musubize

Uko ni ukuri kuko hari abashinzwe CUSTOMER CARE NA PROTOCOL bakaba aribyo bahemberwa gusa ntakandi kazi bakora uretse gutanga ikaze no kwakira neza aba bagana

Mu2wale Assous Muslim yanditse ku itariki ya: 12-12-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka