Urubyiruko hari byinshi rutazi ku buzima bw’imyororokere - Miss Kalimpinya

Miss Queen Kalimpinya avuga ko benshi mu bana bafite ubumenyi bucagase ku buzima bw’imyororokere ngo hakaba hakenewe kongerwa ingufu mu bukangurambaga.

Miss Kalimpinya ahamya ko urubyiruko rukenewe kuganirizwa ku buzima bw'imyororokere
Miss Kalimpinya ahamya ko urubyiruko rukenewe kuganirizwa ku buzima bw’imyororokere

Yabitangaje ubwo we na bagenzi be bari mu biganiro ku buzima bw’imyororokere byateguwe n’umuryango HDI (Health Development Initiative) mu mpera z’iki cyumweru.

Ibyo biganiro byitabiriwe n’ibihugu umunani byo mu Karere u Rwanda ruherereyemo, byari bigamije kureba uko imyigishirize y’ubuzima bw’imyororokere ihagaze muri ibyo bihugu.

Miss Kalimpinya, wabaye igisonga cya gatatu muri Miss Rwanda 2017, wanashinze ‘Bambe Clubs’, amatsinda yigisha ubuzima bw’imyororokere mu mashuri yisumbuye, avuga ko abo bana hari byinshi bagikeneye kumenya.

Agira ati “Bafite inyota nyinshi yo kumenya ubuzima bw’imyororokere bivuze ko hari ikibazo niba batabiganirizwa n’ababyeyi, ntibabiganirizwe n’abarimu uretse kubibaha nk’isomo. Ni ngombwa rero ko urubyiruko ruganirizwa byimbitse kuko ibyo rufite bidahagije.”

Akomeza agira ati “Nanjye ubwanjye ibi biganiro mbyungukiyemo byinshi ntari nzi. Numvise ko mu mashuri y’abihaye Imana bigorana kujya kwigishayo iby’agakingirizo n’ubundi buryo bwo kuboneza urubyaro, turagomba rero kumenya icyakorwa ngo nabo ubwo bumenyi bubagereho.”

Miss Kalimpinya (ku ruhande ibumoso) ari kumwe na bagenzi be bahatiniye ikamba rya Miss Rwanda 2017 barimo Miss Shimwa Guelda wabaye igisonga cya mbere (uwa kabiri uturutse ibumoso) na Miss Umutesi Nadia wabaye Miss Photogenic (uwa gatatu uvuye ibumoso)
Miss Kalimpinya (ku ruhande ibumoso) ari kumwe na bagenzi be bahatiniye ikamba rya Miss Rwanda 2017 barimo Miss Shimwa Guelda wabaye igisonga cya mbere (uwa kabiri uturutse ibumoso) na Miss Umutesi Nadia wabaye Miss Photogenic (uwa gatatu uvuye ibumoso)

Miss Ashimwe Fiona Dreen na we washinze ‘Urubohero’, rwigisha abangavu iby’ubuzima bw’imyororokere, asaba ababyeyi gutinyuka bakaganira n’abana babo.

Agira ati “Ababyeyi bagomba kumenya ko ari inshingano zabo kwigisha abana ubuzima bw’imyororokere, batinyuke babaganirize ntacyo baciye ku ruhande.”

Akomeza agira ati “Babivugire mu migoroba y’abayeyi n’ahandi bahurira, kuko nibatabikora ingaruka zizaba ku bana na bo zizabageraho.”

Dr Aphlodis Kagaba, umuyobozi wa HDI
Dr Aphlodis Kagaba, umuyobozi wa HDI

Dr Aphlodis Kagaba umuyobozi wa HDI, avuga ko ikigamijwe muri ibyo biganiro ari ugufasha urubyiruko kumenya kwifatira ibyemezo.

Agira ati “Urubyiruko rukeneye amakuru ahagije ku buzima bw’imyororokere, baba abize n’abatarize. Bizabafasha kumenya kwifatira icyemezo ku buzima bwabo, bizabarinda inda zitateganyijwe, indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nka SIDA bityo bibungabungire ubuzima bwabo.”

Ibyo biganiro byari byanatumiwemo imiryango ya Sosiyete sivile ifite aho ihurira n’ubuzima by’imyororokere n’abahagarariye urubyiruko muri za kaminuza zitandukanye hagamijwe ko ubutumwa bugera kuri benshi bashoboka.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Ndabakurikiranye

Sabimana janvier yanditse ku itariki ya: 3-06-2023  →  Musubize

DUKWIYEGUKAZA INGAMBA ZOKWIRINDA KORONA

HABUMUGISGA yanditse ku itariki ya: 27-08-2020  →  Musubize

murahoneza urubyiko turifuzako twaganirizwa k’ ubuzima bw’imyorokere kuk tutabisobanukirwa mugira mahro!

Uwayisaba jean pierr yanditse ku itariki ya: 14-10-2019  →  Musubize

iki gikorwa turagishimye!nyampinga jya mbere!

cyriaqua yanditse ku itariki ya: 10-12-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka