Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya
Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro za ba minisitiri bashya barimo uw’Uburezi n’uw’Ikoranabuhanga, kuri uyu Gatatu tariki 13 Ukuboza 2017.

Abarahiye ni Minisitiri Jean de Dieu Rurangirwa wasimbuye Jean Philibert Nsengimana na Minisitiri Dr Mutimura Eugène wasimbuye Dr. Papias Musafiri Malimba.
Mu ijambo rigufi yagejeje ku bari bitabiriye uwo muhango, Perezida Kagame yavuze ko yishimiye kwakira indahiro z’abaminisitiri bashya.
Yagize ati "Twese twiteguye kubunganira no gufatanya nabo mu gukomeza guteza igihugu cyacu imbere. Mwese mbashimiye imirimo myiza mukomeje gukorera igihugu cyacu."

Dr. Mutimura wagizwe Minisitiri w’uburezi, yari asanzwe ari umushakashatsi umaze imyaka isaga icumi mu burezi.
Rurangirwa wagizwe Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho, we yari asanzwe akora muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN).

Kanda aha usome amateka y’aba ba minisitiri bashya
Ohereza igitekerezo
|
Nibyiza twishimiye uburyoki abayoboz mugenda muduhitiramo abayoboz beza nkanjy uwo muyoboz wuburezi ndamwishimiye
turashima ubushishozi bwa perezida wacu abarahiye bashya twizeye ko babazana impinduka cyane mu ikoranabuhanga