Miss Muheto Divine agiye gutangira kuburanishwa

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin, yatangaje ko dosiye ya Miss Muheto Nshuti Divine, yamaze kugezwa mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, akaba agiye gutangira kuburanishwa ku byaha akurikiranyweho.

Miss Muheto Divine agiye gutangira kuburanishwa
Miss Muheto Divine agiye gutangira kuburanishwa

Aganira n’ikinyamakuru The New Times, Nkusi Faustin yagize ati, “Ikirego cyamaze kugezwa mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, kandi kuburanisha ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo biteganyijwe ejo, tariki 31 Ukwakira 2024”.

Ku wa Kabiri tariki 29 Ukwakira nibwo Polisi y’Igihugu yemeje ko yataye muri yombi Miss Muheto, kubera gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birengeje igipimo, kandi nta ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga agira, bigatuma akora impanuka akangiza ibikorwaremezo bya Leta, na nyuma yo gukora iyo mpanuka agahita yiruka agahunga.

Kandi nk’uko Polisi y’Igihugu yakomeje ibisobanura, ku rubuga nkoranyambaga rwa X ntabwo ari ubwa mbere Miss Muheto akoze ibyaha nk’ibyo.

Nyuma y’uko Miss Muheto atawe muri yombi, dosiye ye yahise ishyikirizwa ubushinjacyaha, nabwo buyishyikiriza Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuko ari rwo ruzayiburanisha.

Miss Muheto Nshuti Divine, yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2022, yambikwa ikamba na Miss Ingabire Grace yari asimbuye kuri uwo mwanya.

Umuvugizi wa Polisi, ACP Boniface Rutikanga, aganira n’Ikinyamakuru Umuseke, yasobanuye icyatumye Nyampinga w’u Rwanda adacibwa amande ahubwo agafungwa.

Yagize ati “ Biriya byaha byose uko ubibona bihanwa n’amategeko kandi bifite igifungo kibihana cyangwa amande, bahitamo kimwe. Ariko buriya gutwara wanyoye ibisindisha, bishobora kugutwara no muri gereza. Gutwara nta ruhushya biri mu itegeko, bishobora kugutwara muri gereza cyangwa ugacibwa amande. Kugonga ukiruka na byo birahanwa, byagutwara muri gereza, gusubira icyaha na byo ubwa byo bifite icyo bivuze, na byo birahanwa.”

Yakomeje agira ati “Kuba hari igihe habaho guca amande, ni uko ari uko biba bigaragara cyangwa inzego zibishinzwe ziba zabonye ko zigomba gufata umwanzuro ubereye kuri icyo gihe. Ariko ibihano birahari, birateganyijwe.”

Polisi ivuga ko nyuma yo kumupima basanze nta bindi biyobyabwenge yari yafashe. ACP Boniface Rutikanga uvugira Polisi asaba abantu kwirinda gutwara ibinyabiziga basinze kuko ari ukwiyahura.

Ati “Gutwara ikinyabiziga, wanyoye ibisindisha birengeje igipimo, ni nko kwiyahura. Ni umwanzuro mubi udakwiriye ku rubyiruko rw’u Rwanda.”

Polisi ivuga ko agifatwa yabanje gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi y’ i Remera, dosiye yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha ndetse yajejwe no mu rukiko.

Inkuru bijyanye:

Polisi yemeje ifungwa rya Miss Muheto Divine

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Wa mwana we Nyagasani Yezu akwiyereke umumenye, aguhindure icyaremwe gishya, ibyo wabayemo bidakwiye byose bibe amateka.

iganze yanditse ku itariki ya: 31-10-2024  →  Musubize

Mwiriwe neza turabashimira ibigabiro mutujyezaho

Ntibikwiye ko urubyiruko twakwishora mubiyobyabwejye
Ariko bibaba byiza habayeho

Dukundimana Celestin yanditse ku itariki ya: 31-10-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka